APR FC yabambiwe i Golgotha, impungenge ziriyongera mbere ya CAF Champions League

APR FC yongeye gutetereza abakunzi bayo, itsindirwa na Sunrise FC igitego 1-0 kuri Stade ya Nyagatare ikunze kwitwa “i Golgotha”, mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu. Igitego rukumbi cy’uyu mukino cyatsinzwe na Ndikumana Arteta ku munota wa 15. APR FC yari yabanje mu kibuga ikipe yayo ya kabiri, mbere y’uko umutoza Taleb Abderrahim akora […]
Erik Prince yahawe na Tshisekedi umukoro wo gutangiza igitero gishya kizatangirira i Uvira

Amakuru mashya akomeje kugaragaza ko Erik Prince washinze sosiyete y’abacanshuro ya Vectus Global ndetse akanaba uwashinze Blackwater, ari mu bahawe inshingano zo gutegura ibikorwa bishya bya gisirikare mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa, mu rwego rwo gufasha iki gihugu kwisubiza ibice cyambuwe na AFC/M23. Ni nyuma y’uruzinduko aheruka kugirira i Kinshasa, aho yitabiriye inama yayobowe na […]
Ramaphosa yunamiye abasirikare ba SADC bishwe na M23

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yunamiye abasirikare ba SADC baguye mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubwo bari bahanganye na M23, ashimangira ko urupfu rwabo rukwiye gutuma akarere gakomeza gushaka umuti w’amahoro w’iyo ntambara. Ramaphosa yabivuze ku wa 14 Kanama 2026 mu kiganiro rusange cyabereye muri Kaminuza ya KwaZulu-Natal, […]
Gen. Muhoozi yahinduye abayobozi bakuru mu gisirikare cya Uganda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen. Muhoozi Kainerugaba, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare, ashyiraho abayobozi bashya mu nzego zitandukanye. Impinduka zatangajwe ku wa Gatandatu, tariki ya 15 Kanama 2026, zihita zitangira gukurikizwa. Muri zo, Maj Gen Joseph Ssemwanga yakuwe ku mwanya w’Umuyobozi Wungirije w’Ingabo zirwanira ku Butaka, ashyirwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ingabo […]
Perezida Doumbouya yagarutse mu gihugu arinzwe bidasanzwe

Perezida wa Guinée-Conakry, Gen. Mamadi Doumbouya, yagarutse i Conakry ku wa Gatanu tariki ya 14 Kanama 2026, nyuma y’ikiruhuko cy’umwaka yari amazemo iminsi mu Bugereki we n’umuryango we. Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana uburyo uyu mukuru w’igihugu yari arinzwe bidasanzwe ubwo yageraga ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Ahmed Sékou Touré. Mu mashusho, Doumbouya agaragara […]
Kampala: Marizamunda, Maj. Gen. Nyakarundi na Bernard Makuza bitabiriye inama ya EASF

U Rwanda rwitabiriye Inama ya 36 isanzwe ya Eastern Africa Standby Force (EASF), yabereye i Kampala muri Uganda ku wa 14 Kanama 2026, igamije kurebera hamwe uko ibihugu byo mu karere byakomeza ubufatanye mu by’umutekano no kongera ubushobozi bw’uyu mutwe w’ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye. Iyi nama yatangiye ku wa 10 Kanama 2026, ubwo […]
U Burundi bwambuwe kwakira FIA 2026, abashoferi boherezwa mu Rwanda

U Burundi bwambuwe uburenganzira bwo kwakira amarushanwa mpuzamahanga y’imodoka yari ateganyijwe muri gahunda y’umwaka wa 2026, nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ryo Gusiganwa muri uwo mukino. Iki cyemezo cyafashwe mu gihe muri siporo y’imodoka mu Burundi havugwa ibibazo birimo imitegurire y’amarushanwa, imicungire y’umutungo ndetse n’imikorere y’urwego rw’igihugu rushinzwe siporo y’imodoka. Muri ibyo bibazo harimo kuba […]
Abanyamulenge bareze Tshisekedi na Ndayishimiye muri ICC

