Kivu y’Amajyepfo: FARDC iri gusubira mu bice AFC/M23 yavuyemo

765a3890 6208 11f0 a40e a1af2950b220.jpg

Ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) ziri gusubira mu midugudu yavuyemo abarwanyi ba AFC/M23 nyuma yo kuva mu Kibaya cya Rusizi. Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Operation Sukola 2 muri Kivu y’Amajyepfo, ngo iyi midugudu irimo Sange, Nyakerebe, na Luberizi, ndetse na Kitidia, Katoto, Mulenge, na Lemera, iherereye mu misozi ya Uvira. Lt. […]

Latvia: Minisitiri w’ingabo yeguye kubera drones zavogereye igihugu cye

KUQSZQIVSNP5LLB5G7DORUA244

Minisitiri w’ingabo muri Latvia, Andris SprĆ«ds, yeguye ku mirimo ye nyuma y’uko indege zitagira abadereva zo muri Ukraine zinjiye mu kirere cy’iki gihugu zivuye mu Burusiya mu cyumweru gishize imwe igwa ku kigo kibikwamo peteroli. Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu cyo muri Baltique, Evika SiliƆa, yavuze ko yamusabye kuva ku butegetsi kuko “byagaragaje ko ubuyobozi bwa […]

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda ari muri Uganda

HIB7foXXMAA0w17

Minisitiri w’Intebe, Justin Nsengiyumva yageze i Kampala mu gihugu cya Uganda aho yagiye guhagararira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Yoweri Kaguta Museveni, Perezida watowe wa Repubulika ya Uganda, uteganyijwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 12 Gicurasi 2026.     Usibye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, undi muyobozi wamaze kwakirwa muri Uganda witabiriye […]

Rulindo: RDF, RNP na FHF byatangije gahunda yo kuvura indwara z’amaso

HH B2ZWWMAAMzcX

Ingabo na Polisi by’u Rwanda (RDF) ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima (MoH) hamwe na Fondasiyo ya Fred Hollows yo mu Rwanda (FHF), uyu munsi batangije gahunda yo kuvura indwara z’amaso no kubaga indwara y’ishaza ifata amaso ku Bitaro bya Kinihira biherereye mu Karere ka Rulindo, mu Ntara y’Amajyaruguru, muri gahunda ikomeje y’ibikorwa by’Ingabo na Polisi […]

Abunganira Gen. Yav ushinjwa gukorana n’u Rwanda biyemeje gusenya ibirego ashinjwa

G9 XlCsXgAEwTpz

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu rubanza rwa Lt. Gen. PhilĂ©mon Yav Irung imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Kinshasa, Umugenzuzi Mukuru wa FARDC ku itariki 7 Gicurasi yasabiye igifungo cya burundu uyu musirikare mukuru ukurikiranweho icyaha cy’ubugambanyi kubera gukekwaho gukorana n’Ingabo z’u Rwanda mu gihe abamwunganira bemeza ko nta kimenyetso na kimwe gifatika […]

Maroc: Umusirikare wa Amerika muri 2 baburiwe irengero yabonetse ari umurambo

images 8

Itsinda ry’abashakisha ryavumbuye umurambo w’umwe mu basirikare babiri ba Amerika waburiwe irengero mu ntangiriro z’uku kwezi hafi y’aho bakoreraga imyitozo i Cap Draa, muri Maroc, mu gihe undi musirikare agishakishwa. Abashakashatsi bo muri Maroc kuwa Gatandatu basanze umurambo w’umwe mu basirikare babiri ba Amerika mu mazi ⁠ku kirometero 1.6 uvuye aho uyu musirikare yaburiye ku […]

Kivu y’Amajyepfo: AFC/M23 yavuye mu bice byinshi yagenzura isubira inyuma

e1c4e35 ftp import images 1 0wpm48n6da2x 2025 03 17t090451z 1916564753 rc204dat31zp rtrmadp 3 congo security

Abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 mu mpera z’icyumweru bakuye ibirindiro byabo mu duce twa Sange, Bwegera, Luberizi, Luvungi, Kabunambo n’inkengero zaho bakerekeza mu mujyi wa Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umunyamakuru wigenga ukorera muri Kivu y’Epfo hamwe n’umwe mu bakuriye sosiyete sivile muri teritwari ya Walungu babwiye BBC ko M23 n’abategetsi bayo batangiye kuva muri […]

Ibyo wamenya ku ndwara ya Hanta Virus ikomeje gutera impungenge

images 7

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) kiratangaza ko gikomeje gukurikiranira hafi indwara ya Hanta Viris ikomeje guteza impungenge ku mugabane w’u Burayi. Mu butumwa cyanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X kuri iki Cyumweru, RBC yagize iti: “Inzego z’ubuzima mu Rwanda zirimo gukurikiranira hafi uko indwara ya Hanta Virus iherutse kugaragara muri bimwe mu bihugu […]

Burundi: Biyemeje kuzamura dosiye y’indege ya perezida imaze imyaka 10 iparitse i Madrid

HH8fBVfX0AAgyzG

Kimwe mu bitangazamakuru byo mu gihugu cy’u Burundi kiyemeje kongera gufungura dosiye y’indege y’umukuru w’igihugu igiye kumara imyaka 10 yaraheze ku kibuga cy’indege cyo mu gihugu cy’i Burayi yarahapfiriye. Indege ya Perezida w’u Burundi yo mu bwoko bwa Gulf Stream 4 yaheze ku kibuga cy’indege i Madrid muri Espagne, aho yagiye gukoreshwa ariko bigaragara ko […]

Ibitangazamakuru 9 byo mu Bufaransa byahagaritswe muri Niger

0b154cb upload 1 pv34m3vszuf6 000 1fi1mc

Igihugu cya Burkina Faso, umufatanyabikorwa w’abaturanyi, Niger na Mali, mu Ihuriro ry’Ubumwe bw’ibihugu bya Sahel (AES), byose biyobowe n’abasirikare, kuwa Kabiri cyabujije TV5 Monde kongera gukorera mu gihugu. Kuri uyu wa Gatanu, ushize igihugu cya Niger kiyobowe n’abasirikare kidacana uwaka n’ibihugu byo mu burengerazuba muri iki gihe, cyari cyahagaritse ibitangazamakuru icyenda byo mu Bufaransa bishinjwa […]

Arashaka guhindura itegeko nshinga? Azabikore niba ari akagabo – Corneille Nangaa

hq720

“Arashaka guhindura itegeko nshinga? Azabikore niba ari akagabo”, ibi ni ibyatangajwe n’Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ubwo yavugaga ku magambo aherutse gutangazwa na Tshisekedi aca amarenga ko yiteguye kuyobora manda ya gatatu binyuze mu guhindura itegeko nshinga rya RDC. Mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa Gatandatu ushize, Umuhuzabikorwa wa AFC/M23 yerekanye ko ikiganiro Perezida Tshisekedi aherutse gutanga […]

RDC: Fayulu yijeje kwitambika Tshisekedi mu gihe yagerageza kuyobora manda ya gatatu

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro rya politiki rya LAMUKA, Martin Fayulu, yemeje kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki ya 8 Gicurasi, ko afite umugambi wo gukangurira abaturage kurwanya icyifuzo icyo ari cyo cyose cyo kongera manda ya perezida binyuranyije n’itegeko nshinga. Ibyo yabitangaje nyuma y’umunsi umwe Perezida FĂ©lix Tshisekedi agiranye ikiganiro n’abanyamakuru i Kinshasa, akagaragaza ko afite inzozi […]

Burundi: Amashyaka 5 ya opozisiyo arateganya kutazitabira amatora yo mu 2027

p0frzkgm

Itariki y’amatora y’umukuru w’igihugu mu Burundi, yashyizwe ku wa 3 Gicurasi 2027, yatangajwe ku wa Gatanu, itariki ya 8 Gicurasi 2026, na Komisiyo Yigenga y’Amatora (CENI), ariko mu itangazo ryahurijwe hamwe, amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi CNL, UPRONA, CODEBU, DCP, na FRODEBU yasabye ko hategurwa ibiganiro hagati y’abanyagihugu nka kimwe mu bisabwa kugira ngo habe amatora […]

Col Migambi yifatanyije n’abagize Ishyirahamwe ry’umukino wa Golf mu mugoroba wo kwibuka

HH6cPhSXcAM ZvX

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki 9 Gicurasi, Col DĂ©sirĂ© Migambi Mungamba, Umuyobozi ushinzwe ubufatanye bw’ ingabo n’abaturage, yifatanyije n’abanyamuryango b’Ishyirahamwe ry’umukino wa Golf (Rwanda Golf Union) mu mugoroba wo kwibuka no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Igikorwa cyo Kwibuka cyabereye mu cyanya cy’ umukino wa Golf, Kigali, i Nyarutarama. Mu ijambo […]

Festus Mogae wabaye Perezida wa Botswana yapfuye ku myaka 86

Festus Mogae NewsAll

Festus Mogae wabaye Perezida wa Botswana igihe cy’imyaka 10 agashimirwa cyane imiyoborere myiza n’urugamba rwo kurwanya SIDA, yapfuye kuri uyu wa Gatanu afite imyaka 86, nk’uko byamejwe na leta yahise itangaza icyunamo cy’iminsi itatu. Mogae yategetse iki gihugu gikungahaye kuri diyama kuva mu 1998 kugeza mu 2008 aha ubutegetsi uwari visi perezida we Ian Khama […]

Rutshuru: Abakada basaga 400 ba AFC/M23 basoje ingando i Kanombe

HHu NYJXMAEfvtS

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 7 Gicurasi 2026, abakada 416 bo mu rwego rw’ibanze ba AFC / M23 bashoje amahugurwa ya politiki na gisirikare, yabereye i Kanombe, muri Teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Umuhango wo gusoza uzwi ku izina rya “pass-out”, wari uyobowe na Bertrand Bisimwa, Umuhuzabikorwa wungirije wa AFC / […]

Ethiopia: Umugore wari umaze imyaka 12 yarabuze urubyaro yabyaye batanu icyarimwe

c1e036af b556 4233 bac7 047836c3f3a2

Mu gihugu cya Ethiopia habaye ibintu bidasanzwe, aho mu karere ka Harari umugore yabyaye abana batanu b’impanga nyuma y’imyaka 12 agerageza kubyara ariko yarabuze urubyaro. Uyu mugore witwa Bedriya Adem yavuze ko we n’umugabo we “bishimiye cyane” “guhabwa umugisha w’abana batanu icyarimwe”. Ibitaro yabyariyemo byavuze ko uyu mugore w’imyaka 35 yabyaye abahungu bane n’umukobwa mu […]

Buruseli: Nyuma ya Amerika abayobozi ba RDC bagiye gusaba na EU gufatira ibihano RDF

HHulBS5XEAIfYHd

Nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifatiye ibihano Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) zigishinja kugira uruhare mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Congo, kuri ubu abayobozi b’iki gihugu bakomeje no gusaba Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi gutera ikirenge mu cya Amerika na wo ugafatira ibihano RDF. Ni muri urwo rwego kuri uyu wa Gatatu ushize, Minisitiri […]

Amb. Festus Bizimana yashyikirije Perezida Goita inyandiko zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Mali

HHvM QHWUAMRWU

Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 7 Gicurasi 2026, Ambasaderi Festus Bizimana yashyikirije Perezida Assimi GoĂŻta inyandiko zimwemerera guhagararira Repubulika y’u Rwanda mu gihugu cya Mali, mu muhango wabereye i Bamako. U Rwanda na Mali byishimira umubano mwiza kandi ukomeye hagati y’ibihugu byombi ushingiye ku bucuti, ubufatanye, ndetse n’umugambi uhuriweho wo kurushaho gushimangira ubufatanye […]

Ituri: Igitero cya ADF cyahitanye nibura abaturage 15

bitmap 1200 nocrop 1 1 20220528081527407871 Mambasa BON

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 7 Gicurasi 2026, abantu bagera kuri cumi na batanu bishwe, mu gitero cyitiriwe inyeshyamba za ADF i Biakato, centre y’ubucuruzi iherereye muri Teritwari ya Mambasa mu Ntara ya Ituri. Amakuru avuga ko abagabye igitero kuri uyu wa Kane ushize mu mujyi wa Biakato bakigabye ku manywa y’ihangu, bituma abaturage […]

Instagram irahagarika uburyo bwo kohererezanya ubutumwa bwite muri DM

v4 460px Flirt on Instagram Dms Step 4

Abakoresha Instagram ntibazongera gushobora kohererezanya ubutumwa bwite muri DM, kuko uburyo bwa End-to-End Encryption (E2EE) buhagarikwa ku bayikoresha ku Isi hose kuri uyu wa Gatanu. Gukuraho ubu buryo bwo kurinda ubutumwa ni impinduka ikomeye izanywe na sosiyete ya Meta, ubundi yari yarigeze kuvuga ko iri koranabuhanga ari ryo rwego rwo hejuru mu kurinda ubuzima bwite […]

Botswana: Perezida Kagame yasoje uruzinduko rwe nyuma yo gusura uruganda rutunganya diyama

HHu q6RWgAEgqPi

Kuri uyu wa Kane, itariki 7 Gicurasi 2026 nibwo Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yasoje urugendo rwe rw’akazi rw’iminsi 2 mu gihugu cya Botswana, nyuma yo gusura uruganda rutunganya amabuye y’agaciro ya diyama iki gihugu cy’inshuti gikungahayeho. Perezida Duma Boko wa Botswana yasezeye kuri Perezida Kagame ubwo yasozaga uruzinduko rwe rw’iminsi ibiri yagiriye muri Botswana, […]

Burundi: Isoko rya Kinama ryafashwe n’inkongi ikomeye y’umuriro

HHtpaKJXwAIheCO

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 7 Gicurasi 2026, wari umunsi uteye ubwoba ku bacuruzi bo mu isoko rya Kinama riherereye muri Zone ya Kinama muri Komini Ntahangwa, mu Ntara ya Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi nyuma y’uko ryibasiwe n’inkongi y’umuriro ikomeye. Abatangabuhamya bavuga ko inkongi y’umuriro yatangiye ahagana mu ma saa 8h15 za mu […]

Masisi: Igitero cya drone ya FARDC cyahitanye abasivili i Kalenga

images 6

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 7 Gicurasi 2026, ku isaha ya saa 1h20, ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye igitero simusiga zikoresheje drone mu gace ka Kalenga gatuwe cyane, gaherereye muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ihuriro AFC/M23 rivuga ko “Iki gitero cyahitanye abasivili benshi kandi bituma abaturage benshi bahunga.” […]

Sudani: Umugaba Mukuru wa RSF aravuga ko amaze kugira ingabo 450,000

129535711 gettyimages 1242424982 976

Kuri uyu wa Gatatu ushize, Umuyobozi w’Umutwe wa Rapid Support Forces (RSF), Mohamed Hamdan Dagalo, uzwi ku izina rya Hemetti, yongeye gushimangira yiteguye gukomeza ibikorwa bya gisirikare byo kurwanya Ingabo za Sudani, ashinja ubuyobozi bwa gisirikare buyoboye igihugu kuba nyirabayazana y’amakimbirane akomeje ndetse no kunanirwa kugera ku mahoro. Yaboneyeho kwemeza ko ubu afite ingabo 450,000 […]

Tunisia: Uwahoze ari minisitiri w’ubutabera yakatiwe imyaka 20 y’igifungo

000 9VN3M9

Urukiko rwo muri Tunisia rwakatiye uwahoze ari Minisitiri w’ubutabera, Noureddine Bhiri, umuntu wo ku rwego rwo hejuru mu ishyaka rya Ennahda, igifungo cy’imyaka 20 mu rubanza aregwamo “korohereza kubona pasiporo n’inyandiko z’ubwenegihugu abanyamahanga” nk’uko ibitangazamakuru bya leta bibitangaza. Uru rubanza rushingiye ku birego byo “guhimba pasiporo n’inyandiko z’ubwenegihugu byahawe abanyamahanga bashakishwaga mu manza zifitanye isano […]

Koreya ya Ruguru ivuga ko idateganya kureka intwaro zayo za kirimbuzi cyangwa guhagarika kuzicura

2026 02 18t224620z 1112044786 rc2lojayp9n9 rtrmadp 3 northkorea politics

Koreya ya Ruguru yashimangiye ko itazareka intwaro zayo za kirimbuzi, isobanura ko icyemezo yafashe kidashobora guhinduka kandi iniyemeza kongera ubushobozi bwayo. Kuri uyu wa Kane, ibitangazamakuru byatangaje ko Ambasaderi wa Koreya ya Ruguru mu Muryango w’Abibumbye yavuze ko igihugu cye kitagengwa n’amasezerano yo kudakwirakwiza intwaro za kirimbuzi  (NPT) ndetse ko igitutu cy’amahanga kitazahindura kuba ari […]

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana – Amafoto

HHqhZFQXEAUzkDN 1

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, itariki 6 Gicurasi, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriwe ku meza naPerezida wa Botswana, Duma Boko, nyuma y’umunsi w’ibiganiro n’isinywa ry’amasezerano atandukanye y’ubufatanye. Perezidansi ya Botswana ibinyujije kuri X yatangaje ko Perezida Duma Boko yakiriye ku meza Perezida Paul Kagame mu rwego rwo kumuha icyubahiro mu […]

Umugande n’Abanyanijeriya 2 bafatanwe ibikoresho bya gisirikare

Abategetsi ba Uganda bataye muri yombi abakekwaho kuba abanyabyaha mpuzamahanga, barimo umwe utuye muri Paruwasi ya Gasiza, mu Murenge wa Nyakabande mu Karere ka Kisoro, hamwe n’abenegihugu babiri ba Nigeria. Ifatwa ryakurikiye umuburo wa Polisi Mpuzamahanga (Interpol) hamwe n’amakuru yatanzwe n’abaturage ku myitwarire iteye inkeke babonaga. Umuvugizi wa Minisiteri y’umutekano imbere mu gihugu, Simon Peter […]

