IMG-20260430-WA0029

Huye: Imibiri 642 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yashyinguwe mu cyubahiro

Sangiza iyi nkuru

Imiryango yarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Karere ka Huye, Umurenge wa Ngoma, irasaba abaturage bose baba bafite amakuru y’ahajugunywe imibiri y’abishwe kuyatanga, kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.

Ibi babisaba mu gihe nyuma y’imyaka 32 Jenoside ibaye hakiri abatari babona ababo, kandi ababishe bazi aho imibiri yabo iri.

Abafite ababo bishwe babigarutseho kuri uyu wa Kane, ubwo hibukwaga ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Ngoma.

Umuhoza Claire wabuze abe, avuga ko nyuma y’imyaka 32 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, abarokotse benshi bagikomeje kugendana ibikomere byo kutamenya amakuru y’aho imibiri y’ababo iri.

Ati: “Nubwo dufite Leta y’Ubumwe, turacyagendana ibikomere. Kuba tugishyingura muri iki gihe, kandi hari n’abafunguwe birababaje. Turasaba abaduhemukiye kudufasha bakatubwira aho abantu bacu bari, tukabashyingura bikarangira.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yongeye kwibutsa abaturage ko gutanga amakuru y’aho imibiri iri atari icyaha.

Ati: “Gutanga amakuru y’aho imibiri iri si icyaha, ahubwo icyaha kiba iyo imibiri yabonetse bigaragaye ko hari uwahishe amakuru nkana kandi abishaka.”

Meya Sebutege yagaragaje ko mu mwaka wa 2024 habonetse imibiri irenga 2000, hakurikiranwa abaturage bane bari baranze gutanga amakuru ndetse barabihanirwa nk’uko amategeko abiteganya.

Mu mwaka wa 2025 habonetse imibiri 401, hakurikiranwa abaturage bane, batatu muri bo bamaze gukatirwa n’inkiko. Muri uyu mwaka wa 2026 hamaze kuboneka imibiri 642, ubu hakaba hakurikiranwa abaturage batatu.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, yagaragaje ko kudatanga amakuru ku byaha bya Jenoside bigira ingaruka ku bumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda.

Ati: “Ndashima abarokotse Jenoside ku rugendo rukomeye bakoze mu myaka 32 ishize, rwuzuyemo ibikomere n’ubutwari bwo gutanga imbabazi zitagira ikiguzi. Bimwe mu bikibangamiye inzira y’ubumwe n’ubwiyunge harimo gukomeza guhisha amakuru y’abatutsi bishwe, ndetse n’ibikorwa n’amagambo mabi y’ingengabitekerezo ya Jenoside bikigaragara. Ibi tubibona no mu bato, aho usanga abana bavutse nyuma ya Jenoside bavuga amagambo y’ingengabitekerezo, ukibaza aho bayakuye.”

Yakomeje ati: “Iyo urebye ikibazo cyo kudatanga amakuru hano muri Ngoma, dukwiye kugifata nk’umwihariko, kuko buri mwaka haboneka imibiri myinshi. Ibi biduhe umukoro nk’abayobozi wo kurushaho kwegera abaturage, tubigisha binyuze mu biganiro bya ‘Ndi Umunyarwanda’, no kubasaba kubohoka bakavuga ukuri, kugira ngo dushyingure Abatutsi bose bishwe muri Jenoside biciwe hano.”

Ubushakashatsi bwa Minubumwe bugaragaza ko igipimo cy’ubumwe bw’Abanyarwanda kigeze kuri 95,3% mu mwaka wa 2025.

Imibare igaragaza ko Intara y’Iburasirazuba ari yo iza imbere n’igipimo cya 97,2%, igakurikirwa n’Amajyaruguru afite 95,5%, Amajyepfo afite 95,4%, Iburengerazuba 94,49%, mu gihe Umujyi wa Kigali uri kuri 93,7%.

IMG 20260430 WA0032

IMG 20260430 WA0033

IMG 20260430 WA0029

IMG 20260430 WA0034

IMG 20260430 WA0031

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *