Minembwe: Ibitero bya Sukhoi byahitanye abantu ndetse bisenya ingo z’abaturage

HKnkkvkXwAAs g2

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 12 Kamena 2026, ku isaha ya 10:30 z’igitondo ndetse no ku isaha ya 2:45 z’amanywa, ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zateye ibisasu muri centre ya Minembwe hakoreshejwe indege z’intambara za Sukhoi-25, abantu benshi babigenderamo ndetse amazu menshi arasenyuka. Biravugwa ko hari imiryango yatabwe mu matongo kubera ibyo bitero nk’uko […]

Abasirikare b’u Burundi bishe abapolisi 3 b’Abanyekongo

amvs H8g7P5clZ2S

Abapolisi batatu bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bishwe mu ijoro ryo ku wa Kane, rishyira kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 12 Kamena 2026, nyuma kurasirwa n’Ingabo z’u Burundi ku mazi y’Ikiyaga cya Tanganyika. Abapolisi bishwe bari ku irondo ku Kirwa cya Ubwari, ahitwa Mizimu muri Gurupoma ya Ubwari nk’uko amakuru agera kuri […]

Mu bimukira 15 boherejwe muri RDC bavuye muri Amerika hasigaye umwe

69e91ec10cc3e.image

DRC irimo gusuzuma ingaruka z’amasezerano y’abimukira yagiranye na Washington. Itsinda rya mbere ry’abantu, bakomoka muri Peru, Colombia, na Equateur, bageze i Kinshasa ku itariki ya 17 Mata. Hafi ya bose ariko barahavuye. Nk’uko Minisitiri w’intebe wungirije Jacquemain Shabani abitangaza, ngo mu bimukira cumi na batanu birukanwe muri Amerika kandi bageze i Kinshasa ku itariki ya […]

Umutoza Jose Mourinho yasubiye muri Real Madrid

GettyImages 2257917550.jpg

Ikipe ya Real Madrid yemeje ko yagaruye Jose Mourinho nk’umutoza mukuru. Uyu munya-Portugal w’imyaka 63 yemeye amasezerano y’imyaka itatu, azatangira akazi tariki 13 z’ukwezi gutaha kwa Nyakanga. Real yishyuye Benfica miliyoni 15 z’ama-euro y’ikiguzi ku masezerano Mourinho bita ‘The special one’ yari agifite muri iyo kipe y’iwabo. Agarutse i Bernabeu nyuma y’imyaka 13 ahavuye nk’umutoza […]

U Rwanda rurashima umubano warwo ugenda ukura na Zimbambwe

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe yifatanyije na Ambasade ya Zimbabwe i Kigali mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 46 y’ubwigenge bwa Repubulika ya Zimbabwe. Mu ijambo rye, yashimye ubufatanye bugenda bwiyongera hagati y’u Rwanda na Zimbabwe mu nzego z’ingenzi zirimo uburezi, ingufu, amahoro n’umutekano, ubuhinzi, ubucuruzi, na diplomasi. Yashimye kandi […]

Juba: Abasirikare b’u Rwanda batanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu ku baturage barenga 200

HKjqE1GX0AAoHtY

Ingabo z’u Rwanda zigize Rwanbatt-1 hamwe n’abapolisi b’u Rwanda (RWA-FPU III) bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, ku bufatanye n’ Umuryango witwa Society for Family Health, kuwa Kane, batanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu ku baturage barenga 200 bo mu gace ka Gudele i Juba muri Sudani y’Epfo. Iki gikorwa kirakomeza uyu munsi n’ejo, […]

I Buruseli: Louise Mushikiwabo yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi

HKh9yMjWoAA5lie

Kuri uyu wa Kane, itariki 11 Kamena 2026, Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi,Maxime PrĂ©vot, yakiriye Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie, Louise Mushikiwabo, washimye ubufatanye bwiza hagati y’Ubwami bw’u Bubiligi na OIF (Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa). Ibiganiro byibanze ku byo Francophonie ishyize imbere mbere y’inama ya Phnom Penh, ndetse no ku […]

Johannesburg: Abantu 12 biciwe mu gitero cy’abantu bitwaje intwaro

6a29416d39dbf.image

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri ushize, byibuze abantu 12 barapfuye abandi icyenda barakomereka ubwo abantu bitwaje imbunda barasaga mu gace gatuwe cyane n’abakene muri Cleveland, mu burasirazuba bwa Johannesburg, nk’uko byatangajwe na polisi ku wa Gatatu. Polisi mu itangazo ryayo yatangaje ko batangiye guhiga abantu barenga 10 bakekwa nyuma y’igitero cyagabwe mu gace ka […]

Umuvugizi wungirije wa RDF yagaragaje uburyo yubaka icyizere mu Banyarwanda

HKeFMSPXcAAbAF2

Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Lt Col Simon Kabera, kuwa Gatatu yifatanyije na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, ndetse na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, mu kiganiro nyunguranabitekerezo cyabereye mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), wabereye muri Kigali Golf Resort and Villas i Nyarutarama. Iki kiganiro cyibanze ku byihutirwa biri […]

Abamaze kwiyandikisha muri sisitemu ya e- ndangamuntu bageze kuri 90%

90534

Abamaze kwiyandikisha muri sisitemu y’Indangamuntu Koranabuhanga (e-Indangamuntu) baratanga icyizere kuko mu Ntara abaturage bamaze kwitabira bageze ku gipimo cya 98% nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC).  Muvunyi Prince ushinzwe irangamimerere muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, yavuze ko aho abantu bitabiriye gahunda yo kwiyandikisha muri sisitemu e-Indangamuntu mu Mujyi wa Kigali byageze kuri 98% mu gihe […]

Amerika igiye guha ibihugu birimo u Rwanda miliyoni 20$ yo guhangana na Ebola

Ebola

Leta ya Amerika yatangaje miliyoni 20 z’amadorali yo gutera inkunga ibikorwa byo kwitegura guhangana na Ebola mu Burundi, Kenya, u Rwanda, na Sudani y’Epfo; igiteranyo kikaba kimaze kuba miliyoni zirenga 220 Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimaze gushora muri uru rugamba. Nk’uko byatangajwe na department ya Leta kuri uyu wa Gatatu, itariki 10 Kamena, ibinyujije […]

Muhanga: Umugabo w’imyaka 54 akurikiranweho kwica mushiki we

ingoro y ubutabera y urukiko rwisumbuye rwa muhanga 1f851

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bukurikiranye umugabo w’imyaka 54 y’amavuko ukekwaho kwica mushiki we w’imyaka 66 y’amavuko amukubise igifunga cy’isuka mu mutwe bapfa amakimbirane ashingiye ku mitungo.  Icyaha akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 16/05/2026 mu Mudugudu wa Nyabisindu, Akagari ka Mutara, Umurenge wa Mwendo, mu Karere ka Ruhango ubwo uregwa yasangaga mushiki we mu […]

AFC/M23 yateye utwatsi ibirego bya HRW

FB IMG 1765893512071

Ihuriro rya AFC/M23 ryamaganye ryivuye inyuma raporo yasohowe na Human Rights Watch kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 10 Kamena 2026, isanga ari inyandiko ibogamye cyane, yatoranyije, irangwa n’ibintu bidasobanutse neza, kandi idahuye n’ukuri kuri aho ibintu bibera. Mu itangazo yashyize ahagaragara ivuga kuri iyi raporo, AFC/M23 ivuga ko uyu muryango, uvuga ko urengera uburenganzira […]

Amerika yasabye u Bubiligi gukumira Abanyekongo

7779218

Kuri uyu wa Gatatu, ikinyamakuru De Morgen na Het Laatste Nieuws cyatangaje ko Amerika yasabye u Bubiligi, binyuze kuri Ambasaderi Bill White, gushyiraho icyemezo cyo kubuza abenegihugu ba Congo kwinjira muri iki gihugu mu rwego rwo kurwanya icyorezo cya Ebola. Abadipolomate b’Abanyamerika bakorera mu Burayi bemeje ko bahawe amabwiriza na Washington yo kuburira ibihugu bakoreramo. […]

HRW yongeye kugaba igitero ku Rwanda

b0e808d0 dfc6 11ef b19c 01e477466c43.jpg

Raporo y’umuryango utegamiye kuri leta uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW), yasohotse kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 10 Kamena, irashinja ihuriro AFC / M23 n’Ingabo z’u Rwanda gukora ibyaha byinshi, bavuga ko ari ibyaha by’intambara, mu nkambi ebyiri za gisirikare ziri muri Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa DRC. Iyi raporo ivuga ko nyuma y’ifatwa ry’Umujyi […]

Paris: Hatangiye urubanza mu bujurire rwa Eugene Rwamucyo wakatiwe imyaka 27 y’igifungo

749ea680 9710 11ef a41c dd1648bd8502.jpg

Urubanza rw’ubujurire rw’Umunyarwanda EugĂšne Rwamucyo rwatangiye kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 9 Kamena, i Paris mu Bufaransa. Uyu wahoze ari umuganga mu Rwanda, ubu ufite imyaka 67, yakatiwe mu Kwakira 2024 igifungo cy’imyaka 27 n’urukiko rw’i Paris, cyane cyane kubera ubufatanyacyaha muri jenoside no kugira uruhare mu byaha byibasiye inyokomuntu mu gihe cya Jenoside […]

Minisitiri w’ubucuruzi yasabwe gukemura ikibazo cy’igiciro cy’amazi n’amashanyarazi kikiri hejuru

HKY4ReBXAAA4ibr

Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, kuwa Kabiri, yagejejweho na Minisitiri w’Ubucuruzi, Sebahizi Prudence, Politiki y’Inganda (2024–2034) igamije kwihutisha iterambere ry’ubukungu bushingiye ku nganda zifite ubushobozi bwo guhatana ku isoko mpuzamahanga. Mu bitekerezo Abadepite batanze byafasha kunoza ishyirwa mu bikorwa ryayo harimo: Gukurikirana ibibazo by’inganda zimwe zikora munsi y’ubushobozi bwazo; Gukemura ikibazo cy’igiciro cy’amazi n’amashanyarazi kikiri hejuru […]

RDC: Col. Makelele wa FARDC wayoboraga ingabo muri Fizi yirashe

HKbo3HLWsAA1bTD

Umwe mu basirikare bakuru ba FARDC wayoboraga ingabo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo yasanzwe yirashe yenda gupfa ajyanwa kwa muganga aho arimo gukurikiranirwa hafi nyuma y’uko amakuru ya mbere yavugaga ko yapfuye nyuma yo gufata icyemezo cyo kwiyambura ubuzima. Amakuru yatangajwe mbere na Kivu Morning Post dukesha iyi nkuru, avuga ko Colonel Makelele, wari komanda […]

Kenya: Uwigaragambya yarasiwe mu kigo cy’akato cy’Abanyamerika cyagenewe Ebola

AP26160441380177 1781017014

Uwigaragambyaga yarasiwe mu myigaragambyo mu mujyi wa Nanyuki muri Kenya yo kwamagana iyubakwa ry’ikigo cy’akato cya Ebola kigenewe Abanyamerika, nkuko ababibonye babibwiye abanyamakuru. Umukuru w’imyigaragambyo yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko polisi yishe irashe uwigaragambyaga. Polisi nta cyo yari yatangaza. Amatsinda y’abigaragambyaga, bazunguzaga amabendera ya Kenya, bafite ibyapa ndetse bafite isanduku yanditseho ijambo “Ebola” ku ruhande, […]

Masisi: Ibitero bya FARDC byahitanye umusaza n’umwana w’imyaka 13

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 9 Kamena 2026, saa 01:05 za mu gitondo, ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye igitero ku gace gatuwe cyane ka Gasenyi, muri Teritwari ya Masisi. Iki gitero cyahitanye umusaza w’imyaka 80 n’umuhungu w’imyaka 13. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23, ngo abandi baturage benshi bakomeretse, mu gihe […]

RDC: Ihuriro C64 riravuga ko ryamaze gukusanya ibimenyetso bishinja Tshisekedi

bitmap 1200 nocrop 1 1 20231205014423647424 IMG 20231204 WA0064

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 8 Kamena, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri RDC, Delly Sesanga, mu kiganiro kuri Space ya X cyateguwe n’umunyamakuru Stanis Bujakera, yagize icyo avuga ku bijyanye n’isubikwa ry’itangwa ry’ikirego ihuriro C64 riteganya kurega umukuru w’igihugu, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bashinja gukorera coup d’etat Itegeko Nshinga. Sesanga yemeza ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi […]

ICC: Umushinjacyaha Mukuru Karim Khan yirukanwe ku nshingano ze

4296

Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), Karim Khan, yahagaritswe ku mirimo ye kandi bihita bitangira kubahirizwa nk’uko urwego nyobozi rw’urukiko rwatangaje ku wa Mbere mu masaha akuze. Ihagarikwa rya Khan rije nyuma y’amezi 18 y’iperereza ryakozwe ku nkuru z’umuntu umwegereye wamushinje imyitwarire y’ubusambanyi. Mu kugira icyo bavuga kuri iki cyemezo abunganira Khan bavuze ko “kinyuranyije […]

