HPxt0pZWQAAIlP8_copy_1000x750

APR FC yabambiwe i Golgotha, impungenge ziriyongera mbere ya CAF Champions League

Sangiza iyi nkuru

APR FC yongeye gutetereza abakunzi bayo, itsindirwa na Sunrise FC igitego 1-0 kuri Stade ya Nyagatare ikunze kwitwa “i Golgotha”, mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu.

Igitego rukumbi cy’uyu mukino cyatsinzwe na Ndikumana Arteta ku munota wa 15.

APR FC yari yabanje mu kibuga ikipe yayo ya kabiri, mbere y’uko umutoza Taleb Abderrahim akora impinduka mu gice cya kabiri, ariko ntibyagira icyo bihindura ku musaruro w’umukino.

Gutsindwa na Sunrise FC bibaye nyuma y’akandi gahigo kabi APR FC yagize muri CECAFA Kagame Cup 2026, aho yatsinzwe na Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 5-0.

Iyi ntsinzwi ya 5-0 yateje impaka zikomeye muri APR FC, aho bamwe mu bakinnyi bahoze bayikinira banenze imikorere yayo, ndetse n’umutoza Taleb Abderrahim wasabwe gukosora amakosa vuba.

Kuri ubu, impungenge ziragenda ziyongera mu bakunzi ba APR FC, cyane cyane ku bijyanye n’uko iyi kipe izitwara mu marushanwa nyafurika. Muri Nzeri 2026, APR FC izatangira urugendo muri CAF Champions League ihura na Les Aigles du Congo y’ i Kinshasa mu ijonjora ry’ibanze.

Abafana bamwe bakomeje kwijujutira Taleb Abderrahim, bamushinja imikinire idatanga icyizere ndetse no guhinduranya abakinnyi kenshi.

Hari abibaza impamvu umutoza wahawe inshingano zo kugeza APR FC mu matsinda ya CAF Champions League akomeje guhindura ikipe hafi ya buri mukino, mu gihe igihe cyo gutegura imikino nyafurika kigenda cyegereza.

Nyuma yo gutsindirwa i Golgotha, APR FC ubu irasabwa ibisubizo byihuse kugira ngo ibashe kwisuganya mbere y’uko yerekeza ku rugamba rwa CAF Champions League, aho gutsikira bishobora gutuma ihita isezererwa hakiri kare.

Soma Izindi Nkuru

m_irene17-ba00e

M Irene yarongoye

August 15, 2026

Leave a Reply