bitmap_1200_nocrop_1_1_20260603103148169167_WhatsApp_Image_2026-06-03_at_08.01.35

RDC: Igitero cya ADF kiciwemo nibura abasivili 16

Sangiza iyi nkuru

Abantu batari munsi ya cumi na batandatu bishwe kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 22 Nyakanga 2026, mu gitero gishya gishinjwa abarwanyi ba ADF mu midugudu ya Mandeite na Ndiapanda, muri Teritwari ya Mambasa,nko muri kilometero 165 mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Bunia.

Abaturage benshi bahunze ako gace, kandi ibikorwa by’ubuzima busanzwe n’ubukungu byahagaze nk’uko bitangazwa na Radio Okapi.

Nk’uko amakuru ava muri ako gace abivuga, uyu mubare w’abapfuye ushobora kwiyongera kuko ibikorwa byo gushakisha byahagaritswe kubera ko abagabye igitero bakiri muri ako gace.

Hari hamaze iminsi havugwa ibikorwa bidasanzwe by’abantu bitwaje intwaro muri aka gace ka Mambasa kuva mu ntangiriro z’icyumweru.

Biravugwa ko imirambo y’abo bantu ikiri aho icyo gitero cyabereye. Ayo makuru kandi agaragaza ko kugera muri ako gace bigoye muri iki gihe, kuko bivugwa ko abagabye igitero bakiri hafi aho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply