IMG-20260809-WA0021

FIFA yanenze gahunda ikomeje yo gushaka gukuraho Infantino

Sangiza iyi nkuru

FIFA yanenze cyane icyo yise “umuhate ukomeje kandi uhuriweho” wo “gutesha agaciro” iri shyirahamwe na perezida waryo, Gianni Infantino.

Ibi byatangajwe nyuma y’amakuru yatangajwe na Daily Telegraph, avuga ko uvugwaho kuba yari umukunzi wa Infantino yahawe amafaranga y’impozamarira na UEFA nyuma yo kugirana umubano ubwo yari umunyamabanga mukuru w’iri Shyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burayi.

Umuvugizi wa FIFA yabwiye Telegraph ko Infantino “ahakana yivuye inyuma” ibyo birego kandi ko “atari ukuri na gato”.
FIFA ubwayo yanenze “ibivugwa bidafite ishingiro n’ibirego by’ibinyoma”, yongeraho ko “ibihuha no gukekeranya bidakwiye gutangwa nk’ukuri”.

Infantino yashyizwe mu gitutu cyinshi na UEFA n’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru y’ibihugu mu Burayi kubera icyifuzo cye cya Fifa Forward Enterprise (FFE) cyateshejwe agaciro.

FFE yari gusobanura ko hagiyeho isosiyete nshya izajya icunga uburenganzira bwo gucuruza no gutanga amatike, aho imigabane 21% yagurishijwe ku isosiyete y’ishoramari yigenga.

UEFA yavuze ko yatakarije icyizere Infantino, mu gihe perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Norvege (NFF), Lise Klaveness, ku wa Gatanu yasabye uyu Musuwisi uvanze n’Umutaliyani kwegura.

Uru rwego rushinzwe umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi ruvuga ko igitekerezo cyo kwanga kwitabira ibirori bya FIFA kikiri ku meza, rwongeraho ko rutahawe icyizere ko iyi gahunda ya FFE idashobora kongera kubyutswa.

“Perezida wa FIFA yatowe mu buryo bwa demokarasi n’amashyirahamwe y’abanyamuryango ba FIFA kandi akomeje gukora mu nshingano ze,” ibi byatangajwe na FIFA mu itangazo ryayo ryo ku wa Gatandatu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply