Senateri Habineza yavuze aho gahunda yo kujyana Leta mu nkiko kubera ‘Transit Centers’ igeze

IMG 20260614

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Hon. Dr. Frank Habineza, yatangaje ko gahunda ya ririya shyaka yo kujyana Leta y’u Rwanda mu nkiko kugira ngo izakureho ibigo binyuzwamo abantu by’igihe gito ikomeje ikomeje gutegurwa, ndetse ko mu minsi iri imbere hazatangazwa icyemezo cya nyuma kuri iyo dosiye. Yabitangaje kuri iki cyumweru tariki […]

Umunyamakuru Fidèle Kajugiro Sebalinda yapfuye

20260613 205641

Fidèle Kajugiro Sebalinda wabaye umunyamakuru by’umwihariko kuri Radiyo Rwanda, yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena. Inkuru y’urupfu rwa Kajugiro yatangiye kuvugwa ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, akaba yasize uburwayi yari amaranye igihe. Kajugiro yamenyekanye cyane binyuze kuri Radiyo Rwanda, aho yamaze imyaka myinshi atangaza amakuru y’imikino, by’umwihariko ay’imikino y’intoki. […]

Trump yahagaritse operasiyo yo kohereza ingabo muri Iran mu ibanga

merlin 148517559 27d6877a 96bb 4117 a3ee 8aa94a47b9bd superJumbo

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahagaritse umugambi wari warateguwe n’igisirikare cy’iki gihugu wo kohereza ingabo ku butaka bwa Iran kugira ngo zifate ububiko bwayo bwa uranium yongerewe ubushobozi. Trump yahagaritse uwo mugambi nyuma yo kuburirwa ko icyo gikorwa cyashoboraga guteza igihombo gikomeye ku ngabo za Amerika, no gukurura intambara ndende mu […]

Abasirikare ba M23 batangiye gukirigita ifaranga

Screenshot 20260613

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko watangiye guha abasirikare bawo umushahara wa buri kwezi, mu gikorwa ugaragaza nk’intambwe nshya mu kubaka no gutunganya inzego zawo za gisirikare n’ubuyobozi mu bice ugenzura mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru yatangajwe n’abegereye uyu mutwe avuga ko abarwanyi bato ba AFC/M23 batangiye guhabwa nibura $ 100 (Frw […]

Paris: Urukiko Rusesa imanza rwateye ishoti ubujurire bwa Philippe Hategekimana

ubushinjacyaha bw u bufaransa bwasabye ko philipe hategekimana ushinjwa uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 yagezwa imbere y ubutebera 43c5b

Urukiko Rusesa Imanza rwo mu Bufaransa, ku wa Gatanu rwateye utwatsi ubujurire bw’Umunyarwanda Philippe Hategekimana uzwi kandi nka Biguma, rugumishaho igihano cy’igifungo cya burundu yari yarahawe nyuma yo guhamywa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Aya makuru yemejwe n’abarimo Me Gisagara Richard, umunyamategeko ukorera Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bufaransa. Yanditse ku rubuga rwe […]

Vestine na Dorcas batandukanye na MIE ya Irené Murindahabi

Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine na Kamikazi Dorcas, batangaje ko bahagaritse ku mugaragaro imikoranire bari bamaze igihe bafitanye na MIE Empire y’umunyamakuru Irené Murindahabi. Aba baramyi mu itangazo bashyize ahagaragara, bavuze ko iki cyemezo bagifashe nyuma yo kugitekerezaho no kugisesengura igihe kirekire, bagamije gukomeza urugendo rwabo rw’umuziki mu buryo bwigenga. Bagize […]

Fayulu bamumeneye umutwe mu myigaragambyo yo kwamagana ko Tshisekedi ahindura Itegeko Nshinga

IMG 20260612 144405 195

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC, Martin Fayulu, yakomerekeye mu myigaragambyo yabereye i Kinshasa, yari igamije kwamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga no gutegura referandumu ishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi. Iyo myigaragambyo yari yateguwe n’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, ashinja Tshisekedi gushaka inzira yamufasha kuguma ku butegetsi nyuma ya manda ye ya kabiri igomba kurangira […]

Impanuro za Perezida Kagame kuri ba Ofisiye 108 basoje amasomo i Nyakinama

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yasabye ba Ofisiye Bakuru 108 barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama kurangwa n’ubutwari, ubushishozi ndetse no kugira intego ibayobora mu nshingano zabo za buri munsi. Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Kamena, mu muhango wo gutanga impamyabushobozi ku basoje ayo masomo […]

Nyaruguru: Hari kubakwa umuhanda wa Frw miliyari 16 witezweho koroshya ubuhahirane

IMG 20260612

Abaturage bo mu karere ka Nyaruguru bavuga ko umuhanda wa kaburimbo uhuza imirenge y’aka karere n’igihugu cy’u Burundi uri kubakwa uzabafasha gukemura ibibazo byari bimaze imyaka bibugarije, birimo ibihombo byaterwaga n’imihanda mibi ndetse no kugorwa no kugeza umusaruro ku masoko. Uyu muhanda wa Chip Seal ureshya n’ibirometero 18 watangiye kubakwa muri Kamena 2025, bikaba biteganyijwe […]

Kabila yaburiye abanye-Congo ko igihugu cyabo kiri kugana ku butegetsi bw’igitugu

20260612 064010

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaburiye abaturage b’iki gihugu ko bari mu nzira igana ku butegetsi bw’igitugu, mbere yo kubahamagarira guhagurukira umugambi uriho wo guhindura Itegeko Nshinga. Bikubiye mu butumwa yabageneye ku wa Kane tariki ya 11 Kamena, mu gihe muri Congo Kinshasa hari umugambi wa Perezida Félix […]

Nzakomeza kwamagana igitero cy’u Rwanda kuri RDC kugeza igihe ingabo zarwo zizavira ku butaka bwayo: Minisitiri Prévot w’u Bubiligi

IMG 20250819

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, yavuze ko azakomeza kwamagana icyo yise igitero cy’u Rwanda kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugeza igihe ingabo zarwo zose zizaba zaviriye ku butaka bw’iki gihugu. Prévot yabitangaje mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X kuri uyu wa 11 Kamena 2026, nyuma y’uko hari abamunenze bavuga ko yahinduye […]

Depite Icyitegetse Venuste yeguye mu Nteko Ishinga Amategeko

Depite Icyitegetse Venuste wari uhagarariye urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, yeguye kuri uyu mwanya yari amazeho hafi imyaka ibiri. Aya makuru yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X kuri uyu wa Kane, aho yavuze ko yeguye ku mpamvu ze bwite. Yagize iti: “Ku wa 11 Kamena 2026, […]

Minisitiri w’Ingabo w’u Bwongereza yeguye

ad242322b8bec1cb30a7340435033d94Y29udGVudHNlYXJjaGFwaSwxNzM0ODg0Nzk0 2.78526531

Minisitiri w’Ingabo w’u Bwongereza, John Healey, yeguye ku mirimo ye nyuma y’amakimbirane yagiranye na Guverinoma ya Minisitiri w’Intebe Keir Starmer ku bijyanye n’ingengo y’imari igenerwa urwego rw’ingabo. Healey yatangaje ubwegure bwe kuri uyu wa Kane, avuga ko Guverinoma n’Ikigega cya Leta (Treasury) banze gutanga amafaranga ahagije akenewe kugira ngo igihugu cyitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bikomeje […]

Ikipe nshya yo mu Bwongereza yaba igiye kwambara Visit Rwanda nyuma ya Arsenal

skysports arsenal rwanda 7085883

Ikipe ya Aston Villa yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bwongereza, biravugwa ko yaba iri mu nzira zo gukorana n’u Rwanda biciye muri gahunda ya Visit Rwanda. Urubuga Read Aston Villa rukunze kwandika kuri iriya kipe ibarizwa mu mujyi wa Birmingham wa kabiri munini mu Bwongereza, rwatangaje ko Visit Rwanda iri mu mazina ari kuvugwa […]

