RDC: Uruhande rwa Kabila ruribaza igishya kizanwe mu biganiro bya Bujumbura

Perezida w’u Burundi akaba na Perezida w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri iki gihe, Évariste Ndayishimiye, yateguye inama ngishanama zitandukanye i Bujumbura kuva kuri uyu wa Mbere, itariki ya 6 Nyakanga, zibanda ku bibazo bya politiki muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Nk’uko amakuru menshi abivuga, abagize ihuriro ry’abarwanya ubutegetsi rya C64—cyane cyane Martin Fayulu, […]
Hamas yemeye guhara ubuyobozi muri Gaza

Umutwe wa Hamas kuri uyu wa Mbere, itariki 6 Nyakanga 2026, watangaje ko uzashyikiriza ubutegetsi ubuyobozi bushya muri Gaza nk’uko bitangazwa n’ibitangazamakuru mpuzamahanga bitandukanye. Ibi byemejwe n’Inama y’Amahoro, imaze igihe igenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yo guhagarika intambara y’umwaka ushize hagati y’abarwanyi ba Hamas na Guverinoma ya Israel. Hamas, ibihugu byinshi bifata nk’umutwe w’iterabwoba, yari […]
Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bifasha Abanyarwanda kurushaho kwiyunga – Col. Migambi

Kuri iki Cyumweru, itariki 5 Nyakanga 2026, muri Kigali Universe habereye ikiganiro cyiswe UMURAGE (Legacy Discussion), aho Col DĂ©sirĂ© Migambi Mungamba yavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bifasha Abanyarwanda kurushaho kwiyunga, kubungabunga ukuri ku mateka, no gukumira ko Jenoside yakongera kubaho. Iki kiganiro kikaba cyari kigamije kwimakaza indangagaciro zo gukunda gihugu, ubumwe, kwihangana […]
Neymar yasezeye mu Ikipe y’Igihugu ya Brazil nyuma yo gutsindwa na Norway

Umukinnyi Neymar wari ufite agahinda kenshi, yavuze ko imikino ye mpuzamahanga akinira Ikipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru ya Brazil “irangiye” nyuma y’uko ikipe ye itsinzwe na Norway mu Gikombe cy’Isi cya 2026. Uyu mukinnyi w’imyaka 34 yinjiye mu kibuga asimbuye ku munota wa 67, Brazil itsindwa na Norway ibitego 2-0 mu mukino wa nyuma wa 1/16, […]
Kyiv: Igitero simusiga cy’u Burusiya cyahitanye nibura 7 abandi barakomereka

Abayobozi ba Ukraine baravuga ko abantu nibura icyenda bishwe abandi barenga 40 barakomereka mu gitero cy’u Burusiya ku murwa mukuru, Kyiv, mu ijoro rishyira kuri uyu wa Mbere. Amakuru avuga ko humvikanye nibura ibiturika cumi mu gitero cya kabiri cyagabwe hakoreshejwe ibisasu bya missiles n’indege zitagira abadereva i Kyiv no mu nkengero zaho mu gihe […]
Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran ntiyagaragaye mu muhango wo gushyingura se

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Mojtaba Khamenei, ntabwo yabonetse mu muhango wo gushyingura se, ubwo abayobozi bakuru b’igihugu bifatanyaga n’ibihumbi mu guha icyubahiro nyakwigendera Ayatollah Khamenei ku Cyumweru. Abandi bahungu batatu ba Ali Khamenei, Masoud, Mostafa na Meysam, bose bitabiriye umuhango wo gushyingura ku Cyumweru, hamwe n’abayobozi barimo Perezida Masoud Pezeshkian n’Umugaba w’Ingabo, Ahmad Vahidi. Impungenge […]
Abahitanwe n’umutingito uherutse kwibasira Venezuela barakabakaba 3000

Imibare y’abahitanwe n’umutingito udasanzwe wabaye inshuro ebyiri uhereutse kwibasira igihugu cya Venezuela wageze ku bantu bakabakaba 3000 nk’uko byemejwe n’imiryango mpuzamahanga ubwo yatangira guhagarika ibikorwa byo gushakisha kuwa Gatandatu. Kuva kuwa Gatanu, abapfuye biyongereyeho abarenga 300 bagera ku 2.954, nyuma y’iyi mitingito yo ku itariki ya 24 Kamena yasize ibihumbi by’abantu batagira aho baba mu […]
Abakoresha imipaka ihuza Goma na Gisenyi barishimira ko yongeye gufungurwa

Imipaka ihuza umujyi wa Goma muri Congo n’umujyi wa Gisenyi wo mu Rwanda yongeye gufungura kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 2 Nyakanga, nyuma y’iminsi 47 ifunzwe, abakoresha iyi mipaka bakaba bishimira ko yongeye kuba nyabagendwa. Ubuyobozi buvuga ko iki cyemezo cyatewe no kubura ubwandu bushya bwa Ebola mu mujyi wa Goma. Ifungurwa ryerekana […]
Mali: Inyeshyamba zateye ibirindiro bya gisirikare na gereza hafi ya Bamako

Inyeshyamba zagabye ibitero mu mijyi myinshi yo mu majyaruguru, hagati no mu majyepfo ya Mali ku wa Gatandatu, byibasira ibirindiro by’ingabo na gereza iri hafi y’umurwa mukuru, Bamako. Ibitero byagabwe n’umutwe w’aba Tuareg uharanira kwitandukanya na Mali, FLA, ushaka leta yigenga ya Azawad mu majyaruguru ya Mali, ufatanyije n’umutwe wa JNIM, ugamije gushyiraho ubutegetsi bugendera […]
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizihije imyaka 250 zimaze zibonye ubwigenge

Kuri uyu wa 4 Nyakanga 2026, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizihije isabukuru y’imyaka 250 zimaze zibonye ubwigenge, mu birori byaranzwe no gucana ibishashi by’imiriro y’ibyishimo, imitambagiro y’indege, ikirere kibi mu bice binyuranye by’igihugu, hamwe hakaba hari hamaze iminsi hari ubushyuhe bukabije. Mu ijambo rye, Perezida w’Amerika Donald Trump yagize ati: “Inzozi z’Amerika ziragarutse.” Ubwo […]
Rulindo: Imiryango 5 yahawe inzu mu gusoza ibikorwa by’ingabo na polisi byo gufasha abaturage

Ku wa 4 Nyakanga 2026, mu muhango wo gusoza Gahunda y’Ibikorwa by’Ingabo na Polisi by’ u Rwanda bigamije gufasha abaturage mu iterambere, amazu atanu yashyikirijwe ku mugaragaro imiryango itishoboye yo mu Mudugudu wa Mvuzo, Akagari ka Mvuzo, Umurenge wa Murambi, Akarere ka Rulindo. Ayo mazu yubatswe hakoreshejwe uburyo bw’ inzu ebyiri muri rimwe (2-in-1), aho […]
Iran: Imihango yo gushyingura Ayattolah Khamenei yatangiye mbere y’igihe cyari giteganyijwe

Ibiro Ntaramakuru bya Iran – IRNA byatangaje ko ibikorwa byo gushyingura Ali Khamenei byatangiye uyu munsi mbere y’igihe cyari cyatangajwe n’abategetsi ba Irani Nk’uko IRNA ibitangaza, nubwo byari byatangajwe mbere ko umuhango wo gushyingura Ali Khamenei, wahoze ari umuyobozi wa Repubulika ya Kiyisilamu ya Irani, uzatangira ku wa gatanu nimugoroba, ibikorwa byo guha icyubahiro abashyitsi […]
U Budage burashinja Ukraine kuba inyuma y’iyangizwa ry’imiyoboro ya gaz ya Nord Stream

Abashinjacyaha b’Abadage bashinje ku mugaragaro abayobozi ba Ukraine kuba barategetse kwangiza imiyoboro ya gaz ya Nord Stream muri Nzeri 2022. Ibi bikurikira ikirego cyatanzwe mu Budage kuri Serhii Kuznietsov, wahoze ari umuyobozi w’ingabo muri Ukraine ukekwaho kuyobora itsinda ry’abakomando bakoze icyo gikorwa, byongera gutangiza umwuka mubi muri politiki mpuzamahanga kubera iki gikorwaremezo cy’ingenzi cy’ingufu. Ku […]
Iran: Hagiye gutangira imihango yo gusezera no gushyingura Ayattolah Khamenei

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Iran akaba n’umuyobozi mukuru w’ibiganiro by’ubwiyunge muri icyo gihugu, Mohammad Baqer Qalibaf, yasabye Abanya-Irani kwitabira ari benshi umuhango wo gushyingura uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, avuga ko kwitabira bizaba ari kimwe mu bikorwa byo kwihorera ku rupfu rwe. Mu itangazo yashyize ahagaragara kuwa Kane, Qalibaf yagize […]
Uganda: Abasirikare 2 ba RDF basoje amasomo agenewe ba Ofisiye bakuru mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka

Kuri uyu wa Kane, itariki 2 Nyakanga 2026, Ofisiye babiri bo mu Ngabo z’u Rwanda, Maj Caleb Kamuntu na Maj J.D. Mageza Gasasira, basoje amasomo agenewe Ofisiye bakuru yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare i Kimaka, Jinja, muri Uganda. Umuhango wo gutanga impamyabumenyi witabiriwe na Brig Gen JC Ngendahimana, Umuyobozi Wungirije w’ Ishuri Rikuru ry’ […]
Perezida Cyril Ramaphosa yakoreye uruzinduko rw’akazi rutunguranye muri RDC

Mu rwego rwa manda ye nk’ushinzwe kwitegura, gukumira, no guhangana n’ibyorezo mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yageze i Kinshasa muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), kuri uyu wa Kane, itariki ya 2 Nyakanga 2026, mu ruzinduko rugufi rw’akazi. Nyuma yo kwakirwa ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Ndjili […]
Mozambique: Perezida Chapo yasuye Cabo Delgado asaba ibyihebe kujya ku meza y’ibiganiro

Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, arasoza urugendo rwe mu Ntara ya Cabo Delgado kuri uyu wa Kane, itariki ya 2 Nyakanga, mu gihe ibitero by’aba-jihadistes bikomeje kwimura abaturage. Umuryango Mpuzamahanga wita ku Bimukira utangaza ko abantu barenga 26.000 bamaze guta ingo zabo kuva mu ntangiriro za Gicurasi. Nyuma y’uruzinduko rwa mbere muri iyo ntara mu […]
Kyiv: Igitero simusiga cy’u Burusiya cyahitanye nibura 13 abandi 80 barakomereka

U Burusiya bwagabye igitero gikomeye ku murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, bukoresheje ‘drone’ na misile, mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane, gihitana nibura abantu 13, abagera kuri 80 barakomereka nk’uko byatangajwe n’abategetsi. Mu bice bitandukanye by’umujyi, abaturage babaye bimuwe nyuma y’uko ibisasu byangije inyubako nyinshi. Byabaye nyuma y’amasaha macye gusa Perezida wa Ukraine, Volodymyr […]
U Budage: Hafashwe Umunyarwanda ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Abashinjacyaha b’Abadage bataye muri yombi umwenegihugu w’u Budage ufite inkomoko mu Rwanda ukekwaho kuba umufatanyacyaha muri jenoside n’ibyaha 25 by’ubwicanyi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatatu. Uyu ukekwaho icyaha wahawe izina rya Innocent S hakurikijwe amategeko agenga ubuzima bwite y’u Budage, arashinjwa gutegeka iyicwa ry’abantu […]
Perezida Ndayishimiye yongeye gushimangira ko u Burundi bukize yikoma kiliziya

Kuri uyu wa Gatatu, u Burundi bwijihije isabukuru y’imyaka 64 y’ubwigenge, ​​bwabonye ku itariki ya 1 Nyakanga 1962. Mu rwego rwo kwizihiza uwo munsi, Perezida Évariste Ndayishimage yagejeje ijambo ku gihugu mu ijambo ryamaze iminota itarenze mirongo itatu, ryatambutse kuri Radiyo na Televiziyo by’igihugu cy’u Burundi (RTNB) kandi ritangazwa n’ibitangazamakuru bitandukanye. Igice kinini cy’ijambo rye […]
RDC: Umunyapolitiki Fayulu arasaba Perezida Tshisekedi kwegura

Mu gihe cyo kwizihiza Umunsi w’Ubwigenge bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ku itariki ya 30 Kamena, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Martin Fayulu, yahamagariye abaturage kurwanya icyifuzo icyo ari cyo cyose cyo guhindura Itegeko Nshinga, ahubwo aboneraho gusaba Perezida Tshisekedi kwegura. Martin Fayulu yashinje akomeje ubutegetsi buriho gukoresha imitwe yitwara gisirikare n ‘”ibinyoma” mu kurwanya […]
U Bushinwa burashinjwa gufasha impande zombi zihanganye mu ntambara yo muri RDC

Mu bice bimwe na bimwe by’Isi nka Ukraine, Myanmar n’u Buyapani, Guverinoma y’u Bushinwa yashinjwe gukoresha “dipolomasi y’amasura abiri.” Ngo ni amayeri yo gusezeranya ku mugaragaro amahoro, ubufatanye mu bukungu n’umutekano mu karere mu gihe bushyira igisirikare cyabwo imbere kandi bugafata ingamba zituma intambara ikomeza nko muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Sudani. Ikinyamakuru […]
USA: Urukiko rwitambitse gahunda ya Trump yo kuvanaho ubwenegihugu bw’amavuko

Urukiko rw’Ikirenga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwemeje ko abana bavukiye muri iki gihugu bafite uburenganzira bahabwa n’itegeko nshinga bwo gufata ubwenegihugu bwaho, rwanga icyifuzo cya Donald Trump cyo guhagarika iyi politiki imaze imyaka 150. Mu cyemezo 6-3, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, John Roberts, yemeje ko abana bavukiye muri Amerika “ku babyeyi baba bahari mu […]
Gasabo: Umukobwa w’imyaka 19 akurikiranweho gukuramo inda y’amezi 7

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwakiriye dosiye y’umukobwa w’imyaka 19 y’amavuko ukurikiranyweho kwikuramo inda y’amezi 7. Icyaha akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 08 Kamena 2026, mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Gisozi, Akagari ka Ruhango, Umudugudu wa Murambi, ubwo uregwa yasangwaga mu rugo aho yakoraga akazi ko mu rugo amaze kwikuramo inda umwana akamushyira […]
Baraka: Nibura umusirikare w’Umurundi yiciwe mu gitero ku nkambi yabo kajugujugu 2 ziraraswa

Ingabo z’u Burundi zoherejwe mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aho zifatanya na FARDC mu kurwanya AFC/M23 na Twirwaneho, kuri uyu wa Kabiri zaba zongeye guhura n’uruva gusenya mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ndetse kajugujugu 2 za gisirikare zaharasiwe. Amakuru aturuka aho aravuga ko nyuma y’igitero cya drone humvikanye iturika […]
Muhanga: Umugabo n’umugore we barashinjwa kwica umwana w’umuturanyi

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bukurikiranye umugore w’imyaka 35 n’umugabo we w’imyaka 42 y’amavuko bakekwaho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka 2 bakoresheje icyuma gishyushye. Icyaha abaregwa bakurikiranyweho cyakozwe mu gitondo cyo ku itariki ya 19 Kamena 2026 mu Mudugudu wa Bikimba, Akagari ka Gihara, Umurenge wa Runda, mu Karere ka Kamonyi ubwo umwana wishwe […]
Salim Saleh yandikiye Gen. Muhoozi ku byerekeye ifungwa rya Besigye na Lukwago

Umujyanama mukuru wa perezida mu bya gisirikare, Umutekano n’Ibikorwa akaba n’umuvandimwe wa Museveni, Gen. Caleb Akandwanaho, uzwi cyane ku izina rya Gen. Salim Saleh, yandikiye ibaruwa Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, asaba ibisobanuro ku ifungwa n’iburanishwa ry’abanyapolitiki Dr Kizza Besigye na Erias Lukwago. Iyi baruwa yandikishijwe intoki, yo ku itariki ya 28 […]
Gasabo: Akurikiranweho gushaka kwica umugabo we akoresheje Super Glue

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bukurikiranye umugore w’imyaka 25 ukekwaho kugerageza kwica umugabo we amuhaye inzoga yashyizeho Super Glue. Icyaha akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 09 Kamena 2026 mu Murenge wa Rutunga, Akagali ka Kigabiro, Umudugudu wa Rwintare ubwo uregwa yaguraga inzoga agashyiramo Super Glue agahereza umugabo ariko umugabo akagira amakenga ntayinywe kuko yari […]
France: Abahatanira kuyobora OIF bwa mbere barabanza kumvwa n’abaminisitiri

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 30 Kamena 2026, i Paris, Inama idasanzwe y’Abaminisitiri bo mu bihugu bya La Francophonie (CMF) irahuza abanyamuryango ku nshuro yabo ya mbere kugira ngo bumve ku mugaragaro abakandida bahatanira kuyobora Umuryango Mpuzamahanga wa La Francophonie (OIF). Buri mukandida arahabwa iminota 45. Abakandida bane, barimo umunyamabanga mukuru uriho, Louise Mushikiwabo, […]
Umuherwe Guo Wengui w’Umushinwa yakatiwe imyaka 30 y’igifungo muri Amerika

Kuri uyu wa Mbere ushize, umuherwe w’Umushinwa wagiye mu buhungiro yakatiwe imyaka 30 y’igifungo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika azira kunyereza amafaranga y’abashoramari arenga miliyari imwe y’amadolari (miliyoni 880 €). Inteko y’abacamanza i New York yasanze Guo Wengui ahamwa n’ibyaha byinshi birimo uburiganya n’iyezandonke, umucamanza wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko […]
RCS yafunguriye amarembo abifuza kuyikorera ku rwego rwa ofisiye

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) rwafunguriye amarembo Abanyarwanda bashaka kurukorera ku rwego rwa ba ofisiye, aho kwiyandikisha bitangira uyu munsi ku itariki ya 30 Kamena kuzageza ku itariki 20 Nyakanga 2026, ndetse abatazabona umwanya wo kwiyandikisha bakaba bafite amahirwe yo kuzabikora ku munsi w’ikizamini. Soma itangazo ryashyizwe ahagaragara umenye ibisabwa:
Abamamaza imiti irimo iy’inyatsi ndetse n’abajyana abantu mu mahanga baburiwe

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B Thierry, yaburiye abantu bamamaza ibikorwa by’abakora ubwambuzi bushukana, avuga ko abazabirengaho bazabihanirwa hakurikijwe amategeko. Ibi yabitangarije mu kiganiro Imbonankubone, Ukuri Imbere Yawe, cyatambutse ku Cyumweru, tariki ya 28 Kamena 2026, kuri BTN TV. Dr. Murangira yaburiye ibitangazamakuru, ibyamamare ndetse n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bamamaza abantu bashaka gucucura abaturage. […]
Senegal: Ivugurura ry’itegeko nshinga ryagabanya ububasha bwa perezida ryateje imyigaragambyo

Kuri uyu wa Mbere, Igipolisi ya Senegal cyakoresheje ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abigaragambya hanze y’Inteko Ishinga Amategeko ubwo abadepite baganiraga ku ivugururwa ry’itegeko nshinga ryakongerera ububasha Inteko Ishinga Amategeko rikagabanya ubw’umukuru w’igihugu, abanenga iki gitekerezo bavuga ko gishobora guteza akajagari muri guverinoma. Imiryango ya sosiyete sivile yo muri Senegal n’amashyaka ya politiki bavuga […]
FARDC n’abafatanyabikorwa baba bongeye gusatira Rubaya

Ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’imitwe y’inyeshyamba bafatanya ya “Wazalendo” biravugwa ko yongeye kugarura imbaraga muri Teritwari ya Masisi (Kivu y’Amajyaruguru), aho ibitangazamakuru byegereye ubutegetsi byemeza ko mu masaha ashize, iri huriro ririmo gusatira umudugudu w’ingenzi ya Ngungu n’umujyi wa Rubaya ucukurwamo amabuye y’agaciro nyuma y’imirwano ikomeye n’inyeshyamba za […]
RDC: Fayulu arashinja ubutegetsi gushaka kwica mugenzi we Delly Sesanga

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Kamena 2026, Martin Fayulu, Perezida w’ishyaka rya ECiDĂ© akaba n’umwe mu bagize ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bise C64, yamaganye ko ibikorwa byo kwitambika umunyapolitiki mugenzi we, Delly Sesanga, wabujijwe kuva muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ngo ajye kwivuriza mu mahanga. Ku rubuga nkoranyambaga akoresha, yashinje guverinoma gushaka […]
Abimukira muri Afurika y’Epfo bijejwe gucyurwa mu masanduku nibatubahiriza nyirantarengwa bahawe

Igipolisi cyo muri Afurika y’Epfo kivuga ko cyamaze gutegura no kohereza abashinzwe kubahiriza amategeko mu gihugu hose kubungabunga umutekano rusange, kurengera ubuzima, no kurinda imitungo mbere y’imyigaragambyo karundura yo kwamagana abimukira iteganijwe ku itariki ya 30 Kamena. Minisitiri w’agateganyo wa Polisi, Firoz Chachalia, yabitangaje kuri iki Cyumweru, itariki ya 28 Kamena, ubwo yasuzumaga abapolisi bari […]
Kalehe: Igitero cy’ubugome ndengakamere cyatwaye ubuzima bw’abaturage batwikiwe mu ngo

Ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa rirashinjwa gutwika ingo z’abaturage ndetse no gusahura imitungo yabo mu gitero cyakoranwe ubugome bukabije ndetse ubuzima bw’abaturage bubigenderamo, ahitwa Lumbishi muri Teritwari ya Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo. Nk’uko byatangajwe na AFC/M23 mu itangazo ry’Umuvugizi Lawrence Kanyuka, ngo ni igitero cyateguwe kandi gikoranwa ubugome ndengakamere. Yagize ati: “Kuri iki Cyumweru, […]
Umutoza w’ikipe ya Korea y’Epfo yeguye perezida ategeka iperereza ku kuvanwa mu Gikombe cy’Isi

Umutoza w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’abagabo ya Korea y’Epfo, Hong Myung-bo, yeguye ku mirimo ye nyuma yo kunanirwa gukomeza mu cyiciro cyo gukuranamo mu mikino y’igikombe cy’Isi. Korea y’Epfo yari yizeye ko yashoboraga gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho cy’iryo rushanwa nk’imwe mu makipe ya gatatu meza ariko icyo cyizere cyayoyotse ku wa Gatandatu. Uko gusezererwa hakiri […]
U Bufaransa bwanditse impfu zigera ku 1,000 z’inyongera kubera ubushyuhe bukabije

Abashinzwe ubuzima mu Bufaransa bavuze kuri iki Cyumweru ko hapfuye abandi bantu bagera ku 1.000 ugereranyije n’uko byari byitezwe mu gihe cy’ubushyuhe bukabije bwibasiye igice kinini cy’u Burayi bw’iburengerazuba mu minsi myinshi. Urwego rushinzwe ubuzima rusange rw’u Bufaransa rwagize ruti: “Kuva ku itariki ya 24 Kamena, abantu bagera ku 1.000 b’inyongera bapfuye ugereranije n’impfu zanditswe […]
Musanze: Abayoboke ba Green Party bateraniye muri Kongere y’Ishyaka ku rwego rw’intara

Abarwanashyaka b’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR) bateraniye muri Fatima Hotel mu Karere ka Musanze muri Kongere y’ishyaka ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru. Iyi Kongere yitabiriwe n’abarwanashyaka baturutse mu turere twa Musanze, Burera, Gakenke, Rulindo na Gicumbi. Perezida w’ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu (Democratic Green Party of Rwanda), Hon. Frank Habineza […]
Kisoro: Uwitwa Mashengesho arashinjwa gufata ku ngufu no kwica umwana w’umukobwa

Umusore w’imyaka 28 w’Umunyarwanda, Vincent Mashengesho uzwi ku izina rya Fit Fit, yakomeje gufungwa n’urukiko rw’ibanze rwa Kisoro I kubera icyaha cyo gufata ku ngufu no kwica umukobwa w’imyaka 16 witwa Munezero. Urukiko rwumvise ko ibi byabaye ku itariki ya 25 Kamena 2026 mu Mudugudu wa Kamonyi, muri Division y’Amajyaruguru, mu Mujyi wa Kisoro, maze […]
Venezuela: Abantu 68,000 bakomeje kubura nyuma y’umutingito wahitanye abasaga 1000

Ikigereranyo cy’ibanze cyatanzwe na Gahunda y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe Iterambere (UNDP) cyashyize ahagaragara igiciro cy’ibyangijwe n’umutingito wibasiye Venezuela kuri miliyari 6.7$. Bivugwa kandi ko abantu barenga 68.000 baburiwe irengero nyuma y’imitingito ibiri yibasiye uduce tw’igihugu mu ntangiriro z’iki cyumweru. Ku wa Gatatu, umutingito ufite ubukana bwa magnitude 7.2 na 7.5 wibasiye Venezuela, usenya ibintu byinshi kandi […]
Michael Katungi wahoze muri UPDF akurikiranweho gucuruza intwaro ku bagizi ba nabi bo muri Mexico

Uwahoze ari umusirikare mukuru mu Ngabo z’igihugu cya Uganda, Michael Katungi Mpeirwe, yafatiwe muri Uganda, aho biteganijwe ko azoherezwa muri Amerika kubera ibirego ashinjwa byo kugira uruhare mu bucuruzi mpuzamahanga bw’intwaro zifite agaciro ka miliyoni 58 z’amadorali bufitanye isano n’agatsiko k’abagizi ba nabi ko muri Mexico kazwi nka Cartel de Jalisco Nueva GeneraciĂłn. Abashinzwe umutekano […]
Uganda: Ibitangazamakuru NTV, Spark TV, Daily Monitor byafunzwe

Televiziyo za NTV Uganda na Spark TV na Daily Monitor zavanywe ku murongo mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru nyuma y’igikorwa cy’abashinzwe umutekano nijoro cyabereye ahakorera Nation Media Group (NMG) Uganda muri Namuwongo no kuri Kampala Serena Hotel. Kugeza saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ku isaha yaho, abakurikira izi televiziyo zombi bageragezaga kuzireba bikanga […]
Tanzania: Leta yabujije ibiterane bya politiki mu gihugu

Leta ya Tanzaniya yabujije ibiterane bya politike mu gihugu cyose kugeza igihe hazatangirwa amabwiriza mashya, aho yashimangiye ko bikenewe mu kubungabunga umutekano w’igihugu. Guverinoma ivuga ko yabonye ko hari ibintu bibangamiye umutekano, nk’abantu bivugwa ko bafatanywe intwaro barimo gutegura ibikorwa by’ubugizi bwa nabi nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga. Ni icyemezo ariko cyamaganwe n’imitwe ya politiki […]
Gen. Ndima wahoze ayobora Kivu y’Amajyaruguru yinjiye mu rubanza rwa ba Tshiwewe nk’umucamanza

Kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 25 Kamena 2026, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo rwakoze iburanisha rigufi rya kabiri mu rubanza hagati y’Umushinjacyaha Mukuru w’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) na General Christian Tshiwewe, wahoze ari Umugaba Mukuru wa FARDC akaba n’umujyanama mu bya gisirikare w’umukuru w’igihugu, […]
France: Lt. Col. Nicolas Nzeyimana wa RDF yasoje amasomo muri École de Guerre

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 26 Kamena 2026, mu Ishuri ry’Intambara mu Bufaransa, hasojwe icyiciro cya 33 cy’amasomo ya gisirikare, yanitabiriwe n’Umunyarwanda Lt. Col. Nicolas Nzeyimana wo mu Gisirikare cy’u Rwanda (RDF). Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, François Nkulikiyimfura yitabiriye umuhango wo guha impamyabumenyi Lt. Colonel Nicolas Nzeyimana, nyuma yo gusoza amasomo mu Ishuri Rikuru […]
Pretoria: Ambasaderi wa Amerika yongeye gukora mu jisho Afurika y’Epfo

Muri Afurika y’Epfo, hongeye kuvuka amakimbirane mashya hagati ya Ambasaderi wa Amerika na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga. Leo Brent Bozell III wageze muri iki gihugu muri uyu mwaka, yanenze Pretoria kuba ikomeje kugaragariza ubucuti budasanzwe ibihugu bibiri bya BRICS, u Bushinwa na Iran, abona ko ari ukubugaragaza bikabije, cyane cyane ko Washington iri mu biganiro na […]
Dubai: Umwongerezakazi wamamaye kuri tiktok arashinjwa kwica umukunzi we

Umukobwa w’imyaka 23 wamamaye ku rubuga rwa TikTok araregwa kwicira i Dubai umusore bakundanaga. Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu wavuze ko ashobora guhanishwa igihano cy’urupfu arashwe mu gihe icyaha cyaba kimuhamye. Brooke George, ukomoka i Gravesend, mu karere ka Kent, mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’u Bwongereza, yarezwe ibijyanye no guterwa icyuma kw’umugabo bakundanaga, nyuma yo […]
FARDC yakamejeje mu bitero byibasira abaturage nyuma yo gukubitwa kenshi ku butaka

Nyuma yo gutsindwa inshuro nyinshi ku butaka no kugaragara ko badashoboye guhangana n’ingabo za AFC/M23, ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa zakajije umurego mu bikorwa byo gutera ibisasu ku baturage b’abasivili. Nk’uko bitangazwa n’Ihuriro AFC/M23 mu itangazo ryashyize ahagaragara, kuva ku wa Mbere, itariki 22 Kamena 2026, saa 11h30 kugeza kuri uyu wa Kabiri, itariki […]
Kabila yishe Laurent-Desire Kabila – UDPS

Augustin Kabuya, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka UDPS, riri ku butegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yashinje Joseph Kabila kuba ari we wagize uruhare mu iyicwa rya se, uwahoze ari perezida, Laurent-DĂ©sirĂ© Kabila (1997-2001), mbere yo kumusimbura. Kabila yiciwe mu biro bye ku itariki ya 16 Mutarama 2001, i Kinshasa. Ku cyicaro cy’ishyaka rye, Kabuya yagize […]
Umunyamategeko Martha Karua wo muri Kenya yirukanwe nabi muri Uganda

Umwunganizi mu bijyanye n’amategeko wo mu gihugu cya Kenya, Martha Karua, yangiwe kwinjira muri Uganda maze asubira i Nairobi, kuri uyu wa Mbere ushize, nyuma y’uko abashinzwe abinjira n’abasohoka bamushyize mu cyiciro cy’ “abimukira batemewe,” nk’uko bigaragara ku itangazo ryashyizwe ahagaragara ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Entebbe. Iki cyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bushinzwe abinjira n’abasohoka, bwategetse […]
RDC: Ihuriro C64 riramagana ibikorwa by’urugomo bikomeje kwibasira kiliziya

Ihuriro Article 64 (C64) riharanira kurengera itegeko nshinga ryagaragaje ko rihangayikishijwe cyane n’ibikorwa by’urugomo byiyongera kuri Kiliziya Gatolika muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 22 Kamena 2026, uru rubuga rwa politiki rwamaganye ibitero byibasiye inyubako nyinshi z’idini ndetse n’ibikorwa by’iterabwoba byibasira abagize ubuyobozi bwa kiliziya. Nk’uko C64 ibivuga, ibi […]
RDF na RNP bahaye amatungo abaturage i Kirehe na Kayonza

Ingabo hamwe na Polisi by’u Rwanda bahaye abaturage bo mu turere twa Kirehe na Kayonza inka n’ihene kuri uyu wa 22 Kamena 2026, mu rwego rwa gahunda y’Ibikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage (DSCOP 2026). Iki gikorwa cyo gutanga amatungo kizakomeza mu cyumweru cyose mu mirenge itandukanye irimo Nasho mu Karere ka Kirehe, ndetse […]
Keir Starmer yamaze kwegura ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

Keir Starmer yeguye ku mwanya wa minisitiri w’intebe n’umuyobozi w’ishyaka ry’abakozi, mu ijambo rye yavugiye Downing Street imbere y’ibiro yakoreragamo. Avuga ko icyemezo cyose yafashe mu biro cyerekeranye no “gushyira igihugu nkunda imbere” Starmer ashimira “umugore we w’igitangaza, Vic”, asobanura ko ari “urutare”, yongeyeho ko yifuza kuba “papa mwiza ushoboka ku bana banjye beza, kandi […]
Gahunda ya Green Party yo kugeza inzego za yo mu mirenge yakomereje n’ahandi

Kuri iki cyumweru tariki ya 21 Kamena, gahunda y’ishyaka Rihanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda yo gushyiraho inzego zaryo ku rwego rw’umurenge, yakomereje mu mirenge ya Kagogo na Kinyababa mu Karere ka Burera, mu Ntara y’Amajyaruguru. Muri iyi mirenge habereye inama ikomatanyije n’amahugurwa ku barwanashyaka ba Green Party, hanashyirwaho inzego z’ishyaka, mu gikorwa cyayoborwe […]
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yitezweho gutangaza ubwegure bwe kuwa Mbere

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere uza atangaza ko avuye kuri uyu mwanya, nyuma y’igitutu kinini cy’abadepite bo mu ishyaka ry’abakozi akomokamo, ibiharurira inzira Andy Burnham zo kuba umuyobozi w’Ishyaka ry’Abakozi. Kuri iki Cyumweru, umunyamabanga ushinzwe ubucuruzi, Peter Kyle, avugira guverinoma, yanze kugira icyo atangaza kuri gahunda zihariye za […]
“Tweets” za Gen. Muhoozi zaba zimaze kuba akasamutwe ku badipolomate ba Uganda

Ikiganiro kuri telefoni hagati ya Maj. Gen. (Rtd) Kahinda Otafiire ubu uri minisitiri w’amazi n’ibidukikije, na Ambasaderi wa Uganda mu Muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, Mirjam Blaak, cyerekana ko ubutumwa Umugaba Mukuru w’Ingabo wa Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, akunze gushyira ku mbuga nkoranyambaga bumaze kuba akasamutwe ku badipolomate ba Uganda bashaka guhagarika kunengwa n’ibihugu by’i […]
Afurika y’Epfo: Umukobwa wa Zuma yirukanwe mu ishyaka se yashinze

Muri Afurika y’Epfo, Duduzile Zuma, umwe mu bakobwa b’uwahoze ari perezida, Jacob Zuma, yirukanwe muri MK, ishyaka rya politiki rya se. Araregwa kwangiza ubumwe bw’ishyaka, n’ubufatanye nyuma y’amakuru menshi yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga. Kwirukanwa kwa Duduzile Zuma ngo bitanga ubutumwa busobanutse: MK (uMkhonto weSizwe) ishobora guhana umwe mu banyamuryango bayo, ndetse n’umukobwa w’uwayishinze. Umukobwa w’uwahoze […]
Abasilamu bo mu Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 32

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 20 Kamena, Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC) wakoze igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza–Kicukiro. Ahagarariye ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Umuvugizi Wungirije wa RDF, Lt Col Simon Kabera, yatanze ikiganiro ku bitabiriye iki gikorwa, agaragaza uko Jenoside […]