Bria: Gen. Mansour yashimye imyitwarire y’Ingabo z’u Rwanda

HJwYoAHWAAIjBIy

Kuri uyu wa Mbere, itariki 1 Kamena, Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA), zakiriye ku cyicaro cyazo i Bria, Umuyobozi mushya (Sector Commander) mu gice cy’Amajyaruguru ashyira Uburasirazuba, Brig Gen Hamad Mostafa Ahmed Adel Mansour wahawe ikaze n’Umuyobozi wa Rwanda Battle Group, Lt Col David […]

Senegal: Hashyizweho guverinoma itarimo ishyaka rya minisitiri w’intebe wirukanwe

download

Minisitiri w’intebe uherutse kwirukanwa muri Senegal, Ousmane Sonko, yatangaje ku wa Mbere ko ishyaka rya politiki ayoboye ritazajya muri guverinoma nshya y’igihugu, byongera gushimangira amakimbirane ari muri politiki y’iki gihugu mu gihe hari ikibazo gikomeye cy’imyenda. Sonko mu butumwa yanditse kuri X yavuze ko yahuye ku wa Mbere na Perezida Bassirou Diomaye Faye, umufasha we […]

U Rwanda rwatsinzwe urubanza rwarezemo u Bwongereza

RTS72DF0

Kuri uyu wa Mbere, Urukiko ruhoraho rw’Ubukemurampaka rwatangaje ko u Bwongereza butagomba kwishyura u Rwanda miliyoni mirongo z’amapound kubera amasezerano y’abimukira yahagaritswe. Uru rwego ruherereye i La Haye rwavuze ko rwanze ibirego byose by’imari byatanzwe n’u Rwanda, ruvuga ko u Bwongereza bugikeneye kubahiriza ibikubiye muri ayo masezerano Minisitiri w’Intebe Keir Starmer ⁠ yahagaritse mu 2024. […]

Ikipe y’Inzego z’umutekano z’u Rwanda yatsinzwe n’Akarere ka MocĂ­mboa da Praia

HJrd4BHXsAYR 2J

Kuri iki Cyumweru, Inzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) zikorera mu Ntara ya Cabo Delgado zakinnye umukino wa gicuti w’umupira w’amaguru n’urubyiruko rwo mu Karere ka MocĂ­mboa da Praia. Uyu mukino wateguwe mu rwego rwo kurushaho gukomeza umubano mwiza hagati y’abaturage n’Inzego z’umutekano z’u Rwanda. Witabiriwe n’abayobozi batandukanye, abaturage hamwe n’abo mu nzego z’umutekano ku mpande […]

Ethiopia: Bazindukiye mu matora yitezweho kugumisha Abiy Ahmed ku butegetsi

WUYRJILWBVFFJLUSW3SPYKO6F4

Kuri uyu wa Mbere, abaturage ba Ethiopia bagiye mu matora, aho ishyaka riharanira iterambere (PP) rya Minisitiri w’Intebe uriho ubu, Abiy Ahmed, ryiteze intsinzi. Abiy uri ku butegetsi kuva mu 2018, amaze iminsi ashinjwa kuba yarakomeje gutegekesha igitugu no guhashya abatavuga rumwe n’ubutegetsi, bitandukanye n’imyaka ye ya mbere ku butegetsi ubwo yatsindiraga igihembo cy’amahoro cyitiriwe […]

Masisi: Imirwano ikomeye ihuje AFC/M23 na FARDC i Buhimba

dr congo military personnel likely somewhere in the east of v0

Inyeshyamba za AFC/M23 n’ingabo za FARDC zishyigikiwe na Wazalendo, zirahanganye kuva ku Cyumweru nijoro kugeza kuri uyu wa Mbere, itariki ya 1 Kamena, i Buhimba, muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace agera kuri ACTUALITE.CD abitangaza, ngo imirwano yatangiye mu masaha ya saa tanu z’ijoro ku isaha […]

RDC: Abamaze kwandura Ebola barakabakaba 300

image

Repubulika ya Demokarasi ya Congo yemeje kuri iki Cyumweru gishize, ko umubare w’abanduye Ebola wemejwe wiyongereye bagera kuri 282 nyuma y’ibisubizo 19 bishya by’ibizamini. Nk’uko imibare yatanzwe na minisiteri y’itumanaho ibigaragaza, mu ntara ya Ituri hagaragaye abantu 264 banduye byemejwe, 15 mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na batatu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Minisiteri y’itumanaho […]

Gen. Mubarakh yakiriye ikipe ya APR FC n’abafana mu birori byo gusangira

HJrbwq W8AQ C6P

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK Mubarakh, uyu munsi yakiriye abakinnyi ba APR FC, abatoza, abagize itsinda ry’ubuyobozi bw’ikipe ndetse n’abafana bayo mu birori byo gusangira byabereye kuri Mess ya Ofisiye bakuru, Kimihurura. Iki gikorwa cyitabiriwe kandi n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Umugaba w’Inkeragutabara n’abandi bayobozi bakuru muri RDF, cyateguwe mu rwego rwo […]

Trump yasabye impinduka mu masezerano na Iran

2026 05 21T160031Z 1934778026 RC2SDLARPNAD RTRMADP 3 USA TRUMP 1024x684 1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ko habaho impinduka ku masezerano hagati ya Amerika na Iran agamije kurangiza imirwano yatangiye mu ntangiriro z’uyu mwaka. Impinduka zijyanye n’Umuhora wa Hormuz n’ikurwaho ry’amabuye y’agaciro ya uranium, nk’uko CBS News, igitangazamakuru gikorana na BBC muri Amerika kibitangaza. Ibiro bya Perezida wa Amerika, White House, […]

Gen Mutayomba wa FDLR yarasiwe mu mirwano yabahuje na AFC/M23

HJpASW3XEAAZl1G

Amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyaruguru aravuga ko Gen Mutayomba, umwe mu bayobozi bakuru b’inyeshyamba za FDLR, yarasiwe mu mirwano ikaze yabahuje n’abarwanyi ba AFC/M23 mu gace ka Ngululu, gaherereye muri Gurupoma ya Nyamaboko ya 1 muri Teritwari ya Masisi. Amakuru dukesha Umunyamakuru wa Bwiza wegereye ahabera imirwano avuga ko “Gen Mutayomba yarashwe amasasu abiri hejuru […]

Huye: Akurikiranweho kwica umuhungu we amukubise ifuni

images 19 1

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bwashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umugabo w’imyaka 43 ukekwaho kwica umuhungu we w’imyaka 21 amukubise umuhini mu mutwe. Icyaha akurikiranyweho cyakozwe ku itariki ya 17 Gicurasi 2026, ahagana saa tanu z’ijoro, mu Mudugudu wa Kinombe, Akagali ka Gasumba , Umurenge wa Maraba, mu Karere ka Huye mu rugo iwe. Mu […]

Lubumbashi: Umushinwa yisanze mu bakurikiranweho kwibisha imbunda

n Wq LcCawLvGc5

Urukiko rwa Gisirikare rwa Lubumbashi muri iki Cyumweru rwatangije urubanza rw’abantu 14, barimo Abanyekongo 13 n’Umushinwa umwe. Iburanisha ryabereye ahakorera Umujyi wa Lubumbashi ku rwego rwa mbere. Abaregwa bakurikiranweho n’ubushinjacyaha gutunga imbunda n’amasasu mu buryo butemewe n’amategeko, ndetse n’ubujura bwitwaje imbunda, ibyaha bikomeye biburanishwa n’urukiko rwa gisirikare. Ku wa Gatanu, itariki ya 29 Gicurasi, mu […]

Bujumbura: Umunyekongo afunzwe n’ubutasi ashinjwa kwegera u Rwanda na M23

HJglU ZXEAIuKZ1

Umunyekongo Babunga Benjamin Watuna aherutse gutabwa muri yombi, kuwa 27 Gicurasi, i Bujumbura, umurwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi, afashwe n’inzego z’ubutasi z’u Burundi, aho amakuru atandukanye yizewe avuga ko iri fatwa rifitanye isano n’ibirego byo gufatanya n’umutwe w’inyeshyamba wa AFC / M23, mu gihe u Burundi bukomeje gushimangira ubufatanye mu by’umutekano na Kinshasa. Amakuru avuga […]

France: Intsinzi ya PSG yaraje abarenga 400 muri gereza

dbfb7c07a6711145d07e748015017edc

Imirwano hagati y’abakunzi b’umupira w’amaguru n’abapolisi hirya no hino mu Bufaransa yatumye abantu barenga 400 batabwa muri yombi nyuma y’intsinzi ya Paris Saint-Germain (PSG) ku mukino wa nyuma wa Champions League na Arsenal. Ibihumbi by’abapolisi boherejwe mu rwego rwo gukumira imvururu zari zahungabanyije ingendo za bus na gari ya moshi mu murwa mukuru Paris nk’uko […]

Juba: Abasirikare b’u Rwanda bizihije umunsi wahariwe ababungabunga amahoro

HJhN0GlWAAQQv92

Kuwa Gatandatu, itariki 30 Gicurasi, Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, Juba, bifatanyije n’ingabo zo mu bindi bihugu zikorera muri UNMISS mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wa LONI wahariwe ababungabunga amahoro, ufite insanganyamatsiko igira iti: “Gushora mu mahoro.” Iki gikorwa cyaranzwe n’akarasisi ka gisirikare, kuzirikana no guha icyubahiro abaguye mu […]

U Burusiya burashinja Ukraine gutera uruganda rutunganya ingufu za nikeleyeri

2022 10 01T070634Z 272460832 RC26SW9XR7L9 RTRMADP 3 UKRAINE CRISIS ZAPORIZHZHIA DETENTION

Ikigo mpuzamahanga gishinzwe ingufu za kirimbuzi (IAEA) cyasabye kugera ku ruganda rutunganya ingufu za nikeleyeri rwa Zaporizhzhia ruherereye mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Ukraine nyuma y’igitero cy’indege zitagira abapilote kuri uru ruganda ubu rwigaruriwe n’u Burusiya. Iri shami ry’umuryango w’abibumbye rigenzura intwaro kirimbuzi ryatangaje ko ryamenyeshejwe n’uruganda, kuri ubu ruyobowe n’ubuyobozi bwa Moscow, ko drone yagonze […]

PSG yakoze amateka amaze gukorwa n’amakipe 2 gusa muri Champions League

nac0n5 29258683

Ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG) yo mu Bufaransa yongeye kwiyerekana nk’imwe mu makipe y’ibihangange yabayeho i Burayi nyuma yo kuba ikipe ya kabiri gusa yegukanye igikombe cya Champions League yikurikiranya. Ni intsinzi yagezweho binyuze kuri penaliti 4-3 mu mukino wa nyuma na Arsenal yo mu Bwongereza, i Budapest muri Hongrie, aho mu gihe gisanzwe no […]

Bukavu: Barataka kubera ifungwa ry’umupaka w’u Rwanda

Abacuruzi bo mu mujyi wa Bukavu, umurwa mukuru w’intara ya Kivu y’amajyepfo muri DR Congo, barataka kubera ingamba zo ku mupaka zashyizweho n’u Rwanda mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola mu karere. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryasabye ibihugu byegeranye na DRC guhita bifata ingamba zo guhagarika ikwirakwizwa rya virusi ya […]

Ikwirakwizwa ry’intwaro nto rikomeje kuba ikibazo ku mutekano w’akarere

HJe9OXLWAAglb W

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, akaba n’Umuyobozi w’Inama y’Abaminisitiri y’Ikigo gishinzwe kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro nto n’izoroheje mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’akarere k’Ibiyaga Bigari (Regional Centre on Small Arms-RECSA), yayoboye umuhango wo gufungura inama ya 17 y’Akanama Ngishwanama (TAC) yabereye i Kigali mu Rwanda. Iyi nama yahuje Abayobozi Bakuru ba Polisi, Abanyamabanga […]

Kenya: Urukiko rwitambitse umugambi wo kwakira Abanyamerika bakekwaho kwandura Ebola

149

Urukiko mu gihugu cya Kenya rwitambitse gahunda yari gutangira kuri uyu wa Gatanu yo gushinga muri iki gihugu ikigo cyo gushyira mu kato Abanyamerika bakekwaho cyangwa banduye Ebola, nyuma y’ikirego cyatanzwe n’ikigo Katiba Institute. Urukiko Rukuru rwa Nairobi rwategetse kubuza abakozi ba leta gushinga cyangwa gukorera icyo kigo cy’akato ndetse no kwakirira muri Kenya abantu […]

Uganda: DIGP Ocaya yasabye kubyaza umusaruro imyitozo bakubutsemo mu Rwanda

HJbdDY6W4AI9nEF

Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi ya Uganda, James Ocaya, yasabye abapolisi gushyira mu bikorwa neza ubumenyi bahawe mu myitozo ihuriweho y’ibyumweru bitatu ya SWAT igamije gushimangira kurwanya iterabwoba n’ibindi byaha bikomeye, ashimangira ko hakenewe ubufatanye bw’akarere ndetse n’amahanga mu guteza imbere umutekano. Ibi yabivuze kuwa Kane ubwo yagezaga ijambo ku itsinda ryatoranijwe ry’abapolisi bakuwe mu […]

CG Namuhoranye yakiriye Umuyobozi w’Igipolisi cya Seychelles

HJdk6lWWAAAkvjM

Mu gihe Polisi y’u Rwanda yizihiza urugendo rw’ imyaka 25, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Seychelles Commissioner Godfra Hermitte, yiboneye imikorere myiza y’abapolisi bo muri Seychelles barangije amasomo y’icyiciro cya 14 ya ba ofisiye bato ndetse n’abasoje amahugurwa azwi nka Advanced Police Special Forces Course, mbere yo kwakirwa na CG Namuhoranye. Abo bapolisi kandi bitabiriye […]

Umuyobozi wa OMS yaraye i Kinshasa

d461210130343d0ce37883f81f31d488

Umuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ku Isi OMS/WHO yageze i Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, aho agiye gufasha kuyobora ibikorwa byo kurwanya Ebola. Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus byitezwe kandi ko azakomeza akagera no mu bice byo mu burasirazuba bw’iki gihugu bikomerewe n’indwara ya Ebola […]

Abanyamerika banduye Ebola bagiye koherezwa muri Kenya aho kwinjira muri Amerika

AA247S7H

Mu gihe icyorezo cya Ebola muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo gikomeje kwiyongera, ubuyobozi bwa Trump buvuga ko bwibanze ku kurinda iki cyorezo kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Kuri uyu wa Gatatu ushize, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, yagize ati: “Ntidushobora kandi ntituzemera ko […]

Abadepite bagiye gukora ingendo rusange zigamije gusura ibikorwa byo kongera umusaruro w’ubuhinzi

73bca95e01fe08f07bb6adbbe8d53c2c 00143

 Umutwe w’Abadepite wateguye ingendo rusange z’Abadepite mu Turere twose tw’Igihugu zigamije kubona amakuru yo kugenzura ibikorwa birebana no kongera umusaruro w’ibihingwa ngandurarugo byatoranyijwe n’ibihingwa ngengabukungu bya kawa n’icyayi. Izi ngendo ziteganyijwe kuva ku wa 28 Gicurasi kugeza ku wa 4 Kamena 2026 muri imwe mu Mirenge igize Uturere two mu Ntara, no ku wa 6-7 […]

Bugesera: Hatangiye imyitozo ihuriweho yo kurwanya iterabwoba y’ibihugu bigize EAPCCO

HJZAB9CWEAQHeoV

Inzego z’umutekano zo mu bihugu bigize Umuryango uhuza Abayobozi Bakuru ba Polisi mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO), zitabiriye imyitozo ihuriweho yo kurwanya iterabwoba, ibera mu Rwanda. Iyi myitozo itangizwa ku mugaragaro kuri uyu wa Kane, tariki 28 Gicurasi 2026, irabera mu Kigo cy’Amahugurwa yo kurwanya Iterabwoba (CTTC) giherereye i Mayange mu Karere ka Bugesera. […]

RDC: Martin Fayulu asanga Amasezerano y’i Washington atari igisubizo cy’ibibazo byugarije Congo

bitmap 800 nocrop 1 1 20240917174250188386 9R8A9806

Kuri Martin Fayulu, Amasezerano y’i Washington ntabwo ari igisubizo cy’ibibazo byugarije Repubulika ya Demokarasi ya Congo imbere y’u Rwanda. Uyu muyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri kiganiro kuri space cyateguwe n’umunyamakuru Stanislas Bujakera Tshiamala kuri X, yasenye imvugo ya guverinoma, ivuga ko ayo masezerano ari ingabo (shield) ya diplomasi. Fayulu yagize ati: “Goma imaze igihe kingana […]

Kenya: Inkongi y’umuriro mu icumbi ry’abanyeshuri b’abakobwa yahitanye benshi

b0038752 cf41 4fa2 9669 958abe80d3d7

Icumbi ry’abana b’abakobwa biga ku ishuri ryisumbuye Utumishi Girls Academy i Gilgil, mu Ntara ya Nakuru, mu gihugu cya Kenya, ryafashwe n’inkongi y’umuriro mu gicuku byibuze abanyeshuri 17 bahasiga ubuzima. Nk’uko Croix-Rouge ya Kenya ibitangaza ngo iyi nkongi y’umuriro ngo yadutse mu ma saa saba z’igicuku ariko itangazwa mu ma saa cyenda n’igice za mu […]

Walikale: Imirwano ikomeye yahuje AFC/M23 na FARDC i Misambo

M23 Kibumba

Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 27 Gicurasi, habaye imirwano ikaze, hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’Ingabo za FARDC, zishyigikiwe na Wazalendo, mu gace ka Misambo, gaherereye ku mupaka wa gurupoma za Kisimba na Ikobo (Teritwari ya Walikale), mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace agera kuri ACTUALITE.CD abitangaza, […]

Uganda yafunze umupaka uyihuza na RD Congo

2019 06 13t161633z 1804862976 rc1330500c50 rtrmadp 3 ebola health uganda 0

Igihugu cya Uganda kuri uyu wa Gatatu, itariki 27 Gicurasi cyatangaje ko cyafunze by’agateganyo ingendo zinyura ku mupaka ugihuza na Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola. Abashinzwe ubuvuzi muri Uganda bavuga ko bafashe icyo cyemezo nyuma y’icyo bise “ibyago biri hejuru cyane” by’ubwandu bwa Ebola bunyuze ku […]

UAE yashinjwe kohereza abacanshuro bo muri Colombia mu ntambara yo muri Sudani

c est certainement en ukraine que la presence de mercenaires scaled 1

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) zongeye kwibasirwa n’ibirego bishya  biyishinja uruhare rukomeye mu ntambara yo muri Sudani zifasha uruhande rurwanya leta binyuze mu kurushakira abacanshuro. Raporo yashyizwe ahagaragara ku wa Kabiri, itariki ya 26 Gicurasi 2026, na Human Rights Watch, abacanshuro bo muri Colombia baherewe akazi muri UAE bivugwa ko nyuma boherejwe kurwana ku ruhande […]

CG Namuhoranye yakiriye ushinzwe umutekano w’abaturage ba Qatar

HJRE5v9WIAAyDvZ

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, yakiriye ku cyicaro gikuru cya polisi ku Kacyiru, Umuyobozi Mukuru w’umutekano w’abaturage muri Qatar, Major General Mohammed Jassim Al-Sulaiti, ari kumwe na Mansour bin Ali Fahad Al-Shahwani Al-Hajri, Ambasaderi w’Igihugu cya Qatar mu Rwanda. Kuri uyu wa Gatatu abayobozi bombi bagiranye ibiganiro bigamije gushimangira ubufatanye busanzwe […]

Senegal: Sonko wirukanwe ku mwanya wa minisitiri w’intebe yatorewe kuyobora abadepite

maxresdefault 1 1

Muri Senegal, Ousmane Sonko wahoze ari Minisitiri w’intebe, wirukanwe kuri uyu mwanya ku itariki ya 22 Gicurasi, yatorewe kuba perezida w’inteko ishinga amategeko kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 26 Gicurasi 2026, ku majwi 132 kuri 133, mu gihe utamutoye yifashe. Amatora yabaye mu gihe abayoboke batavuga rumwe n’ubutegetsi bagera kuri mirongo itatu bamagana kugaruka […]

Masisi: Imirwano ikaze yahuje AFC/M23 na Wazalendo muri Gurupoma ya Kibabi

e1c4e35 ftp import images 1 0wpm48n6da2x 2025 03 17t090451z 1916564753 rc204dat31zp rtrmadp 3 congo security

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 26 Gicurasi 2026, haravugwa imirwano ikaze, yabaye hagati ya AFC/M23 n’Ingabo za Congo (FARDC) zishyigikiwe n’inyeshyamba za Wazalendo i Kinigi na Katoyi muri Gurupoma ya Kibabi, ho muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru agera kuri Kivu Morning Post avuga ko AFC/M23 yasubije inyuma igitero cy’Ingabo […]

Gari ya moshi yagonze bus itwaye abanyeshuri mu Bubiligi

School Bus Hit by Train in Belgium Leaves Multiple Dead

Gari ya moshi yagonze bus y’ishuri mu Bubiligi ahitwa Buggenhout kuri uyu wa Kabiri, ihitana “benshi” nk’uko byatangajwe na minisitiri w’umutekano w’iki gihugu. Minisitiri Bernard Quintin yanditse mu butumwa yashyize kuri X ati: “N’akababaro kenshi, namenye impanuka ikomeye yabereye i Buggenhout, aho bus y’ishuri yagonzwe na gari ya moshi. Ibitekerezo byanjye biri ku bagizweho ingaruka […]

Senegal: Perezida Faye yagize Aminou Lo minisitiri w’intebe mushya

96715267 67417612

Kuri uyu wa Mbere, itariki 25 Gicurasi 2026, Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye, yashyizeho Ahmadou Al Aminou Lo nka minisitiri w’intebe mushya w’iki gihugu cyo muri Afurika y’uburengerazuba. Lo asimbuye Ousmane Sonko wirukanwe ku wa Gatanu, nyuma y’amezi yari ashize hari amakimbirane akomeye hagati ye na perezida nk’uko inkuru dukesha DW ibyibutsa. Kwirukanwa kwe […]

RDC: Abarwayi ba Ebola batorotse aho bavurirwaga

2026 05 22T121434Z 332073173 RC2QDLAL84WE RTRMADP 3 HEALTH EBOLA IFRC 1024x674 1

Abaganga bakorera ku mirongo y’imbere mu rugamba rwo kurwanya Ebola muri Congo, basanzwe bahanganye n’ikibazo cyo kubura ibikoresho by’ibanze, kuri ubu bagomba no guhangana n’ibitero byibasira ibigo byabo ndetse n’abarwayi batoroka mu gihe virusi ikomeje gukwirakwira. Nibura ibitero nk’ibi bitatu byabereye mu ntara yo mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa RDC ya Ituri, ahavuzwe abantu ba mbere […]

CAR: Ingabo z’u Rwanda zo muri MINUSCA zavuye ku buntu abavanywe mu byabo

HJLxqzOX0AAW00j 1

Kuri uyu wa Mbere abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA), barimo ibitaro bya Rwanda Level 2+ hamwe n’abagize RWABG VIII, batanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu ku bantu barenga 410 bavanwe mu byabo (IDPs) bari mu nkambi ya Gobolo 1 iri i Bria muri Repubulika ya Santarafurika. Iki […]

Ingabo za Amerika zagabye ibitero bishya kuri Iran

3114

Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko zagabye ibitero bishya mu majyepfo ya Iran, zirasa ku bigo bikorerwamo ibisasu bya misile no ku mato yageragezaga gutega ibisasu bya mine. Bimwe mu biro bikuru biyobora imirwano by’ingabo za Amerika (US Central Command) byasohoye itangazo bivuga ko ibyo bitero byagabwe mu “kwirwanaho”, kandi ko bigamije […]

Sudani y’Epfo: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari ya Loni

HJLs3mPWMAAdDLK

Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), kuri uyu munsi bahawe imidari y’ishimwe ya Loni mu muhango wabereye mu kigo cya Loni kiri i Malakal, muri Leta ya Upper Nile, mu rwego rwo kubashimira ubwitange, ubunyamwuga n’umusanzu wabo mu guteza imbere amahoro no kurinda abasivili. Abasirikare bahawe […]

Minisitiri w’Ingabo wa RDC ategerejwe i Bujumbura

HJJZ4o8XoAEvGqD

Nyuma y’ijoro rye rya mbere mu Mujyi wa Uvira, nubwo mu nkengero zaho muri Kivu y’Amajyepfo havugwa imirwano ya hato na hato, Visi Minisitiri w’intebe, akaba na Minisitiri w’Ingabo wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Guy Kabombo Muadiamvita, arerekeza i Bujumbura, umurwa mukuru w’ubucuruzi wa Repubulika y’u Burundi, aho biteganyijwe ko agomba kugirana ibiganiro na […]

Senegal: Perezida w’inteko yeguye nyuma yo kwirukanwa kwa minisitiri w’intebe

el malick ndiaye e1748520521915

Ku Cyumweru, itariki ya 24 Gicurasi, politiki ya Senegal yongeye guhungabana, ubwo Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Malick Ndiaye yeguraga nyuma y’iminsi itageze kuri ibiri neza minisitiri w’intebe yirukanwe ku mirimo ye. Mu butumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, Ndiaye yatangaje ko avuye ku mwanya we. Uyu ushyigikiye Minisitiri w’Intebe wirukanwe, Ousmane Sonko yanditse ati: “Nyuma yo […]

Lt Col. Kabera yifatanyije na Nu-Vision High School mu kwibuka abazize jenoside

HJFe0 UXAAEAKsg

Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Simon Kabera, uyu munsi yifatanyije n’abanyeshuri n’abarimu barenga 1200 bo muri Nu-Vision High School mu guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu ijambo yagejeje ku banyeshuri, Lt Col Kabera yasobanuye ibyiciro Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwemo ikanashyirwa mu bikorwa, anagaragaza uruhare Ingabo za RPA zagize mu guhagarika […]

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yakiriye abaganga b’Abanyarwanda bagiye kwihugura

HJGVLZiWEAAni79

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, yasangiye ifunguro n’abaganga bagera ku 128 baturutse mu Rwanda bakurikirana amahugurwa yihariye muri Ethiopia, hamwe na bagenzi babo barenga 400 baturutse muri Afurika. Ibiro bya minisitiri w’intebe, bibinyujije kuri X byatangaje ko aba bari mu muryango ugenda waguka w’abaganga bo muri Afurika bitangiye […]

Gasabo: Abayoboke ba Green Party bateraniye mu nama ya biro politiki y’ishyaka

HJEgWFjWEAAglR7

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 24 Gicurasi 2025, Abarwanashyaka ba Democratic Green Party of Rwanda baturutse mu ntara zose z’igihugu bitabiye inama y’ishyaka (Political Bureau Meeting) iri kubera kuri Olympic Hotel mu karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali. Perezida w’ishyaka Hon Dr Frank Habineza,  yakiriye abarwanashyaka ba Green Party anabagezaho bimwe mu bikorwa inama […]

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar i Doha

HJE3hZ0XYAAutXT

Kuri iki Cyumweru, itariki 24 Gicurasi 2026 i Doha, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yabonanye na Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, Amir wa  Qatar, mu ruzinduko rwe rw’umunsi umwe muri iki gihugu. Amir wa Qatar yakiriye Perezida Kagame muri Amiri Diwan, aho abayobozi bombi baganiriye ku mibanire ya kivandimwe hagati y’u Rwanda na Qatar, […]

Ukraine: Igitero simusiga cy’u Burusiya cyahitanye 4 i Kyiv

TUFO62XIYJLBBMGLLQIO5BO3MQ

U Burusiya bwagabye igitero kinini kuri Ukraine, bukoresheje drones amagana na misile nyinshi nyuma y’uko Perezida Putin yijeje kwihorera ku gitero cyagabwe mu karere kigaruriwe n’u Burusiya. Abantu bane bapfuye abandi barenga 50 barakomereka i Kyiv no mu turere tuyikikije, mu ijoro ryose kugeza kuri iki cyumweru, aho ibisasu byaturikiye mu karere kose, ndetse bivugwa […]

RDC: Nyuma ya Rubaya ibindi bitero bya drones za FARDC byibasiye Rumangabo

HJEVwdsWIAAboBI

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 24 Gicurasi 2026, saa 07:35 za mu gitondo, ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero bya bombe kandi bitavangura ku gace gatuwe cyane ka Rumangabo, ndetse no ku nkambi y’abashinzwe kurinda Parike y’Igihugu ya Virunga, bakoresheje indege zitagira abapilote z’intambara za CH-4. Itangazo rya AFC/M23 ku makuru mashya ava […]

Perezida Kagame yashimye umusaruro w’ubufatanye bw’u Rwanda na Kaminuza ya Gikirisitu ya Oklahoma

HJCLdq2WYAEmNFa

Kuri uyu mugoroba wo kuwa Gatandatu muri Kigali Convention Center, Perezida Kagame na madamu we, Jeannette Kagame, bifatanyije n’ubuyobozi bwa Kaminuza ya Gikirisitu ya Oklahoma, hamwe n’abanyeshuri barenga 350 bahize hamwe n’abafatanyabikorwa mu birori byo kwizihiza imyaka 20 y’ubufatanye hagati ya Kaminuza n’u Rwanda. Mu ijambo yavugiye muri ibi birori, Perezida Kagame yagaragaje ko mu […]

Ingabo z’u Rwanda zishobora kwisanga muri Haiti

HJCPMclXYAET8Qr

Raina Forbin, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ibibazo by’Amadini muri Repubulika ya Haiti, yabonanye na mugenzi we, Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Mpuzamahanga wa Repubulika y’u Rwanda, mu gihe cy’inama y’abaminisitiri ku kubungabunga amahoro mu bihugu bigize Francophonie, aho impande zombi ziyemeje kurushaho gufatanya mu bijyanye n’umutekano. Ibiganiro byabo byibanze ku byo Guverinoma ya […]

RDC: Igitero cya drone i Rubaya cyahitanye abasivili kandi cyangiza byinshi

1779602442088

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 24 Gicurasi 2026 saa 00:15, ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa zateye ibisasu mu gace gatuwe cyane muri Rubaya hakoreshejwe drone y’intambara ya CH4. Iki gitero cy’ubunyamaswa kandi cyagabwe nkana cyateje impfu z’inzirakarengane nyinshi kandi gisenya amazu ndetse n’imitungo y’abaturage nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23. Andi makuru […]

USA: Umuntu witwaje imbunda yarashe ku barinzi ba White House

0 US POLITICS CRIME WHITE HOUSE

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, ukekwaho icyaha yarashe ku bashinzwe umutekano bari hafi ya White House, bituma abapolisi benshi bahurura batabaye. Urwego rw’ibanga rwa Amerika (US Secret Service) rushinzwe kurinda perezida rwatangaje ku mbuga nkoranyambaga ko uwo muntu warashe yishwe. Itangazo ryagize riti: “Abapolisi bo mu rwego rw’ibanga basubije amasasu, barasa ukekwaho icyaha, wajyanywe […]

Kenya: Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusoza imyitozo ya Ushirikiano Imara 2026

HI8MMTuWAAERcu5

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 22 Gicurasi 2026, intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, zirimo na Maj Gen Alex Kagame, Umugaba Mukuru w’ Inkeragutabara, bitabiriye umuhango wo gusoza imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Ni imyitozo yiswe USHIRIKIANO IMARA 2026 yabereye muri Kenya, Nairobi. Intego y’iyi myitozo y’uyu […]

Abagize Unity Club Intwararumuri bahuriye mu Nama ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

HI6hmP0XYAANsvi

Kuri uyu wa Gatanu, Abanyamuryango ba Unity Club Intwararumuri n’abandi bashyitsi batumiwe bahuriye mu Nama Nyunguranabitekerezo ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’Urugamba rwo kuyihagarika. Iyi nama iri kubera mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko yitabiriwe n’abarenga 500 barimo abo mu nzego za Leta, abayobozi b’amadini n’amatorero, sosiyete sivile n’abahagarariye urubyiruko. Muri iyi nama, hateguwe ingingo […]

Masisi: Imirwano hagati ya AFC/M23 na FARDC yongeye gusatira Rubaya

HI3rmB8WYAEK2Ms

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 22 Gicurasi 2026, imirwano ikaze yongeye gutangira, hagati y’Ingabo za Congo, zishyigikiwe n’inyeshyamba za Wazalendo, n’abarwanyi b’Ihuriro rya AFC/M23 muri Teritwari ya Masisi. Iyi mirwano iravugwa muri Chugi no kuri axe ya Kinigi, ku misozi ireba Kinigi na Kavuta, muri Gurupoma ya Kibabi, byibura mu birometero 30 uvuye Rubaya. […]

Tchad: Urukiko rwagumijeho igihano cyahawe Succès Masra wahoze ari minisitiri w’intebe

Le Premier ministre tchadien demissionne apres la victoire du president par interim aux elections contestees du 6 mai

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 21 Gicurasi, Urukiko rw’Ikirenga i N’Djamena rwanze ubujurire bwatanzwe n’itsinda ry’abanyamategeko bunganira uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Tchad, Succès Masra, bityo rukomeza igihano cy’igifungo cy’imyaka 20 yakatiwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo “gukwirakwiza ubutumwa bw’ivanguramoko no kwibasira abanyamahanga,” “kwifatanya n’abagizi ba nabi,” n “” ubufatanyacyaha mu bwicanyi. “ Kuri […]

AFC/M23 yongeye gufata Kinigi na Kaniro mu gihe FARDC igenzura Katoyi centre

HI30BR XcAAYwcH

Amakuru aturuka ku rugamba mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aravuga ko ku wa Kane, itariki ya 21 Gicurasi 2026, abarwanyi ba AFC/M23 bahagaritse igitero cyagabwe na FARDC ifatanyije n’inyeshyamba za Wazalendo muri Teritwari ya Masisi. Nk’uko amakuru aturuka atangazwa n’imiryango itegamiye kuri leta agera kuri Kivu Morning Post avuga, guhera ku mugoroba […]

RDC: Abaturage bariye karungu batwitse ahavurirwa Ebola

f10310cf b05f 47b4 a25c 72a563ddfde9.jpg

Abaturage bariye karungu batwitse igice cy’ibitaro biri mu gace kiganjemo Ebola mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko abo mu muryango hamwe n’inshuti z’umusore bikekwa ko yishwe n’iyo virusi bari babujijwe gutwara umurambo we ngo bajye kuwushyingura. Uwitwa Luc Malembe Malembe, umunyapolitiki wo muri ako gace agaruka ku byo yaboneye ku bitaro […]

Minisitiri w’Ingabo za Mozambique yasuye Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) i Mocímboa da Praia

HI2Pwn9XsAAfFXz

Minisitiri w’Ingabo za Mozambique, CristĂłvĂŁo Artur Chume, uyu munsi yasuye Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri i MocĂ­mboa da Praia. Yari aherekejwe na Brigadier General TomĂĄs Francisco JoĂŁo Mponha, Umuyobozi wungirije w’Ingabo za Mozambique zirwanira ku butaka (FADM), hamwe n’abandi ba ofisiye bakuru. Minisitiri w’Ingabo n’itsinda yari ayoboye bakiriwe ku cyicaro gikuru cya RSF n’Umuyobozi […]