Kirehe: Uwangirijwe n’impuzi z’abarundi mu 2016 amaso yaheze mu kirere

Muri kamena 2016, nibwo impunzi z’abarundi ziba mu nkambi ya Mahama ziraye mu myaka ya Nzeyimana Paulin zirayangabaza. Yitabaje ubuyobozi ku nzego zinyuranye, kuva ku murenge, intara na minisiteri ishinzwe impunzi, ariko amaso yaheze mu kirere, ku buryo ikibazo yakigejeje no ku badepite ubwo basuraga uyu murenge kuri uyu wa kane tariki ya 10 Mutarama […]

Impamvu Perezida Magufuli yumviriza telefoni z’abaminisitiri be

Perezida wa Tanzaniya, Joseph Pombe Magufuli kuwa Kane w’iki cyumweru yahishuye ko yumviriza ibiganiro abaminisitiri b’iki gihugu bagirana kuri telefoni. Ibi Magufuli yabihishuye mu muhango wo kurahiza bamwe mu bagize kabine, abanyamabanga ba Leta n’abandi bayobozi bo mu nzego zo hejuru wabereye mu Mujyi wa Dar Es-Salaam. Perezida Magufuli yatangaje ko aba ba minisitiri basabwa […]

Itegeko ry’umusoro ku butaka ni akumiro ariko izindi zo ziteye ubwoba- Ingabire M. Imaculee

Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane mu Rwanda, Ingabire Marie Immaculee avuga ko ingingo ya 16 y’itegeko rigenga umusoro ku butaka iteye kumirwa bitewe n’ibirikubiyemo ariko ko n’izindi ngingo nazo ziteye ubwoba. Mu kiganiro na TV1 kuwa 9 Mutarama 2018, Ingabire Marie Immaculee avuga ko ingingo ya 16 ari akumiro kuko iyi ngingo igaragaza ko […]

Felix Tchisekedi yaba ahagaze ate muri Politiki? u Rwanda n’akarere byitege iki?

Nyuma y’aho komisiyo y’amatora itangarije amajwi y’agateganyo y’uwatsinze amatora muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, abantu banyuranye bakomeje kwibaza ibibazo byinshi kuri uyu mugabo wari umukandida mu bari bahanganye n’umukandida wo mu ihuriro FCC ry’amashyaka ashyigikiwe na Perezida ucyuye igihe Joseph Kabila. Abantu bakaba bakomeje kwibaza byinshi ku bumenyi bwa Politike bwa Felix Tchisekedi, hibazwa […]

Mu nkambi z’impunzi z’Abarundi hafatiwe impuzankano za gisirikare zisaga 1300

Mu nkambi z’impunzi z’Abarundi za Nduta na Mtendeli mu gihugu cya Tanzania hafatiwe impuzankano zisaga 1300 za gisirikare bivugwa ko harimo iz’igisirikare cy’u Burundi n’izindi zitaramenyekana. Ubuyobozi bw’intara ya Kigoma buravuga ko kuri uyu wa Kane ushize bwafashe impuzakano za gisirikare mu nkambi z’impunzi z’Abarundi. Ibiro bya Guverineri bikaba byatangaje ko izi mpuzankano za gisirikare […]

Hakomeje kwibazwa impamvu Perezida Museveni yahuye mu ibanga na Tshisekedi mbere y'amatora

Ifoto ya Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni ari kumwe na Felix Tshisekedi ikomeje guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga hibazwa uburyo aba bombi bahuye mbere  mu buryo bwamenyekanye kuri bake. Perezida Museveni yahuye na Tshisekedi n’umuryango we Entebbe mbere y’amatora yari ategerejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Benshi mu Banyayuganda bakomeje kwibaza impamvu Museveni yaba yarahuye […]

RDC: Umukandida Martin Fayulu yiyemeje kwitabaza urukiko rurinda itegeko nshinga

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 11 Mutarama, umukandida Martin Fayulu waje ku mwanya wa kabiri mu matora y’umukuru w’igihugu inyuma ya Felix Tshisekedi nk’uko ibyavuye mu matora by’ibanze bibivuga, yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu ageza mu rukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga ubusabe busaba gusubiramo ibarura ry’amajwi nyuma yo kutemera ko yatsinzwe. Uruhande rwa Martin […]

Uganda iravugwaho gutanga peteroli yayo nk'ingwate

Minisitiri w’imali wa Uganda, Matia Kasaija, yateye utwatsi abafite impungenge z’uko igihugu cye gishobora gutakaza ubusugire ku mutungo wacyo wagizwe ingwate z’imyenda gifata mu Bushinwa. Uganda yagujije mu Bushinwa imali ingana n’amadolari miliyari eshatu yo kubaka imihanda, inganda zibyara amashanyarazi, no gucukura peteroli. Umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika dukesha iyi nkuru, Halima Athumani, uri i Kampala mu […]

Rulindo: Polisi yarokoye umuntu amaze iminsi ibiri munsi y’ubutaka

Mu ntangiriro z’iki cyumweru Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage yarokoye Ntezirizaza Moise uvuka mu murenge wa Masoro mu karere ka Rulindo wari umaze iminsi ibiri aguweho n’ikirombe ubwo yajyaga gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ku gicamunsi cyo kuwa Gatandatu tariki ya 5 Mutarama nibwo byamenyekanye ko Ntezirizaza Moise yaguweho n’ikirombe aho ikompanyi […]