Intumwa za Amerika na Iran zageze mu Busuwisi ahagiye kubera ibiganiro bishya

l321 50711782016854

Ibiganiro bitaziguye hagati ya Amerika na Iran biteganijwe gutangirira mu Busuwisi nubwo Ingabo za Iran zavuze ko zongeye gufunga Umuhora wa Hormuz kubera ibitero bya Israel byibasiye amajyepfo ya Liban. Igisirikare cya Amerika cyamaganye ibyatangajwe n’Igisirikare cya Iran, kivuga ko “umuhora ukomeje kuba nyabagendwa”. Iran yavuze ko iyi nzira yafunzwe mu rwego rwo gusubiza ibitero […]

Minembwe: Ibitero bya FARDC byahitanye abasivili ndetse bisenya inzu nyinshi

UEINJOTPGBH57NGBBV6OOSKM4Q

Ibitero bya FARDC n’abafatanyabikorwa ba yo, kuva kuri uyu wa Kane kugeza kuri uyu wa Gatanu bikomeje guhitana ubuzima bw’inzirakarengane i Minembwe muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ari na ko byangiza imitungo yabo, mu gihe Isi ikomeje kurebera ibyo bamwe bemeza ko ari ibikorwa bigamije gutsemba Abanyamulenge. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na […]

Musanze: Hasojwe amasomo ya ba ofisiye bakuru ba polisi baturutse mu bihugu 10 bya Afurika

HLKswPHWIAAE1Lf

Mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda riherereye mu Karere ka Musanze habereye umuhango wo gusoza icyiciro cya 14 cy’amasomo y’ubuyobozi amara umwaka umwe (Police Senior Command and Staff Course) Iki cyiciro kigizwe n’abanyeshuri 38 bo ku rwego rwa ba Ofisiye Bakuru baturutse mu bihugu 10 byo muri Afurika. Umuyobozi w’ishuri rikuru rya Polisi, CP […]

Ibiganiro bishya byari biteganyijwe mu Busuwisi hagati ya USA na Iran byasubitswe

download

Icyiciro gishya cy’ibiganiro bitaziguye hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran cyasubitswe nyuma y’uko urugendo rwa Visi Perezida JD Vance rwari ruteganyijwe mu Busuwisi rutindijwe. Kuri uyu wa Kane ushize, White House yatangaje ko Vance atazakora urugendo yerekeza mu biganiro. Bije nyuma y’umunsi umwe Amerika ihagaritse ibikorwa byo guhagarika amato ya Iran nyuma […]

Itsinda rya Ofisiye Bakuru baturutse mu Ishuri rya Gisirikare muri Kenya ryasuye RDF

HLHtotgWUAAB05h

Itsinda rya Ofisiye Bakuru baturutse mu Ishuri rya Gisirikare muri Kenya (Kenya Military Academy), riyobowe na Col E. L. Lovega, kuwa Kane ryasuye icyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda rinagirana ikiganiro n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubufatanye Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa. Iri tsinda riri mu Rwanda mu ruzinduko rw’icyumweru, […]

Gen. Muhoozi ugiye kugaruka i Kigali yemeje ko vuba aha aba ari Perezida wa Uganda

hq720

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, ukunze gutangaza ibintu bitavugwaho rumwe ku mbuga nkoranyambaga, kuri uyu wa Gatanu yabyutse atanga ubutumwa bugaragaza byinshi mu hazaza ha politiki ya Uganda n’akarere, ndetse aboneraho kwemeza ko vuba aha agiye kugaruka i Kigali gusura Perezida Kagame. Mu butumwa bwe yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X akunze […]

Fizi: Hakomeje kuba urujijo ku waba agenzura Minembwe Centre hagati ya FARDC na Twirwaneho

FARDC A FIZI MINEMBWE

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 18 Kamena 2026, Igisirikare cya Congo (FARDC) cyatangaje ko kigaruriye Minembwe Centre, muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Minembwe Centre ifatwa nk’icyicaro gikuru cy’abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho ukorana na AFC/M23. Nk’uko byatangajwe na S/Lt Mbuyi Kalonji Reagan, Umuvugizi wa Operation Sukola 2 muri Kivu y’Amajyepfo, kwigarurira […]

Ishyamba si ryeru hagati ya Kallas wa EU na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel

AVWMTJJZ6REBHPPZSKHGOTWOZQ

Visi Perezida wa Komisiyo y’u Burayi, Kaja Kallas yavuze ko aha agaciro “ibiganiro n’imikoranire” na Israel, ariko ntacyo yavuze ku magambo yaba yaravuze agereranya Israel n’ubutegetsi bwa apartheid bwahoze buyobora Afurika y’Epfo. Uyu mudipolomate ukomeye w’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, Kaja Kallas, yatangaje ibi nyuma y’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Sa’ar, avuze ko […]

France: Gen. Nyakarundi yagaragaye mu imurikagurisha mpuzamahanga ry’ibikoresho bya gisirikare

HLCN83wWcAAWXeo 1

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, yagiranye ikiganiro na mugenzi we Gen Pierre Schill, Umugaba w’Ingabo z’u Bufaransa zirwanira ku butaka. Ni ikiganiro cy’umwihariko bagiranye mu gihe bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rya Eurosatory 2026 ribera i Paris ryibanda ku bikoresho n’ikoranabuhanga by’ingabo zirwanira ku butaka n’izirwanira mu kirere. Ikiganiro cyibanze ku […]

Niger: Ku kibuga cy’Indege cya Niamey hongeye kubera imirwano

primopiano 21423

Muri Niger, urusaku rw’amasasu rwamaze amasaha abiri mu gitondo cyo kuri uyu munsi, itariki ya 18 Kamena 2026, hafi y’Ikibuga cy’Indege cya Niamey. Umutuzo wagarutse ariko kuri ubu. Nk’uko RFI ibitangaza, ibikorwa byo gushakisha birakomeje ku kibuga cy’indege, kandi hafi y’ingoro ya perezida n’ibiro bya minisitiri w’intebe hafunzwe. Kuri uyu wa Kane, biravugwa ko urusaku […]

Amafoto: Uko Ingabo z’u Rwanda zirinze Ikibuga cy’Indege cya Malakal zihagaze bwuma

HLAN90 XMAATvoL

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zitabajwe ngo zirinde Ikibuga cy’Indege cya Malakal n’inkengero zaho mu rwego rwo kwirinda abagerageza kugaba ibitero bigamije gusahura imfashanyo zigenewe abaturage. Ibi byatangajwe na UNMISS kuri uyu wa Gatatu, itariki 17 Kamena 2026, mu butumwa yanyujije kuri X. “Kugira ngo […]

Intara ya Somaliland yiyomoye kuri Somalia yafunguye ambasade i Yerusalemu nk’igihugu

17815893181781553214723730961 1567655908053974 2475298919197131995 n

Intara ya Somaliland yitandukanyije n’igihugu cya Somalia yamaze gufungura ambasade i Yerusalemu, nyuma y’amezi atandatu Israel ibaye igihugu cya mbere kiyemeye nk’igihugu cyigenga. Ifungurwa ry’iyo ambasade mu gace kiganjemo ibikorwa by’ikoranabuhanga i Yerusalemu y’Uburengerazuba, ryabaye mu gihe Perezida wa Somaliland Abdirahman Mohamed Abdullahi ari mu ruzinduko rw’akazi muri Israel. Mu nama yagiranye na Perezida wa […]

Minembwe: Umwuka ukomeje kuba mubi nyuma y’ibitero bya FARDC na FDNB

577bdf00 f3a3 11f0 a422 4ba8a094a8fa.jpg

Ibibazo by’umutekano bikomeje guhangayikisha muri Minembwe-Centre, muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma y’ibitero by’Ingabo za Congo n’Ingabo z’u Burundi, zishyigikiwe n’ihuriro ry’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, kuri Minembwe-Centre, igenzurwa n’abarwanyi ba Twirwaneho bifatanye imikoranire na AFC/M23. Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 16 […]

Ishuri ry’ubushakashatsi ku mutekano muri Nigeria riri mu rugendoshuri mu Rwanda

Itsinda ryaturutse mu Ishuri Rikuru ry’Ubushakashatsi ku Mutekano muri Nigeria  riri mu Rwanda mu rugendoshuri rw’icyumweru rugamije gusuzuma isano iri hagati y’imitwe yitwaje intwaro ishingiye ku moko, ihatanira umutungo kamere, n’ibibangamira umutekano w’ibihugu. Iri tsinda ryasuye Minisiteri y’Ingabo ndetse n’Icyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, aho  ryagejejweho ikiganiro n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare […]

Tshisekedi yaraye i Houston aho yitabiriye umukino uza guhuza RDC na Portugal

HK7m6DhWcAA4zvO

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 16 Kamena 2026, Perezida wa Repubulika, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, yaraye i Houston (Texas), muri Amerika. Aherekejwe n’umugore we, Denise Nyakeru, aho bitabiriye umukino w’igikombe cy’Isi, uteganijwe kuri uyu wa Gatatu ku kibuga cya NRG Stadium, hagati y’ikipe ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Portugal, mu mukino wa mbere […]

