María Fernanda Espinosa, uvugwa nk’umuntu ushobora gusimbura Umunyamabanga Mukuru, António Guterres, aravuga ko Loni Umuryango w’Abibumbye ukwiye “kwisubiraho” mu gihe hakomeje kugaragara impinduka zikomeye muri politiki mpuzamahanga.
Perezida w’ihuriro ry’Imijyi ry’Umuryango w’Abibumbye (UN’s Cities Alliance), María Fernanda Espinosa, yatangaje ko Umuryango w’Abibumbye ugomba gukora “amavugurura, guhinduka cyangwa ugupfa” mu gihe ku Isi hakomeje kugaragara impinduka uyu muryango utashingiwe.
Espinosa wahoze ari Perezida w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, ndetse akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga na Minisitiri w’Ingabo wa Ecuador, yemeza ko Loni “ifite ikibazo” ariko ashimangira ko “Isi idashobora kubaho idafite uru rwego.
Espinosa ati: “Loni izarokoka. Ikibazo gikomeye ni uburyo uyu muryango uzarokoka.” “Kandi ndatekereza ko igisubizo kuri ibyo ari: ukuvugurura, guhinduka, cyangwa gupfa.”
Yongeyeho ati: “Ikibazo nyacyo ni ukuntu Loni izivugurura kugira ngo ihangane n’ukuri kudatunganye” “Tugomba rwose gutekereza no kongerera imbaraga umuryango.”
Uyu muryango uhuriwemo n’ibihugu byinshi byo ku Isi uri mu bihe bitoroshye mu mateka yawo, mu gihe leta ku Isi zigabanya inkunga z’iterambere. Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yahagaritse gutera inkunga inzego nyinshi z’Umuryango w’Abibumbye kandi yemeza gusa miliyari 2 z’amadolari ya Amerika (miliyari 1.7€) muri gahunda z’Umuryango w’Abibumbye agenewe gahunda z’ubutabazi mu Kuboza gushize, mu gihe uyu umusanzu mu myaka yabanje yageraga muri miliyari 17 z’amadolari (miliyari 14€).
Loni yagabanije ingengo y’imari y’umwaka wa 2026 ku kigero cya 15% naho mu 2025 ishyira ahagaragara gahunda ya UN80, gahunda yo kugabanya amafaranga ikoresha no kuvugurura kugira ngo ihuze n’ibibazo by’uyu munsi, yatangijwe ku isabukuru y’imyaka 80 uyu muryango umaze.


