Minembwe: Ibitero bya Sukhoi byahitanye abantu ndetse bisenya ingo z’abaturage

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 12 Kamena 2026, ku isaha ya 10:30 z’igitondo ndetse no ku isaha ya 2:45 z’amanywa, ihuriro ry’ingabo zâubutegetsi bwa Kinshasa zateye ibisasu muri centre ya Minembwe hakoreshejwe indege zâintambara za Sukhoi-25, abantu benshi babigenderamo ndetse amazu menshi arasenyuka. Biravugwa ko hari imiryango yatabwe mu matongo kubera ibyo bitero nk’uko […]
Abasirikare b’u Burundi bishe abapolisi 3 b’Abanyekongo

Abapolisi batatu bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bishwe mu ijoro ryo ku wa Kane, rishyira kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 12 Kamena 2026, nyuma kurasirwa n’Ingabo z’u Burundi ku mazi y’Ikiyaga cya Tanganyika. Abapolisi bishwe bari ku irondo ku Kirwa cya Ubwari, ahitwa Mizimu muri Gurupoma ya Ubwari nk’uko amakuru agera kuri […]
Mu bimukira 15 boherejwe muri RDC bavuye muri Amerika hasigaye umwe

DRC irimo gusuzuma ingaruka zâamasezerano yâabimukira yagiranye na Washington. Itsinda rya mbere ry’abantu, bakomoka muri Peru, Colombia, na Equateur, bageze i Kinshasa ku itariki ya 17 Mata. Hafi ya bose ariko barahavuye. Nkâuko Minisitiri wâintebe wungirije Jacquemain Shabani abitangaza, ngo mu bimukira cumi na batanu birukanwe muri Amerika kandi bageze i Kinshasa ku itariki ya […]
Umutoza Jose Mourinho yasubiye muri Real Madrid

Ikipe ya Real Madrid yemeje ko yagaruye Jose Mourinho nkâumutoza mukuru. Uyu munya-Portugal wâimyaka 63 yemeye amasezerano yâimyaka itatu, azatangira akazi tariki 13 zâukwezi gutaha kwa Nyakanga. Real yishyuye Benfica miliyoni 15 zâama-euro yâikiguzi ku masezerano Mourinho bita âThe special oneâ yari agifite muri iyo kipe yâiwabo. Agarutse i Bernabeu nyuma yâimyaka 13 ahavuye nkâumutoza […]
U Rwanda rurashima umubano warwo ugenda ukura na Zimbambwe

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe yifatanyije na Ambasade ya Zimbabwe i Kigali mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 46 y’ubwigenge bwa Repubulika ya Zimbabwe. Mu ijambo rye, yashimye ubufatanye bugenda bwiyongera hagati yâu Rwanda na Zimbabwe mu nzego zâingenzi zirimo uburezi, ingufu, amahoro nâumutekano, ubuhinzi, ubucuruzi, na diplomasi. Yashimye kandi […]
Juba: Abasirikare b’u Rwanda batanze serivisi zâubuvuzi ku buntu ku baturage barenga 200

Ingabo zâu Rwanda zigize Rwanbatt-1 hamwe n’abapolisi b’u Rwanda (RWA-FPU III) bari mu butumwa bwâUmuryango wâAbibumbye muri Sudani yâEpfo, ku bufatanye n’ Umuryango witwa Society for Family Health, kuwa Kane, batanze serivisi zâubuvuzi ku buntu ku baturage barenga 200 bo mu gace ka Gudele i Juba muri Sudani yâEpfo. Iki gikorwa kirakomeza uyu munsi nâejo, […]
I Buruseli: Louise Mushikiwabo yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi

Kuri uyu wa Kane, itariki 11 Kamena 2026, Minisitiri wâIntebe wungirije akaba na Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga wâu Bubiligi,Maxime PrĂ©vot, yakiriye Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie, Louise Mushikiwabo, washimye ubufatanye bwiza hagati yâUbwami bwâu Bubiligi na OIF (Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa). Ibiganiro byibanze ku byo Francophonie ishyize imbere mbere yâinama ya Phnom Penh, ndetse no ku […]
Johannesburg: Abantu 12 biciwe mu gitero cy’abantu bitwaje intwaro

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri ushize, byibuze abantu 12 barapfuye abandi icyenda barakomereka ubwo abantu bitwaje imbunda barasaga mu gace gatuwe cyane n’abakene muri Cleveland, mu burasirazuba bwa Johannesburg, nk’uko byatangajwe na polisi ku wa Gatatu. Polisi mu itangazo ryayo yatangaje ko batangiye guhiga abantu barenga 10 bakekwa nyuma yâigitero cyagabwe mu gace ka […]
Umuvugizi wungirije wa RDF yagaragaje uburyo yubaka icyizere mu Banyarwanda

Umuvugizi Wungirije wâIngabo zâu Rwanda (RDF), Lt Col Simon Kabera, kuwa Gatatu yifatanyije na Minisitiri wâUbuzima, Dr Sabin Nsanzimana, ndetse na Minisitiri wâIkoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, mu kiganiro nyunguranabitekerezo cyabereye mu mwiherero wâabayobozi bakuru bâIkigo cyâUbwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), wabereye muri Kigali Golf Resort and Villas i Nyarutarama. Iki kiganiro cyibanze ku byihutirwa biri […]
Abamaze kwiyandikisha muri sisitemu ya e- ndangamuntu bageze kuri 90%

Abamaze kwiyandikisha muri sisitemu yâIndangamuntu Koranabuhanga (e-Indangamuntu) baratanga icyizere kuko mu Ntara abaturage bamaze kwitabira bageze ku gipimo cya 98% nkâuko byatangajwe na Minisiteri yâUbutegetsi bwâIgihugu (MINALOC). Muvunyi Prince ushinzwe irangamimerere muri Minisiteri yâUbutegetsi bwâIgihugu, yavuze ko aho abantu bitabiriye gahunda yo kwiyandikisha muri sisitemu e-Indangamuntu mu Mujyi wa Kigali byageze kuri 98% mu gihe […]
Amerika igiye guha ibihugu birimo u Rwanda miliyoni 20$ yo guhangana na Ebola

Leta ya Amerika yatangaje miliyoni 20 z’amadorali yo gutera inkunga ibikorwa byo kwitegura guhangana na Ebola mu Burundi, Kenya, u Rwanda, na Sudani y’Epfo; igiteranyo kikaba kimaze kuba miliyoni zirenga 220 Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimaze gushora muri uru rugamba. Nk’uko byatangajwe na department ya Leta kuri uyu wa Gatatu, itariki 10 Kamena, ibinyujije […]
Muhanga: Umugabo w’imyaka 54 akurikiranweho kwica mushiki we

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bukurikiranye umugabo wâimyaka 54 yâamavuko ukekwaho kwica mushiki we wâimyaka 66 yâamavuko amukubise igifunga cyâisuka mu mutwe bapfa amakimbirane ashingiye ku mitungo. Icyaha akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 16/05/2026 mu Mudugudu wa Nyabisindu, Akagari ka Mutara, Umurenge wa Mwendo, mu Karere ka Ruhango ubwo uregwa yasangaga mushiki we mu […]
AFC/M23 yateye utwatsi ibirego bya HRW

Ihuriro rya AFC/M23 ryamaganye ryivuye inyuma raporo yasohowe na Human Rights Watch kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 10 Kamena 2026, isanga ari inyandiko ibogamye cyane, yatoranyije, irangwa n’ibintu bidasobanutse neza, kandi idahuye n’ukuri kuri aho ibintu bibera. Mu itangazo yashyize ahagaragara ivuga kuri iyi raporo, AFC/M23 ivuga ko uyu muryango, uvuga ko urengera uburenganzira […]
Amerika yasabye u Bubiligi gukumira Abanyekongo

Kuri uyu wa Gatatu, ikinyamakuru De Morgen na Het Laatste Nieuws cyatangaje ko Amerika yasabye u Bubiligi, binyuze kuri Ambasaderi Bill White, gushyiraho icyemezo cyo kubuza abenegihugu ba Congo kwinjira muri iki gihugu mu rwego rwo kurwanya icyorezo cya Ebola. Abadipolomate b’Abanyamerika bakorera mu Burayi bemeje ko bahawe amabwiriza na Washington yo kuburira ibihugu bakoreramo. […]
HRW yongeye kugaba igitero ku Rwanda

Raporo yâumuryango utegamiye kuri leta uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW), yasohotse kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 10 Kamena, irashinja ihuriro AFC / M23 nâIngabo zâu Rwanda gukora ibyaha byinshi, bavuga ko ari ibyaha byâintambara, mu nkambi ebyiri za gisirikare ziri muri Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa DRC. Iyi raporo ivuga ko nyuma yâifatwa ryâUmujyi […]
Paris: Hatangiye urubanza mu bujurire rwa Eugene Rwamucyo wakatiwe imyaka 27 y’igifungo

Urubanza rw’ubujurire rw’Umunyarwanda EugĂšne Rwamucyo rwatangiye kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 9 Kamena, i Paris mu Bufaransa. Uyu wahoze ari umuganga mu Rwanda, ubu ufite imyaka 67, yakatiwe mu Kwakira 2024 igifungo cyâimyaka 27 nâurukiko rwâi Paris, cyane cyane kubera ubufatanyacyaha muri jenoside no kugira uruhare mu byaha byibasiye inyokomuntu mu gihe cya Jenoside […]
Minisitiri w’ubucuruzi yasabwe gukemura ikibazo cyâigiciro cyâamazi nâamashanyarazi kikiri hejuru

Inteko Rusange yâUmutwe wâAbadepite, kuwa Kabiri, yagejejweho na Minisitiri w’Ubucuruzi, Sebahizi Prudence, Politiki yâInganda (2024â2034) igamije kwihutisha iterambere ryâubukungu bushingiye ku nganda zifite ubushobozi bwo guhatana ku isoko mpuzamahanga. Mu bitekerezo Abadepite batanze byafasha kunoza ishyirwa mu bikorwa ryayo harimo: Gukurikirana ibibazo byâinganda zimwe zikora munsi yâubushobozi bwazo; Gukemura ikibazo cyâigiciro cyâamazi nâamashanyarazi kikiri hejuru […]
RDC: Col. Makelele wa FARDC wayoboraga ingabo muri Fizi yirashe

Umwe mu basirikare bakuru ba FARDC wayoboraga ingabo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo yasanzwe yirashe yenda gupfa ajyanwa kwa muganga aho arimo gukurikiranirwa hafi nyuma y’uko amakuru ya mbere yavugaga ko yapfuye nyuma yo gufata icyemezo cyo kwiyambura ubuzima. Amakuru yatangajwe mbere na Kivu Morning Post dukesha iyi nkuru, avuga ko Colonel Makelele, wari komanda […]
Kenya: Uwigaragambya yarasiwe mu kigo cy’akato cy’Abanyamerika cyagenewe Ebola

Uwigaragambyaga yarasiwe mu myigaragambyo mu mujyi wa Nanyuki muri Kenya yo kwamagana iyubakwa ryâikigo cyâakato cya Ebola kigenewe Abanyamerika, nkuko ababibonye babibwiye abanyamakuru. Umukuru wâimyigaragambyo yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko polisi yishe irashe uwigaragambyaga. Polisi nta cyo yari yatangaza. Amatsinda yâabigaragambyaga, bazunguzaga amabendera ya Kenya, bafite ibyapa ndetse bafite isanduku yanditseho ijambo âEbolaâ ku ruhande, […]
Masisi: Ibitero bya FARDC byahitanye umusaza n’umwana w’imyaka 13

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 9 Kamena 2026, saa 01:05 za mu gitondo, ihuriro ry’ingabo zâubutegetsi bwa Kinshasa zagabye igitero ku gace gatuwe cyane ka Gasenyi, muri Teritwari ya Masisi. Iki gitero cyahitanye umusaza w’imyaka 80 n’umuhungu w’imyaka 13. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23, ngo abandi baturage benshi bakomeretse, mu gihe […]
RDC: Ihuriro C64 riravuga ko ryamaze gukusanya ibimenyetso bishinja Tshisekedi

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 8 Kamena, umuyobozi wâabatavuga rumwe nâubutegetsi muri RDC, Delly Sesanga, mu kiganiro kuri Space ya X cyateguwe nâumunyamakuru Stanis Bujakera, yagize icyo avuga ku bijyanye nâisubikwa ryâitangwa ryâikirego ihuriro C64 riteganya kurega umukuru wâigihugu, abatavuga rumwe nâubutegetsi bashinja gukorera coup d’etat Itegeko Nshinga. Sesanga yemeza ko abatavuga rumwe nâubutegetsi […]
ICC: Umushinjacyaha Mukuru Karim Khan yirukanwe ku nshingano ze