EASF yateguye inama yo kwemeza inyandiko z’ibikorwa by’ingabo zo mu kirere

HK3Z8rhWQAAzcAd

Umutwe w’Ingabo z’Ibihugu byo mu Burasirazuba bwa Afurika ziteguye gutabara mu bihe bikomeye (EASF) watangije inama y’iminsi itanu i Kigali, kuva ku wa 15 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, igamije kwemeza Inyandiko Ngenderwaho y’ibikorwa bihuriweho by’Ingabo zo mu Kirere , Amabwiriza agenga imikorere, ndetse n’Amasezerano y’ubwumvikane ajyanye n’ibikorwa by’ubutabazi mu bihe by’ibiza n’ibisanzwe. Iyi […]

Kigali: Hatangiye ibiganiro nyunguranabitekerezo ku mushinga wo guhuza inzego za politiki za EAC

55336729058 1f30f0a18d k

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Kamena 2026, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Usta Kaitesi, yafunguye ku mugaragaro ibiganiro nyunguranabitekerezo ku mushinga wo guhuza inzego za politiki z’Umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba (EAC). Muri ibi biganiro, impuguke ziturutse muri EAC zizakusanya ibitekerezo by’Abanyarwanda bo mu ngeri zitandukanye, ku ngingo z’ingenzi bifuza ko uyu […]

Perezida Gnassingbé arashima ingufu Kagame akomeje gushyira mu guhuza Abanyafurika

HK3hCDQWMAAQSbT

Perezida Faure Essozimna Gnassingbé yashimiye umukuru w’igihugu cy’u Rwanda ndetse n’uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Olusegun Obasanjo, kuba bitabiriye inama yiga ku bwikorezi bwo mu kirere ku mugabane wa Afurika izwi nka African Air Transport Convention and Exhibition, yabereye i Lome muri Togo kuri uyu wa Mbere ushize. Mu butumwa yanyujije kuri X kuri uyu […]

Centrafrica: Igisirikare cyamaganye amakuru agishinja gushaka guhirika ubutegetsi

5a2b0a4c7e757403c8c9b5c506dcbdf1

Muri Repubulika ya Centrafrica, Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Centrafrica (FACA) bwamaganye bwivuye inyuma ibirego bibushinja kuba mu mugambi ukekwa wo guhirika ubutegetsi buriho. Hashize iminsi itari mike, ubutumwa bukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu mitwe imwe ya politiki buvuga ko haba hari umugambi wo kugerageza guhungabanya abayobozi. Ni amakuru igisirikare kivuga ko ari ibinyoma […]

Intumwa za RDF ziyobowe na Maj. Gen. Nyakarundi ziri mu Bufaransa

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Major General Vincent Nyakarundi, ziri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itanu i Paris mu Bufaransa, aho ziri kwitabira imurikabikorwa mpuzamahanga mu bya Gisirikare n’Umutekano rya Eurosatory 2026. Eurosatory 2026 yatangiye kuri uyu Mbere ushize, itariki ya 15 Kamena 2026, i Paris ni ryo murikabikorwa rinini […]

Ethiopia: Byibuze abantu 31 bapfiriye mu mpanuka ya bus

skynews ethiopia crash 7274027

Kuri uyu wa Mbere, ikigo cy’itangazamakuru kigenzurwa na leta, Amhara Media Corporation, cyo muri iyi leta, cyatangaje ko, abantu 31 bishwe ubwo bus yagwaga mu mpanga mu karere ka Amhara muri Ethiopia. Iyi bus yari ⁠iturutse i Dessie yerekeza mu murwa mukuru, Addis Abeba, igihe impanuka yabaga, nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru kivugwa hejuru. Igipolisi cyagize kiti: […]

Norvege: Umuhungu w’Igikomangomakazi cy’ikamba yakatiwe imyaka 4 y’igifungo

241119 Marius Borg Hoiby mb 1048 8a795d

Kuri uyu wa Mbere, Urukiko rwa Oslo rwemeje ko umuhungu w’Igikomangomakazi cy’ikamba muri Norvege yakatiwe igifungo cy’imyaka ine nyuma yo guhamwa n’ibyaha bibiri byo gufata ku ngufu. Marius ‌Borg Hoiby yahakanye icyaha kandi ashobora kujuririra icyo cyemezo nk’uko inkuru dukesha Deutsche Welle ivuga. Uyu musore w’imyaka 29 ni umuhungu w’Igikomangomakazi cy’ikamba muri Norvege, Mette-Marit, yabyaranye […]

