Amafaranga y’ishuri agiye kwiyongera

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yatangaje ko amafaranga y’ishuri n’ubufasha Leta igenera amashuri bigiye kongerwa, mu rwego rwo guhuza ingengo y’imari y’amashuri n’izamuka ry’ibiciro ku isoko. Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), asobanura ko amafaranga Leta yahaga amashuri aziyongeraho hejuru ya 65%, kugira ngo amashuri abashe gukomeza gutanga serivisi zinoze. Minisitiri Nsengimana yavuze ko […]
Abasivile b’abanye-Congo 81 bamaze koherezwa mu Rwanda bitwa abarwanyi ba FDLR

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko hari Abanye-Congo 81 bamaze koherezwa mu Rwanda bitwa abahoze ari abarwanyi ba FDLR, nyuma bikaza kugaragara ko ari abasivili batigeze baba mu mitwe yitwaje intwaro. Nduhungirehe yabigarutseho nyuma y’ibisobanuro byatanzwe na MONUSCO ku ruhare rwayo mu bikorwa byo gufasha gucyura mu Rwanda abahoze ari […]
Iperereza ryagaragaje uko umuryango wa Habyarimana wacengeye mu butegetsi bwa Tshisekedi

Raporo y’iperereza yasohowe ku wa 30 Nyakanga 2026 n’urubuga African Facts, ivuga ko abantu bafitanye isano n’umuryango wa Juvénal Habyarimana wahoze ayobora u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bageze ku nzego zo hejuru z’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), binyuze mu mubano bafitanye n’abantu bakomeye muri Perezidansi n’igisirikare. Iri perereza […]
Bujumbura: Abaturage batangiye kwinubira inkomere za FARDC, FDLR na Wazalendo

Abaturage biganjemo barwayi bari kwivuriza mu Bitaro bya Tanganyika Hospital biherereye mu gace ka Nyabugete muri Komini Mugere i Bujumbura, batangiye kugaragaza impungenge baterwa no kuba abasirikare ba FARDC n’abarwanyi ba Wazalendo na FDLR bakomerekeye mu mirwano yo mu burasirazuba bwa Congo bari kuhavurirwa, basaba ko bimurirwa mu bitaro bya gisirikare. SOS Médias Burundi ivuga […]
Ikinamico? U Burundi bwerekanye uvuga ko u Rwanda rwamufashije kujya muri RED-Tabara

Leta y’u Burundi yongeye gushinja u Rwanda gufasha impunzi z’Abarundi kwinjira mu mutwe witwaje intwaro wa RED-Tabara, nyuma yo kwerekana umugabo uvuga ko yanyuze muri iyo nzira mbere yo gufatwa akagarurwa mu gihugu. Ku wa Gatanu, tariki ya 31 Nyakanga 2026 ni bwo Polisi y’u Burundi yeretse itangazamakuru Clovis Ndayizeye, umugabo uvuga ko yari yarahungiye […]
AFC/M23 yasabye Loni ibintu 4 nyuma yo kuyifatira ibihano

Ishami rya Politiki mu mutwe wa AFC/M23, ryandikiye Akanama k’Umutekano ka Loni usaba ibisobanuro ku buryo ibihano biherutse gufatirwa uwo mutwe n’abayobozi bawo byafashwe, uvuga ko hari impungenge z’uko inzego za Loni zitagaragaje ukutabogama muri iki kibazo. Muri uku kwezi ni bwo akanama ka Loni gashinzwe umutekano kafatiye ibihano AFC/M23, cyo kimwe n’abayobozi bayo barimo […]
Kinshasa yinjije u Rwanda mu kibazo cy’ibiganiro bidaheza by’abanye-Congo

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye gushimangira ko idashyigikiye na gato ko ihuriro AFC/M23 ryakwitabira ibiganiro by’Abanye-Congo byatangajwe na Perezida Félix Tshisekedi, ivuga ko kubikora byaba ari nko kwinjiza u Rwanda muri ibyo biganiro. Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC akaba na Minisitiri w’Itumanaho, Patrick Muyaya, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho yabajijwe […]
Rurambo iri hafi ya Uvira yafashwe na M23

Umutwe wa AFC/M23 ku wa Kane tariki ya 30 Nyakanga, wigaruriye agace ka Rurambo ko mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kukirukanamo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Agace ka Rurambo gasanzwe kabarizwa muri Teritwari ya Uvira, mu bilometero 40 uvuye mu mujyi wa Uvira nyirizina. Amakuru […]
RDF yabonye amaraso mashya

Ingabo z’u Rwanda (RDF) zinjije ku mugaragaro icyiciro gishya cy’urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa binjiye mu ngabo, nyuma yo kurangiza neza amahugurwa y’ibanze ya gisirikare yamaze amezi atandatu. Ni amahugurwa yabereye mu Kigo cy’Amahugurwa ya Gisirikare giherereye i Nasho mu Karere ka Kirehe. Umuhango wo kuyasoza wayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General MK Mubarakh, witabiriwe n’abajenerali […]
Perezida Kagame yahaye Brig. Gen. Munyengango inshingano nshya

Perezida Paul Kagame yagize Brig. Gen. Innocent Munyengango Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete Ishinzwe Serivisi z’ubwikorezi bwo Mu Kirere, asimbuye kuri uwo mwanya Jules Muheto Ndenga na we wahawe inshingano nshya. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Perezidansi binyuze mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ku wa 30 Nyakanga 2026, rigaragaza kandi ko Jules Muheto Ndenga yagizwe Umuyobozi Mukuru […]
MONUSCO yigurukije iby’abanye-Congo bari boherejwe mu Rwanda bitwa abahoze muri FDLR

Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), bwahakanye kugira uruhare mu gusubiza muri Congo abaturage b’iki gihugu bari baroherejwe mu Rwanda byitwa ko bahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR. Ku wa Gatatu tariki 29 Nyakanga ni bwo abo banye-Congo uko ari 39 basubijwe mu gihugu cyabo. Umutwe wa AFC/M23 […]
Huye: Ba Gitifu bagiye kumena inzoga bakubitirwayo

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishamvu n’uwa Akagari ka Ryakibogo, bakubiswe n’abaturage umwe muri bo akomereka bikomeye, ubwo bari bagiye kumena inzoga zitemewe. Amakuru avuga ko Gitifu w’Akagari ka Ryakibogo yatewe amabuye n’abaturage, bikamuviramo gukomereka bikomeye mu mutwe, mbere yo kujyanwa kuvurirwa mu Bitaro by’i Huye. Mu kindi gitero cyabaye mu cyumweru gishize, Gitifu w’Umurenge wa […]
FDNB na FARDC bakubitiwe muri Kimete na Kabanja, bakwira imishwaro

Umutwe wa Twirwaneho urwana ufatanya urugamba na AFC/M23 watangaje, ko watsindiye mu mirwano ihuriro rigizwe n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC), iz’u Burundi (FDNB) n’abarwanyi ba Wazalendo, bikarangira rikwiye imishwaro. Twirwaneho yemeje ayo makuru biciye muri Colonel Rugabo Fidèle, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Yavuze ko ririya huriro ry’ingabo za […]
Byiringiro Lague wazinutswe shampiyona y’u Rwanda yabonye ikipe nshya

Rutahizamu ukina aca ku mpande, Byiringiro Lague, ari mu biganiro bya nyuma na Durban City FC yo muri Afurika y’Epfo, aho biteganyijwe ko ayisinyira nyuma yo gutandukana na Police FC. Lague yasezerewe na Police FC muri Kamena 2026, ubwo iyi kipe yatandukanaga n’abakinnyi batandukanye yakoresheje mu mwaka w’imikino wa 2025/26. Nubwo yagaragazaga impano n’urwego rwiza […]
Burundi: Umuvugabutumwa yirukanwe mu gihugu azira u Rwanda

Umuvugabutumwa akaba n’umuririmbyi, Serukiza Sosthène, yahishuye ko yirukanywe mu Burundi ku butegetsi bwa Perezida Pierre Nkurunziza, azira inyigisho yatangaga zifashishaga urugero rw’u Rwanda n’urwa Israel mu kugaragaza uko igihugu gishobora kwiyubaka nyuma y’ibihe bikomeye. Mu buhamya bwe, Serukiza yavuze ko ibibazo bye byatangiye ahanini kubera inyigisho zakomokaga mu gitabo yanditse cyitwa ‘Inzira yo Kubohoka Nyakuri’, […]
U Rwanda rwashyikirije RDC abaturage bayo bari bibeshyweho kuba abagize FDLR

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Nyakanga 2026, u Rwanda rwashyikirije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abaturage bayo 39 bari bararuzanwemo biciye muri gahunda yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu mitwe yitwaje intwaro (DDR), gusa rukaza gusanga batarigeze baba abarwanyi ba FDLR. Umutwe wa AFC/M23 wakiriye bariya bantu, mu itangazo wasohoye biciye muri […]
Makobola : FDNB n’abaturage batangiye guhungira muri Tanzania

Nyuma y’uko ingabo z’u Burundi, Wazalendo, FDLR na FARDC zitinze mu mirwano yo kugerageza gufata Minembwe, zikaza gusubira inyuma zerekeza i Baraka, ubwoba bukomeje kwiyongera mu baturage bo muri ako gace. Imboni ya Bwiza yatangaje ko abaturage batuye muri secteur ya Tanganyika, igizwe na Makobola na Rusenda kwa Mbogo, bari guhunga berekeza muri Tanzania bakoresheje […]
Ibitangazamakuru byari byafunzwe ku itegeko rya Gen Muhoozi byakomorewe

Ibitangazamakuru by’ikigo Nation Media Group (NMG) muri Uganda, byongeye gutangira ibikorwa nyuma y’ukwezi hafi kumwe bifunzwe ku itegeko rya Gen. Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda. Ku wa Kabiri tariki ya 28 Nyakanga 2026, NMG yatangaje ko ibikorwa byayo byo gutangaza amakuru kuri televiziyo, radiyo, ibinyamakuru byandika n’ikoranabuhanga bigiye gusubukurwa mu byiciro, mu gihe […]
Urukiko rwahaye Tshisekedi amahirwe yo kuyobora RDC muri manda ya 3

Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Kabiri rwemeje itegeko rigena imitunganyirize ya referendum ku rwego rw’igihugu; icyemezo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko gishobora guha Perezida Félix Tshisekedi inzira yo kwiyamamariza manda ya gatatu. Urukiko rwemeje ko iri tegeko rihuye n’Itegeko Nshinga rya RDC. Abacamanza barindwi ni bo basinye […]
RDC yasobanuye amasezerano iheruka kugirana na FDLR

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeye ko iherutse gusinyana na FDLR amasezerano agamije gushyira intwaro hasi, gusezerera abarwanyi no kubashyira ahantu bacumbikirwa by’agateganyo, mu gihe amasezerano ya Washington asaba iki gihugu gusenya uriya mutwe w’abajenosideri. Iby’ayo masezerano byatangajwe na Minisitiri ushinzwe kwihuza kw’akarere, Floribert Anzuluni, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Kinshasa ku wa […]
FDNB yutse inabi abavuze ko ikomeje gutsindwa na M23

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) cyamaganye amagambo y’abasesenguzi n’impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu bavuga ko umujyi wa Uvira wo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo usa n’uwagoswe n’umutwe wa AFC/M23, nyuma y’uko FDNB na FARDC bamaze kwirukanwa mu duce tw’ingenzi tuwitegeye. Umuvugizi w’Ingabo z’u Burundi, Général de Brigade Gaspard Baratuza, yagaragaje ko ibivugwa ari ugutesha agaciro igisirikare cy’u […]
U Rwanda rwatangiye gahunda yo guhagarika imiyoboro ya 2G na 3G

Leta y’u Rwanda yatangije gahunda yo guhagarika mu byiciro imiyoboro ya telefoni igendanwa ya 2G na 3G, mu rwego rwo kwihutisha ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rigezweho no guteza imbere itumanaho ryihuta kandi ryizewe mu gihugu. Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT) yatangaje ko serivisi za 3G zizahagarikwa mu gihugu hose bitarenze ku wa 30 Kamena 2027, mu gihe […]
AFC/M23 yaba yarashe ubwato bwari butwaye abasirikare benshi ba FARDC

Ubwato bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwavaga mu mujyi wa Kalemie bwerekeza mu mujyi wa Baraka, bwarashwe n’abo bikekwa ko ari ingabo za AFC/M23. Ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki ya 27 Nyakanga ni bwo ubwo bwato rutura bwarashwe, nk’uko amakuru atandukanye abyemeza. Amakuru avuga bwarasiwe mu gace ka Kasanga, hafi […]
Ab’i Goma baramukiye mu myigaragambyo bamagana abarimo Amerika

Ibihumbi by’abaturage bo mu mujyi wa Goma wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28 Nyakanga 2026, baramukiye mu myigaragambyo y’amahoro bamagana ibirimo ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuryango w’Abibumbye bafatiye abayobozi b’umutwe wa AFC/M23. Iyi myigaragambyo yateguwe n’ihuriro ry’imiryango ya sosiyete sivile yiswe ‘Société Civile Plurielle’, yari igamije […]
Gen. Muhoozi yashimiye Perezida Kagame, Jeannette Kagame na Gen. Mubarakh Muganga

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen. Muhoozi Kainerugaba, yashimiye Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame ndetse n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga, ku bw’uburyo bwuje urugwiro yakiriwemo ubwo yari mu ruzinduko mu Rwanda. Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Gen. Muhoozi yagize ati: “Ndashimira Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame […]
Martin Fayulu yashimangiye umurongo utukura we kuri Tshisekedi

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, yongeye gushimangira umurongo utukura avuga ko Perezida Félix Tshisekedi atagomba kurenga mu gihe igihugu cyaba gishaka umuti w’ibibazo bya politiki n’umutekano bikomeje kukirangwamo. Fayulu, uyobora ishyaka ECiDé, yavuze ko hari amahame abiri adashobora kugibwaho impaka, ari yo kubungabunga ubusugire n’ubutaka bwa RDC ndetse […]
FARDC imaze igihe itsindwa na M23 yabonye amaraso mashya ya ‘Special Forces’

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zabonye amaraso mashya nyuma y’uko abasirikare bagize icyiciro cya mbere cy’ingabo zidasanzwe zisoje “imyitozo ihambaye” zari zimazemo amezi atandatu. Ku wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2026, ni bwo umuhango wo gusoza imyitozo ya bariya basirikare wabereye mu kigo cya gisirikare cya Kibomango, uyoborwa na Guverineri w’Intara […]
Wa musore wibye igifaru yahawe igihano

Umusore w’imyaka 26 witwa Ebenezer Frimpong, yakatiwe igifungo cy’ukwezi kumwe nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kugerageza kwiba igifaru cya Polisi, mu Karere ka Ashanti muri Ghana. Frimpong yakatiwe n’Urukiko rwa Kwadaso Circuit Court ruherereye mu Mujyi wa Kumasi, nyuma yo guhindura imyiregurire ye akemera icyaha, mu rubanza rwabaye ku wa Kabiri, tariki ya 21 Nyakanga […]
Gen. Muhoozi ari mu Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen. Muhoozi Kainerugaba, ari i Kigali mu ruzinduko rwitezweho kurushaho gushimangira umubano n’ubucuti hagati y’u Rwanda na Uganda. Gen. Muhoozi, usanzwe ari umuhungu wa Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 25 Nyakanga 2026, aho yakiriwe n’Umugaba […]
Gipupu yaguyemo abasirikare benshi ba FDNB na FARDC, yisubizwa na Twirwaneho

Umutwe wa Twirwaneho watangaje ko wisubije uduce twa Gipupu na Kaseke duherereye muri Teritwari ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kutwirukanamo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa. Amakuru y’ifatwa ry’utu duce twombi yemejwe na Colonel Rugabo Fidèle, abinyujije ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Gipupu na Kiseke […]
Tshisekedi yoherereje Ramaphosa na Lourenço ubutumwa bw’ibanga, burimo ubwerekeye FDLR

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yoherereje ubutumwa bwihariye kandi bw’ibanga ba Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na João Lourenço wa Angola. Ubu butumwa bwashyikirijwe aba bayobozi biciye muri Minisitiri wa RDC ushinzwe ukwihuza kw’akarere, Floribert Anzuluni Isiloketshi. Ku wa Kane tariki ya 23 Nyakanga 2026, Anzuluni yakiriwe na Perezida Cyril […]
Nta munyapolitiki wa AFC/M23 ucyemerewe gutunga ibikoresho bya gisirikare

Ihuriro AFC/M23 ku wa Gatanu tariki ya 24 Nyakanga ryasabye abayobozi baryo bose bo mu rwego rwa politiki bafite ibikoresho bya gisirikare, kubishyikiriza igisirikare cyaryo (ARC). Iki cyemezo cyatangajwe nyuma y’inama yabaye ku wa Kane tariki ya 23 Nyakanga 2026, yahuje Ubuyobozi bwa Politiki bwa AFC/M23 n’abayobozi ba ARC. Mu itangazo ryasohotse nyuma y’inama, Ubuyobozi […]
APR FC yambikiwe ubusa mu maso ya Perezida Kagame

APR FC yatangiye nabi cyane irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026, nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 5-0, mu mukino warebwe na Perezida Paul Kagame. Ni igisebo gikomeye kuri APR FC, ikipe iri mu zahabwaga amahirwe yo kwegukana igikombe cya ririya rushanwa risanzwe riterwa inkunga n’Umukuru w’Igihugu, ari na we washinze […]
Icyo M23 igomba gukora kugira ngo ijye ku meza y’ibiganiro na Tshisekedi mu mboni za Mende

Lambert Mende wahoze ari Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko umutwe wa AFC/M23 ukwiye “kwitandukanya n’u Rwanda” mbere yo kujya ku meza y’ibiganiro n’ubutegetsi buyobozi na Perezida Félix Tshisekedi. Mende yabigarutseho ku wa Kane tariki ya 23 Nyakanga 2026, mu kiganiro cyabereye kuri Space X cyateguwe n’umunyamakuru Stanis Bujakera. Uyu […]
Lambert Mende yavuze ko yamaze imyaka 12 yibasira u Rwanda kubera Kabila

Lambert Mende wahoze ari Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko yamaze imyaka 12 ashyigikira umurongo wa Leta yari iyobowe na Joseph Kabila yagaragazaga u Rwanda nk’umwanzi ukomeye wa RDC, yemera ko yakoreshwaga n’uriya wahoze ari Perezida. Mende yabigarutseho ku wa Kane tariki ya 23 Nyakanga 2026, ubwo yari mu kiganiro […]
Urukiko rwasanze nta mpamvu zikomeye zigaragaza ko Yugi Umukaraza yasambanyije Shaddyboo

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwasanze nta mpamvu zikomeye zigaragaza ko Iradukunda Olivier uzwi nka Yugi Umukaraza yasambanyije ku gahato Mbabazi Shadia uzwi nka Shaddyboo, mu rubanza rw’ifungwa ry’agateganyo rwaburanishijwe mu muhezo. Yugi Umukaraza yafashwe ku wa 23 Kamena 2026, nyuma yo kuregwa na Shaddyboo wamushinjaga kumusambanya ku gahato, avuga ko yabanje kumusindisha. Mu rubanza rwabaye […]
Amavubi ya Volleyball yatangiye kwitegura kujya i Kinshasa

Abakinnyi 21 b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball, batangiye umwiherero wo kwitegura imikino y’Igikombe cya Afurika kizabera i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Aba bakinnyi batangiye imyiteguro nyuma yo guhamagarwa n’umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Frédéric Guérin. Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko abakinnyi bitabiriye umwiherero, mu rwego rwo gutangira imyiteguro […]
Perezida wakorewe Coup d’État yagize uruhare rwihishwa mu biganiro byo muri RDC

Uwahoze ari Perezida wa Guinée-Conakry, Alpha Condé, bivugwa ko yagize uruhare rwa rwihishwa mu biganiro byagejeje ku itangizwa ry’umugambi wo gutegura ibiganiro by’igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), ivuga ko Condé yagize uruhare mu biganiro byabaye mbere y’uko Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, atangaza ku wa 17 Nyakanga 2026 ko […]
Ishyamba si ryeru hagati ya Kongolo na Mbayahaga

Mu muryango w’Abanyamulenge, cyane cyane mu bantu bagaragara mu bikorwa bya politiki no mu bikorwa byo kuvuganira inyungu z’uyu muryango, haravugwa ubwumvikane buke hagati ya bamwe mu bakorera ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru avuga ko uyu mwuka mubi wiyongereye mu mezi ashize, aho bamwe bashinjanya kuba bakorera inyungu zabo bwite cyangwa iz’ubutegetsi […]
Igikombe ni icya Perezida wacu, kizasigare inaha: Gen Mubarakh abwira APR FC

Umuyobozi w’Icyubahiro Wungirije wa APR FC akanaba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga, yasabye abakinnyi b’iyi kipe kwitwara neza muri CECAFA Kagame Cup 2026, bagatwara igikombe cy’iri rushanwa risanzwe riterwa inkunga na Perezida Paul Kagame. Gen. Mubarakh yabivuze ku wa Gatatu, ubwo yasuraga ikipe ya APR FC ku kibuga cyayo cy’imyitozo i Shyorongi, […]
M23 yasubije Kazadi wavuze ko yasabye kubyaza umusaruro umutungo kamere wa RDC imyaka 8

Umutwe wa M23 wahakanye ibirego byatanzwe na Peter Kazadi, umunyapolitiki wo mu ishyaka UDPS riri ku butegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wavuze ko AFC/M23 yaba yarasabye igihe cy’imyaka umunani cyo gukoresha ubutaka n’umutungo kamere byo mu Burasirazuba bw’iki gihugu. Kazadi ubwo yari mu kiganiro cya ‘Space’ cyo ku rubuga rwa X, yavuze ko […]
Ntibahuje se! Menya Keyne Yamal, murumuna wa Lamine Yamal

Keyne Yamal, umwana muto w’imyaka itatu, ari mu bantu batunguranye bamamaye cyane mu Gikombe cy’Isi cya 2026, n’ubwo atari umukinnyi wari mu kibuga. Uyu mwana w’umuhungu ufite uruhu rwirabura cyane, yagaragaye kenshi yishimira intsinzi ya Espagne ndetse ari kumwe na mukuru we Lamine Yamal, bituma amashusho ye akwira ku mbuga nkoranyambaga. Nyuma y’uko Espagne itsinze […]
Burundi: Abasirikare ba FDNB barijujutira kuba inkomere za FDLR na Wazalendo zifashwe neza kubarusha

Bamwe mu basirikare b’u Burundi (FDNB), baravuga ko batishimiye uburyo abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu bitaro bya Tanganyika Hospital nyuma yo gukomerekera mu mirwano yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bafashwe neza, mu gihe bo inzara yenda kubica. Amakuru atangwa n’abantu bazi ibibera muri biriya bitaro, avuga ko abarwanyi bakomerekeye mu […]
AFC/M23 yavuze aho ihagaze ku bigabiro bidaheza bya Tshisekedi

Umuhuzabikorwa w’ihuriro AFC ribarizwamo M23, Corneille Nangaa, yateye utwatsi biganiro bishya by’abanyagihugu byatangajwe na Perezida Félix Tshisekedi, avuga ko ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kidashobora gukemurwa n’ibyo yise ubwumvikane bwa politiki budafite ishingiro. Mu butumwa bw’amashusho bwashyizwe ahagaragara n’abo bakorana, Nangaa yavuze ko ubutegetsi bwa Kinshasa ari “abanyabinyoma b’abashukanyi batubahiriza ibyo biyemeje.” Ibi […]
Perezida Kagame yaganiriye na Bill Gates

Perezida Paul Kagame ku wa Mbere tariki ya 20 Nyakanga yakiriye i Kigali umuherwe w’Umunyamerika, Bill Gates, baganira ku ngingo zirimo uburyo bwo kurushaho kwihutisha ubufatanye hagati y’u Rwanda n’umuryango wa Gates Foundation yashinze. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko ibiganiro bya Kagame na Gates byabaye nimugoroba, byanibanze ku bufatanye bumaze igihe hagati y’impande zombi, ndetse […]
Burundi: Abantu 8 bishwe n’umuvundo

Abantu umunani bapfuye abandi icyenda barakomerekera, mu muvundo wabereye mu giterane cy’ivugabutumwa cyabereye mu Burundi. Iki giterane cyari cyateguwe n’umuvugabutumwa w’Umurundi uzwi nka Chris Ndikumana, kikaba cyari cyitabiriwe n’ibihumbi by’abantu baturutse mu bice bitandukanye by’u Burundi. Amakuru yemejwe na Polisi y’u Burundi avuga ko abantu umunani bapfuye, abandi icyenda bagakomerekera ku kibuga cy’ishuri ETS giherereye […]
Umuherwe Bill Gates ari mu Rwanda

Umunyamerika Bill Gates ari mu Rwanda, mu ruzinduko rugamije kureba uburyo igihugu cyateje imbere urwego rw’ubuzima n’uruhare rw’ikoranabuhanga mu kurushaho kunoza serivisi zihabwa abaturage. Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwe, Gates yasuye uruganda rwa TKMD rukora inshinge zikoreshwa mu buvuzi, ruherereye mu Cyanya cy’Inganda cya Mwulire mu Karere ka Rwamagana. Uru ruganda, rwatangiye gukora mu […]
Polisi y’u Rwanda yasabye abatwara ibinyabiziga kurangwa n’imyitwarire nk’iya Espagne ikina na Argentine

Polisi y’u Rwanda, ibinyujije ku Muvugizi wayo, ACP Boniface Rutikanga, yasabye abatwara ibinyabiziga n’abandi bakoresha umuhanda kurangwa n’ikinyabupfura, imyitwarire myiza n’ubwitange mu rwego rwo kwirinda impanuka zo mu muhanda. Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Mbere, ACP Rutikanga yagereranyije imyitwarire ikwiye kuranga abakoresha umuhanda n’iyaranze Ikipe y’Igihugu ya Espagne mu mukino wa […]
Gen. Moses Ali yapfuye

Gen. (Rtd) Moses Ali, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa mbere wungirije wa Uganda anakaba n’umunyapolitiki w’inararibonye, yapfuye ku myaka 87 y’amavuko. ChimpReports yatangaje ko Gen. Moses Ali yaguye mu bitaro bya Nakasero, aho yari arwariye. Amakuru y’urupfu rwe yemejwe n’abarimo Perezida Yoweri Kaguta Museveni, mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Mbabajwe […]
AFC/M23 yatangije gahunda yo gutera ibiti muri Goma

Umuhuzabikorwa wa politiki w’umutwe wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yatangije gahunda yo gutera ibiti mu mujyi wa Goma, avuga ko intego ari uguhindura uwo mujyi ukaba uw’isuku, utoshye kandi wihanganira imihindagurikire y’ikirere. Nk’uko AFC/M23 yabitangaje, iyi gahunda yatangijwe mu gihe abayobozi bayo, urubyiruko, abagore ndetse n’abaturage bakomeje ibikorwa byo gusukura aho batuye bikorwa buri wa Gatandatu […]
Missile na drone za Iran zarashe ibihugu byo mu Kigobe

Intambara hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika yongeye guteza umwuka mubi mu Burasirazuba bwo Hagati, nyuma y’uko Tehran itangiye kurasa misile na drone ku bihugu byo mu Kigobe cy’Abarabu bifite umubano ukomeye na Washington. Ibyo bitero kuri uyu wa Gatandatu byibasiye cyane cyane ibirindiro by’ingabo za Amerika, ariko hari n’ibikorwa remezo by’abaturage […]
Impamvu kunywa amazi atari ihame ko buri gihe ari byiza

Mu gihe abantu benshi basabwa kunywa amazi menshi kugira ngo bagire ubuzima bwiza, abahanga mu by’ubuvuzi bavuga ko kunywa amazi arenze ayo umubiri ukeneye buri gihe bitaba byiza, ndetse mu bihe bimwe bishobora guteza ibibazo by’ubuzima. Inama zo kunywa litiro ebyiri cyangwa eshatu z’amazi buri munsi zimaze igihe kirekire zikwirakwizwa, ariko ubushakashatsi bugaragaza ko amazi […]
Gen. Sematama yavuze ugenzura Gipupu no kwa Mulima, aburira FARDC na FDNB

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa Twirwaneho, Général de Brigade Charles Sematama, yatangaje ko yaba ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyangwa Twirwaneho nta wugenzura uduce turimo Centre ya Gipupu cyangwa ahazwi nko kwa Mulima, mu misozi miremire ya Kivu y’Amajyepfo. Gen. Sematama yatangaje ibi, mu gihe muri uku […]
Tshisekedi yemeye ibiganiro bidaheza byo kurangiza intambara

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeye gukoresha ibiganiro bidaheza byo ku rwego rw’igihugu bigamije gukemura amakuba ajyanye n’umutekano na politike akomeje gukaza umurego. Iby’iyo ntambwe byatangajwe na Karidinali Fridolin Ambongo kuri televiziyo y’igihugu (RTNC), ku wa Gatanu tariki ya 17 Nyakanga. Ni nyuma y’inama yahuje Perezida Tshisekedi n’abahagarariye amadini akomeye […]
Musanze: Umusore w’imyaka 35 yategewe kunywa amacupa 5 y’urwagwa, irya 3 riramuhitana

Umusore witwa Hakizimana Evariste wo mu mudugudu wa Rucyerereza, akagari ka Kigombe mu murenge wa Muhoza w’akarere ka Musanze, yapfuye yishwe n’amacupa atatu y’urwagwa. Byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Nyakanga 2026, ahagana ku mugoroba. Nyakwigendera w’imyaka 35 y’amavuko mu busanzwe watundaga itaka yari yategewe na bagenzi kumara amacupa atanu y’urwagwa, gusa akaza […]
U Bufaransa bwavuze ku by’uko hari abaturage babwo bari kurwana ku ruhande rwa M23

Leta y’u Bufaransa biciye muri Ambasade yabwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahakanye amakuru amaze iminsi akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko hari Abafaransa bari kurwana ku ruhande rw’ihuriro AFC/M23 n’umutwe wa Twirwaneho mu, ntambara yo mu Burasirazuba bwa RDC. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, iyi Ambasade yavuze ko ayo makuru yamaze […]
Nzaceceka gusa ari uko napfuye: Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika akaba n’Umuyobozi Mukuru wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, yavuze ko adashobora gucecekeshwa ku bibazo bireba umutekano w’u Rwanda n’akarere, ashimangira ko azakomeza kuvuganira igihugu kugeza igihe azaba atakiriho. Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 17 Nyakanga 2026, ubwo yafunguraga inama ya Biro Politiki ya FPR-Inkotanyi yabereye muri Intare Conference Arena mu Karere […]
Perezida Kagame yavuze uko we, Dr. Ndahiro na Tom Byabagamba bafungiwe mu Bufaransa

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Nyakanga, yavuze uko we na Dr. Emmanuel Ndahiro na Tom Byabagamba bari abarinzi be bafungiwe i Paris mu Bufaransa, ubwo bari bahitabiriye inama bahuriyemo na Leta ya Habyarimana. Mu mpera za 1991 ni bwo u Bufaransa bwari buyobowe na Perezida François Mitterand wari inshuti ikomeye […]
Loni yafatiye ibihano abarimo abayobozi ba M23, Twirwaneho na FDLR

Komite ishinzwe ibihano mu kanama gashinzwe umutekano mu Muryango w’Abibumbye, yafatiye ibihano abantu batandatu barimo Corneille Nangaa usanzwe ari Umuhuzabikorwa w’ihuriro Alliance Fleuve Congo. Iby’ibi bihano byatangajwe mu itangazo Loni yasohoye ku wa Kane tariki ya wa 16 Nyakanga. Abafatiwe ibihano bafatwa nk’abafite uruhare rukomeye mu mitwe yitwaje intwaro ishinjwa gukomeza guhungabanya umutekano mu burasirazuba […]
Col. Ruterera wari ufunze ashinjwa gukorana na M23/Twirwaneho yapfiriye muri gereza

Col. Mahoro Ruterera wari umusirikare mukuru mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yapfuye aguye muri gereza ya Ndolo y’i Kinshasa, aho yari amaze igihe afungiye. Uyu Ofisiye w’Umunyamulenge yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka 15, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kugambanira igihugu. Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16 Nyakanga […]