Abasirikare ba Israel bashinjwa gukorana n’ubutasi bwa Iran: Ikibazo gikomeje guhungabanya umutekano w’igihugu

Inzego z’umutekano za Israel zatangaje ko abasirikare bamwe bo mu ngabo z’icyo gihugu bamaze gushyikirizwa inkiko, bashinjwa gukorana n’ubutasi bwa Iran, mu gihe amakimbirane hagati y’ibihugu byombi akomeje gufata indi ntera. Amakuru aheruka gutangazwa agaragaza ko abasirikare babiri bo mu ngabo zirwanira mu kirere (Air Force) bashinjwa kuba barakoranye n’inzego z’ubutasi za Iran mu gihe […]

Twifuza ko habaho imvururu zituma Abahutu bahunga: Admiral Herteleer w’Umubiligi abwira Gen Kabarebe

Admiral Willy Herteleer wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bubiligi, yigeze kugira Abanyarwanda inama yo kwirwanaho bakareka gutega amaso abazungu, kuko ntacyo bashobora kubamarira. Yabibwiye Umujyanama Mukuru mu by’Umutekano muri Perezidansi ya Repubulika, Gen (Rtd) James Kabarebe, ubwo yari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Admiral Willy Herteleer yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo […]

Akurikiranweho gusambanya abakobwa ku gahato abizeza akazi

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Habarurema Jean D’amour ukurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato abakobwa batandukanye abizeza akazi. Iperereza ryagaragaje ko ukurikiranweho, yabaga ku rubuga rwa WhatsApp rwitwa ‘shaka umukunzi’ hakaba haranacishwaga amatangazo y’akazi n’abagakeneye. Uyu igihe yabonaga umukobwa wanditse muri uru rubuga avuga ko akeneye akazi, yacaga mu gikari bakavugana akamubeshya ko akazi ashaka yakamuboneye […]

Umunyamerika James Swan yahishuye ibyo yaganiriye na AFC/M23 i Goma

Umuyobozi mushya w’ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), James Swan, yatangaje ko mu uruzinduko aheruka kugirira mu mujyi wa Goma rwasize agiranye na AFC/M23 igenzura uwo mujyi ibiganiro byibanze ku gushyira mu bikorwa imyanzuro y’Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro n’Umutekano no gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge. Ku wa Gatanu tariki […]

RURA yategetse Canalbox guha indishyi abakiliya bagizweho ingaruka na serivisi mbi zayo 

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa Mbere rwatangaje ko rwafatiye ibihano ikigo GVA Rwanda Ltd (Canalbox), nyuma y’iminsi abakiliya bacyo bataka guhabwa serivisi mbi. RURA ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko ibihano yafatiye kiriya kigo byafashwe hashingiwe ku ngingo ya 269 y’Itegeko No. 24/2016 rigenga Ikoranabuhanga ry’Itumanaho mu Rwanda, kubera kudakurikiza amabwiriza byakomeje. […]

Kenya: Ambasade y’u Rwanda yatangije gahunda yo kwigisha abana Ikinyarwanda n’umuco

Mu rwego rwo guteza imbere no gusigasira ururimi n’umuco Nyarwanda, Ambasade y’u Rwanda muri Kenya yatangije gahunda yo kwigisha abana ururimi rw’Ikinyarwanda n’umuco. Aya masomo azajya atangwa buri wa Gatandatu ku Biro bya Ambasade, aho abana bazajya biga kuvuga, gusoma no kwandika ururimi rw’Ikinyarwanda no kubyina Kinyarwanda. Icyiciro cya mbere cy’ishuri ry’ururimi n’umuco kigizwe n’abana […]

DC Clement yasabiwe gufungwa iminsi 30

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement mom yaburanye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo asaba kurekurwa by’agateganyo, mu gihe akurikiranyweho ibyaha birimo guteza imvururu, kurwanya ububasha bw’amategeko no gukorera urugomo abayobozi. Ubushinjacyaha buvuga ko ibi byabaye nyuma y’uko ubuyobozi bw’Umurenge wa Jabana bugiye gusenya inyubako y’amashuri yubatswe nta byangombwa. Bwavuze ko DC Clement yageze aho […]

Loni igomba gukora amavugurura, guhinduka cyangwa igapfa – Fernanda Espinosa

María Fernanda Espinosa, uvugwa nk’umuntu ushobora gusimbura Umunyamabanga Mukuru, António Guterres, aravuga ko Loni Umuryango w’Abibumbye ukwiye “kwisubiraho” mu gihe hakomeje kugaragara impinduka zikomeye muri politiki mpuzamahanga. Perezida w’ihuriro ry’Imijyi ry’Umuryango w’Abibumbye (UN’s Cities Alliance), María Fernanda Espinosa, yatangaje ko Umuryango w’Abibumbye ugomba gukora “amavugurura, guhinduka cyangwa ugupfa” mu gihe ku Isi hakomeje kugaragara impinduka […]

Kenya: Hatangiye ubujurire ku iyeguzwa ry’uwahoze ari visi perezida

Kuri uyu wa Mbere, umuyobozi w’ishyaka riharanira demokarasi (DCP) yageze mu nkiko, aherekejwe n’umugore we Dorcas Rigathi, abahungu be bombi n’itsinda ry’abanyamategeko be. Biteganijwe ko iki kibazo kizaburanishwa imbere y’inteko y’abacamanza batatu barimo Erick Ogolla, Anthony Mrima, na Freda Mugambi, bitezweho ko bazatanga amabwiriza ku byifuzo byinshi bitegereje kandi bakumva impaka ku bujurire ku iyeguzwa […]

Peteroli: Umutima w’ubukungu n’intambara mu Burasirazuba bwo Hagati

Mu butayu bwagutse bwuzuyemo amariba y’umutungo kamere, mu burasirazuba bwo Hagati bukomeje kuba igicumbi cy’ubukungu bw’isi n’isoko y’amakimbirane akomeye. Amavuta ya pétrole si isoko y’amafaranga gusa ku bihugu byo muri aka karere, ahubwo yabaye intandaro y’ihangana rya politiki, ububanyi n’amahanga n’intambara zimaze imyaka myinshi. Peteroli: Umutima w’ubukungu bw’akarere Ibihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati bifite […]

RDC yashinze umutwe w’ingabo zo kurinda amabuye y’agaciro

Urwego rushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere ruratangiza umutwe witwara gisirikare wo kurinda ibirombe, kubahiriza amategeko abigenga, no gukurikirana neza amabuye y’agaciro abivamo. Rafael Kabengele ukuriye ikigo gishinzwe ‘mine’ yavuze ko uwo mutwe ari igitekerezo cya Perezida Félix Tshisekedi mu ntego ze zo kuvugurura uru rwego no […]

Yahawe ikarita itukura ahita arwana

Mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya kabiri muri Espagne wahuje Real Zaragoza na SD Huesca, habaye imvururu zikomeye mu minota ya nyuma zatumye umukino urangira mu kajagari. Umunyezamu wa Zaragoza, Esteban Andrada, yahawe ikarita itukura nyuma yo gusunika umukinnyi wa Huesca mu minota y’inyongera. Icyakora, n’ubwo yari amaze guhabwa ikarita itukura yo kumusohora mu kibuga, […]

USA: Hatangajwe imyirondoro y’umugabo wagerageje kwica Trump

Umugabo watawe muri yombi nyuma yo kurasa muri hotel aho abanyamakuru bakorana n’ibiro bya Perezida wa Amerika bari bateraniye basangira na Donald Trump ku wa Gatandatu nijoro yatangajwe ko ari umwalimu witwa Cole Tomas Allen. Uyu mugabo w’imyaka 31 yigisha mu ishuri ryisumbuye, aba mu gace ka Torrance mu Mujyi wa Los Angeles muri Leta […]

Indege rutura y’u Bubiligi yageze i Burundi ijyanyeyo izindi ntwaro

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aremeza ko ku Cyumweru tariki ya 26 Mata, iki gihugu cyongeye kwakira intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare cyohererejwe n’u Bubiligi. Ni ibikoresho byagejejwe ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cyitiriwe Melchior Ndadaye cy’i Bujumbura, bitwaye n’indege rutura ya gisirikare yikorera imizigo ya Airbus A400M Atlas. Amasoko ya BWIZA mu Burundi yemeza […]