Abanyamulenge bo muri Minembwe bagejeje ku Biro by’Umushinjacyaha w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rw’i La Haye ikirego gisaba ko hakorwa iperereza ku ruhare bavuga ko abayobozi bakuru ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Burundi bagize mu byaha byakorewe abaturage b’Abanyamulenge. Iki kirego cyatanzwe kuri uyu wa 14 Kanama 2026, aho abarega bashinja Perezida wa […]
Ruboneka wacaga APR FC za miliyoni mu muryango winjira kwa mukeba

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bigeze kure na Ruboneka Jean Bosco, nyuma yo gutandukana na APR FC yamurekuye ubwo impande zombi zananirwaga kumvikana ku mafaranga yayicaga ngo asinye amasezerano mashya. Amakuru avuga ko nta gihindutse Ruboneka Jean Bosco ashobora kwerekanwa nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports mu mpera z’iki cyumweru. Ruboneka amaze igihe nta […]
Tanganyika: Imirwano ya FARDC na Wazalendo yamenekeyemo amaraso

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abarwanyi ba Wazalendo bakorana na zo barasaniye mu gace ka Kisengo gaherereye muri Teritwari ya Nyunzu yo mu ntara ya Tanganyika, hapfa abantu batanu. Ku wa Gatatu tariki ya 12 Kanama ni bwo iyo mirwano yabaye. Amakuru avuga ko mu bapfuye harimo Wazalendo batatu, mu gihe abandi […]
Icyo Tanzania ivuga ku cyemezo cya Rwanda FDA cyo guhagarika ibinyobwa biyikorerwamo

Ikigo cya Tanzania gishinzwe ubuziranenge (TBS), cyatangaje ko kigiye gusuzuma ikibazo cy’ubuziranenge cyatumye u Rwanda ruhagarika gutumiza inzoga zikorerwa muri kiriya gihugu, kinizeza ko kigomba kugirana ibiganiro n’abantu batandukanye mu rwego rwo gushaka umuti. Ku wa 5 Kanama 2026, ni bwo u Rwanda biciye mu kigo FDA gishinzwe ubuziranenge, ibiribwa n’imiti, rwahagaritse by’agateganyo itumizwa, ikwirakwizwa […]
Brig. Gen Rwivanga yaganiriye na Museveni

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yiyemeje gukorana n’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) mu rwego rwo gukomeza ubushobozi bw’ingabo z’uyu muryango zihora ziteguye gutabara aho rukomeye. Museveni yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Kanama 2026, nyuma yo kwakirira Brig. Gen. Rwivanga uyobora uriya mutwe w’ingabo mu biro bye biherereye i […]
RIB yatanze umucyo ku ifungwa rya Shema Fabrice, urujijo rwa APR FC ruvaho

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatanze ibisobanuro ku itabwa muri yombi rya Shema Fabrice uyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ruvuga ko ibyaha akurikiranweho ntaho bihuriye n’akazi ke ko kuyobora iri shyirahamwe. Shema Fabrice yatawe muri yombi ku wa 11 Kanama 2026. Nyuma yaho amakuru y’ifungwa rye akwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru, bamwe […]
FDNB yongereye ingabo muri RDC nyuma y’uruzinduko rw’ibanga rwa Gen. Niyongabo i Kinshasa

Ingabo z’u Burundi (FDNB) ziri kongera kwinjira mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe hashize icyumweru Umugaba Mukuru wazo, Gen. Prime Niyongabo, agiriye uruzinduko rw’ibanga i Kinshasa. Amakuru BWIZA ikesha imboni zayo mu Burundi avuga ko mu ijoro ryo ku wa 12 rishyira ku wa 13 Kanama 2026, umubare munini w’abasirikare ba […]
Yahaye ba Afande ruswa ya Frw 7,800 ngo bamwemerere kwinjira mu gisirikare, atabwa muri yombi

Umusore w’imyaka 20 wo mu Karere ka Masindi muri Uganda, yatawe muri yombi akekwaho kugerageza guha ba Ofisiye bane bo mu ngabo z’icyo gihugu ruswa y’amashiringi 20,000 (Frw 7,800) kugira ngo bamwemerere kwinjira mu gisirikare. Uyu musore witwa Emmanuel Kyakabaale Tayebwa, yafatiwe ku cyicaro cy’Akarere ka Masindi, aho yari yagiye kwitabira igikorwa cyo gushaka abasirikare […]
I La Haye hagiye gutangwa ikirego ku bwicanyi bwakorewe Abanyamulenge mu Burundi

Mu mujyi wa La Haye wo mu Buholandi hagiye gutangwa ikirego gisaba ubutabera ku bwicanyi bwakorewe Abanyamulenge mu nkambi ya Gatumba mu Burundi, nyuma y’imyaka 22 harabuze ubutabera ku bantu 152 bishwe. Kuri uyu wa 13 Kanama 2026, ni bwo Abanyamulenge n’inshuti zabo hirya no hino ku isi bibuka buriya bwicanyi. Mu ijoro ryo ku […]
Gatumba: Ubwicanyi bwakorewe Abanyamulenge bumaze imyaka 20: Ni bande babugizemo uruhare, kuki ubutabera butaraboneka?

Mu ijoro ryo ku wa 13 Kanama 2004, isi yamenye inkuru y’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu nkambi y’impunzi ya Gatumba, mu burengerazuba bw’u Burundi, hafi y’umupaka wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Mu masaha make gusa, inkambi yari icumbikiye impunzi z’Abanyamulenge yahindutse ahantu h’urupfu n’agahinda. Abantu bagera kuri 160 barishwe, abandi barenga 100 barakomereka. Abenshi […]
Erik Prince, Tshisekedi n’u Burundi mu nama y’ibanga i Kinshasa

Umushoramari w’Umunyamerika akanaba umuyobozi wa sosiyete y’abacanshuro ya Blackwater, Erik Prince, yagaragaye i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yaba yitabiriye inama yigaga ku mutekano n’imirwano ikomeje mu burasirazuba bw’igihugu. Amakuru yatangajwe n’umunyamakuru Pero Luwero ukunze gutangaza amakuru y’imbere mu nzego zo hejuru za politiki n’umutekano muri Kinshasa, avuga ko iyo nama yabereye […]
FAMA iri kwagura ubushobozi hifashishijwe drones na robots: Colonel-Major Sanogo

Colonel-Major Yacouba Sanogo wo mu Ngabo za Mali (FAMA), yagaragaje ko igihugu cye kiri kwagura ubushobozi bw’ingabo zacyo hifashishijwe ikoranabuhanga, cyane cyane drones n’utwuma twikoresha dukorera ku butaka (robots). Uyu musirikare yabitangarije i Kigali, ahari kubera Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (International Security Conference on Africa – ISCA), iganirwamo ibibazo by’umutekano n’ikoranabuhanga rishya rishobora […]
I Kigali hateraniye impuguke zo mu bihugu 50 ziri kuganira ku hazaza h’umutekano wa Afurika (Amafoto)

Impuguke zibarirwa mu 300 zaturutse mu bihugu 50 byo hirya no hino ku Isi, ziteraniye i Kigali mu nama igamije kurebera hamwe uko AI (Ubwenge buhangano) na sisitemu zigenga bigenda bihindura imiterere y’umutekano n’ubwirinzi muri Afurika. Iyi nama yatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Kanama 2026, ikaba iri kubera muri Kigali Convention Centre. […]
Tshisekedi i Dar es Salaam gushaka uko yakwiyegereza Kabila, n’umusada wo kurinda Kalemie

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, ashobora kwerekeza i Dar es Salaam muri Tanzania, nyuma y’uruzinduko aheruka kugirira i Brazzaville muri Repubulika ya Congo. Amakuru avuga ko urwo ruzinduko rushobora kuba rugamije ibintu bibiri by’ingenzi, birimo “gushaka inzira nshya yo kwegera uwahoze ari Perezida wa RDC, Joseph Kabila, ndetse no gusaba ubufasha […]
Shema Ngoga Fabrice wa FERWAFA arafunzwe

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yamaze gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, yatangaje ko uyu mugabo akurikiranweho icyaha cyo “gutanga sheki itazigamiye”. Yunzemo ko Shema afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mu gihe iperereza rigikomeje. RIB ntiyasobanuye uko icyaha […]
Abarimo FARDC, FDLR na FDNB bagabye ‘ibitero karahabutaka’ muri Kalehe

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Kanama 2026, washinje ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugaba ibitero bikomeye mu duce dutandukanye twa Teritwari ya Kalehe, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. AFC/M23 yavuze ko ibyo bitero byatangijwe ahagana saa 05:00 za mu gitondo, bigabwa hifashishijwe […]
Gen. Katumba yasezeye muri UPDF yari amazemo imyaka 47, avuga imyato Museveni

Gen. Edward Katumba Wamala uri mu basirikare bakomeye Uganda yagize, yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 47 yari amaze mu gisirikare. Gen. Katumba abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yatangaje ko ku wa 31 Nyakanga 2026 yari amaze imyaka 47 akorera Uganda nk’umusirikare. Yavuze ko gutanga ubuhamya ku rugendo rwe rw’imyaka 47 mu gisirikare bidashobora […]
Trump yavanywe muri Türkiye rwihishwa kubera gutinya Iran

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavanywe muri Türkiye mu buryo bw’ibanga, nyuma y’uko inzego z’umutekano za Amerika zibonye amakuru y’uko Iran yashoboraga kumwivugana. Trump yari yagiye i Ankara muri Türkiye muri Nyakanga 2026, mu nama ya NATO. Urwo rugendo rwari rudasanzwe kuko ari rwo rwa mbere yakoreshejemo indege nshya ya Boeing […]
Kinshasa na AFC/M23 mu ntambara y’uburezi, nyuma y’abayobozi bashya b’amashuri y’i Goma na Bukavu bashyizweho

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yateye utwatsi abayobozi bashya b’ibigo by’amashuri makuru na za kaminuza biri mu mijyi ya Goma na Bukavu bashyizweho n’ubuyobozi bwa AFC/M23, ivuga ko ibyo byemezo nta gaciro bifite mu mategeko. Minisiteri y’Amashuri Makuru, Kaminuza, Ubushakashatsi n’Ubuhanga ya RDC (ESU-RSI), ku wa Mbere tariki ya 10 Kanama 2026 yatangaje […]
Abasirikare bashya 566 batojwe na RDF binjiye muri FACA

Abasirikare bashya 566 binjiye ku mugaragaro mu Ngabo za Repubulika ya Centrafrique (FACA), nyuma yo kurangiza neza amahugurwa y’ibanze ya gisirikare yari amaze amezi atandatu. Hari kandi abandi 104, barimo ba Suzofisiye bakuru, barangije amezi ane y’amahugurwa ajyanye n’akazi kabo. Ni mahugurwa yose yatanzwe n’abarimu b’Ingabo z’u Rwanda (RDF), ku bufatanye na FACA. Umuhango wo […]
Burundi: UPRONA yatanze umukandida uzahangana na Ndayishimiye mu matora

Ishyaka UPRONA ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi, ryatanze Abel Gashatsi nk’umukandida uzarihagararira mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe mu 2027. Gashatsi yemejwe n’abagize Kongere y’Igihugu ya UPRONA yabereye i Bujumbura ku wa 8 Kanama 2026. Ni umwe mu banyapolitiki bamaze igihe muri uyu mutwe wa politiki, ndetse akaba yarabaye Visi Perezida wa Kabiri w’Inteko […]
RDC mu biganiro n’igihugu izoherezamo abarwanyi ba FDLR batinya gutaha mu Rwanda

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko abayobozi ba politiki n’abagisirikare b’umutwe wa FDLR bemeye gahunda yo kwamburwa intwaro, gusenywa no gusubiza abarwanyi mu buzima busanzwe, mu gihe inari mu biganiro n’igihugu kizoherezwamo abatazemera koherezwa mu Rwanda. Minisitiri w’Ukwihuza kw’akarere wa RDC, Floribert Anzuluni, yabivugiye mu kiganiro yagiranye na RFI, nyuma y’amasezerano Kinshasa […]
APR FC yatangaje ko idashaka ‘gushyira ubuzima bw’abakinnyi mu kaga’ ijya i Kinshasa

Ikipe ya APR FC yatangaje ko ititeguye kujya i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igomba guhurira na Aigle du Congo, mu rwego rwo kwirinda gushyira ubuzima bw’abakinnyi bayo mu kaga. Byatangajwe n’umutoza Taleb Abderrahim, nyuma y’umukino wa gicuti we n’ikipe ye bari bamaze gutsindamo Etincelles FC ibitego 2-1, ku Cyumweru tariki ya 9 […]
AI, drones n’intwaro zigenzurwa na mudasobwa: ISCA igiye guhuriza Afurika i Kigali ku hazaza h’umutekano wayo

Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (ISCA), igiye guhuriza i Kigali abayobozi, inzobere mu mutekano, abashakashatsi n’abafata ibyemezo baturuka mu bihugu birenga 50, kugira ngo baganire ku ngaruka z’iri koranabuhanga ku mutekano w’umugabane. Ikiganiro cyo ku rwego rwo hejuru kizabera muri Kigali Convention Centre ku wa Gatatu tariki ya 12 Kanama, ku nsanganyamatsiko igira iti […]
AFC/M23 iremeza ko abantu 6 mu bo yashyikirijwe na Kinshasa itabazi

AFC/M23 ku wa Gatandatu yatangaje ko muri ba bantu 15 Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarekuye ikabashyikiriza uyu mutwe, icyenda gusa ari bo wemera ko bari ku rutonde rw’abantu ufitanye isano na bo, mu gihe abandi batandatu batari kuri urwo rutonde. AFC/M23 yabivuze mu itangazo yasohoye ku wa 8 Kanama 2026, nyuma y’uko […]
RIB yerekanye 16 ifunze barimo ‘Kazungu’ wa Ingufu Gin

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwerekanye abantu 16 barimo ba nyiri inganda zakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge ndetse n’abari abakozi bazo. Aberekanwe barimo Ntihanabayo Samuel uzwi nka Kazungu usanzwe ari umuyobozi akanaba nyiri uruganda rwa Ingufu Gin Ltd. Uru ruganda rukorera mu karere ka Kamonyi, ruri mu zirenga 130 ziheruka gufungwa nyuma yo gusanga zarakoraga ibyo kunywa […]
Ndayishimiye, Gen. Niyongabo, Ndikuriyo na Muzinga ntibajya imbizi ku ngabo za FDNB ziri muri RDC

Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko mu buyobozi bukuru bw’iki gihugu hakomeje kuba ukutumvikana ku bijyanye n’ingabo iki gihugu cyohereje mu mirwano mu burasirazuba bwa Congo, aho Perezida Evariste Ndayishimiye avugwaho gushyigikira ko zikomeza kuhaba, mu gihe Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen. Prime Niyongabo, na Reverien Ndikuriyo bifuza ko zitaha. Aya makuru yatangajwe n’umuryango FOCODE, na […]
Nduhungirehe yanyomoje Ndayishimiye

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yanyomoje Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye uheruka kuvuga ko u Rwanda rwarasezeranyije Burundi kubuha abantu bakekwaho uruhare muri coup d’état yo mu 2015. Ndayishimiye mu kiganiro aheruka guha BBC Gahuzamiryango, yavuze ko igihugu cye kigitegereje ko u Rwanda rushyira mu bikorwa ibyo rwacyemereye. Yavuze ko ibihugu byombi biheruka […]
Gen. Nyakarundi yashyikirije abasirikare ba RDF bari muri Centrafrique ubutumwa bwa Perezida Kagame

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, ku wa Gatanu yasuye Repubulika ya Centrafrique, ahura n’abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri icyo gihugu (MINUSCA), ndetse n’abari mu butumwa ku bufatanye bw’ibihugu byombi. Aherekejwe n’itsinda ayoboye, Maj Gen Nyakarundi yasuye umutwe wa RWABAT-1 ukorera mu kigo […]
Amerika yashimye ihererekanywa ry’imfungwa ryabaye hagati RDC na AFC/M23

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashimye ihererekanywa ry’abantu 15 ryabaye hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23, ivuga ko ari intambwe ishobora gutanga imbaraga nshya mu rugendo rwo gushaka amahoro arambye mu burasirazuba bw’iki gihugu. Massad Boulos, Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Amerika, Donald Trump, ni we watangaje ko Washington yemeye […]
FARDC, FDLR, FNDB na Wazalendo bongeye kwisuganya muri Kivu y’Amajyepfo

Umutwe wa MRDP/M23 watangaje ko ihuriro rigizwe n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), iz’u Burundi (FNDB), umutwe wa FDLR n’abarwanyi ba Wazalendo ryongeye kwisuganya mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’igihe muri aka gace hagaragara agahenge. Byatangajwe n’Umuvugizi wa MRDP/M23 ku rwego rwa gisirikare, Colonel Rugabo Fidèle, mu butumwa yashyize ku rubuga rwa […]
Uganda igiye kohereza ingabo muri Gaza nyuma y’ubusabe bwa Trump

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda yemeje ubusabe bwa Guverinoma y’iki gihugu bwo kohereza ingabo mu Ntara ya Gaza, aho zizitabira ubutumwa mpuzamahanga bugamije gufasha kugarura amahoro n’umutekano. Iki cyemezo cyafashwe ku wa 6 Kanama 2026, nyuma y’uko Minisitiri w’Ingabo n’Abazihozemo, Jacob Oboth Oboth Kiryowa Kiwanuka, agejeje imbere y’abadepite ubusabe bwo kwemeza ko izo ngabo zoherezwa […]
FERWAFA yahanishije Imurora Japhet ‘Drogba’ kumara imyaka 5 atagaragara mu mupira

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryahanishije Imurora Japhet uzwi nka Drogba kumara imyaka itanu atagaragara mu bikorwa by’umupira w’amaguru, nyuma yo kugerageza gukora ‘Match Fixing’ ku mukino wahuje Amagaju FC na Musanze FC. Imurora wari usanzwe ari Umutoza Wungirije w’Amagaju FC akanaba Team Manager w’iyi kipe, yari amaze igihe yarahagaritswe mu mupira azira iriya […]
Gen. Muganga yakiriye amatsinda ya ba Ofisiye bo muri Zimbabwe na Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen Mubarakh Mubarakh, ku wa Kane yakiriye ku cyicaro gikuru cya RDF, itsinda rya Ofisiye Bakuru biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Zimbabwe basozaga urugendoshuri rwamaze ibyumweru bibiri mu Rwanda. Uru ruzinduko rwari rugamije kurushaho gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare hagati y’impande zombi no gusangizanya ubunararibonye bw’u Rwanda […]
Champions league: APR FC izajya i Kinshasa

Tombola y’uko amakipe agomba guhura mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league, yasize ikipe ya APR FC itomboye Aigle du Congo y’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Kanama ni bwo iyi tombola yayobowe n’Umunyarwanda Karekezi Olivier wahoze akinira ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yabaye. Umukino ubanza hagati ya […]
Gen. Rwivanga yagenzuye ingabo za UPDF zigomba koherezwa muri EASF

Uganda yatangiye igikorwa cyo kugenzura ubushobozi bw’ingabo, polisi n’abasivili yateganyije gutanga mu mutwe w’akarere ushinzwe gutabara aho rukomeye, mu myiteguro y’ibikorwa byo guhangana n’ibibazo by’umutekano muri Afurika y’Iburasirazuba. Iki gikorwa cyatangiye ku wa 6 Kanama 2026 kikazarangira ku wa 8 Kanama, gikurikije gahunda y’ibikorwa bya EASF yo mu 2026 ndetse n’intego yo gukomeza kugira umutwe […]
Kinshasa ihanganye n’u Rwanda yashoye asaga miliyari 1.6 Frw mu gushaka ijwi i Washington

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashoye amafaranga menshi mu bikorwa byo gushaka ubuvugizi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe ikomeje urugamba rwa dipolomasi ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bw’igihugu. Ikinyamakuru Financial Times kivuga ko RDC iri mu bihugu bya Afurika byifashishije ibigo bya ‘lobbying’ by’i Washington, kugira ngo biyifashe kugera […]
Gasabo: Uwitwaga ‘Kisekedi’ yahinduriwe izina, ahabwa irishya

Umunyarwanda wari uzwi ku izina rya Kisekedi Ndatabaye, utuye mu Mudugudu w’Urumuri, Akagari ka Nyagahinga, Umurenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, yamaze kwemererwa guhindura izina rye, yitwa Ndatabaye Yvan. Ibi bigaragara mu Igazeti ya Leta iheruka gusohoka, ikubiyemo urutonde rw’abantu bemerewe guhindura amazina yabo. Mu cyemezo cyari cyaratangajwe mu Igazeti ya Leta yo ku […]
Intambwe nshya mu ihana ry’imfungwa hagati ya RDC na AFC/M23 ryari rimaze igihe ryaradindiye

Ihanahana ry’imfungwa hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’umutwe wa AFC/M23 ryari rimaze amezi ryaradindiye, rishobora kuba rigiye gutangira nyuma y’uko hagaragaye intambwe nshya mu myiteguro yaryo. Amakuru avuga ko abagabo 15 bafitanye isano na AFC/M23 bamaze kwimurwa bavanwa muri gereza z’ i Kinshasa bajyanwa mu mujyi wa Beni wo mu […]
Uwahoze ari Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru yavuze impamvu yavuye i Goma mbere y’uko ifatwa, n’impamvu zatumye M23 iyifata

Carly Nzanzu Kasivita, wahoze ari Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru kuri ubu akaba ari Visi Perezida wa Komisiyo y’Ingabo n’Umutekano mu Nteko Ishinga Amategeko ya RDC, yavuze ko yari yarabonye ibimenyetso byagaragazaga ko Goma ishobora kugwa mu maboko ya AFC/M23, ari na yo mpamvu yahisemo kuyivamo hasigaye icyumweru kimwe ngo ifatwe. Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru […]
AFC/M23 yavuze aho ihagaze ku cyiswe ‘Genocost’ Kinshasa ishinja u Rwanda

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ridashyigikiye uburyo Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikoresha ijambo “Genocost”, rivuga ko ari igitekerezo cya politiki kigamije kuyobya ukuri ku mateka y’ibibazo byabaye muri iki gihugu no gushyira mu majwi u Rwanda. Mu itangazo AFC/M23 yasohoye kuri uyu wa Kabiri nyuma y’umuhango wabereye i Kinshasa ku wa 3 […]
U Rwanda mu biganiro n’u Butaliyani ngo ruzakire abimukira bazabwirukanwamo

Guverinoma y’u Butaliyani yatangaje ko yatangiye ibiganiro bya mbere n’u Rwanda bishobora kuvamo amasezerano yo kwakira abimukira bazaba barangiwe ubusabe bw’ubuhungiro muri iki gihugu cy’i Burayi. Aya makuru yatangajwe na Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu w’u Butaliyani, Matteo Piantedosi, uvuga ko u Rwanda ruri mu bihugu bitatu bya Afurika nyuma Uganda na Ghana, biri kuganirwaho nk’ahantu […]
Pamella yahaye nyirantarengwa abakomeje gusakaza inkuru z’uko urwe na The Ben rwasenyutse

Uwicyeza Pamella usanzwe ari umugore w’umuhanzi Mugisha Benjamin ‘The Ben’, yatangaje ko agiye gufatira ingamba z’amategeko abantu bakomeje gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma kandi amusebya bifashishije imbuga nkoranyambaga. Mu butumwa uyu mugore yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko amaze imyaka myinshi yirinda gusubiza ibivugwa kuri murandasi kuko yumvaga nta muntu agomba […]
Nduhungirehe yasubije Tshisekedi washinje u Rwanda ‘Genocost’

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yamaganye ibirego bya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo washinje u Rwanda gukorera ubwicanyi ku butaka bw’igihugu cye kugira ngo rusahure umutungo wacyo, avuga ko ibikomeje kuvugwa na RDC ari ukwigiza nkana no guhisha uruhare rwayo mu bikorwa byibasiriye Abatutsi. Ku Cyumweru tariki ya 2 Kanama 2026 […]
APR FC yikuye muri Super Cup

Ikipe ya APR FC yamenyesheje inzego zibishinzwe ko itazakina irushanwa rya Super Cup ryari riteganyijwe guhuriza hamwe amakipe ane akomeye mu Rwanda. Amakuru avuga ko APR FC yamaze kwandikira Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) ibamenyesha ko yikuye muri iri rushanwa, nyuma yo kutishimira uburyo yamenye ko Super Cup izakinwa n’amakipe ane, aho kuba umukino umwe nk’uko […]
Museveni yagaragaje inkwano z’umurengera nka nyirabayazana ituma abasore badashaka

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yanenze umuco wo gusaba inkwano z’umurengera, avuga ko uri mu bituma urubyiruko rutinya cyangwa rutinda gushinga ingo kubera umutwaro w’amafaranga n’amatungo ruba rusabwa. Yabivugiye mu muhango gakondo wa ‘Okuhingira’ wabereye mu Karere ka Kiruhura, mu Burengerazuba bwa Uganda, aho umukobwa wa Minisitiri ushinzwe Agace ka Bunyoro, Alice Kaboyo, yashyingirwaga. […]
Izindi nganda zirenga 100 z’ibyuma n’inzoga z’inkorano zafunzwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA), rwatangaje ko rwafunze izindi nganda zirenga 100 zakoraga inzoga z’inkorano n’izindi zitubahirizaga ibisabwa n’amategeko, mu rwego rwo kurushaho kurinda ubuzima bw’abaturage. Iki cyemezo gikurikiye ibikorwa by’ubugenzuzi bwakajijwe nyuma y’aho hafatiwe ingamba zikomeye ku nganda umunani zari zizwiho gukora inzoga zizwi nk’ibyuma”, nyuma yo guteza ikibazo cyatumye abantu […]
M23 na Twirwaneho bafashe agace gahana imbibi n’intara ya Maniema

Amakuru aturuka mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko abarwanyi ba AFC/M23 bafatanyije n’umutwe wa MRDP-Twirwaneho bakomeje kwagura ibice bagenzura muri Teritwari ya Fizi, nyuma yo gufata agace gahana imbibi n’intara ya Maniema. Amakuru yatangiye gukwirakwira ku Cyumweru tariki ya 2 Kanama 2026, avuga ko abo barwanyi bageze muri Segiteri ya Lulenge, agace gafite umwihariko […]
Amakimbirane mu buyobozi bw’u Burundi ku iherezo ry’ingabo ziri i Baraka

Amakuru aturuka mu masoko atandukanye avuga ko mu buyobozi bukuru bw’u Burundi hari kutavuga rumwe ku cyemezo cyo gukomeza kohereza cyangwa gukura ingabo z’iki gihugu ziri mu mujyi wa Baraka wo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru avuga ko bamwe mu bayobozi b’igisirikare babona ko gukomeza kugumisha abasirikare i […]
U Burundi bwashinje Canada kugira uruhare mu kubutezamo umutekano muke

Guverinoma y’u Burundi yashinje Canada kugira uruhare mu gushishikariza ibikorwa bibangamira umutekano wabwo, nyuma y’uko umutwe wa RED-Tabara ushyize hanze amashusho agaragaza umwe mu barwanyi bawo uvuga ko yavuye muri Canada akaza kwinjira muri uwo mutwe. Mu mashusho yatangajwe ku rubuga rwa YouTube rwa RED-Tabara, agaragaramo umugore uvuga ko yahoze akorera muri Canada, ariko aza […]
U Rwanda rwasubije FDLR irusaba kuyifungurira ‘urubuga rwa Politiki’

Leta y’u Rwanda yakuriye inzira ku murima abarimo umutwe wa FDLR bamaze igihe bagaragaza ko bifuza ishyirwaho ry’urubuga rwa Politiki’ mu gihugu, ishimangira ko nta rubuga nk’urwo rushobora gufungurirwa umutwe w’abajenosideri. U Rwanda rwatangaje ibi nyuma y’uko mu kwezi gushize FDLR na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagiranye amasezerano yiswe ayo kwambura intwaro […]
Hari n’abapfuye! MINISANTE yavuze ibyago inzoga zirimo ibyuma zahagaritswe zimaze guteza

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko inzoga zitujuje ubuziranenge, zirimo izizwi nk’ibyuma zimaze guteza ikibazo gikomeye cy’ubuzima mu Rwanda, aho mu mezi atandatu ya mbere ya 2026 abantu barenga 500 bazinyoye bagejejwe kwa muganga, mu gihe nibura 50 batakaje ubuzima. Iyi Minisiteri yatangaje aya makuru nyuma y’uko ku Cyumweru tariki ya 2 Kanama 2026, Ikigo cy’Igihugu […]
Ndayishimiye yavuze ko aheruka guhura n’umwe mu bayobozi bakuru ba AFC/M23

Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko aheruka guhura na Freddy Kaniki uri mu bayobozi bakuru ba AFC/M23 akaba na Perezida wa MRDP-Twirwaneho, avuga ko bagiranye ibiganiro byibanze ku bibazo by’umutekano biri mu gace ka Minembwe. Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na BBC Gahuzamiryango. Perezida w’u Burundi ubwo yabazwaga ku birego bivuga ko ingabo z’u Burundi […]