Ishyaka UPRONA ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi, ryatanze Abel Gashatsi nk’umukandida uzarihagararira mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe mu 2027.
Gashatsi yemejwe n’abagize Kongere y’Igihugu ya UPRONA yabereye i Bujumbura ku wa 8 Kanama 2026.
Ni umwe mu banyapolitiki bamaze igihe muri uyu mutwe wa politiki, ndetse akaba yarabaye Visi Perezida wa Kabiri w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi.
Mu ijambo rye nyuma yo gutorwa, Gashatsi yavuze ko UPRONA yiteguye guhatanira ubutegetsi, ashimangira ko yemera ko amatora agomba kuba mu mucyo kandi yizewe.
Yagize ati: “Tuzahatana tutajenjetse. Kandi nibadutsinda, tuzabyemera. Ariko turasaba CENI (Komisiyo y’Amatora) gutegura amatora meza kandi yizewe.”
Gashatsi kandi yavuze ko UPRONA ifite intego yo kugaruka ku butegetsi bw’u Burundi, ashingira ku murage wa Prince Louis Rwagasore, washinze UPRONA akaba n’umwe mu banyapolitiki b’ingenzi mu mateka y’igihugu.
Ku wa 8 Kanama, UPRONA yanongeye gutorera Olivier Nkurunziza kuyobora uyu mutwe wa politiki mu gihe cy’imyaka itanu. Ibi byabaye mu gihe hari bamwe mu banyamuryango bari bagaragaje kutishimira uko kongere yateguwe n’uko amatora y’abayobozi b’ishyaka yakorwaga.
Gashatsi azaba ahanganye na Evariste Ndayishimiye, watangajwe na CNDD-FDD nk’umukandida w’uyu mutwe mu matora ya 2027. Ndayishimiye ni we usanzwe ayobora u Burundi kuva mu 2020.
Amatora ya Perezida w’u Burundi ateganyijwe ku wa 3 Gicurasi 2027, nk’uko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (CENI) yabitangaje.
Gashatsi yari mu bayobozi b’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi kuva mu 2020 kugeza mu 2025. Muri Kamena 2025, yiyamamarije umwanya wa Sena ahagarariye Intara ya Gitega, ariko ntiyabashije kuwutsindira.
UPRONA ni umwe mu mitwe ya politiki imaze igihe kinini mu Burundi. Uyu mutwe washinzwe mu 1960 na Prince Louis Rwagasore, wagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo guharanira ubwigenge bw’u Burundi.