Ibitero by’ihuriro ry’ingabo za Kinshasa i Rugezi, Ruhinamavi n’ahandi byahitanye abantu

FARDC CAPTURE 1

Kuva ku isaha ya saa kumi n’ebyiri n’iminota 45 z’ijoro ku Cyumweru, itariki ya 14 Kamena 2026, hakomeje ibitero by’urugomo byakozwe n’ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa byibasiye uturere dutuwe cyane twa Bidegu, Rugezi, Mikenke, na Ruhinamavi. Ibyo bikorwa bya gisirikare byakorewe icyarimwe byakoreshejwemo ingabo zirwanira ku butaka, imbunda ziremereye, ndetse na drones za KT-6 […]

Perezida Kagame yakiriye intumwa idasanzwe ya EU ndetse na S/G wa Commonwealth

HKyYN WWMAAl Rn 1

Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, itariki 14 Kamena, muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Amb. Johan Borgstam, Intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi (EUSR) mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Ibiganiro byabo byibanze ku iterambere ry’akarere, harimo kuba hakenewe ingamba zifatika zo gukemura impamvu muzi y’amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo […]

U Bwongereza bwafatiriye ubwato bwikoreye peteroli bw’u Burusiya muri English Channel

14uk tanker 001 jmfq articleLarge

Minisitiri w’Intebe Keir Starmer aravuga ko Ingabo z’u Bwongereza zafashe ubwato butwaye peteroli bw’u Burusiya bwageragezaga kunyura muri English Channel. Kuri iki Cyumweru, Starmer yagize ati: “Iki gikorwa cyagenze neza ⁠⁠cyakubise ikindi kintu ⁠⁠u Burusiya kandi cyibutsa abakomeza guha ingufu ⁠intambara ya Putin muri ⁠⁠Ukraine ko tutuzabemerera kwihisha.” Minisiteri y’Ingabo y’u Bwongereza na yo yemeje […]

Uganda: Gen. Otafiire wahoze ari minisitiri w’umutekano yashinje igipolisi yagenzuraga ubwicanyi 

Maj Gen Kahinda Otafiire in office

Uwahoze ari Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu muri Uganda, Maj. Gen. Kahinda Otafiire, yatangaje ibintu bishobora gufatwa nko kwemerwa mu buryo butaziguye k’umuyobozi mukuru wa guverinoma, ubwicanyi ndengakamere bwakorewe mu gipolisi cya Uganda, asaba uwamusimbuye, Prof. Ephraim Kantu, guhangana n’iki kibazo. Mu butumwa yashyize kuri uyu wa Gatandatu kuri X, Otafiire yaburiye Kantu, uherutse kugirwa […]

Nigeria: Uwahoze ari jenerali yapfiriye mu maboko y’abari bamushimuse

images 49

Muri Nigeria, uwahoze ari jenerali mu gisirikare cy’igihugu yapfiriye aho yari yarafatiwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru byaho. Abubakar yashimutanwe n’umugore we muri Leta ya Katsina mu byumweru bibiri bishize, bashimuswe n’abantu bitwaje imbunda bakekwaho kuba mu mutwe ushimuta abantu kubw’ingurane, uzwi ku izina rya “bandits” cyangwa amabandi. Ibyo guverinoma yavuze Uyu mujenerali wahoze ari umuvugizi […]

Inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo zacakiraniye mu mirwano ikaze i Buhimba

Carte Walikale1

Inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo zacakiraniye mu mirwano i Buhimba, muri Gurupoma ya Waloa Yungu iherereye muri Teritwari ya Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru, kuva ku wa Gatandatu, itariki ya 13 Kamena 2026. Buhimba ni umujyi uherereye ku mupaka uhuza intara za Walikale na Masisi. Amakuru atangazwa na Actualite.cd avuga ko imirwano yabaye nyuma […]

Centrafrica: Abimukira ba mbere birukanwe muri Amerika bageze i Bangui

Muri Repubulika ya Centrafrica, nyuma y’iminsi myinshi yo gutegereza no guhwihwisa, indege ya mbere yari itwaye abimukira birukanwe muri Amerika yageze i Bangui ku mugoroba wo ku wa Gatanu, itariki ya 12 Kamena. Iki gikorwa cyakozwe mu ibanga, kandi amakuru yacyo ntaramenyekana neza. Mu rugendo rw’amasaha 24 rwatangiriye muri Alexandria, muri Louisiana, indege ihagarara bwa […]

U Buhinde: Ba O/Cdts Elie Ndagijimana na Fils Niyikiza basoje neza amasomo muri IMA

HKqP2GHaoAALTCT

Perezida w’u Buhinde, Droupadi Murmu, kuri uyu wa Gatandatu ushize yayoboye umuhango wo gusoza amasomo ya gisirikare mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’u Buhinde riherereye Dehradun. Aya masomo yari icyiciro cya 158 cy’amasomo asanzwe n’icyiciro cya 141 cy’amasomo ya tekiniki yanitabiriwe n’Abanyarwanda babiri basoje neza. Abasirikare b’u Rwanda basoje amasomo ni O/Cdt Elie Ndagijimana na […]

Minembwe: Ibitero bya Sukhoi byahitanye abantu ndetse bisenya ingo z’abaturage

HKnkkvkXwAAs g2

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 12 Kamena 2026, ku isaha ya 10:30 z’igitondo ndetse no ku isaha ya 2:45 z’amanywa, ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zateye ibisasu muri centre ya Minembwe hakoreshejwe indege z’intambara za Sukhoi-25, abantu benshi babigenderamo ndetse amazu menshi arasenyuka. Biravugwa ko hari imiryango yatabwe mu matongo kubera ibyo bitero nk’uko […]

Abasirikare b’u Burundi bishe abapolisi 3 b’Abanyekongo

amvs H8g7P5clZ2S

Abapolisi batatu bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bishwe mu ijoro ryo ku wa Kane, rishyira kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 12 Kamena 2026, nyuma kurasirwa n’Ingabo z’u Burundi ku mazi y’Ikiyaga cya Tanganyika. Abapolisi bishwe bari ku irondo ku Kirwa cya Ubwari, ahitwa Mizimu muri Gurupoma ya Ubwari nk’uko amakuru agera kuri […]

Mu bimukira 15 boherejwe muri RDC bavuye muri Amerika hasigaye umwe

69e91ec10cc3e.image

DRC irimo gusuzuma ingaruka z’amasezerano y’abimukira yagiranye na Washington. Itsinda rya mbere ry’abantu, bakomoka muri Peru, Colombia, na Equateur, bageze i Kinshasa ku itariki ya 17 Mata. Hafi ya bose ariko barahavuye. Nk’uko Minisitiri w’intebe wungirije Jacquemain Shabani abitangaza, ngo mu bimukira cumi na batanu birukanwe muri Amerika kandi bageze i Kinshasa ku itariki ya […]

Umutoza Jose Mourinho yasubiye muri Real Madrid

GettyImages 2257917550.jpg

Ikipe ya Real Madrid yemeje ko yagaruye Jose Mourinho nk’umutoza mukuru. Uyu munya-Portugal w’imyaka 63 yemeye amasezerano y’imyaka itatu, azatangira akazi tariki 13 z’ukwezi gutaha kwa Nyakanga. Real yishyuye Benfica miliyoni 15 z’ama-euro y’ikiguzi ku masezerano Mourinho bita ‘The special one’ yari agifite muri iyo kipe y’iwabo. Agarutse i Bernabeu nyuma y’imyaka 13 ahavuye nk’umutoza […]

U Rwanda rurashima umubano warwo ugenda ukura na Zimbambwe

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe yifatanyije na Ambasade ya Zimbabwe i Kigali mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 46 y’ubwigenge bwa Repubulika ya Zimbabwe. Mu ijambo rye, yashimye ubufatanye bugenda bwiyongera hagati y’u Rwanda na Zimbabwe mu nzego z’ingenzi zirimo uburezi, ingufu, amahoro n’umutekano, ubuhinzi, ubucuruzi, na diplomasi. Yashimye kandi […]

Juba: Abasirikare b’u Rwanda batanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu ku baturage barenga 200

HKjqE1GX0AAoHtY

Ingabo z’u Rwanda zigize Rwanbatt-1 hamwe n’abapolisi b’u Rwanda (RWA-FPU III) bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, ku bufatanye n’ Umuryango witwa Society for Family Health, kuwa Kane, batanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu ku baturage barenga 200 bo mu gace ka Gudele i Juba muri Sudani y’Epfo. Iki gikorwa kirakomeza uyu munsi n’ejo, […]

I Buruseli: Louise Mushikiwabo yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi

HKh9yMjWoAA5lie

Kuri uyu wa Kane, itariki 11 Kamena 2026, Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi,Maxime Prévot, yakiriye Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie, Louise Mushikiwabo, washimye ubufatanye bwiza hagati y’Ubwami bw’u Bubiligi na OIF (Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa). Ibiganiro byibanze ku byo Francophonie ishyize imbere mbere y’inama ya Phnom Penh, ndetse no ku […]

Johannesburg: Abantu 12 biciwe mu gitero cy’abantu bitwaje intwaro

6a29416d39dbf.image

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri ushize, byibuze abantu 12 barapfuye abandi icyenda barakomereka ubwo abantu bitwaje imbunda barasaga mu gace gatuwe cyane n’abakene muri Cleveland, mu burasirazuba bwa Johannesburg, nk’uko byatangajwe na polisi ku wa Gatatu. Polisi mu itangazo ryayo yatangaje ko batangiye guhiga abantu barenga 10 bakekwa nyuma y’igitero cyagabwe mu gace ka […]

Umuvugizi wungirije wa RDF yagaragaje uburyo yubaka icyizere mu Banyarwanda

HKeFMSPXcAAbAF2

Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Lt Col Simon Kabera, kuwa Gatatu yifatanyije na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, ndetse na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, mu kiganiro nyunguranabitekerezo cyabereye mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), wabereye muri Kigali Golf Resort and Villas i Nyarutarama. Iki kiganiro cyibanze ku byihutirwa biri […]

Abamaze kwiyandikisha muri sisitemu ya e- ndangamuntu bageze kuri 90%

90534

Abamaze kwiyandikisha muri sisitemu y’Indangamuntu Koranabuhanga (e-Indangamuntu) baratanga icyizere kuko mu Ntara abaturage bamaze kwitabira bageze ku gipimo cya 98% nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC).  Muvunyi Prince ushinzwe irangamimerere muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, yavuze ko aho abantu bitabiriye gahunda yo kwiyandikisha muri sisitemu e-Indangamuntu mu Mujyi wa Kigali byageze kuri 98% mu gihe […]

Amerika igiye guha ibihugu birimo u Rwanda miliyoni 20$ yo guhangana na Ebola

Ebola

Leta ya Amerika yatangaje miliyoni 20 z’amadorali yo gutera inkunga ibikorwa byo kwitegura guhangana na Ebola mu Burundi, Kenya, u Rwanda, na Sudani y’Epfo; igiteranyo kikaba kimaze kuba miliyoni zirenga 220 Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimaze gushora muri uru rugamba. Nk’uko byatangajwe na department ya Leta kuri uyu wa Gatatu, itariki 10 Kamena, ibinyujije […]

Muhanga: Umugabo w’imyaka 54 akurikiranweho kwica mushiki we

ingoro y ubutabera y urukiko rwisumbuye rwa muhanga 1f851

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bukurikiranye umugabo w’imyaka 54 y’amavuko ukekwaho kwica mushiki we w’imyaka 66 y’amavuko amukubise igifunga cy’isuka mu mutwe bapfa amakimbirane ashingiye ku mitungo.  Icyaha akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 16/05/2026 mu Mudugudu wa Nyabisindu, Akagari ka Mutara, Umurenge wa Mwendo, mu Karere ka Ruhango ubwo uregwa yasangaga mushiki we mu […]

AFC/M23 yateye utwatsi ibirego bya HRW

FB IMG 1765893512071

Ihuriro rya AFC/M23 ryamaganye ryivuye inyuma raporo yasohowe na Human Rights Watch kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 10 Kamena 2026, isanga ari inyandiko ibogamye cyane, yatoranyije, irangwa n’ibintu bidasobanutse neza, kandi idahuye n’ukuri kuri aho ibintu bibera. Mu itangazo yashyize ahagaragara ivuga kuri iyi raporo, AFC/M23 ivuga ko uyu muryango, uvuga ko urengera uburenganzira […]

Amerika yasabye u Bubiligi gukumira Abanyekongo

7779218

Kuri uyu wa Gatatu, ikinyamakuru De Morgen na Het Laatste Nieuws cyatangaje ko Amerika yasabye u Bubiligi, binyuze kuri Ambasaderi Bill White, gushyiraho icyemezo cyo kubuza abenegihugu ba Congo kwinjira muri iki gihugu mu rwego rwo kurwanya icyorezo cya Ebola. Abadipolomate b’Abanyamerika bakorera mu Burayi bemeje ko bahawe amabwiriza na Washington yo kuburira ibihugu bakoreramo. […]

