Ifoto ya Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni ari kumwe na Felix Tshisekedi ikomeje guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga hibazwa uburyo aba bombi bahuye mbere mu buryo bwamenyekanye kuri bake.
Perezida Museveni yahuye na Tshisekedi n’umuryango we Entebbe mbere y’amatora yari ategerejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Benshi mu Banyayuganda bakomeje kwibaza impamvu Museveni yaba yarahuye n’uyu mugabo utari wagatangajwe nk’uwatsinze amatora ya Perezida.

Bigaragara ko Museveni yaba yarakenze kandi akaba abona ko Tshisekedi yari gutsinda aya matora bityo akaba yamufasha kurandura n’imizi umutwe wa ADF,umurwanya.
Ababikurikiranira hafi ntibahwemye kuvuga ko Museveni yifuje kugira umunywanyi muri Congo ushobora kumufasha guhashya ADF.
Inshuro nyinshi ubufatanye bwa Uganda na Congo ku butegetsi bwa Joseph Kabila Kabange ntacyo bwagezeho. Congo yagiye yemererera Museveni ko igiye gusuka ibitwaro bikomeye ku birindiro by’inyeshyamba za ADF ariko ntibigire icyo bitanga.
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Ibi byagiye bituma uyu mutwe n’indi itandkanye ikomeza ibikorwa byayo bya gisirikare birimo kwinjiza abarwanyi,imyitozo no kugaba ibitero byagiye bigwamo abasirikare ba FARDC na MONUSCO batari bake.