Umushinjacyaha Mukuru wâUrukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), Karim Khan, yahagaritswe ku mirimo ye kandi bihita bitangira kubahirizwa nk’uko urwego nyobozi rwâurukiko rwatangaje ku wa Mbere mu masaha akuze. Ihagarikwa rya Khan rije nyuma yâamezi 18 y’iperereza ryakozwe ku nkuru zâumuntu umwegereye wamushinje imyitwarire yâubusambanyi. Mu kugira icyo bavuga kuri iki cyemezo abunganira Khan bavuze ko “kinyuranyije […]
Hatangiye umwiherero wo gusuzuma ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu ngabo

Ingabo zâu Rwanda (RDF), Urwego rushinzwe uburinganire n’ubwuzuzanye bw’ abagore n’ abagabo mu Ngabo z’igihugu batangije umwihererero wâiminsi itatu, ufite insanganyamatsiko igira iti: âIyubahirizwa ry’ihame ryâuburinganire no guteza imbere ubwuzuzanye mu Ngabo zâu Rwanda.â Uyu mwiherero urimo kubera mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ryâu Rwanda  i Gako mu Karere ka Bugesera, ukaba wahuje Ofisiye n’abandi […]
Umusifuzi mu Gikombe cy’Isi yirukanwe akigera muri Amerika

Umusifuzi wo muri Somalia, Omar Abdulkadir Artan, byari biteganyijwe ko azitabira Igikombe cy’Isi cya 2026, gitangira kuri uyu wa Kane utaha, yasubijwe inyuma akigera ku butaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Kuri uyu wa Mbere ushize, umuyobozi muri Somalia yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ko Abdulkadir yasubijwe inyuma agikandagira ku butaka bwa Amerika. Impamvu […]
Inama y’abaminisitiri yemeje abayobozi bashya mu bigo bitandukanye

Inama y’abaminisitiri yateraniye kuri uyu wa Mbere ushize muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yemeje imishinga y’amategeko inyuranye, politiki n’ingamba ndetse ishyira abayobozi bashya mu bigo bitandukanye bya leta.
RDC: Abantu 12 bakize ubwoko bushya bwa Ebola

Abayobozi mu nzego zâubuvuzi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) batangaje ko abantu 12 bakize ubwoko bushya bwa Ebola buzwi nka Bundibugyo, ariko ko abarwayi 283 bakirimo kwitabwaho mu turere 25 twâubuvuzi two mu ntara za Kivu zombi na Ituri. Ibizamini bya laboratwari byagaragaje ko ibipimo 515 ( abantu 515 ) byagaragayemo Ebola kuva […]
RDC: Col. Mambweni wari warakatiwe imyaka 10 y’igifungo yakatiwe urwo gupfa mu bujurire

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwatanze umwanzuro ku rubanza ku iyicwa ryâimpuguke za Loni, Umunyamerika Michael Sharp, na Zaida Catalan, wari ufite ubwenegihugu bwa Suede na Chili. Aba bishwe muri Werurwe 2017 ubwo barimo gukora iperereza ku ihohoterwa ryabereye mu Ntara ya Kasai nyuma yâimyivumbagatanyo y’imitwe yitwara gisirikare ya Kamwina Nsapu, yahagaritswe nâinzego zâumutekano. Uru rubanza […]
Ibihugu bya Israel na Iran byongeye kurasanaho bwa mbere kuva muri Mata

Igisirikare cya Israel kiravuga ko cyagabye ibitero ku bitero ku bikorwa bya gisirikare mu burengerazuba no hagati muri Iran, nyuma yo kuburira ko bazihorera ku gitero cya mbere cya Iran cyagabwe kuri Israel kuva muri Mata. Nkâuko ibitangazamakuru byinshi bibitangaza, ngo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yabanje gusaba Minisitiri wâIntebe wa […]
Kivu y’Amajyepfo: Ibitero bya FARDC byahitanye abasivili abandi barakomereka

Ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo riravugwaho kugaba ibitero byahitanye abasivili ndetse abandi barakomereka mu bice bitandukanye bigenzurwa na AFC/M23 mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga ko, “Ku cyumweru, itariki ya 7 Kamena 2026, hagati ya saa cyenda n’iminota 15 na saa cyenda n’iminota 50 z’umugoroba, […]
Perezida Xi Jinping yakoreye uruzinduko rw’imbonekarimwe muri Korea ya Ruguru

Umuyobozi wâu Bushinwa, Xi Jinping, yageze muri Koreya ya Ruguru, mu ruzinduko rwe rw’imbonekarimwe rwa mbere kuva mu 2019. Uruzinduko rwa Xi rukurikira inama zitandukanye aherutse kugirana na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, na Perezida wâu Burusiya, Vladimir Putin, i Beijing. Gukuraho intwaro za kirimbuzi, umubano na Amerika nâamakimbirane hagati ya […]
Uganda: Abaminisitiri 4 bashidikanywa ku bwenegihugu bashobora kutarahira

Abakandida bane ku myanya ya minisitiri bafite ubwenegihugu bushidikanwaho bashobora kubona kurahira kwabo gutinze mu gihe abanyamategeko ba leta basuzuma ingaruka zemewe n’amategeko zo kurahira mbere y’uko inzira zabo zo kureka bumwe mu bwenegihugu bafite zirangira. Amakuru aturuka mu begereye iki kibazo agera kuri ChimpReports avuga ko umunyamabanga wa leta washyizweho ushinzwe Micro-Finance, umunyamabanga wa […]
RDC: AFC/M23 yashyizeho abayobozi bashya i Bukavu, Kalehe, Kabare n’ahandi

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 6 Kamena 2026, Ihuriro AFC/M23, ryashyizeho abayobozi bashya b’Umujyi wa Bukavu, aba komini ndetse n’aba teritwari zigera kuri 5, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaraga n’Iri huriro, Kyalangalilwa Mulondani Nicolas, yagizwe Meya w’Umujyi wa Bukavu, naho madamu Nyota Luonda Celine agirwa Meya wungirije wa […]
Mozambique: Musenyeri Citora Afonso yiciwe iwe mu rugo
Musenyeri OsĂłrio Citora Afonso, wa Diyosezi ya Quelimane, yasanzwe yapfuye mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, itariki ya 6 Kamena, aho yari atuye mu nzu y’abepisikopi i Quelimane. Uyu mwepiskopi yari yararashwe, isasu rimwe mu gatuza. Umwe mu bagize ikigo cyâabamisiyonari ba Consolata, Musenyeri Citora yari umunyamabanga wâinama yâabepiskopi ya Mozambique, akaba n’Umwepiskopi wa Quelimane […]
Bria: Umwe mu bayobozi ba MINUSCA yasuye ibitaro by’Ingabo z’u Rwanda

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 6 Kamena, Ibitaro byo ku rwego rwa 2 by’Ingabo z’u Rwanda bikorera mu butumwa bw’amahoro bwâUmuryango wâAbibumbye muri Repubulika ya Santarafurika, ahitwa i Bria, byasuwe n’Umuyobozi mushya w’Ingabo za MINUSCA mu gice cy’amajyaruguru ashyira iburasirazuba, Brig Gen Hamad Mostafa Ahmed Adel Mansour. Umuyobozi w’Ibitaro by’Ingabo z’u Rwanda, Col Dr Christian […]
Senegal: Umunyamabanga Mukuru wa FPR yagiranye ibiganiro na Ousmane Sonko

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu ushize, Umunyamabanga Mukuru wâUmuryango FPR Inkotanyi Amb. Bazivamo Christophe yagiranye ibiganiro na Perezida wâIshyaka PASTEF ryo muri Senegal, Hon. Ousmane Sonko. Sonko, ubu ni Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko ya Senegal uherutse kuvanwa ku mwanya wa minisitiri w’intebe kubera ubwumvikane bucye hagati ye na Perezida Diomaye Faye babarizwa […]
U Bubiligi busanga kuvana Ingabo z’u Rwanda muri Congo bikwiye kujyana no gusenya FDLR

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot, kuri uyu wa Gatandatu yatunguranye agaragaza ko igihugu cye gisanga kuvana Ingabo z’u Rwanda ku butaka bwa Congo, bikwiye kujyana no gusenya umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bwarwo. Ibi Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi yabitangaje asubiza ubutumwa bw’Umujyanama wa Perezida Trump mu Biyaga Bigari, Massad Boulos, yashyize kuri […]
Ibitero bya FARDC byongeye kuraza rwantambi abatuye i Minembwe

Ubutegetsi bwa Kinshasa buravugwaho gukomeza ibitero byibasira ibice bituwe cyane n’abaturage b’inzirakarengane nubwo bwihanangirijwe inshuro nyinshi. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ihuriro rirwanya ubutegetsi, AFC/M23, rivuga ko “Ijoro ryose ryo ku itariki ya 4 kugeza ku ya 5 Kamena 2026, guhera saa moya z’ijoro kugeza saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, ihuriro ry’ingabo zabwo zateye ibisasu mu […]
Kenya: Maj. Gen. John Maiso yagizwe Umugaba Wungirije w’Ingabo