Hatangiye umwiherero wo gusuzuma ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu ngabo

HKUFEZ4X0AAVSGy

Ingabo z’u Rwanda (RDF), Urwego rushinzwe uburinganire n’ubwuzuzanye bw’ abagore n’ abagabo mu Ngabo z’igihugu batangije umwihererero w’iminsi itatu, ufite insanganyamatsiko igira iti: “Iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire no guteza imbere ubwuzuzanye mu Ngabo z’u Rwanda.” Uyu mwiherero urimo kubera mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’u Rwanda  i Gako mu Karere ka Bugesera, ukaba wahuje Ofisiye n’abandi […]

Umusifuzi mu Gikombe cy’Isi yirukanwe akigera muri Amerika

2253561231 GI

Umusifuzi wo muri Somalia, Omar Abdulkadir Artan, byari biteganyijwe ko azitabira Igikombe cy’Isi cya 2026, gitangira kuri uyu wa Kane utaha, yasubijwe inyuma akigera ku butaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Kuri uyu wa Mbere ushize, umuyobozi muri Somalia yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ko Abdulkadir yasubijwe inyuma agikandagira ku butaka bwa Amerika. Impamvu […]

RDC: Abantu 12 bakize ubwoko bushya bwa Ebola

260604 img ebola rdc congo

Abayobozi mu nzego z’ubuvuzi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) batangaje ko abantu 12 bakize ubwoko bushya bwa Ebola buzwi nka Bundibugyo, ariko ko abarwayi 283 bakirimo kwitabwaho mu turere 25 tw’ubuvuzi two mu ntara za Kivu zombi na Ituri. Ibizamini bya laboratwari byagaragaje ko ibipimo 515 ( abantu 515 ) byagaragayemo Ebola kuva […]

RDC: Col. Mambweni wari warakatiwe imyaka 10 y’igifungo yakatiwe urwo gupfa mu bujurire

zaida catalan et michael sharp pht ks 08 juin 2026 png 711 473 1

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwatanze umwanzuro ku rubanza ku iyicwa  ry’impuguke za Loni, Umunyamerika Michael Sharp, na Zaida Catalan, wari ufite ubwenegihugu bwa Suede na Chili. Aba bishwe muri Werurwe 2017 ubwo barimo gukora iperereza ku ihohoterwa ryabereye mu Ntara ya Kasai nyuma y’imyivumbagatanyo y’imitwe yitwara gisirikare ya Kamwina Nsapu, yahagaritswe n’inzego z’umutekano. Uru rubanza […]

Ibihugu bya Israel na Iran byongeye kurasanaho bwa mbere kuva muri Mata

Streaks of light and a flying aircraft illuminate the sky during an interception attempt amid the U.S. Israeli conflict with Iran as seen from Tel Aviv Israel March 21 2026. REUTERSAmir Cohen

Igisirikare cya Israel kiravuga ko cyagabye ibitero ku bitero ku bikorwa bya gisirikare mu burengerazuba no hagati muri Iran, nyuma yo kuburira ko bazihorera ku gitero cya mbere cya Iran cyagabwe kuri Israel kuva muri Mata. Nk’uko ibitangazamakuru byinshi bibitangaza, ngo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yabanje gusaba Minisitiri w’Intebe wa […]

Kivu y’Amajyepfo: Ibitero bya FARDC byahitanye abasivili abandi barakomereka

maxresdefault 3

Ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo riravugwaho kugaba ibitero byahitanye abasivili ndetse abandi barakomereka mu bice bitandukanye bigenzurwa na AFC/M23 mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga ko, “Ku cyumweru, itariki ya 7 Kamena 2026, hagati ya saa cyenda n’iminota 15 na saa cyenda n’iminota 50 z’umugoroba, […]

Perezida Xi Jinping yakoreye uruzinduko rw’imbonekarimwe muri Korea ya Ruguru

ftcms 5f44e7b6 3f62 48d1 b808 b29f0d30a9f3

Umuyobozi w’u Bushinwa, Xi Jinping, yageze muri Koreya ya Ruguru, mu ruzinduko rwe rw’imbonekarimwe rwa mbere kuva mu 2019. Uruzinduko rwa Xi rukurikira inama zitandukanye aherutse kugirana na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, i Beijing. Gukuraho intwaro za kirimbuzi, umubano na Amerika n’amakimbirane hagati ya […]

Uganda: Abaminisitiri 4 bashidikanywa ku bwenegihugu bashobora kutarahira

HKNBj7JWEAAnNVp

Abakandida bane ku myanya ya minisitiri bafite ubwenegihugu bushidikanwaho bashobora kubona kurahira kwabo gutinze mu gihe abanyamategeko ba leta basuzuma ingaruka zemewe n’amategeko zo kurahira mbere y’uko inzira zabo zo kureka bumwe mu bwenegihugu bafite zirangira. Amakuru aturuka mu begereye iki kibazo agera kuri ChimpReports avuga ko umunyamabanga wa leta washyizweho ushinzwe Micro-Finance, umunyamabanga wa […]

RDC: AFC/M23 yashyizeho abayobozi bashya i Bukavu, Kalehe, Kabare n’ahandi

Bukavu

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 6 Kamena 2026, Ihuriro AFC/M23, ryashyizeho abayobozi bashya b’Umujyi wa Bukavu, aba komini ndetse n’aba teritwari zigera kuri 5, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaraga n’Iri huriro, Kyalangalilwa Mulondani Nicolas, yagizwe Meya w’Umujyi wa Bukavu, naho madamu Nyota Luonda Celine agirwa Meya wungirije wa […]

Mozambique: Musenyeri Citora Afonso yiciwe iwe mu rugo

cq5dam.thumbnail.cropped.1500.844

Musenyeri OsĂłrio Citora Afonso, wa Diyosezi ya Quelimane, yasanzwe yapfuye mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, itariki ya 6 Kamena, aho yari atuye mu nzu y’abepisikopi i Quelimane. Uyu mwepiskopi yari yararashwe, isasu rimwe mu gatuza. Umwe mu bagize ikigo cy’abamisiyonari ba Consolata, Musenyeri Citora yari umunyamabanga w’inama y’abepiskopi ya Mozambique, akaba n’Umwepiskopi wa Quelimane […]

Bria: Umwe mu bayobozi ba MINUSCA yasuye ibitaro by’Ingabo z’u Rwanda

HKFfiJFWgAAUVat

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 6 Kamena, Ibitaro byo ku rwego rwa 2 by’Ingabo z’u Rwanda bikorera mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Santarafurika, ahitwa i Bria, byasuwe n’Umuyobozi mushya w’Ingabo za MINUSCA mu gice cy’amajyaruguru ashyira iburasirazuba, Brig Gen Hamad Mostafa Ahmed Adel Mansour. Umuyobozi w’Ibitaro by’Ingabo z’u Rwanda, Col Dr Christian […]

Senegal: Umunyamabanga Mukuru wa FPR yagiranye ibiganiro na Ousmane Sonko

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu ushize, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi Amb. Bazivamo Christophe yagiranye ibiganiro na Perezida w’Ishyaka PASTEF ryo muri Senegal, Hon. Ousmane Sonko. Sonko, ubu ni Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko ya Senegal uherutse kuvanwa ku mwanya wa minisitiri w’intebe kubera ubwumvikane bucye hagati ye na Perezida Diomaye Faye babarizwa […]

U Bubiligi busanga kuvana Ingabo z’u Rwanda muri Congo bikwiye kujyana no gusenya FDLR

PZGGDJLZ65AWZLULWF7IT7MR3Q

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot, kuri uyu wa Gatandatu yatunguranye agaragaza ko igihugu cye gisanga kuvana Ingabo z’u Rwanda ku butaka bwa Congo, bikwiye kujyana no gusenya umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bwarwo. Ibi Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi yabitangaje asubiza ubutumwa bw’Umujyanama wa Perezida Trump mu Biyaga Bigari, Massad Boulos, yashyize kuri […]

Ibitero bya FARDC byongeye kuraza rwantambi abatuye i Minembwe

DRONE FARDC jpg

Ubutegetsi bwa Kinshasa buravugwaho gukomeza ibitero byibasira ibice bituwe cyane n’abaturage b’inzirakarengane nubwo bwihanangirijwe inshuro nyinshi. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ihuriro rirwanya ubutegetsi, AFC/M23, rivuga ko “Ijoro ryose ryo ku itariki ya 4 kugeza ku ya 5 Kamena 2026, guhera saa moya z’ijoro kugeza saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, ihuriro ry’ingabo zabwo zateye ibisasu mu […]

Kenya: Maj. Gen. John Maiso yagizwe Umugaba Wungirije w’Ingabo

eastleighvoice co ke 2026 june 05 125052

Perezida William Ruto yatangaje uruhererekane rw’impinduka zirimo kuzamurwa mu ntera, kugenwa mu myanya mishya mu Gisirikare cya Kenya  (KDF). Mu mpinduka zatangajwe kuri uyu wa Gatanu, Umuyobozi mukuru w’ibikorwa bya gisirikare, Maj Gen John Maiso Nkoimo, yagizwe Umugaba Wungirije w’Ingabo za Kenya. Amakuru atangazwa n’urubuga The Star rwo muri Kenya avuga ko ibi byakurikiye inama […]

Trump yafatiye ibihano Perezida wa Cuba, umugore we n’abandi bantu batatu

fotonoticia 20260604224635

Kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bwa Trump bwafatiye ibihano Perezida wa Cuba, Miguel DĂ­az-Canel, umugore we ndetse n’abandi bantu batatu mu gikorwa giheruka cya Washington cyo gushyira igitutu ku buyobozi bwa Havana. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga wa Leta wa Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, ngo “abafatiwe ibihano uyu munsi (ku wa […]

Umudagekazi wafatiwe mu bujura bwa banki i Kinshasa yohererejwe u Budage

bitmap 1200 nocrop 1 1 20251028184028257748 G4W 9jnXAAAN9KW

Honorine Porsche, ufite ubwenegihugu bw’u Budage ukomoka muri RDC, wakatiwe n’ubutabera bwa Congo igifungo cy’imyaka icumi kubera uruhare yagize mu bujura bwa banki i Kinshasa, yimuriwe mu Budage kuri uyu wa Kane, itariki ya 4 Kamena 2026 nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Congo (ACP). Kwimurwa kwe, aherekejwe n’abapolisi b’u Budage, byakozwe mu rwego rw’ubufatanye mu […]

Cote d’Ivoire yatunguye u Bufaransa ibutsindira iwabwo

doue iwaptqchba6l1eg48wwy5utt4

Umukinnyi w’imbere ukinira ikipe ya Manchester United, Amad Diallo, ni we watsinze igitego cyahaye intsinzi ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Cote d’Ivoire mu mukino warangiye ari 2-1 wo kwitegura igikombe cy’Isi wabereye i Nantes kuri uyu wa Kane. Ku ruhande rw’u Bufaransa, undi mukinnyi wa Manchester City, Rayan Cherki, ni we watsindiye u Bufaransa igitego […]

Zelensky yasabye Putin ibiganiro imbonankubone bakarangiza intambara

111015679 combo this combination of pictures created on may 12 2025 shows a pool photograph distribu

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky yasabye ibiganiro imbonankubone hagati ye na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin, mu rwego rwo guhagarika intambara. Mu ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida w’u Burusiya, Umuyobozi wa Ukraine yavuze ko “ari bibi gutegereza gusa” kugeza igihe intambara yo mu Burayi izongera kwitabwaho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yongeraho ko amahoro […]

Gen. Mubarakh yakiriye abanyeshuri n’abarimu bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ryo mu Buhinde

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General MK Mubarakh, kuri uyu wa Kane, yakiriye itsinda rigizwe n’abanyeshuri n’abarimu bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ryo mu Buhinde ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda.  Bari mu rugendoshuri rw’icyumweru mu Rwanda, rwatangiye ku wa 1 Kamena 2026. Mu kiganiro yagiranye n’iri tsinda, Gen Mubarakh yashimiye Ishuri Rikuru rya […]

RDC: Lt Gen Rwibasira wayoboraga amashuri ya gisirikare yakuwe ku mirimo ye

maxresdefault 2

Lt. General Rwibasira Ruyumbu Obed w’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo yahagaritswe ku mirimo ye yo kuba Komanda w’amashuri ya gisirikare y’Igisirikare cya Congo. Nk’uko bigaragara mu nyandiko y’Umugaba Mukuru wa FARDC, Lt. Gen. Rwibasira yasimbuwe na General Major Kalonda Famba Kaf. “Nyuma y’inyandiko yerekeye ihagarikwa rya Lt. Gen. Rwibasira Ruyumbu Obed, Komanda w’amashuri […]

Minembwe: FARDC ikomeje kwibasira ibice bituwe cyane nyuma yo kuburirwa na AFC/M23

DRONE FARDC jpg

Ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa rirashinjwa kurara risuka ibisasu mu bice bituwe cyane muri Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo nk’uko tubikesha itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 kuri uyu wa Kane. Iri tangazo rivuga ko “Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 3 kugeza ku ya 4 Kamena 2026, guhera saa […]

Ese koko Ndayishimiye azibukwa nk’uwaharaniye amahoro mu burasirazuba bwa Congo?

HJ6YUGdXEAAJgrQ 3

Perezida wa Repubulika y’u Burundi akaba na Perezida wa Afurika Yunze Ubumwe muri iki gihe, Gen. Evariste Ndayishimiye, yakiriye intumwa ziturutse mu ihuriro East Congo Diaspora mu ngoro ya perezida i Gitega. East Congo Diaspora ivuga ko ari urubuga rw’ingenzi mu gushaka ishoramari no kwagura ubukungu mu burasirazuba bwa Congo rukorera muri Leta Zunze Ubumwe […]

Imikino ya gicuti Amavubi yagombaga gukinira muri Maroc ntikihabereye

fdbos6oxeaarpaf 85d6d

Imikino ya gicuti mpuzamahanga ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi, yari gukinira i Marrakech muri Maroc muri uku kwezi yasubitswe nk’uko bitangazwa n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA). FERWAFA ivuga ko yagejejweho ubutumwa n’ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Maroc (FRMF) buyimenyesha ko “iyo mikino itemewe kubera impamvu z’umutekano”. Amakuru amwe avuga ko FRMF yafashe icyo cyemezo […]

USA: Abadepite biyemeje kugabanya ububasha bwa Trump mu gutangiza intambara

images 22

Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatoye itegeko rigamije kubuza Perezida Donald Trump kongera gufata izindi ngingo za gisirikare zo gutera igihugu cya Iran. Iryo tegeko ryatowe ku majwi 215 (kuri batayemeje 208), nyuma y’uko abadepite bane bo mu ishyaka ry’Abarepubulikani bifatanyije n’Abademokarate mu kugaragaza ko batemera iyo ntambara yatangiye muri Gashyantare […]

UK: Impanuka ya kajugujugu ya gisirikare yahitanye abari bayirimo

sddefault

Kuri uyu wa Gatatu ushize,  kajugujugu y’igisirikare cyo mu mazi mu Bwongereza yaguye mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Bwongereza ubwo bari mu myitozo ihitana abari bayirimo bose. Indege ya kajugujugu yo mu bwoko bwa Merlin Mk4, yaguye mu murima mbere ya saa kumi za mu gitondo. Ntabwo byahise bisobanuka icyateye iyi mpanuka nk’uko bitangazwa na Deutsche […]

RDC: Inyeshyamba za ADF zongeye kwivugana abasivili 16 muri Mbau

758613

Sheferi ya Mbau, iherereye muri Teritwari ya Beni, mu Ntara ya Ituri, mu burasirazuba bwa RDC, yibasiwe n’ikindi gitero cy’abarwanyi ba Allied Democratic Force (ADF) mu ijoro ryo ku wa Kabiri, rishyira kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 3 Kamena. Nibura abasivili 16 baguye muri icyo gitero. Abahohotewe batunguwe, bamwe bari ku kiriyo, abandi bari […]

Umunsi Marco Rubio yita Trump umutekamutwe utazagira icyo agezaho Amerika

f8c7158e200f4d19eb06e5ed34cf193306 25 trump

Nta muntu n’umwe mu bakurikiranira hafi politiki wigeze atekereza ko ikiganza cya Donald Trump n’ubunini bw’igitsina byahinduka ingingo yo kugenderaho mu kwiyamamaza mu matora ya perezida yo mu 2016, ariko byarabaye bikozwe n’uwari Senateri wa Florida, Marco Rubio, ubu akaba ari umuntu wegereye Trump mu butegetsi bwe. Hari mu mpera z’ukwezi kwa Gashyantare mu 2016, […]

UK: Igipolisi kiri mu mazi abira nyuma yo guhuhura uwo cyari gitabaye

131446830

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Sir Keir Starmer, avuga ko hari “ibibazo bikomeye kuri polisi” nyuma yo gushyira ahagaragara amashusho ya camera zambarwa n’abashinzwe umutekano agaragaza uburyo abapolisi bitwaye mu rupfu rwa Henry Nowak. Ku wa Mbere, Vickrum Digwa, w’imyaka 23, yakatiwe gufungwa burundu ashobora gusaba gufungurwa nibura nyuma y’imyaka 21 azira gutera  umwana w’ingimbi icyuma […]

Paris: Perezida Kagame yashimiye Macron na Sarkozy

HJ2cNgDXsAAQhDZ

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimye ubutwari bwa Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa mu kwemera uruhare igihugu cye cyahize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse anashimira uwahoze ari perezida, Nicolas Sarkozy, waharuye inzira zo kugera kuri ibi. Ibi umukuru w’igihugu yabitangarije i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Kabiri, itariki 2 Kamena 2026, mu muhango wo […]

RDF yakiriye itsinda ry’abanyeshuri 23 bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’u Buhinde

HJ0hzKlX0AADzpq

Ingabo z’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri ushize zakiriye ku cyicaro gikuru, Kimihurura, itsinda rigizwe n’abanyeshuri 23 bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’u Buhinde, mu rwego rw’uruzinduko rw’amasomo bari kugirira mu Rwanda kuva tariki ya 1 kugeza ku ya 6 Kamena 2026. Iri tsinda ryahawe ikiganiro kirambuye ku rugendo rwa RDF rwo kwiyubaka no […]

Espagne yanze kwakira umukino wari guhuza RDC na Chili kubera Ebola

Belgaimage 169459951

Umukino wa gicuti w’ikipe ya DR Congo na Chili wagombaga kubera muri Espagne mu cyumweru gitaha wahagaritswe nyuma y’uko abategetsi baho batangaje impungenge zabo ku kiza cya Ebola kuvugwa muri icyo gihugu cya Afurika. Juan Franco ukuriye umujyi wa La Linea de la Conception, yasinye itegeko ribuza uwo mukino gukomeza nk’uko byari biteganyijwe, wari kuba […]

Paris: Perezida Kagame na Macron bafunguye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi

HJzif9PWsAAgUNW

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 2 Kamena 2026, mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, bafunguye ku mugaragaro Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. I Paris, aho iki kimenyetso cy’Urwibutso cyubatse hazajya hakorerwa ibikorwa byo kwibuka no kuzirikana abazize Jenoside […]

Kinshasa: Abantu batazwi batwitse resitora bavuga ko ari iya Kabila

okTRtYlX12c2u7Yh

Abantu batamenyekanye batwitse resitora yitwa Kanya, iherereye mu masangano y’imihanda ya Tombalbaye na MarchĂ© muri Komini Gombe, hafi y’Umujyi wa Kinshasa, hagati y’ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere mu gitondo, ku itariki ya 1 Kamena. Nk’uko byatangajwe n’umuzamu wo mu nyubako bituranye, ngo ibyabaye byabaye mu ma saa munani n’igice z’igitondo. Uyu yatangarije […]

Kenya: Perezida Ruto yatanze umucyo ku kwemera kwakira Abanyamerika banduye Ebola

HJyATl1XsAACKJT

Nyuma y’uko abaturage ba Kenya bahagurutse bakigabiza imihanda bamagana umugambi wa guverinoma wo kwakira ikigo kizajya kivurirwamo Abanyamerika banduye Ebola cyangwa kigakurikirana abahuye n’abanduye iki cyorezo, na nyuma kandi y’uko urukiko rwitambitse iyi gahunda, byabaye ngombwa ko Perezida William Ruto ahaguruka agatanga umucyo kuri iki kibazo. Mu kiganiro yahaye abanyamakuru, ahitwa Wajir State Lodge, Perezida […]

Ambasade ya Amerika i Kigali muri nkeya zisigaye muri Afurika zizajya zisabirwamo visa

130804194903 rwanda embassy

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye kugabanya ambasade zayo muri Afurika zemerewe kwakira ubusabe, kwiga no gutanga visa z’icyo gihugu, nk’uko ibiro ntaramakuru Associated Press bibitangaza. Ibi byemejwe n’Umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, avuga ko ibyo bikorwa bya visa bizakurwa kuri ambasade 50 muri Afurika hagasigara 20 gusa ari zo zibikora. Ntabwo hatangajwe igihe […]

AFC/M23 yafashe ingamba nshya zo guhangana n’ibitero bya FARDC

images 20

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko “ikindi gitero cyose gishya” cy’ingabo za leta kizagabwa ku butaka bagenzura kizasubizwa n’ingamba zirimo gusubiza inyuma izo ngabo zikarenga aho zaturutse zitera. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yashyize ahagaragara kuwa Mbere yavuze ko ukwezi gushize kwa Gicurasi kwaranzwe no “kwongera ibitero byo ku butaka no mu kirere” kw’ingabo […]