AFC/M23 na Twirwaneho bafashe kwa Mulima, igitutu cyiyongera kuri Baraka na Fizi

20260706 141447

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Nyakanga, ihuriro rya AFC/M23 rifatanyije n’umutwe wa Twirwaneho ryigaruriye agace kazwi nka nko kwa Mulima muri Teritwari ya Fizi, rikomeza kwagura ibice rigenzura nyuma y’ifatwa rya Point-Zéro ryabaye mu mpera z’icyumweru gishize. Amakuru aturuka mu bice by’imirwano avuga ko abarwanyi ba AFC/M23 na Twirwaneho binjiye kwa Mulima nyuma […]

Zabyaye amahari hagati ya UEFA na FIFA

1783334952590

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Mugabane w’u Burayi (UEFA), yanenze bikomeye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yashinje “kurenga umurongo utukura”, nyuma y’icyemezo cyo gukuraho ikarita itukura yari yahawe rutahizamu Folarin Balogun wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu itangazo UEFA yasohoye kuri uyu wa Mbere, yavuze ko icyemezo cya FIFA cyo kwemerera Balogun gukina umukino […]

Ndayishimiye yerekanye ibitwaro n’abasirikare b’abatirano ngo u Rwanda rugire ubwoba

Ku itariki ya 1 Nyakanga ubwo u Burundi bwizihizaga imyaka 62 bumaze buhawe ubwigenge n’u Bubiligi, byabaye ngombwa ko butira ingabo na bimwe mu bikoresho bya gisirikare bigezweho, mu rwego rwo kwereka u Rwanda ko rufite igisirikare gihambaye; nk’uko amakuru agera kuri BWIZA abyemeza. Muri ibi birori byabereye muri Stade Intwari mu mujyi wa Bujumbura, […]

Igitutu cya Trump cyatumye FIFA itera ipine ikarita itukura yari yahawe umukinnyi wa Amerika

20260706 081505

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yahagaritse igihano cyo gusiba umukino umwe cyari cyafatiwe rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Folarin Balogun, nyuma y’ubusabe bwa Perezida wa Amerika, Donald Trump. Balogun yari yahawe ikarita itukura ubwo Leta Zunze Ubumwe zakinaga na Australia, mu mukino wa 1/16 cy’irangiza w’Igikombe cy’Isi wasize ziyisezereye ku […]

Kwibohora: Perezida Kagame yahaye icyubahiro ingabo zari iza RPA

1993png 43354335 b799a 5f4d1

Perezida Paul Kagame yashimiye ingabo zari iza RPA zagize uruhare mu kubohora igihugu kubera ubutwari n’ubwitange zagaragaje, anazirikana abari muri urwo rugamba batakiriho muri iki gihe. Ni mu butumwa bujyanye n’isabukuru y’imyaka 32 ishize u Rwanda rwibohoye Umukuru w’Igihugu yageneye Abanyarwanda ndetse n’inshuti zarwo. Yagize ati: “Ndagira ngo ntangire nshimira ingabo zari iza RPA ku […]

Kuva ku ntwari z’ubwigenge kugera ku bwami bw’amabandi: Agahinda ka Haiti

news 560

Mu gihe amahanga akunze kuvuga kuri Ukraine, Gaza cyangwa Sudani, hari ikindi gihugu kiri mu bibazo bikomeye ariko kidahabwa umwanya uhagije mu bitangazamakuru mpuzamahanga: Haiti. Iki gihugu cyo mu birwa bya Caraïbes, cyanditse amateka yo kuba igihugu cya mbere cy’abirabura cyabonye ubwigenge binyuze mu rugamba rw’intambara mu 1804, ubu kiri mu kangaratete katigeze kabaho. Uyu […]

EU izakomeza gutera inkunga ubutumwa bwa RDF i Cabo Delgado: Perezida Chapo

RUANDA

Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, yatangaje ko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) uzakomeza gutera inkunga ubutumwa bw’ingabo z’u Rwanda zifasha igihugu cye kurwanya iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado, avuga ko ibiganiro byo gukomeza ubwo bufatanye bikomeje. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa Gatanu, Chapo yavuze ko ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda bizakomeza guterwa inkunga n’amafaranga […]

Tshisekedi yitabaje Ndayishimiye ngo ajye hagati ye n’opozisiyo ye

20260704 084858

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yasabye mugenzi we Evariste Ndayishimiye w’u Burundi gutumira i Bujumbura abatavuga rumwe na we kugira ngo bagirane ibiganiro ku bibazo igihugu kirimo. Amakuru yizewe yemeza ko Ndayishimiye muri iki gihe unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yatangiye ibiganiro n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, nyuma y’uruzinduko yagiriye […]

Kera Point-Zéro yasubiye mu maboko ya Twirwaneho na AFC/M23, FDNB na FARDC bayabangira ingata

Ingabo z’Ihuriro ry’imitwe ya MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 zongeye kugenzura agace k’ingenzi ka Point-Zéro gaherereye mu misozi miremire ya Fizi, nyuma yo kukirukanamo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Point-Zéro yafashwe saa munani n’iminota 35 z’igicuku cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Nyakanga 2026, nyuma ya Operasiyo […]

Burera: Green Party yakomereje ibikorwa byo kwegera abarwanashyaka i Nemba na Ruhunde

IMG 20260703 WA0020

Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR-Green Party) ryakomereje gahunda yo kwegera abarwanashyaka baryo hirya no hino mu gihugu, aho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Nyakanga 2026 ryahurije hamwe abasaga 250 bo mu mirenge ya Nemba na Ruhunde, mu Karere ka Burera, banatora abayobozi bashya ku rwego rw’imirenge. Nk’uko iri shyaka […]

Umunyamakuru Hitimana agiye kurongora Adelaide bakoranaga 

Umunyamakuru Hitimana Jean Claude ukorera Radio & TV10, aritegura kurushingana na Ishimwe Muhimpundu Adelaide (Ida) bakoranaga. Hitimana abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yateguje abantu ko azarongora iriya nkumi ku wa 05 Nzeri 2026. Uyu musore n’umukunzi we bari bamaze imyaka ine bakorana ikiganiro cya Siporo kuri Radio & TV10, ariko mu minsi mike ishize Ishimwe […]

Rutshuru: FDLR yishe 6 bo mu muryango w’umuyobozi

20260120 183349

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko abarwanyi b’umutwe wa FDLR usanzwe ukorana n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bishe umugore n’abana batanu b’umukuru w’umudugudu wo mu gace ka Kabizo, muri Butare, muri Chefferie ya Bwito ho muri Teritwari ya Rutshuru. Uyu mutwe wabiciye mu gitero wabagabyeho ku wa Kane tariki ya 2 […]

Amasezerano ya Trump hagati y’u Rwanda na RDC ashobora gukubita igihwereye: Foreign Affairs

2025 12 04T191314Z 173990078 RC2V9IADTB06 RTRMADP 3 USA TRUMP RWANDA CONGO 1764887531

Mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikomeje kugaragaza amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa nk’intambwe ikomeye ishobora kurangiza imyaka myinshi y’intambara mu burasirazuba bw’iki gihugu, ikinyamakuru ‘Foreign Affairs’ cyagaragaje ko hari impamvu zikomeye zituma ayo masezerano ashobora kudatanga umusaruro wari witezwe. Mu isesengura cyashyize ahagaragara, iki kinyamakuru kivuga ko n’ubwo isinywa […]

Twirwaneho yatwitse igifaru cya FDNB

20260703 085319

Umutwe wa Twirwaneho usanzwe ufatanya urugamba na AFC/M23, watwitse igifaru cy’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe impande zombi zikomeje gusakiranira mu misozi miremire ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru agera kuri BWIZA yemeza ko iki gifaru cyatwikiwe ahazwi nko kwa Mulima, muri Teritwari ya Fizi. Amakuru avuga ko kiriya gifaru cyatwitswe […]

Twirwaneho iri kwagura ibirindiro muri Kivu y’Epfo: Ese ni ugushimangira Minembwe cyangwa gutegura urugamba runini?

Mu gihe intambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje guhindura isura, hari umutwe umaze iminsi uvugwaho cyane: Twirwaneho. Mu mezi ashize, uyu mutwe wakomeje kuvugwa mu mirwano yabereye muri Minembwe no hafi ya Mikenge, aho amakuru atandukanye avuga ko waguye ibice ugenzura. Nubwo amakuru ava ku mpande zishyamiranye akunze gutandukana, hari […]

Perezida Chapo yasuye ‘RDF i Mocimboa da Praia

Perezida wa Mozambique akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Mozambique (FADM), Daniel Francisco Chapo, yasuye Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ku cyicaro gikuru  giherereye mu Karere ka Mocímboa da Praia. Hari mu ruzinduko rw’akazi arimo kugirira mu Ntara ya Cabo Delgado. Perezida Chapo yari aherekejwe na Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Cristóvão Artur Chume, Umugaba w’Ingabo zirwanira ku […]

FDLR yeruriye Trump ko idakozwa ibyo kurambika intwaro

Umutwe wa FDLR watangaje ko udakozwa ibyo kurambika intwaro, ngo keretse wemerewe kujya mu biganiro bya Politiki byuzuye birimo impande zose. Ibi byatangajwe mu butumwa bivugwa ko uriya mutwe wageneye abayobozi batandukanye, barimo na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump. Nk’uko bigaragara muri raporo y’Itsinda ry’Impuguke za Loni ku bibazo by’umutekano mu […]

Ndayishimiye yazamuye mu ntera ba Général de Brigade 4

Perezida w’u Burundi akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki gihugu, Évariste Ndayishimiye, yazamuye mu ntera abasirikare bane bari bafite ipeti rya Général de Brigade, abaha irya Général-Major. Ni icyemezo cyafashwe mu rwego rw’itangwa ry’amapeti risanzwe rikorwa buri mwaka ku wa 1 Nyakanga mu Gisirikare cy’u Burundi. Abazamuwe ni Général-Major Élie Ndizigiye uzwi nka Muzinga, usanzwe ari […]

AFC/M23 irateganya gushinga Leta yigenga mu burasirazuba bwa RDC: Loni

images 2

Raporo nshya y’Itsinda ry’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ku burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, igaragaza ko umutwe wa AFC/M23 ugifite umugambi wo gushyiraho ubutegetsi bwigenga mu bice ugenzura, bwiswe ‘République fédérale du Congo’. Iyi raporo yashyikirijwe Akanama k’Umutekano ka Loni, ivuga ko AFC/M23 ikomeje gukurikirana intego za politiki, iza gisirikare n’iz’ubukungu zirimo kwagura ibice igenzura, […]

Twafashe ibikoresho byinshi birimo za drone: Col Rugabo wa Twirwaneho 

20260625 082601

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho biciye muri Colonel Rugabo Fidèle, watangaje ko wafashe ibikoresho byinshi bya gisirikare by’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC, birimo na za drone. Ni nyuma y’uko M23 ku wa Gatatu tariki ya 1 Nyakanga yigaruriye uduce twa Mikenke na Bilalomboli itwirukanyemo izo ngabo. Rugabo mu butumwa yanditse ku rubuga rwe […]

Ndayishimiye yahaye ishimwe umuryango w’umusirikare waguye muri -Point Zéro

20260701 202358

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yazamuye mu ntera umwe mu basirikare b’u Burundi bapfiriye mu gace ka Point-Zéro muri Kivu y’Amajyepfo, mu rwego rwo kumushimira kwitangira igihugu cye. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Nyakanga ni bwo u Burundi bwizihije isabukuru y’imyaka 64 bumaze bubonye ubwigenge. Ni ibirori byaranzwe n’imyiyereko y’Ingabo z’Igihugu n’inzego zitandukanye […]

Loni yashinje Gen (Rtd) Kabarebe kugira uruhare rukomeye mu ifatwa rya Uvira 

46283505784 7489857738 o

Raporo y’Itsinda ry’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye kuri Congo, yashinje Gen (Rtd) James Kabarebe wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda kugira uruhare rukomeye mu ihuzwa ry’igitero cya AFC/M23 cyafashe umujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Iyo raporo ivuga ko igitero cyagabwe kuri Uvira cyari kiyobowe mu buryo butaziguye na ba Gen. Sultani Makenga na […]

Umubare w’ingabo impuguke za Loni zivuga ko u Rwanda rufite muri RDC

2026 07 01 10 12

Raporo nshya y’Itsinda ry’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ivuga ko ingabo z’u Rwanda (RDF) zikomeje gukorera ku butaka bw’icyo guhugu, kandi ko umubare wazo ushobora kuba uri hagati ya 14,000 na 18,000. Mu gika cya 96 cy’iyo raporo, impuguke za Loni zivuga ko mu Ukuboza 2025, “muri Kivu y’Amajyepfo hari hagati […]

Ingufu za AFC/M23 zageze ku basirikare 30,000: Raporo

coman

Raporo nshya y’Itsinda ry’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ku bibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, igaragaza ko ingufu za AFC/M23 zageze ku barwanyi bagera ku 30,000, umubare uvugwa nk’uwiyongereye cyane ugereranyije n’ibyari bizwi mu myaka yashize. Mu gika cya 65 cy’iyo raporo, impuguke za Loni zivuga ko “ingufu z’abarwanyi ba AFC/M23 zigereranywa n’abagera ku […]

Rubavu: Bamaze imyaka 4 bategereje ingurane bemerewe n’akarere, amaso yaheze mu kirere 

IMG 20260630 WA0033

Abaturage 11 bari bafite ibikorwa by’ubucuruzi ahubatswe agakiriro k’umudugudu w’ikitegererezo wa Muhira, mu murenge wa Rugerero w’akarere ka Rubavu, bavuga ko bamaze imyaka irenga ine bategereje ingurane y’ibikorwa byabo bemerewe n’akarere ariko amaso akaba yaraheze mu kirere. Ubutaka bariya baturage bavuga ko bwariho ibikorwa byayo byiganjemo inyubako, buherereye mu mudugudu wa Gitebe 1, akagari ka […]

Ingabo za Kinshasa zarashishije abaturage SMG muri Masisi

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC zagabye ibitero byinshi mu duce dutuwe cyane n’abaturage, by’umwihariko i Mpati, Nyange na Bibwe ho muri Groupement ya Bashali Mukoto. Uyu mutwe uvuga ko muri ibyo bitero izo ngabo zarashe abaturage zikoresheje imbunda za SMG (Submachine Guns), bikaba byahitanye umuturage umwe, abandi barindwi bagakomereka. […]

Nangaa yasabye FARDC kutumvira Tshisekedi wayise ‘Clochards’

gettyimages 1960338876 612x612 1

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yahamagariye Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) na Polisi y’Igihugu (PNC) kudakomeza kumvira Perezida Félix Tshisekedi, avuga ko atakiri igisubizo ku bibazo byugarije igihugu, ahubwo ko ari we wabaye ikibazo nyamukuru. Ni ubutumwa yatanze ku wa 30 Kamena 2026, ubwo RDC yizihizaga imyaka 66 imaze ibonye ubwigenge. Mu […]

Nangaa yagaragaje impamvu ko ibibazo RDC bidakwiye gukomeza kwitirirwa u Rwanda

WhatsApp Image 2025 01 30 at 16.10.32 56816663 1024x682 1

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yavuze ko ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kidakwiye gukomeza gusobanurwa nk’ingaruka z’igitero cyaturutse hanze cyangwa kwitirirwa u Rwanda gusa, ahubwo ko imizi yacyo iri mu bibazo bya politiki, imiyoborere n’ubuzimagatozi bw’ubutegetsi bwa Kinshasa. Ni bimwe mu byo yavuze mu ijambo yagejeje ku Banye-Congo kuri uyu wa 30 Kamena […]

Nduhungirehe yasobanuye impamvu gushyira mu bikorwa amasezerano ya Washington byananiranye, anavuga ku bihano bya Amerika

Foreign Ministers Olivier Nduhungirehe Therese Kayikwamba Wagner and Donald Trump at the State Department in Washington DC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko amasezerano ya Washington yasinywe haagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amaze umwaka atarashyirwa mu bikorwa kuko ku ruhande rwa Congo habuze ubushake bwa Politiki, ikindi iki gihugu kikaba cyarakomeje ubufasha bwacyo ku mutwe w’abajenosideri wa FDLR. Ku wa 27 Kamena 2025 ni bwo Nduhungirehe […]

U Rwanda na Kenya byasinyanye amasezerano yo koroshya itumizwa mu ry’ibikomoka kuri peteroli 

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Kenya kuri uyu wa Mbere zashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane (MoU) agamije koroshya itumizwa mu Rwanda ry’ibikomoka kuri peteroli byatunganyijwe (refined petroleum products) binyuze mu muhora wa ruguru. Aya masezerano azafasha u Rwanda kujya rutumiza ibikomoka kuri peteroli byinshi (bulk petroleum products) rwifashishije ibikorwa remezo bya Kenya birimo icyambu, imiyoboro itwara […]

Ba Colonel 2 ba RDF barangije amasomo ya gisirikare n’ay’Icyarabu muri Qatar

Ba Ofisiye bakuru babiri bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Lt Col Christian Mushengezi na Lt Col John Bosco Kamuhangire, barangije amasomo y’icyiciro cyo hejuru mu bya gisirikare nyuma yo gusoza amahugurwa bari bamazemo amezi 10 mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Joaan bin Jassim Academy for Defence Studies ryo muri Qatar. Aya mahugurwa agamije […]

U Bushinwa bwihanangirije ibihugu bikomeye bikoresha umutungo kamere wa RDC nk’igikoresho cya politiki

PL China

U Bushinwa bwasabye ibihugu bikomeye bitari ibyo mu Karere k’Ibiyaga Bigari, kwirinda gukoresha umutungo kamere wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’igikoresho cyo gukemura ibibazo bya politiki n’umutekano byo muri aka karere. Ubu butumwa bwatanzwe na Ambasaderi w’u Bushinwa akaba n’Uhagarariye iki gihugu muri Loni, Fu Cong, ubwo yagezaga ijambo ku Kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe […]

Kayumba ibintu byakomeye ni we wambwiye ngo tujye gusaba Museveni aduhe ubuhungiro: P. Kagame

Nyamwasa Kagame S 02

Perezida Paul Kagame yatangaje ko ubwo ingabo za RPA zari zikomerewe n’urugamba zari zihanganyemo n’ingabo za Habyarimana, Kayumba Nyamwasa wahunze igihugu yamusabye ko bajya gusaba Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akabaha ubuhungiro. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu nama nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’urugamba rwo kuyihagarika yari yateguwe n’ihuriro Unity Club Intwararumuri. Muri iyi […]

Impamvu Tshisekedi na Ndayishimiye bashaka Minembwe byo gupfa, mu mboni za Dr. Mvuka

20240417043710000000

Umushakashatsi akaba n’umusesenguzi ku bibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu karere muri rusange, Dr. Alex Mvuka, avuga ko impamvu ubutegetsi bwa RDC n’u Burundi bukomeje gushyira imbaraga mu rugamba rwo gufata Minembwe idashingira ku nyungu z’ubukungu cyangwa iza gisirikare, ahubwo ko ishingiye ku busobanuro iki gice gifite ku rwego rwa […]

Perezida Kagame yahishuye uko yagiye kwicuza ibyaha akabeshya Padiri

Perezida Paul Kagame yahishuye ko ari umukristu Gatolika, ndetse ko hari ubwo yagiye gusaba Penetensiya bikarangira abeshye kugira ngo ahabwe isakaramentu ry’ugukomezwa. Yabigarutseho kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Kamena, ubwo yari Mu Nama Nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabereye i Rusororo. Yagize ati: “Ndi umunyagatolika. Ibyo na byo ni […]

Ba Kayumba, Karegeya na Rudasingwa bari barijejwe ko bazaba ba Perezida: Kagame

general kayumba nyamwasa paul kagame

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu yavuze ko hari abantu bo hanze bamaze igihe bagerageza kugira uruhare mu kugena ejo hazaza h’u Rwanda, binyuze mu guha icyizere abarimo Kayumba Nyamwasa  cy’uko umunsi umwe bazayobora igihugu. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu ijambo yavugiye mu Nama Nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’urugamba rwo kuyihagarika yabereye […]

Afurika y’Epfo nyuma ya Apartheid: Ese urwango rwibasira abanyamahanga ni ikimenyetso cy’ibibazo bitarakemuka?

large

Hashize imyaka 32 Afurika y’Epfo ivuye ku butegetsi bwa Apartheid, gahunda yari ishingiye ku ivangura rikomeye rishingiye ku ibara ry’uruhu. Mu 1994, amatora ya mbere ya demokarasi yahaye ubutegetsi Nelson Mandela, bituma benshi babona ko igihugu cyinjiye mu gihe gishya kirangwa n’ubwiyunge, uburinganire n’ubumwe bw’abaturage. Ariko nyuma y’imyaka irenga itatu uhereye kuri izo mpinduka z’amateka, […]

Kuba Kayumba Nyamwasa yinjiye mu ntambara ya Congo bivuze iki ku Rwanda?

gettyimages 476967651 594x594 1

Izina rya Kayumba Nyamwasa wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda ryongeye kugaruka mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, nyuma yo kwiyunga ku ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa ririmo na FDLR bahuje umugambi. Abayobozi batandukanye bo ku ruhande rw’ihuriro rya AFC/M23 na Twirwaneho rirwana na Leta y’i Kinshasa, bakomeje […]

Masisi: Ingabo za Kinshasa zateye M23, zitwika ibirindiro byayo

20260109105036000000

Imirwano yongeye kubura mu bice bitandukanye by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho umutwe wa AFC/M23 uvuga ko ingabo zishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero ku birindiro byawo ndetse no mu bice bitandukanye byo muri Teritwari ya Masisi. Nk’uko AFC/M23 ibitangaza, kuva ku wa Gatanu tariki ya 26 Kamena kugeza ku wa Gatandatu tariki ya 27 Kamena […]

Amerika yongeye kuburira u Rwanda na RDC, iteguza ibindi bihano

02mideast boulos top hkpw videoSixteenByNine3000 scaled

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zongeye gukaza umurego mu gusaba u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubahiriza amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington, ziburira ko kutubahiriza ibyo impande zombi ziyemeje bishobora gutuma hafatwa ibindi bihano. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatanu n’Umujyanama wihariye wa Perezida wa Amerika ushinzwe Afurika, Massad Boulos, ubwo yagezaga ijambo […]

Burkina Faso yaciye burundu umubano wa dipolomasi n’u Bufaransa

InShot 20250114 081127843 scaled 1

Leta ya Burkina Faso ku wa Gatanu yatangaje ko yaciye burundu umubano wa dipolomasi n’u Bufaransa, mbere y’uko icyo cyemezo gihita gitangira kubahirizwa kigifatwa. Mu itangazo ryasomwe kuri televiziyo y’igihugu, Guverinoma ya Burkina Faso yavuze ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y’isuzuma ryimbitse ry’umubano wari usanzwe hagati y’ibihugu byombi. Yavuze ko ibisabwa kugira ngo habeho umubano […]

Umuhungu wa Maj. Gen Rwigema yagaragaye mu ruhande i Kigali

Eric Gisa Rwigema, umuhungu wa Late Maj. Gen Fred Gisa Rwigema watangije urugamba rwo kubohora u Rwanda, yagaragaye i Kigali aho yari yitabiriye umukino wa Basketball. Eric yagaragaye ku wa Gatanu tariki ya 27 Kamena, ubwo yari yitabiriye umukino wo kwibuka Kenrik Kabano wahoze akinira ikipe y’igihugu y’abato. Ni umukino wabereye muri Zaria Court, i […]

U Rwanda na RDC bimaze kubahiriza ⅓ cy’ibyo byiyemereje i Washington gusa: Raporo

P202512004DT 0476

Nyuma y’umwaka umwe u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bisinyanye amasezerano y’amahoro yashyiriweho umukono i Washington, ayo masezerano akomeje kudindira ndetse hari n’impungenge z’uko ashobora kurangirira mu “bukerarugendo bwa dipolomasi”. Ku wa 27 Kamena 2025 ni bwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Thérèse Wagner Kayikwamba wa Repubulika […]

RDC yareze u Rwanda mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera

jad20220608 ass rdc rwanda

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko yatanze ikirego mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (ICJ), irega u Rwanda ibyaha bikomeye ivuga ko rumaze imyaka 30 rukorera ku butaka bwayo. Minisiteri y’Itangazamakuru n’Itumanaho ya RDC mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko iki kirego kigamije gusaba urukiko gutangaza ko u Rwanda rufite inshingano mpuzamahanga ku […]

Burera: Abanyeshuri 7 batawe muri yombi

Abanyeshuri barindwi biga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Runaba ruherereye mu Murenge wa Butaro, Akarere ka Burera, batawe muri yombi nyuma yo gukekwaho kugira uruhare mu gukubita abarimu batatu. Amakuru y’itabwa muri yombi rya bariya banyeshuri yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, CIP Ignace Ngirabakunzi wavuze ko bamaze gufatwa kugira ngo bakurikiranwe n’inzego […]

Inzara iravuza ubuhuha mu basirikare b’u Burundi bari muri RDC na MINUSCA

Screenshot 20260313 095853

Umuryango utegamiye kuri Leta wa FOCODE, watangaje ko abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA) bahangayikishijwe n’uko bavuga ko bamaze amezi menshi badahembwa. Uyu muryango uvuga ko abasirikare b’u Burundi boherejwe muri MINUSCA bamaze amezi 11 badahembwa. […]

Amerika yafatiye ibihano uruganda rwa zahabu rwo mu Rwanda n’abaruyobora

zahabu yamaze gutunganganywa neza kuri ubu ikilo kigura hafi miliyoni 80 frw 098f6

Leta Zunze Ubumwe za Amerika binyuze mu Ishami rya Minisiteri yayo y’Imari rishinzwe kugenzura umutungo w’abafatirwa ibihano (OFAC), yafatiye ibihano uruganda rwa ‘Gasabo Gold Refinery Ltd’ rwo mu Rwanda ndetse n’abaruyobora. Ni nyuma yo kurushinja kugira uruhare mu gucuruza no gutunganya zahabu ikurwa mu buryo butemewe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Minisiteri […]

Ikipe yo mu cyiciro cya mbere muri Espagne yaguze Umunyarwanda 

20260625 161733

Ikipe ya Levante UD yo mu Cyiciro cya Mbere muri Espagne, yatangaje ko yamaze kugirana amasezerano n’umukinnyi ukiri muto Aaron Murenzi, ukomoka mu Rwanda ariko wakuriye mu Bubiligi, kugira ngo azayikinire mu mwaka utaha w’imikino. Iyi kipe kuri uyu wa Kane yatangaje ko “Aaron Murenzi yamaze kugirana amasezerano n’iyi kipe” ndetse ko azaba umwe mu […]

Ese nta masezerano ari hagati ya Kinshasa na Kigali?: Musenyeri Nshole 

Nsholecadeau1 1280x720 1

Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepisikopi Gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (CENCO), Mgr Donatien Nshole, yavuze ko hari ibibazo bikomeye bikwiye gusubizwa ku mubano uri hagati ya Leta ya RDC n’u Rwanda, anaburira ko gutegura referandumu abaturage bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23 batarimo byaba ari ukwemeza gucamo ibice igihugu. Yabigarutseho ku wa Kabiri mu […]

U Rwanda mu biganiro bya EU byo kwakira abimukira, nyuma y’ishoramari rya Frw miliyari 1,500

GYbV8D7a0AAHWUX

Ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), biri gutekereza gushyiraho ibigo byo hanze y’u Burayi bizajya byakira abimukira banze guhabwa uburenganzira bwo kuguma kuri uriya mugabane, aho u Rwanda na Uzbekistan biri mu bihugu byatekerejweho nk’ahashobora gushyirwa ibyo bigo. Ikinyamakuru POLITICO, kivuga ko abadipolomate batatu b’i Burayi bemeje ko hari ibiganiro hagati y’ibihugu bimwe bigize […]

Museveni yashyizeho Minisitiri usimbura by’agateganyo umugore we umaze igihe atagaragara

Janet and Museveni

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yashyizeho Dr. John Chrysostom Muyingo kugira ngo ayobore ibikorwa bya buri munsi bya Minisiteri y’Uburezi na Siporo, mu gihe umugore we akaba na Minisitiri w’iyi Minisiteri, Janet Museveni, akomeje kubura mu ruhame. Ibi bibaye nyuma y’amezi menshi Janet Museveni atagaragara mu bikorwa bya Leta, ibintu byakomeje guteza impaka n’inkuru nyinshi […]

Kugabanya imirwano mu Minembwe mu bintu 8 u Rwanda na RDC byiyemereje i Londres

000 43J39P8

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byiyemeje gufata ingamba zigamije kugabanya umwuka mubi n’imirwano ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Congo, by’umwihariko mu gace ka Minembwe. Ibi bikubiye mu itangazo ryasohotse nyuma y’inama ya gatandatu y’Akanama Gahuriweho gashinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro hagati y’ibihugu byombi yabereye i Londres mu Bwongereza, ku wa […]

Ingabo za Congo n’iz’u Burundi zakubitiwe kuri Ruhinamavi nk’ingoma: Col. Rugabo

20260625 082601

Colonel Rugabo Fidèle uvugira ibikorwa bya gisirikare by’umutwe wa Twirwaneho, yatangaje ko ingabo z’uyu mutwe zahaye isomo iza Congo Kinshasa n’iz’u Burundi, ubwo zashakaga kugerageza kwisubiza agasozi ka Ruhinamavi. Ruhinamavi ni agasozi k’ingenzi cyane mu rugamba rwo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kakaba kitegeye Centre ya Minembwe iherereye muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Amajyepfo. […]

Umuryango wa Edgar Lungu watsindiye umurambo we wari uhanganiye na Leta ya Zambia

Edgar Lungu 3

Umuryango wa Edgar Lungu wabaye Perezida wa Zambia hagati ya 2015 na 2021, watsinze urubanza wari umaze igihe uhanganyemo na Leta ya kiriya gihugu ku birebana n’aho umurambo we ugomba gushyingurwa. Kuri uyu wa 23 Kamena 2026, Urukiko rw’Ubujurire rwa Afurika y’Epfo rwafashe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari warafashwe n’urukiko rw’ibanze, rwari rwahaye Leta ya […]

Lourenço yanze umushinga mushya w’ibiganiro wa Tshisekedi uheza Kabila na AFC/M23

FhX2qchWAAcnHmB

Perezida wa Angola, João Lourenço, yanze gushyigikira umushinga Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari yagejeje i Luanda, ugamije gutegura ibiganiro byiswe ‘États généraux de la Refondation de l’État pour le Salut de la Patrie’. Jeune Afrique ivuga ko rwagati muri Gicurasi 2026, ubutegetsi bwa Kinshasa ari bwo bwoherereje Angola umushinga wabwo […]

U Burundi bwohereje umusada uremereye mu gace ‘Strategique’ ka Point-Zéro

ob e8ef3a m23

Igisirikare cy’u Burundi kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Kamena, cyohereje umusada ukomeye w’abasirikare n’ibikoresho bya gisirikare ugamije gufasha ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kudatakaza agace ka Point-Zéro kuva ku wa Mbere kari kuberamo imirwano ikomeye. Amakuru BWIZA yahawe n’amasoko yayo ari mu mujyi wa Uvira, avuga […]

RIB yavuze intandaro y’urupfu rw’umunyemari Habimana Noel 

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko umunyemari Habimana Noel umaze ibyumweru bibiri apfuye yazize urupfu rusanzwe, aho kuba yarishwe nk’uko byavugwaga. Ku wa 11 Kamena ni bwo nyakwigendera yapfuye aguye mu rugo rwe ruherereye ku Rebero mu karere ka Kicukiro. Nyuma y’urupfu rwe, byavuzwe ko umugore we witwa Uwizeye Marie Claire afatanyije n’uwitwa Ntihanabayo Samuel […]

U Rwanda na RDC byemeranyije ku kwihutisha gucyura impunzi ku bushake

20260622 173843

Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi, Maj. Gen (Rtd) Albert Murasira, yitabiriye inama ihuriweho yahuje u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), ikaba yari igamije kwihutisha icyurwa ry’impunzi ku bushake. Iyi nama yabereye i Addis-Abeba muri Ethiopie. Muri iyi nama, u Rwanda, Congo Kinshasa na YNHCR baganiriye ku buryo bwo […]

APR FC yatandukanye n’abarimo Ruboneka

Ikipe ya APR FC yamaze gutandukana n’abakinnyi babiri, Ruboneka Jean Bosco na Mugisha Gilbert, nyuma y’uko amasezerano yabo arangiye. Ruboneka yari amaze muri APR FC imyaka itandatu, nyuma yo kuyigeramo avuye muri AS Muhanga. Muri iyo myaka yatwaranye na yo ibikombe bitandukanye birimo bitandatu bya shampiyona y’icyiciro cya mbere. Ikipe ya APR FC yifuzaga ko […]