Andry Rajoelina wahoze ari Perezida wa Madagascar agiye kuburanishwa

imageresize

Kuva mu Kuboza, Andry Rajoelina wahoze ari Perezida wa Madagascar ategereje kwiregura ku birego byatanzwe n’urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko. Bivuze ko azaburanishwa adahari kuko ari mu buhungiro kuva yahirikwa ku butegetsi mu 2025. Ni ibirego byo kunyereza umutungo, ikoreshwa ry’amafaranga akoreshwa na leta ritavugwaho rumwe, hamwe n’ibyemezo yafashe mu gihe bitera cya Covid. Nk’uko […]

Kinshasa: Icyicaro cy’ishyaka PPRD rya Kabila cyatwitswe n’abayoboke ba UDPS

pprd siege parti incendie par udps militants pht ks 05 mai 2026 jpeg 711 473 1

Umujinya ukomeje kwiyongera muri sosiyete sivili ya Congo nyuma y’itwikwa ry’icyicaro cy’Ishyaka ry’Abaturage riharanira Kwiyubaka na Demokarasi (PPRD), ishyaka ry’uwahoze ari perezida, Joseph Kabila, i Kinshasa.  Ku wa Kabiri, itariki ya 5 Gicurasi, abanyamakuru ba Radio Okapi basuye aho hantu, babonye ibimenyetso bigaragara by’umuriro ku nyubako irimo icyicaro cy’ishyaka, giherereye kuri Boulevard ya Sendwe mu […]

Sudani irashinja Ethiopia na UAE kugira uruhare mu gitero cya drones ku Kibuga cy’Indege cya Khartoum

Ingabo za Sudani zashinje Ethiopia na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu kugira uruhare mu gitero cy’indege zitagira abapilote ku Kibuga cy’Indege cya Khartoum, kikaba ari kimwe mu bitero byahungabanije umutuzo wari umaze amezi mu murwa mukuru mu ntambara hagati y’abaturage imaze imyaka itatu. Kuri uyu wa Kabiri ushize, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ethiopia yamaganye icyo yise […]

Gaborone: Minisitiri Nduhungirehe na mugenzi we wa Botswana bayoboye inama ya JPCC

HHlbUeqXsAY3qQd

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe na mugenzi we, Phenyo Butale, Uyu munsi i Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Botswana, kuri uyu wa Kabiri i Gaborone bayoboye inama ya 2 ya Komisiyo Ihoraho Ihuriweho y’ubufatanye (JPCC) hagati y’u Rwanda na Botswana. Mu ijambo rye, Minisitiri Olivier Nduhungirehe yagaragaje umubano ukomeye uri hagati y’ibihugu byombi anashimangira […]

Boko Haram yishe abasirikare 23 ba Tchad

Boko Haram 1

Kuri uyu wa Kabiri, abayobozi ba Tchad bavuze ko abarwanyi ba Boko Haram bishe byibuze abashinzwe umutekano 23 mu gitero cyagabwe ku kigo cya gisirikare. Igitero cyagabwe mu ijoro ryo ku wa Mbere cyibasiye ikigo cya gisirikare ku nkombe z’ikiyaga cya Tchad, gihuriraho ibihugu bya Tchad, Niger, Nigeria na Cameroun. Abandi basirikare benshi bo mu […]

Iran irigamba intsinzi nyuma y’aho Amerika ihagaritse “Project Freedom” mu Muhora wa Hormuz

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, kuri uyu wa Kabiri nimugoroba yatangaje ko igikorwa cya gisirikare cyo kuyobora amato yaheze mu Kigobe cy’Abarabu akanyura mu Muhora wa Hormuz, kizaba gihagaritswe by’”igihe gito”, ibintu Iran ifata nk’intsinzi. Perezida Trump yavuze ko icyo gikorwa cya gisirikare, cyiswe “Project Freedom”, cyatangiye ku wa Mbere, kizahagarikwa […]

Tshopo: Abasirikare bishe umushoferi wa taxi nyuma yo kwanga kumwishyura

9d4429a4 5a0e 4841 b0c8 4f2eb640b8e2

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 3 Gicurasi, abasirikare babiri ba FARDC bishe umushoferi wa tagisi, mu ishyamba ryegereye Parezi, umudugudu uri ku birometero 148 uvuye i Kisangani, mu gace ka Ubundu mu Ntara ya Tshopo, nyuma yo kutumvikana ku giciro cy’urugendo. Sadam Django w’imyaka 26 y’amavuko basanze yapfuye afite ibikomere by’amasasu mu gatuza, nk’uko byatangajwe […]

Kenya: Abantu bane bafashwe bagerageza kwiba lisansi mu ndege

4cee7dcd 4b1e 4b2e 9f05 591c673cb0c7.jpg

Mu gihugu cya Kenya abantu bane, abagabo batatu n’umugore umwe, batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bashinjwa kwiba lisansi ikoreshwa mu ndege cyangwa ku Kibuga cy’Indege cya Wilson kiri mu murwa mukuru Nairobi. Ibinyamakuru byo mu hihugu cya Kenya bivugwa ko abakekwa bafashwe bagerageza gusohora litiro 800 za lisansi bayivanye mu ndege yari ihagaze ku Kibuga […]

Iran irigamba kurasa ubwato bw’Igisirikare cya Amerika

27675a8f0e668a062c90dc1293a55521

Ubuyobozi bukuru bw’ingabo za Amerika (Centcom) burahakana ko bumwe mu bwato bw’intambara bwarashwe na misile ebyiri z’Igisirikare cya Iran. Mu butumwa yanditse kuri X, Centcom igira iti “nta mato y’Igisirikare cya Amerika cyo mu mazi yigeze araswa”. Yongeyeho iti: “Ingabo za Amerika zishyigikiye ‘Project Freedom’ no gushyira mu bikorwa ingamba zo gukumira amato ku byambu […]

U Rwanda rukomeje kwanikira RDC mu gucukura no kugurisha tungsten nyinshi

download

Ammonium paratungstate (APT), kimwe mu bice by’ingenzi biva mu musaruro wa tungsten, cyarenze $ 3000 kuri toni mu mpera za Mata, kandi ibiciro byakomeje kuzamuka cyane kuva umwaka watangira. Uku gutumbagira kw’ibiciro bya tungsten kwatewe n’ihungabana ku masoko, bituma habaho amahirwe ku bihugu bibiri bya Afurika bitunze tungsten nyinshi: U Rwanda na Repubulika ya Demokarasi […]

Inyubako RDB ikoreramo irafungwa guhera kuri uyu wa Kabiri

IMG 1849

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwatangaje ko guhera kuri uyu wa Kabiri, itariki 5 Gicurasi 2026, inyubako yakoreragamo izafungwa by’agateganyo mu rwego rw’imirimo yo kuyivugurura. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na RDB kuri uyu wa Mbere rivuga ko yo, ibigo biyishamikiyeho n’izindi nzego zakoreraga muri iyi nyubako zizimukira by’agateganyo mu bindi biro.

Iran yiyemeje kurasa Ingabo za Amerika nizigerageza kwinjira mu Muhora wa Hormuz

iran hormuz blockade threat

Igisirikare cya Iran kivuga ko kizatera ingabo za Amerika nizinjira mu Muhora wa Hormuz, nyuma y’uko Donald Trump atangaje igikorwa cyo kuyobora no guherekeza amato yaheze mu mazi y’uyu muhora. Itangazo ry’ubuyobozi bukuru bw’Ingabo za Iran rivuga ko izagaba ibitero ku “ngabo zose z’amahanga” zizagerageza kwegera cyangwa kwinjira mu muhora, “cyane cyane Ingabo za Amerika […]

RDC: Ibitero bya FARDC byibasiye ibice bituwe cyane n’amatungo ahantu hatandukanye

Capture1 edited edited

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 3 Gicurasi 2026, ahagana mu ma saa 1h30 za mu gitondo, ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa zacengeye mu mujyi wa Rushoga muri Teritwari ya Masisi zica cyangwa zikomeretsa amatungo, mu gihe ryagabye ibitero mu bice bituwe cyane i Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo. Amakuru aturuka muri Kivu zombi […]

Abasirikare babiri ba Amerika baburiye muri Maroc

69f736b64d238.image

Abasirikare babiri baturutse muri Leta zunze Ubumwe za Amerika baburiwe irengero mu myitozo ya gisirikare ibera muri Maroc, nk’uko ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika bushinzwe Afurika (AFRICOM) bwabitangaje. Abayobozi bavuga ko Abanyamerika baburiwe irengero bari bitabiriye “African Lion 2026”, imyitozo ngarukamwaka igamije gushimangira ibikorwa hagati y’ingabo za Amerika, ibihugu by’abafatanyabikorwa bya NATO, ndetse n’ibihugu bya Afurika. […]

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we Samia Suluhu – Amafoto

HHY ESWX0AEq2jJ

Perezida Paul Kagame yageze mu gihugu cya Tanzania mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe, aho yakiriwe na Perezida Samia Suluhu Hassan mu ngoro ye mbere y’ibiganiro hagati y’abayobozi b’ibihugu byombi. Ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Julius Nyerere i Dar Es Salaam, Perezida Kagame yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane muri Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Mahmoud Thabit Kombo, […]

Tanzania: Inkambi ya Nduta yamaze gufungwa burundu

45055817 8836 4d26 b7b9 b4511b4d92f1

Kuva kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 30 Mata, inkambi y’impunzi z’Abarundi ya Nduta, muri Tanzania, yarafunzwe ku mugaragaro, kandi nta mpunzi zisigayemo. Amakuru aturuka ahantu hizewe avuga ko imodoka za nyuma zatwaye impunzi z’Abarundi ziva mu nkambi ya Nduta zahagurutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ushize, ahagana mu ma saa kumi […]

Perezida Lai Ching-te yanze agera muri Eswatini nubwo u Bushinwa bwageragerageje kumwitambika

4VVEU4KAUZO2NKOBFS5XVOXRZQ

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 2 Gicurasi, Perezida wa Taiwan, Lai Ching-te, yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Bwami bwa Eswatini (ahahoze hitwa Swaziland) nyuma yo gusubikwa bwa mbere u Bushinwa bugashinjwa kurwitambika. Eswatini nicyo gihugu cyonyine cya Afurika gikomeje umubano ushingiye kuri demokarasi na Taipei, kandi bibuza u Bushinwa kugirana umubano n’umugabane wose. Aya ni […]

Abanyarwanda basabwe kwitondera ibikoresho by’ikoranabuhanga bitagikoreshwa

csm SCA 3f28848e88

Ikigo REMA cyatangaje ko uburyo imyanda y’ikoranabuhanga ifatwa n’uko icungwa bugira uruhare runini mu kurinda ubuzima bw’abantu, ibidukikije ndetse no kugabanya ihumana rituruka ku bikoresho bishaje byarangije igihe cyo gukoreshwa. Beatha Akimpaye, ushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko y’ibidukikije muri REMA, yavuze ko hari abantu benshi badaha agaciro iyo myanda, nyamara iyo idafashwe neza ishobora guhinduka uburozi […]

Mali: Abasirikare benshi bafashwe bashinjwa ubugambanyi mu bitero byo kuwa 25 Mata

original

Kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki ya 1 Gicurasi, umushinjacyaha wa repubulika mu rukiko rwa gisirikare rwa Bamako yatangaje ko abasirikare benshi ndetse n’abahoze ari abasirikare batawe muri yombi mu minsi ishize nyuma y’ibitero byo ku itariki ya 25 Mata 2026. Amazina atanu y’abasirikare harimo n’uwapfuye kuwa Gatandatu mu mirwano yatangajwe. Nk’uko umushinjacyaha wa repubulika […]

RIB yafashe 4 bashinjwa gukoresha ububasha bahawe mu nyungu zabo bwite

rib 42

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwafashe abantu bane aribo; Niyomungeri Richard, wahoze ari Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana, Kwisinga Jean Norbert, ushinzwe imiturire mu Karere ka Rulindo, Ishimwe Frank, ushinzwe imitangire y’ibyangombwa byo kubaka mu Karere ka Ngoma na Ntirenganya Epimaque, wakoraga nk’umuyobozi wa One Stop Center y’ubutaka mu Karere […]

Trump aremeza ko bizatwara Iran imyaka 20 ngo yongere kwiyubaka

e9da33e9121208d97279c16986f9c653b72d162d

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu cye “cyatsinze intambara na Iran”, ndetse yongeraho ko bizayitwara imyaka 20 ngo yongere kwiyubaka. Mu kiganiro yagiranye na Newsmax, Perezida Trump yavuze ko ingabo zirwanira mu kirere n’izirwanira mu mazi za Iran kimwe n’ubutegetsi bw’igihugu byarimbuwe. Nubwo Trump yigamba gutsinda intambara ariko, bamwe […]

Uganda: Uwishe abana b’abanyeshuri abateye icyuma yakatiwe igihano cy’urupfu

images 1

Kuri uyu wa Kane, itariki 30 Mata 2026, urukiko rwo muri Uganda rwakatiye umugabo igihano cyo kwicwa azira kwica abana bane bato muri uku kwezi ku ishuri ry’incuke, mu gitero cyateje uburakari muri rubanda no guhangayikishwa n’umutekano w’abana b’abanyeshuri muri iki gihugu. Umucamanza yavuze ko iperereza ryakozwe kuri terefone na mudasobwa igendanwa bya Christopher Okello […]

Rubavu: Perezida wa Sena yasabye kwirinda ingengabitekerezo ikigaragara muri Congo

HHKuc3AWgAAb8jH

Perezida wa Sena yifatanyije n’abaturage n’abandi bayobozi mu gushyingura imibiri y’abavandimwe babiri yabonetse, asura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa “Commune rouge” rubitse amateka agaragaza ubugome n’ubukana Jenoside yakoranywe mu cyahoze ari Perefegitura ya Gisenyi, asaba kwirinda ingengabitekerezo ikigaragara muri Congo. Mu ijambo rye, Perezida wa Sena Kalinda François Xavier yongeye gushimangira ko kwibuka Jenoside […]

Muhanga: Babiri bakurikiranweho gutunda no gukwirakwiza urumogi

ingoro y ubutabera y urukiko rwisumbuye rwa muhanga

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bukurikiranye abagabo 2, umwe w’imyaka 23 n’undi w’imyaka 25 y’amavuko bakekwaho gutunda no gucuruza ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi baruvana mu gihugu cya Tanzania. Abaregwa bafatiwe mu karere ka Kirehe nyuma y’uko bacitse inzego z’umutekano bagata imodoka bari batwayemo  urumogi ibiro 99 mu Ntara y’Amajyepfo, mu Karere ka Kamonyi, […]

Myanmar: Aung San Suu Kyi yasohowe muri gereza ajya kurangiriza igihano mu rugo

eb76f69830740a5cda34478495db93f5feb1c376

Umunyapolitikikazi w’impirimbanyi, Aung San Suu Kyi, wahoze ayobora Myanmar wari ufunzwe yimuriwe mu rugo ngo abe ari ho azakomereza igihano cye nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byaho. Uyu mukecuru w’imyaka 80 wegukanye igihembo cyitiriwe Nobel, bishoboka ko yari afungiwe muri gereza ya gisirikare yo mu murwa mukuru, Nay Pyi Taw, kuva yahirikwa ku butegetsi n’abasirikare mu 2021. […]

Abofisiye 74 ba RDF, RNP, na RCS basoje amasomo yo kuyobora

Kuri uyu wa Kane, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK Mubarakh, yayoboye umuhango wo gusoza amasomo y’abofisiye 74 bo mu Ngabo na Polisi by’u Rwanda, ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe igorora (RCS), barangije neza amasomo yamaze ibyumweru 22. Ni amasomo y’Icyiciro cya 26 ajyanye no  kuyobora abasirikare n’imirimo bijyana akorwa na Ofisiye bakuru  yabereye […]

Hibutswe abakoreraga izahoze ari MININTER, MINIFOP na MINITRASO bazize Jenoside yakorewe Abatutsi

HHJ4ydJWMAALKmg

Kuri uyu wa Kane, haribukwa abakozi bakoreraga Minisiteri zitwaga MININTER, MINIFOP na MINITRASO bazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Igikorwa cyatangiriye ku Kacyiru ku rwibutso rwa Jenoside ruri ahari ibiro bikoreramo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Minisiteri y’Umutekano, minisiteri y’umurimo na Immigration, ari na ho aba bakozi bibukwa bakoreraga; igikorwa gikomereza ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ku […]

Juba: Perezida Kiir yirukanye abaminisitiri 2 b’ingenzi

TLGCPPQGSVMBPBOBTUFLYP64VI

Kuri uyu wa Gatatu, South Sudan Broadcasting Corporation yatangaje ko Perezida Salva Kiir yakuye Semeya Kumba ku mwanya we wa minisitiri w’ububanyi n’amahanga, kandi ko yirukanye Atong Kuol Manyang wari minisitiri w’ubucuruzi. Nta bisobanuro byatanzwe ku bijyanye n’impamvu yo kwirukanwa ku mirimo yabo, kwabereye rimwe no kwirukanwa kwa Mawien Mawien Ariik wari umuyobozi mukuru w’ibiro […]

Umushinwa Maj Gen Junhui Wu yatangiye inshingano zo kuyobora Ingabo za UNMISS

HHF2D8ea8AAwcPO

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 29 Mata, ku cyicaro gikuru cy’ Ingabo ziri mu butumwa bw’ amahoro muri Sudani y’ Epfo (UNMISS) i Juba, abasirikare b’u Rwanda, bafatanyije na bagenzi babo bo mu bihugu bya Bangladesh, u Bushinwa, Ethiopia na Nepal, mu muhango wa gisirikare wo guhererekanya ubuyobozi, aho Maj Gen Junhui Wu wagizwe Umugaba […]

Perezida Kagame yakurikiye umukino wahuje Arsenal na Atletico

HHHGqQoWcAAoIl4

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu yakurikiranye umukino wa mbere wa 1/2 cya UEFA wahuje amakipe abiri akomeye mu Burayi yombi yamamaza gahunda ya “Visit Rwanda”. Ni umukino wabereye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu kuri Stade ya Riyadh Air Metropolitano i Madrid, wa kimwe cya kabiri cy’irangiza muri UEFA Champions […]