Perezida William Ruto yatangaje uruhererekane rw’impinduka zirimo kuzamurwa mu ntera, kugenwa mu myanya mishya mu Gisirikare cya Kenya (KDF). Mu mpinduka zatangajwe kuri uyu wa Gatanu, Umuyobozi mukuru w’ibikorwa bya gisirikare, Maj Gen John Maiso Nkoimo, yagizwe Umugaba Wungirije w’Ingabo za Kenya. Amakuru atangazwa n’urubuga The Star rwo muri Kenya avuga ko ibi byakurikiye inama […]
Trump yafatiye ibihano Perezida wa Cuba, umugore we n’abandi bantu batatu

Kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bwa Trump bwafatiye ibihano Perezida wa Cuba, Miguel DĂaz-Canel, umugore we ndetse nâabandi bantu batatu mu gikorwa giheruka cya Washington cyo gushyira igitutu ku buyobozi bwa Havana. Nkâuko bigaragara mu itangazo ryashyizweho umukono nâUmunyamabanga wa Leta wa Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, ngo “abafatiwe ibihano uyu munsi (ku wa […]
Umudagekazi wafatiwe mu bujura bwa banki i Kinshasa yohererejwe u Budage

Honorine Porsche, ufite ubwenegihugu bw’u Budage ukomoka muri RDC, wakatiwe n’ubutabera bwa Congo igifungo cy’imyaka icumi kubera uruhare yagize mu bujura bwa banki i Kinshasa, yimuriwe mu Budage kuri uyu wa Kane, itariki ya 4 Kamena 2026 nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Congo (ACP). Kwimurwa kwe, aherekejwe nâabapolisi bâu Budage, byakozwe mu rwego rwâubufatanye mu […]
Cote d’Ivoire yatunguye u Bufaransa ibutsindira iwabwo

Umukinnyi w’imbere ukinira ikipe ya Manchester United, Amad Diallo, ni we watsinze igitego cyahaye intsinzi ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Cote d’Ivoire mu mukino warangiye ari 2-1 wo kwitegura igikombe cy’Isi wabereye i Nantes kuri uyu wa Kane. Ku ruhande rw’u Bufaransa, undi mukinnyi wa Manchester City, Rayan Cherki, ni we watsindiye u Bufaransa igitego […]
Zelensky yasabye Putin ibiganiro imbonankubone bakarangiza intambara

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky yasabye ibiganiro imbonankubone hagati ye na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin, mu rwego rwo guhagarika intambara. Mu ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida wâu Burusiya, Umuyobozi wa Ukraine yavuze ko “ari bibi gutegereza gusa” kugeza igihe intambara yo mu Burayi izongera kwitabwaho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yongeraho ko amahoro […]
Gen. Mubarakh yakiriye abanyeshuri nâabarimu bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ryo mu Buhinde

Umugaba Mukuru wâIngabo zâu Rwanda, General MK Mubarakh, kuri uyu wa Kane, yakiriye itsinda rigizwe nâabanyeshuri nâabarimu bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ryo mu Buhinde ku cyicaro gikuru cyâIngabo zâu Rwanda. Â Bari mu rugendoshuri rwâicyumweru mu Rwanda, rwatangiye ku wa 1 Kamena 2026. Mu kiganiro yagiranye nâiri tsinda, Gen Mubarakh yashimiye Ishuri Rikuru rya […]
RDC: Lt Gen Rwibasira wayoboraga amashuri ya gisirikare yakuwe ku mirimo ye

Lt. General Rwibasira Ruyumbu Obed w’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo yahagaritswe ku mirimo ye yo kuba Komanda w’amashuri ya gisirikare y’Igisirikare cya Congo. Nkâuko bigaragara mu nyandiko yâUmugaba Mukuru wa FARDC, Lt. Gen. Rwibasira yasimbuwe na General Major Kalonda Famba Kaf. “Nyuma y’inyandiko yerekeye ihagarikwa rya Lt. Gen. Rwibasira Ruyumbu Obed, Komanda w’amashuri […]
Minembwe: FARDC ikomeje kwibasira ibice bituwe cyane nyuma yo kuburirwa na AFC/M23

Ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa rirashinjwa kurara risuka ibisasu mu bice bituwe cyane muri Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo nk’uko tubikesha itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 kuri uyu wa Kane. Iri tangazo rivuga ko “Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 3 kugeza ku ya 4 Kamena 2026, guhera saa […]
Ese koko Ndayishimiye azibukwa nk’uwaharaniye amahoro mu burasirazuba bwa Congo?

Perezida wa Repubulika y’u Burundi akaba na Perezida wa Afurika Yunze Ubumwe muri iki gihe, Gen. Evariste Ndayishimiye, yakiriye intumwa ziturutse mu ihuriro East Congo Diaspora mu ngoro ya perezida i Gitega. East Congo Diaspora ivuga ko ari urubuga rw’ingenzi mu gushaka ishoramari no kwagura ubukungu mu burasirazuba bwa Congo rukorera muri Leta Zunze Ubumwe […]
Imikino ya gicuti Amavubi yagombaga gukinira muri Maroc ntikihabereye

Imikino ya gicuti mpuzamahanga ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi, yari gukinira i Marrakech muri Maroc muri uku kwezi yasubitswe nk’uko bitangazwa n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA). FERWAFA ivuga ko yagejejweho ubutumwa n’ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Maroc (FRMF) buyimenyesha ko “iyo mikino itemewe kubera impamvu z’umutekano”. Amakuru amwe avuga ko FRMF yafashe icyo cyemezo […]
USA: Abadepite biyemeje kugabanya ububasha bwa Trump mu gutangiza intambara

Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatoye itegeko rigamije kubuza Perezida Donald Trump kongera gufata izindi ngingo za gisirikare zo gutera igihugu cya Iran. Iryo tegeko ryatowe ku majwi 215 (kuri batayemeje 208), nyuma yâuko abadepite bane bo mu ishyaka ryâAbarepubulikani bifatanyije nâAbademokarate mu kugaragaza ko batemera iyo ntambara yatangiye muri Gashyantare […]
UK: Impanuka ya kajugujugu ya gisirikare yahitanye abari bayirimo

Kuri uyu wa Gatatu ushize, kajugujugu y’igisirikare cyo mu mazi mu Bwongereza yaguye mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Bwongereza ubwo bari mu myitozo ihitana abari bayirimo bose. Indege ya kajugujugu yo mu bwoko bwa Merlin Mk4, yaguye mu murima mbere ya saa kumi za mu gitondo. Ntabwo byahise bisobanuka icyateye iyi mpanuka nk’uko bitangazwa na Deutsche […]
RDC: Inyeshyamba za ADF zongeye kwivugana abasivili 16 muri Mbau

Sheferi ya Mbau, iherereye muri Teritwari ya Beni, mu Ntara ya Ituri, mu burasirazuba bwa RDC, yibasiwe n’ikindi gitero cy’abarwanyi ba Allied Democratic Force (ADF) mu ijoro ryo ku wa Kabiri, rishyira kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 3 Kamena. Nibura abasivili 16 baguye muri icyo gitero. Abahohotewe batunguwe, bamwe bari ku kiriyo, abandi bari […]
Umunsi Marco Rubio yita Trump umutekamutwe utazagira icyo agezaho Amerika

Nta muntu n’umwe mu bakurikiranira hafi politiki wigeze atekereza ko ikiganza cya Donald Trump n’ubunini bw’igitsina byahinduka ingingo yo kugenderaho mu kwiyamamaza mu matora ya perezida yo mu 2016, ariko byarabaye bikozwe n’uwari Senateri wa Florida, Marco Rubio, ubu akaba ari umuntu wegereye Trump mu butegetsi bwe. Hari mu mpera z’ukwezi kwa Gashyantare mu 2016, […]
UK: Igipolisi kiri mu mazi abira nyuma yo guhuhura uwo cyari gitabaye

Minisitiri wâIntebe w’u Bwongereza, Sir Keir Starmer, avuga ko hari “ibibazo bikomeye kuri polisi” nyuma yo gushyira ahagaragara amashusho ya camera zambarwa n’abashinzwe umutekano agaragaza uburyo abapolisi bitwaye mu rupfu rwa Henry Nowak. Ku wa Mbere, Vickrum Digwa, w’imyaka 23, yakatiwe gufungwa burundu ashobora gusaba gufungurwa nibura nyuma y’imyaka 21 azira gutera umwana w’ingimbi icyuma […]
Paris: Perezida Kagame yashimiye Macron na Sarkozy

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimye ubutwari bwa Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa mu kwemera uruhare igihugu cye cyahize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse anashimira uwahoze ari perezida, Nicolas Sarkozy, waharuye inzira zo kugera kuri ibi. Ibi umukuru w’igihugu yabitangarije i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Kabiri, itariki 2 Kamena 2026, mu muhango wo […]
RDF yakiriye itsinda ryâabanyeshuri 23 bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’u Buhinde

Ingabo zâu Rwanda kuri uyu wa Kabiri ushize zakiriye ku cyicaro gikuru, Kimihurura, itsinda rigizwe nâabanyeshuri 23 bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’u Buhinde, mu rwego rwâuruzinduko rwâamasomo bari kugirira mu Rwanda kuva tariki ya 1 kugeza ku ya 6 Kamena 2026. Iri tsinda ryahawe ikiganiro kirambuye ku rugendo rwa RDF rwo kwiyubaka no […]
Espagne yanze kwakira umukino wari guhuza RDC na Chili kubera Ebola

Umukino wa gicuti wâikipe ya DR Congo na Chili wagombaga kubera muri Espagne mu cyumweru gitaha wahagaritswe nyuma yâuko abategetsi baho batangaje impungenge zabo ku kiza cya Ebola kuvugwa muri icyo gihugu cya Afurika. Juan Franco ukuriye umujyi wa La Linea de la Conception, yasinye itegeko ribuza uwo mukino gukomeza nkâuko byari biteganyijwe, wari kuba […]
Paris: Perezida Kagame na Macron bafunguye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 2 Kamena 2026, mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa, Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame, na mugenzi we wâu Bufaransa, Emmanuel Macron, bafunguye ku mugaragaro Ikimenyetso cyâUrwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. I Paris, aho iki kimenyetso cyâUrwibutso cyubatse hazajya hakorerwa ibikorwa byo kwibuka no kuzirikana abazize Jenoside […]
Kinshasa: Abantu batazwi batwitse resitora bavuga ko ari iya Kabila

Abantu batamenyekanye batwitse resitora yitwa Kanya, iherereye mu masangano y’imihanda ya Tombalbaye na MarchĂ© muri Komini Gombe, hafi y’Umujyi wa Kinshasa, hagati y’ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere mu gitondo, ku itariki ya 1 Kamena. Nkâuko byatangajwe n’umuzamu wo mu nyubako bituranye, ngo ibyabaye byabaye mu ma saa munani n’igice z’igitondo. Uyu yatangarije […]
Kenya: Perezida Ruto yatanze umucyo ku kwemera kwakira Abanyamerika banduye Ebola

Nyuma y’uko abaturage ba Kenya bahagurutse bakigabiza imihanda bamagana umugambi wa guverinoma wo kwakira ikigo kizajya kivurirwamo Abanyamerika banduye Ebola cyangwa kigakurikirana abahuye n’abanduye iki cyorezo, na nyuma kandi y’uko urukiko rwitambitse iyi gahunda, byabaye ngombwa ko Perezida William Ruto ahaguruka agatanga umucyo kuri iki kibazo. Mu kiganiro yahaye abanyamakuru, ahitwa Wajir State Lodge, Perezida […]
Ambasade ya Amerika i Kigali muri nkeya zisigaye muri Afurika zizajya zisabirwamo visa

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye kugabanya ambasade zayo muri Afurika zemerewe kwakira ubusabe, kwiga no gutanga visa zâicyo gihugu, nkâuko ibiro ntaramakuru Associated Press bibitangaza. Ibi byemejwe n’Umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, avuga ko ibyo bikorwa bya visa bizakurwa kuri ambasade 50 muri Afurika hagasigara 20 gusa ari zo zibikora. Ntabwo hatangajwe igihe […]
AFC/M23 yafashe ingamba nshya zo guhangana n’ibitero bya FARDC

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko âikindi gitero cyose gishyaâ cyâingabo za leta kizagabwa ku butaka bagenzura kizasubizwa nâingamba zirimo gusubiza inyuma izo ngabo zikarenga aho zaturutse zitera. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yashyize ahagaragara kuwa Mbere yavuze ko ukwezi gushize kwa Gicurasi kwaranzwe no âkwongera ibitero byo ku butaka no mu kirereâ kwâingabo […]