U Busuwisi buracyashidikanya ku cyerekezo cy’ibiganiro bya Kinshasa na AFC/M23

103573

Mu gihe ibiganiro hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byari byitezwe kongera kubera mu Busuwisi mu ntangiriro z’uku kwezi, byasubitswe kubera kutumvikana ku ngengabihe n’ibizibandwaho. Ibi bikomeje gutuma havuka impungenge ku hazaza h’uru rwego rw’ibiganiro no ku bushake bw’impande zihanganye bwo kugera ku mahoro arambye. Nyuma y’ibiganiro byabereye i Montreux […]

U Burundi bwavuze kuri Ambasaderi Njebarikanuye bwahamagaje nyuma yo guhura na Mushikiwabo 

20260611 112822

Guverinoma y’u Burundi yatangaje ko kuba yarahamagaje Ambasaderi w’iki gihugu mu Bufaransa akanaba n’uhagarariye icyo gihugu mu Muryango Mpuzamahanga w’Ibihugu Bikoresha Igifaransa (OIF), ntaho bihuriye no kuba yari yahuye n’Umunyamabanga Mukuru w’uriya muryango, Louise Mushikiwabo. Ku wa 3 Kamena ni bwo Gitega biciye muri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Édouard Bizimana, yasabye Ambasaderi Spès-Caritas Njebarikanuye guhita […]

Abanya-Sudani bavugwagaho gukorera urugomo i Musanze birukanwe mu Rwanda

Screenshot 20251121

Abanyeshuri umunani bakomoka muri Sudani y’Epfo bigaga muri Kaminuza ya INES Ruhengeri mu Karere ka Musanze, birukanywe ku butaka bw’u Rwanda basubizwa iwabo, nyuma yo kugaragara mu bikorwa by’urugomo byari bimaze igihe bivugwa muri aka karere. Mu minsi ishize, abatwara abantu n’ibintu kuri moto bakorera i Musanze by’umwihariko ahazwi nko kuri Kalisimbi, bagaragaje impungenge z’abanyamahanga […]

Amerika yagabye ibitero bishya kuri Iran nyuma y’ibikangisho bya Trump

6c460b30 651e 11f1 ac28 17d6b833da1d.jpg

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye ibitero bishya ku ntego za gisirikare muri Iran, mu gihe umwuka w’intambara ukomeje kuzamuka hagati y’impande zombi. Ibi bitero byagabwe nyuma y’amasaha make Perezida Donald Trump atangaje ko Amerika izakoresha “imbaraga zikomeye cyane” mu gihe Iran yakomeza ibikorwa Washington ifata nk’ubushotoranyi. Igisirikare cya Amerika cyatangaje ko ibyo bitero byibanze […]

Abarimo Lt. Gen (Rtd) Karake na Maj. Gen Bayingana bahawe imirimo mishya

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kamena yakoze impinduka muri Guverinoma zasize ashyizeho abayobozi bashya mu nzego zitandukanye za Leta, barimo abaminisitiri, abanyamabanga ba Leta, abayobozi b’ibigo bya Leta n’abadipolomate bazahagararira u Rwanda mu mahanga. Izi mpinduka zatangajwe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, zishingiye ku bubasha Perezida ahabwa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika […]

FARDC irigamba kwisubiza Mikenke 

GL7JtvoWgAAyN

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zatangaje ko zongeye kugenzura agace ka Mikenke ko mu misozi miremire ya Minembwe, nyuma y’iminsi ibiri kigaruriwe n’umutwe wa Twirwaneho. Umuvugizi wa FARDC mu bikorwa bya gisirikare mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, Lt. Reagan Mbuyi Kalonji, yavuze ko Mikenke yongeye gufatwa nyuma y’igitero cyo kuyisybiza cyagabwe n’igisirikare […]

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje impamvu u Burundi ari bwo nyirabayazana y’izamba ry’umubano wabwo n’u Rwanda 

1781104004190 1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko muri iki gihe u Burundi n’u Rwanda bitabanye neza, bitewe n’iki gihugu cy’igituranyi. Umubano w’ibihugu byombi wongeye kuzamo ibibazo guhera mu mpera za 2023, ndetse muri Mutarama 2024 u Burundi bufata icyemezo cyo gufunga imipaka yabwo n’u Rwanda. Minisitiri Nduhungirehe mu kiganiro yagiranye na B&B Kigali, yavuze […]

Nyuma y’iminsi ibiri FARDC itangaje ko yatangiye guhiga FDLR, yayihaye imbunda 700

HEmkIFYXwAA8A95

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yahishuye ko nyuma y’iminsi ibiri ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zitangaje ko zatangije ibikorwa byo guhiga umutwe wa FDLR mu mpera za Werurwe uyu mwaka, zawuhaye ibikoresho bya gisirikare birimo imbunda 700. Ku wa 29 Werurwe ni bwo Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za FARDC, […]

Abacanshuro b’Abanya-Colombia boherejwe ku rugamba rwa Minembwe bavuye i Kalemie

2918d1b0 df43 11ef bd1b

Mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego mu bice bya Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo, amakuru agera kuri BWIZA yemeza ko abacanshuro 33 bakomoka muri Colombia boherejwe muri aka gace baturutse mu mujyi wa Kalemie, mu rwego rwo guha umusada ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo. Aya makuru aje nyuma y’uko ku wa Mbere […]

Urukiko rwanzuye ko Yampano ajyanwa i Mageragere

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi mu muziki nyarwanda nka Yampano, agomba kujya gufungirwa muri gereza ya Nyarugenge iherereye i Mageragere, nyuma y’umwanzuro w’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko afungwa by’agateganyo iminsi 30. Kuri uyu wa Kabiri ni bwo Urukiko rwasomye umwanzuro ku rubanza ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo. Ni umwanzuro wagombaga gusomwa mu cyumweru gishize, ariko uza […]

Nyaruguru: Kubura amacumbi i Kibeho byatangiye kuvugutirwa umuti mu mishinga mishya ya hoteli

IMG 20260609

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru bufatanyije n’abikorera baho, batangiye kuvugutira umuti ikibazo cy’amacumbi cyakunze kugaragara ku butaka butagatifu bwa Kibeho, biciye mu mishinga ya hoteli ziri kubakwa. Nyaruguru ni akarere gasurwa n’abantu benshi buri mwaka ahanini kubera ubukerarugendo bushingiye ku mabonekerwa yabereye i Kibeho. N’ubwo bimeze bityo ariko, i Kibeho ari na ho hafatwa nk’umujyi wa […]

Col. Rugabo wa Twirwaneho yahishuye amayeri bakubitishije abarimo FARDC na FDNB

20260609 091137

Colonel Rugabo Fidèle uri mu basirikare bakuru b’umutwe wa Twirwaneho bamaze igihe bahanganiye n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa mu misozi miremire ya Kivu y’Amajyepfo, yasobanuye ko mbere y’uko we na bagenzi be birukana ingabo za Leta mu gace ka Mikenke babanje kuzirasaho baturutse mu bice byinshi. Ku wa Mbere tariki […]

Gatanya hagati ya Skol na Rayon Sports

Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye rwa SKOL Brewery Ltd ndetse n’umuryango wa Rayon Sports, batangaje ko amasezerano yo gutera inkunga iriya kipe bari bamaze imyaka 12 bafitanye yamaze kurangira. Mu tangazo rihuriweho n’impande zombi ryasohotse ku wa 8 Kamena 2026, SKOL yemeje ko ariya masezerano yarangiye nyuma yo kugera ku musozo w’igihe yari yarasinyiwe. Uru ruganda […]

Ubuhuza bwa Afurika bwerekanye imbogamizi zikomeye ziri kubuza RDC kugira amahoro

Grands Lacs Lome consolide la centralite de la mediation

Ku wa Mbere tariki ya 8 Kamena 2026, i Lomé muri Togo habereye inama yo ku rwego rwo hejuru yayobowe na Perezida wa kiriya, Faure Essozimna Gnassingbé, mu rwego rwo kurebera hamwe intambwe zimaze guterwa kugira ngo amahoro mu burasirazuba bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo aboneke. Iyi nama yahuje abahuza bashyizweho n’Umuryango wa Afurika […]

M23 na Twirwaneho birukanye FDNB na FARDC mu Mikenke 

Ingabo z’ihuriro rya AFC/M23 na MRDP-Twirwaneho, kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Kamena zigaruriye agace ka Mikenke gaherereye mu misozi miremire yo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kukirukanamo ngabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’iz’u Burundi (FDNB). Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ni bwo Mikenke yasubiye […]

Police FC yasezereye abakinnyi 7 bayobowe na Lague 

image 870x580 690dd988a9b0f 99c21

Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gutandukana n’abakinnyi bayo barindwi barangajwe imbere na rutahizamu Byiringiro Lague. Iyi kipe ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yemeje ko yatandukanye n’abakinnyi barimo Ani Elijah, David Chimezie, Henry Msanga, Richard Kilongozi, Allan Katerega na Lague Byiringiro. Aba biyongeraho umunya-Ghana Issa Yakubu. Police FC yashimiye aba bakinnyi mu gihe […]

Twirwaneho yavuze ku mirwano byiswe ko yayisakiranyije na RDF na M23

download 2

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho wahakanye amakuru amaze iminsi acaracara ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko mu Minembwe habereye imirwano yahuje ingabo za RDF, abarwanyi ba AFC/M23 n’uyu mutwe ukorera mu misozi ya Kivu y’Amajyepfo. Mu itangazo yashyize hanze ku wa 7 Kamena 2026, Twirwaneho yavuze ko ayo makuru ari ibinyoma byateguwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa kugira ngo buyobye […]

Abarwanashyaka ba Green Party basuye Urwibutso rwa Rebero

2026 06 06 16 51

Abarwanashyaka b’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), ku wa Gatanu tariki ya 5 Kamena basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Rebero rusanzwe rufite amateka yihariye yo kuba rushyinguyemo abanyapolitiki bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Aba barwanashyaka bari bayobowe na Perezida wa Green Party, Hon. Dr Frank Habineza, Visi-Perezida, Hon. […]

PM Dr. Nsengiyumva yijeje ingamba zo kurinda Abanyarwanda umutwaro w’izamuka ry’ibikomoka kuri Peteroli

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yijeje Abanyarwanda ko Leta izakomeza gufata ingamba zigamije kubarinda umutwaro w’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku rwego mpuzamahanga ryatewe ahanini n’intambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwo Hagati. Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Kamena, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’amasaha make Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rutangaje […]

Operasiyo yayobowe na Col. Kazarama yafatiwemo Colonel na Capitaine ba Wazalendo 

Operasiyo idasanzwe yayobowe na Colonel Vianney Kanyamuhanda Kazarama usigaye ashinzwe ubukangurambaga mu mutwe wa AFC/M23, yafatiwemo umwe mu bayobozi b’imitwe ya Wazalendo na ho undi murwanyi mukuru wayo yishyikiriza ubutegetsi bwa AFC/M23 ku bushake. Ni operasiyo yabereye mu gace ka Nyabanira, muri Groupement ya Binza, Teritwari ya Rutshuru. Muri iyi Operasiyo, Colonel Kazarama n’itsinda yari […]

Putin yateye utwatsi iby’umuhuro we na Zelensky

skynews world ukraine 6896135

Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, yatangaje ko nta mpamvu abona yatuma ahura imbonankubone na mugenzi we Volodymyr Zelensky wa Ukraine waherukaga kumwandikira ibaruwa ifunguye amusaba ko bahura bakaganira ku ihagarikwa ry’intambara imaze imyaka irenga ine. Putin mu ijambo yavugiye i Moscow ku wa 5 Kamena 2026, yagaragaje ko ibiganiro hagati y’abakuru b’ibihugu bidakwiye kuba intangiriro […]

Iran na Amerika byongeye kurasana

AFP 20260326 A4T789E v3 HighRes TopshotIranUsIsraelWar 1774831107

Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran byongeye kugirana ubushyamirane bwa gisirikare kuri uyu wa 6 Kamena 2026, nyuma y’aho ingabo za Amerika zirashe drone enye za Iran zari zoherejwe mu muhora wa Hormuz, inzira y’ingenzi inyuramo ubwato bwinshi butwara peteroli ku Isi. Ingabo za Amerika (CENTCOM) zatangaje ko izo drone zari zibangamiye urujya n’uruza […]

U Burundi bwahamagaje Ambasaderi Njebarikanuye nyuma yo kuganira na Mushikiwabo

Guverinoma y’u Burundi yahamagaje mu gihugu Ambasaderi wabwo mu Bufaransa, Spès-Caritas Njebarikanuye, nyuma y’iminsi ibiri gusa yakiriwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo. Ku wa Kabiri tariki ya 02 Kamena ni bwo uriya mudipolomate yakiriwe i Paris na Mushikiwabo, amushyikiriza impapuro zimwemerera guhagararira igihugu cye muri uriya muryango. Gitega mu baruwa yayo […]

U Rwanda rwashimye Rubio wemeje ko rwatangiye kubahiriza amasezerano ya Washington

2000w q95

Guverinoma y’u Rwanda yashimye ko Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio wemeye ko u Rwanda ruri kubahiriza inshingano zarwo mu masezerano ya Washington agamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y’aho Rubio atangarije Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika […]

Litiro ya mazutu yiyongereyeho arenga Frw 700

arton166955 faee4

Urwego Ngenzuramikorere (RURA), ku wa Gatanu tariki ya 5 Kamena rwashyizeho ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli byasize igiciro cya Mazutu gitumbagiye, mu gihe icya lisansi cyagumye uko cyari gisanzwe. RURA mu itangazo yasohoye, igiciro cya Lisansi cyagumye kuri Frw 2,938, mu gihe icya mazutu cyageze kuri Frw 2,927 kivuye kuri 2,205. Ibi bivuze ko litiro […]

Tshisekedi yubahirije ubusabe bwa Gen. Muhoozi, yirukana Guverineri Lt. Gen Luboya

johnny luboya nkashama general 25 jpg 711 473 1

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavanye ku mirimo Lt. Gen Johnny Luboya Nkashama wari umaze imyaka itanu ari Guverineri wa gisirikare w’Intara ya Ituri. Kuri uyu wa Gatanu ni bwo Tshisekedi yavanye Luboya kuri ziriya nshingano nk’uko bigaragara mu iteka rye ryasomewe kuri Radiyo na Televiziyo bya Leta ya RDC […]

Rayon Sports yasinyishije abakinnyi 5 b’Abanyarwanda

Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwinjira ku isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi, itangira gusinyisha abakinnyi ihereye ku isoko ryo mu Rwanda mu mwaka utaha w’imikino. Iyi kipe izahagararira u Rwanda muri Total CAF Confederation Cup, yamaze gusinyisha abakinnyi batanu bose b’Abanyarwanda. Ibinyujije ku mbunga nkoranyambaga zayo, Gikundiro yemeje yamaze gusinyisha Ndayishimiye Didier wakinaga hagati mu kibuga […]

Ibidasanzwe kuri K-9, ‘abapolisi b’amaguru ane’ Polisi y’u Rwanda yifashisha aho rukomeye

IMG 20260605 WA0005

Mu mihanda, mu bibuga by’indege no ku mipaka, ushobora kuba warabonye imbwa za Polisi zigenzura imizigo cyangwa zigakora umukwabu. Bamwe bazita K-9, abandi bazita sniffer dogs, canine cyangwa Police Service Dogs cyangwa abapolisi b’amaguru ane. Ariko inyuma y’aya mazina yose, hari inkuru yihariye y’ubuzima, imyitozo n’ubufatanye budasanzwe hagati y’izi mbwa n’abaziyobora. Nubwo rimwe na rimwe […]

AFC/M23 yireguye kuri FARDC yayishinje kwicira abaturage 10 muri Rutshuru

HByXt3aWEAACXPz

Ihuriro AFC/M23 ryahakanye ryivuye inyuma ibirego by’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zarishinje kwicira abaturage 10 mu gace ka Kiseguru, muri teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ku wa 3 Kamena 2026, FARDC yasohoye itangazo rivuga ko ku wa 2 Kamena abo baturage biciwe mu gace ka Kiseguru, hafi ya Pariki […]

Umuherwe wari inshuti ikomeye ya Ndayishimiye mu mazi abira azira AFC/M23 n’u Rwanda

2026 06 05 10 02

Umucuruzi ukomeye w’Umurundi, Aloys Ntakarutimana uzwi cyane nka Wakenya, akomeje kuba mu bihe bikomeye nyuma y’amezi arenga abiri afunzwe n’ubutegetsi bw’u Burundi, mu rubanza abamwegereye bavuga ko rufitanye isano n’ibikorwa bye by’ubucuruzi mu mujyi wa Bukavu no n’ibirego bimuhuza n’u Rwanda ndetse na AFC/M23. Wakenya wahoze ari umu hagati ya 2015 na 2020 ndetse akaba […]

Intasi akanaba somambike wa Gen. Omega wa FDLR yashimutiwe muri Rutshuru

csm FDLR dc5d6f162a

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo avuga ko Maj. Bizubishaka, umwe mu bayobozi bakomeye mu rwego rw’ubutasi rwa FDLR akaba n’umwe mu bantu ba hafi ba Gen. Ntawunguka Pacifique ‘Omega’ ukuriye igisirikare cy’uriya mutwe, yashimuswe mu cyumweru gishize. Amakuru agera kuri BWIZA yemeza ko Bizubishaka yafatiwe mu gace ka Rugari, muri […]

Ba Jenerali bashinjwa gushaka guhirika Tshisekedi bagejejwe imbere y’ubutabera

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane rwatangiye kuburanisha abantu 10 barimo ba ofisiye icyenda n’umusivile umwe, bakurikiranyweho ibyaha birimo gushaka guhirika ku butegetsi Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Mu bagejejwe imbere y’ubutabera harimo Gen. Christian Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC (FARDC) hagati ya 2022 na Mutarama […]

I Mogadishu ibintu byahinduye isura, ibifaru biratwikwa

urnpublicidap.org5c309734648b6270e88595b267de6fa3Somalia Fighting 72937

Amakuru aturuka i Mogadishu muri Somalia aravuga ko uyu murwa mukuru wibasiwe n’imirwano ikomeye hagati y’ingabo za Leta n’imitwe yitwaje intwaro ifitanye isano n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, mu gihe igihugu gikomeje kwinjira mu bibazo bikomeye bya politiki n’umutekano. Iyo mirwano yatangiye mu ijoro ryo ku wa Gatatu ikomeza kuri uyu wa Kane, mbere yo gukwira mu […]

U Rwanda ruzaba rwamaze kuvana ingabo zarwo muri RDC rwagati mu kwezi gutaha: Amerika

20260604 114254

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko igihugu cye cyizeye ko ingabo z’u Rwanda bivugwa ko ziri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zigomba kuba zamaze kuhavanwa bitarenze mu kwezi gutaha kwa Nyakanga. Rubio yabitangaje mu ijambo yagejeje kuri Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika ishinzwe […]

Goma: Umurwayi wa mbere wa Ebola yakize asezererwa mu bitaro

d1007594 08b7 434e a11b 13c722ea13aa

Ihuriro AFC/M23 rigenzura umujyi wa Goma, ryatangaje ko umurwayi wa mbere wari wanduye icyorezo cya Ebola muri uriya mujyi yamaze gukira ndetse agasezererwa mu bitaro. Amakuru y’uko uwo murwayi w’umugore yakoze yemeje na Visi-Perezida wa AFC, Dr. Freddy Kaniki, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Dr. Kaniki mu minsi ishize wagizwe umuhuzabikorwa w’itsinda […]

U Rwanda rwasinyanye amasezerano y’imikoranire mu by’ingufu za nucléaire n’igihugu cya 3

20260604 101410

U Rwanda na Pakistan ku wa Gatatu byashyize umukono ku masezerano y’imikoranire mu rwego rw’umutekano wa nucléaire no kurinda abaturage n’ibidukikije ingaruka z’imirasire, bikomeza urugendo rw’u Rwanda rwo kwagura ubufatanye mpuzamahanga mu rwego rw’ingufu za nucléaire. Ni amasezerano yashyiriweho umukono mu mujyi wa Islamabad muri Pakistan, hagati y’Urwego Ngenzuramikorere (RURA) n’Ikigo cya Pakistan gishinzwe kugenzura […]

Ibikubiye mu biganiro Perezida Samia Suluhu uri mu Burusiya yagiranye na Putin

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Kamena yakiriwe anagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin. Samia ari i Moscow mu Burusiya kuva ku wa Kabiri tariki ya 2 Kamena, mu ruzinduko rugomba kumara iminsi ine. Ni uruzinduko yatumiwemo na Perezida Vladimir Putin, rukaba rugamije kurushaho gushimangira […]

U Rwanda rwagarutsweho mu kibazo cyabujije Dr. Muganga kuba Minisitiri muri Uganda

74271f9c b95d 496a 8adb

Dr. Lawrence Muganga usanzwe ari Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya Victoria University yo muri Uganda, yabuze amahirwe yo kwemezwa nk’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu gihugu, nyuma yo kutemerwa n’Akanama ka Komisiyo Ishinzwe Kwemeza Abashyirwa mu myanya ya Guverinoma mu Nteko Ishinga Amategeko. Muganga yari aherutse gushyirwa muri Guverinoma nshya ya Perezida Yoweri […]

AFC M23 ishobora kwitangaza nka Leta yigenga, iri gucungana na Tshisekedi 

G7ahZkvWUAAMOJw

Umutwe wa AFC/M23 wateguje ko uzahita witangaza nka Leta yigenga, mu gihe Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo azaba atangiye urugendo rwo guhindura itegeko nshinga kugira ngo agume ku butegetsi. Jeune Afrique yatangaje ko hari abantu bo muri uriya mutwe bayihamirije ko “Félix Tshisekedi naramuka atangiye urugendo rwo guhindura itegeko nshinga, […]

Kinshasa: Ubuzima bwahagaze kubera umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegeko nshinga 

Ubuzima bwahagaze mu Mujyi wa Kinshasa kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Kamena, nyuma y’umuhamagaro wa “ville morte” watanzwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi, mu rwego rwo kwamagana umugambi bavuga ko ushobora gutuma ahindura Itegeko Nshinga akaziyamamariza indi manda. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari basabye abaturage kutagira igikorwa […]

Amerika yafatiye ibihano intasi nkuru za M23 na FDLR

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano Col. John Imani Nzenze ukuriye ubutasi bwa gisirikare mu mutwe wa AFC/M23, na Gustave Kubwayo uzwi nka “Colonel Sirkoof” ushinzwe inshingano nk’izo mu mutwe wa FDLR ndetse akanaba umuyobozi w’ingabo zayo zo mu mutwe udasanzwe. Amerika yavuze ko yafatiye bariya bombi ibihano mu rwego rwo “gushyigikira gahunda y’amahoro […]

Minembwe: Inka 28 z’abaturage zarashwe na Drone

IMG 20260602 WA0032

Mu ijoro ryakeye, ibitero by’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byibasiye ahitwa Gakenke, Kalingi na Bidegu muri Kivu y’Amajyepfo, bihitana inka nyinshi z’abaturage. Umwe mu bofisiye b’umutwe wa MRDP-Twirwaneho urinda Minembwe, Col. Fidèle Rugabo, yavuze ko ibyo bitero byakozwe hakoreshejwe za drone. Yagize ati: “Ingabo za Leta zikomeje kugaba […]

Abarundi mu bari baje gushyigikira RSSB Tigers batashye bavuga u Rwanda imyato

IMG 20260602

Bamwe mu bakunzi b’umukino wa basketball barimo abanyamahanga, bashimye uburyo u Rwanda rushyira imbaraga mu kubaka ibikorwa remezo no guha urubyiruko umwanya wo kugaragaza impano zarwo. Ku Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi ni bwo i Kigali hasorejwe irushanwa rya Basketball Africa League ryasize ikipe ya RSSB Tigers yegukanye igikombe, nyuma yo gutsinda Petro Atletico de […]

APR FC yatandukanye n’abanyamahanga barimo Mamadou Sy

20260602 142932

Ikipe ya APR FC yamaze gutandukana n’abakinnyi batatu b’abanyamahanga, nyuma yo gusoza amasezerano yari ifitanye na bo. Abatandukanye n’iyi kipe barimo umunya-Maurtanie Mamadou Sy, cyo kimwe n’abanya-Sénégal Aliou Souané na Mahamadou Lamine Bah. Mu myaka ibiri ishize ni bwo aba bakinnyi bari bageze muri APR FC. Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yanze kubongerera amasezerano, nyuma yo […]