HRW yongeye kugaba igitero ku Rwanda

b0e808d0 dfc6 11ef b19c 01e477466c43.jpg

Raporo y’umuryango utegamiye kuri leta uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW), yasohotse kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 10 Kamena, irashinja ihuriro AFC / M23 n’Ingabo z’u Rwanda gukora ibyaha byinshi, bavuga ko ari ibyaha by’intambara, mu nkambi ebyiri za gisirikare ziri muri Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa DRC. Iyi raporo ivuga ko nyuma y’ifatwa ry’Umujyi […]

Paris: Hatangiye urubanza mu bujurire rwa Eugene Rwamucyo wakatiwe imyaka 27 y’igifungo

749ea680 9710 11ef a41c dd1648bd8502.jpg

Urubanza rw’ubujurire rw’Umunyarwanda Eugène Rwamucyo rwatangiye kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 9 Kamena, i Paris mu Bufaransa. Uyu wahoze ari umuganga mu Rwanda, ubu ufite imyaka 67, yakatiwe mu Kwakira 2024 igifungo cy’imyaka 27 n’urukiko rw’i Paris, cyane cyane kubera ubufatanyacyaha muri jenoside no kugira uruhare mu byaha byibasiye inyokomuntu mu gihe cya Jenoside […]

Minisitiri w’ubucuruzi yasabwe gukemura ikibazo cy’igiciro cy’amazi n’amashanyarazi kikiri hejuru

HKY4ReBXAAA4ibr

Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, kuwa Kabiri, yagejejweho na Minisitiri w’Ubucuruzi, Sebahizi Prudence, Politiki y’Inganda (2024–2034) igamije kwihutisha iterambere ry’ubukungu bushingiye ku nganda zifite ubushobozi bwo guhatana ku isoko mpuzamahanga. Mu bitekerezo Abadepite batanze byafasha kunoza ishyirwa mu bikorwa ryayo harimo: Gukurikirana ibibazo by’inganda zimwe zikora munsi y’ubushobozi bwazo; Gukemura ikibazo cy’igiciro cy’amazi n’amashanyarazi kikiri hejuru […]

RDC: Col. Makelele wa FARDC wayoboraga ingabo muri Fizi yirashe

HKbo3HLWsAA1bTD

Umwe mu basirikare bakuru ba FARDC wayoboraga ingabo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo yasanzwe yirashe yenda gupfa ajyanwa kwa muganga aho arimo gukurikiranirwa hafi nyuma y’uko amakuru ya mbere yavugaga ko yapfuye nyuma yo gufata icyemezo cyo kwiyambura ubuzima. Amakuru yatangajwe mbere na Kivu Morning Post dukesha iyi nkuru, avuga ko Colonel Makelele, wari komanda […]

Kenya: Uwigaragambya yarasiwe mu kigo cy’akato cy’Abanyamerika cyagenewe Ebola

AP26160441380177 1781017014

Uwigaragambyaga yarasiwe mu myigaragambyo mu mujyi wa Nanyuki muri Kenya yo kwamagana iyubakwa ry’ikigo cy’akato cya Ebola kigenewe Abanyamerika, nkuko ababibonye babibwiye abanyamakuru. Umukuru w’imyigaragambyo yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko polisi yishe irashe uwigaragambyaga. Polisi nta cyo yari yatangaza. Amatsinda y’abigaragambyaga, bazunguzaga amabendera ya Kenya, bafite ibyapa ndetse bafite isanduku yanditseho ijambo “Ebola” ku ruhande, […]

Masisi: Ibitero bya FARDC byahitanye umusaza n’umwana w’imyaka 13

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 9 Kamena 2026, saa 01:05 za mu gitondo, ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye igitero ku gace gatuwe cyane ka Gasenyi, muri Teritwari ya Masisi. Iki gitero cyahitanye umusaza w’imyaka 80 n’umuhungu w’imyaka 13. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23, ngo abandi baturage benshi bakomeretse, mu gihe […]

RDC: Ihuriro C64 riravuga ko ryamaze gukusanya ibimenyetso bishinja Tshisekedi

bitmap 1200 nocrop 1 1 20231205014423647424 IMG 20231204 WA0064

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 8 Kamena, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri RDC, Delly Sesanga, mu kiganiro kuri Space ya X cyateguwe n’umunyamakuru Stanis Bujakera, yagize icyo avuga ku bijyanye n’isubikwa ry’itangwa ry’ikirego ihuriro C64 riteganya kurega umukuru w’igihugu, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bashinja gukorera coup d’etat Itegeko Nshinga. Sesanga yemeza ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi […]

ICC: Umushinjacyaha Mukuru Karim Khan yirukanwe ku nshingano ze

4296

Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), Karim Khan, yahagaritswe ku mirimo ye kandi bihita bitangira kubahirizwa nk’uko urwego nyobozi rw’urukiko rwatangaje ku wa Mbere mu masaha akuze. Ihagarikwa rya Khan rije nyuma y’amezi 18 y’iperereza ryakozwe ku nkuru z’umuntu umwegereye wamushinje imyitwarire y’ubusambanyi. Mu kugira icyo bavuga kuri iki cyemezo abunganira Khan bavuze ko “kinyuranyije […]

Hatangiye umwiherero wo gusuzuma ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu ngabo

HKUFEZ4X0AAVSGy

Ingabo z’u Rwanda (RDF), Urwego rushinzwe uburinganire n’ubwuzuzanye bw’ abagore n’ abagabo mu Ngabo z’igihugu batangije umwihererero w’iminsi itatu, ufite insanganyamatsiko igira iti: “Iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire no guteza imbere ubwuzuzanye mu Ngabo z’u Rwanda.” Uyu mwiherero urimo kubera mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’u Rwanda  i Gako mu Karere ka Bugesera, ukaba wahuje Ofisiye n’abandi […]

Umusifuzi mu Gikombe cy’Isi yirukanwe akigera muri Amerika

2253561231 GI

Umusifuzi wo muri Somalia, Omar Abdulkadir Artan, byari biteganyijwe ko azitabira Igikombe cy’Isi cya 2026, gitangira kuri uyu wa Kane utaha, yasubijwe inyuma akigera ku butaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Kuri uyu wa Mbere ushize, umuyobozi muri Somalia yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ko Abdulkadir yasubijwe inyuma agikandagira ku butaka bwa Amerika. Impamvu […]

RDC: Abantu 12 bakize ubwoko bushya bwa Ebola

260604 img ebola rdc congo

Abayobozi mu nzego z’ubuvuzi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) batangaje ko abantu 12 bakize ubwoko bushya bwa Ebola buzwi nka Bundibugyo, ariko ko abarwayi 283 bakirimo kwitabwaho mu turere 25 tw’ubuvuzi two mu ntara za Kivu zombi na Ituri. Ibizamini bya laboratwari byagaragaje ko ibipimo 515 ( abantu 515 ) byagaragayemo Ebola kuva […]

RDC: Col. Mambweni wari warakatiwe imyaka 10 y’igifungo yakatiwe urwo gupfa mu bujurire

zaida catalan et michael sharp pht ks 08 juin 2026 png 711 473 1

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwatanze umwanzuro ku rubanza ku iyicwa  ry’impuguke za Loni, Umunyamerika Michael Sharp, na Zaida Catalan, wari ufite ubwenegihugu bwa Suede na Chili. Aba bishwe muri Werurwe 2017 ubwo barimo gukora iperereza ku ihohoterwa ryabereye mu Ntara ya Kasai nyuma y’imyivumbagatanyo y’imitwe yitwara gisirikare ya Kamwina Nsapu, yahagaritswe n’inzego z’umutekano. Uru rubanza […]

Ibihugu bya Israel na Iran byongeye kurasanaho bwa mbere kuva muri Mata

Streaks of light and a flying aircraft illuminate the sky during an interception attempt amid the U.S. Israeli conflict with Iran as seen from Tel Aviv Israel March 21 2026. REUTERSAmir Cohen

Igisirikare cya Israel kiravuga ko cyagabye ibitero ku bitero ku bikorwa bya gisirikare mu burengerazuba no hagati muri Iran, nyuma yo kuburira ko bazihorera ku gitero cya mbere cya Iran cyagabwe kuri Israel kuva muri Mata. Nk’uko ibitangazamakuru byinshi bibitangaza, ngo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yabanje gusaba Minisitiri w’Intebe wa […]

Kivu y’Amajyepfo: Ibitero bya FARDC byahitanye abasivili abandi barakomereka

maxresdefault 3

Ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo riravugwaho kugaba ibitero byahitanye abasivili ndetse abandi barakomereka mu bice bitandukanye bigenzurwa na AFC/M23 mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga ko, “Ku cyumweru, itariki ya 7 Kamena 2026, hagati ya saa cyenda n’iminota 15 na saa cyenda n’iminota 50 z’umugoroba, […]