Minisitiri w’Uburezi, Dr. Mutimura Eugene avuga ko uburezi bwa bose ariryo pfundo ry’u Rwanda rwa none n’ejo hazaza, bityo agasaba abarezi guha abana uburere buzira ingengabitekerezo ya jenoside.
Ibi yabitangarije ku rwibutso rwa jenoside rwa Kiziguro, mu Karere ka Gatsibo, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Gicurasi 2018, ubwo abakozi ba Minisiteri y’Uburenzi (Mineduc) n’ibindi bigo biyishamikiyeho barusuraga.
Min. Dr. Mutimura agira ati “Abarezi dufite inshingani zikomeye zo kwigisha dutanga uburezi buzira ingengabitekerezo ya Jenoside”.
Min. Dr. Mutimura n’abandi bayobozi kandi, bunamiye inzirakarengane zishwe muri jenoside yakorewe Abatutsi zisaga ibihumbi icumi zishyinguye muri uru rwibutso, ndetse banashyira indabo ku mva bashyinguyemo.
Urwibutso rwa Kiziguro rushyinguyemo mu cyubahiro imibiri y’Abatutsi bishwe muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igera ku 14,865.
Ibindi mu mafoto:












