RSSB yariye indimi ku byombo by’arenga Frw miliyari 1.5 yaguriye Hoteli itarubaka

IMG 20260710

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Nyakanga 2026, Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) cyitabye Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC), kugira ngo gisobanure amakosa yagaragaye muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ajyanye n’imicungire y’imari n’umutungo bya Leta. Mu bibazo byabajijwe ubuyobozi bwa RSSB, Depite Uwumuremyi Marie Claire […]

Colonel na ba Major mu magana y’abasirikare ba FDNB bagotewe Rugezi

20250416034408000000

Amakuru yizewe agera kuri BWIZA aremeza ko hari abasirikare babarirwa muri 650 bo mu ngabo z’u Burundi bamaze iminsi baragotewe mu gace ka Rugezi, mu misozi miremire yo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru iki gitangazamakuru cyamenye ni uko mu basirikare bagotewe muri Rugezi harimo umwe ufite ipeti rya Colonel na babiri bafite irya Major. […]

Ndayishimiye yavuze ku isoko rya Ngozi ryahiye rikabura urizimya

Inkongi y’umuriro ikomeye yibasiye Isoko Rikuru rya Ngozi mu Majyaruguru y’u Burundi, ahagana saa 20:00 z’umugoroba wo ku wa 9 Nyakanga 2026. Amakuru atangwa n’abari aho avuga ko umuriro watangiriye mu gice cyagurishirizwagamo imyenda, kiri hafi ya gare y’imodoka zitwara abagenzi hagati ya Bujumbura na Ngozi. Amakuru avuga ko inkongi y’umuriro yibasiye iri soko yamaze […]

Brigade ya RDF yasoje imyitozo yo ku rwego rwisumbuye (Amafoto)

Brigade ya 507 y’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka,  yasoje amahugurwa ya gisirikare yo ku rwego rwisumbuye yagenewe Ingabo zirwanira ku butaka yari amaze amezi atanu abera mu Kigo cy’Amahugurwa cya Gisirikare i Gabiro mu Karere ka Gatsibo. Minisiteri y’Ingabo ivuga ko aya mahugurwa yari agamije kongerera abasirikare ubumenyi, ubuhanga n’ubushobozi mu bikorwa bya gisirikare […]

Bitakwira mu cyoba cy’uko M23 yaba iri kugera amajanja Baraka na Kalemie

20260708 234722

Depite Justin Bitakwira uhagarariye agace ka Uvira mu Nteko Ishinga Amategeko ya RDC, yasabye Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za FARDC kuva mu biro bakajya ku rugamba, avuga ko bakwiye gukora ibishoboka byose bakarinda umujyi wa Baraka kujya mu maboko ya AFC/M23. Mu kiganiro yagiranye na Radiyo ya Top Congo FM, Bitakwira yanenze abayobozi bakuru […]

Gen. Byamungu wa M23 i Point-Zéro

Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo z’umutwe wa M23 ushinzwe ibikorwa, Général de Brigade Bernard Maheshe Byamungu, yagaragaye mu gace ka Point-Zéro nyuma y’iminsi mike ingabo ayoboye na Twirwaneho bisubije muri kariya gace ko mu misozi miremire. Ku wa Gatandatu tariki ya 4 Nyakanga ni bwo Twirwaneho na M23 bigaruriye kariya gace k’ingenzi, nyuma yo kukirukanamo ihuriro […]

Ubwato rutura bwa FDNB bwaburiwe irengero

1783503839801

Amakuru aturuka mu gisirikare cy’u Burundi aravuga ko ubwato bwacyo bwifashishwaga mu gucunga umutekano mu Kiyaga cya Tanganyika bumaze iminsi ibiri bwaraburiwe irengero. Ubu bwato buzwi nka ‘patrouilleur’, ingabo z’u Burundi zabwifashishaga mu kurinda imipaka yo mu Kiyaga cya Tanganyika, ndetse no guherekeza ubundi bwato bubiri (Kajago na Mushara) butwara abasirikare n’ibikoresho bya gisirikare bijya […]

Opozisiyo ya RDC yavuze uwo yifuza ko aba umuhuza, ishyiriraho Tshisekedi andi mabwiriza 

Ntare VS Opposion congolaise 768x442 1

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo basabye ko uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Olusegun Obasanjo, yagirwa umuhuza mu biganiro bigamije gushakira umuti ibibazo bya politiki, umutekano n’imiyoborere bimaze igihe byugarije iki gihugu. Ni umwanzuro wafatiwe mu biganiro byabereye i Bujumbura ku wa 6 Nyakanga 2026, ubwo bariya banyapolitiki bagize ihuriro rizwi nka […]

Misiri yatanze ikirego muri FIFA ivuga ko yibwe na Argentine

d60f2a49d52d575513cd7361c275c4da

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rya Misiri (EFA), ryashyikirije FIFA ikirego rishinja abasifuzi bari bayobowe na François Letexier kugira uruhare mu isezererwa ry’ikipe ya kiriya gihugu. Misiri yasezerewe ku wa Kabiri nyuma yo gutsindwa na Argentine ibitego 3-2, mu mukino wa ⅛ cy’irangiza cy’Igikombe cy’Isi wabereye kuri Stade ya Atlanta. Misiri yari yihagazeho neza muri uyu mukino, […]

Ruberwa yasabye FDNB kuva muri Uvira

20260707 161021

Uwahoze ari Visi Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Azarias Ruberwa, yavuze ko ubufatanye bwa Guverinoma ya RDC n’ingabo z’u Burundi mu bikorwa bya gisirikare mu misozi miremire ya Minembwe bwarushijeho gukaza umutekano muke, asaba ko izo ngabo zikurwa mu mujyi wa Uvira. Mu kiganiro yagiranye na ACTUALITE.CD, Ruberwa yavuze ko uburyo Guverinoma ya […]

Umubano w’u Rwanda na RDC ukwiye gushingira ku mategeko aho kuba ku marangamutima: Ruberwa

IMG 20250918 WA0010

Uwahoze ari Visi Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Azarias Ruberwa, yavuze ko umubano hagati ya RDC n’u Rwanda ukwiye gushingira ku mahame y’amategeko mpuzamahanga no kubahiriza amasezerano, aho gushingira ku marangamutima. Mu kiganiro yagiranye na ACTUALITE.CD, Ruberwa yavuze ko ibihugu byombi ari abaturanyi bazahorana, bityo ko ibibazo bifitanye bikwiye gukemurwa mu buryo bwubaka. […]

Perezida Kagame yahawe imirimo muri Loni

whatsapp image 2026 07

Perezida Paul Kagame yagizwe umwe mu bayobozi ba Komisiyo Mpuzamahanga ya ‘AI for Good’ yashyizweho na Loni, binyuze mu Ishami ryayo ry’Ikoranabuhanga mu Itumanaho (ITU). Iyi Komisiyo igamije guteza imbere ikoreshwa ry’Ubwenge Buhangano (Artificial Intelligence/AI) mu gukemura ibibazo byugarije isi no kugabanya ubusumbane mu kugerwaho n’ikoranabuhanga. Perezida Kagame azafatanya kuyobora iriya Komisiyo na Marc Benioff, […]

AFC/M23 na Twirwaneho bafashe kwa Mulima, igitutu cyiyongera kuri Baraka na Fizi

20260706 141447

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Nyakanga, ihuriro rya AFC/M23 rifatanyije n’umutwe wa Twirwaneho ryigaruriye agace kazwi nka nko kwa Mulima muri Teritwari ya Fizi, rikomeza kwagura ibice rigenzura nyuma y’ifatwa rya Point-Zéro ryabaye mu mpera z’icyumweru gishize. Amakuru aturuka mu bice by’imirwano avuga ko abarwanyi ba AFC/M23 na Twirwaneho binjiye kwa Mulima nyuma […]

Zabyaye amahari hagati ya UEFA na FIFA

1783334952590

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Mugabane w’u Burayi (UEFA), yanenze bikomeye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yashinje “kurenga umurongo utukura”, nyuma y’icyemezo cyo gukuraho ikarita itukura yari yahawe rutahizamu Folarin Balogun wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu itangazo UEFA yasohoye kuri uyu wa Mbere, yavuze ko icyemezo cya FIFA cyo kwemerera Balogun gukina umukino […]

Ndayishimiye yerekanye ibitwaro n’abasirikare b’abatirano ngo u Rwanda rugire ubwoba

Ku itariki ya 1 Nyakanga ubwo u Burundi bwizihizaga imyaka 62 bumaze buhawe ubwigenge n’u Bubiligi, byabaye ngombwa ko butira ingabo na bimwe mu bikoresho bya gisirikare bigezweho, mu rwego rwo kwereka u Rwanda ko rufite igisirikare gihambaye; nk’uko amakuru agera kuri BWIZA abyemeza. Muri ibi birori byabereye muri Stade Intwari mu mujyi wa Bujumbura, […]

Igitutu cya Trump cyatumye FIFA itera ipine ikarita itukura yari yahawe umukinnyi wa Amerika

20260706 081505

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yahagaritse igihano cyo gusiba umukino umwe cyari cyafatiwe rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Folarin Balogun, nyuma y’ubusabe bwa Perezida wa Amerika, Donald Trump. Balogun yari yahawe ikarita itukura ubwo Leta Zunze Ubumwe zakinaga na Australia, mu mukino wa 1/16 cy’irangiza w’Igikombe cy’Isi wasize ziyisezereye ku […]

Kwibohora: Perezida Kagame yahaye icyubahiro ingabo zari iza RPA

1993png 43354335 b799a 5f4d1

Perezida Paul Kagame yashimiye ingabo zari iza RPA zagize uruhare mu kubohora igihugu kubera ubutwari n’ubwitange zagaragaje, anazirikana abari muri urwo rugamba batakiriho muri iki gihe. Ni mu butumwa bujyanye n’isabukuru y’imyaka 32 ishize u Rwanda rwibohoye Umukuru w’Igihugu yageneye Abanyarwanda ndetse n’inshuti zarwo. Yagize ati: “Ndagira ngo ntangire nshimira ingabo zari iza RPA ku […]

Kuva ku ntwari z’ubwigenge kugera ku bwami bw’amabandi: Agahinda ka Haiti

news 560

Mu gihe amahanga akunze kuvuga kuri Ukraine, Gaza cyangwa Sudani, hari ikindi gihugu kiri mu bibazo bikomeye ariko kidahabwa umwanya uhagije mu bitangazamakuru mpuzamahanga: Haiti. Iki gihugu cyo mu birwa bya Caraïbes, cyanditse amateka yo kuba igihugu cya mbere cy’abirabura cyabonye ubwigenge binyuze mu rugamba rw’intambara mu 1804, ubu kiri mu kangaratete katigeze kabaho. Uyu […]

EU izakomeza gutera inkunga ubutumwa bwa RDF i Cabo Delgado: Perezida Chapo

RUANDA

Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, yatangaje ko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) uzakomeza gutera inkunga ubutumwa bw’ingabo z’u Rwanda zifasha igihugu cye kurwanya iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado, avuga ko ibiganiro byo gukomeza ubwo bufatanye bikomeje. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa Gatanu, Chapo yavuze ko ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda bizakomeza guterwa inkunga n’amafaranga […]

Tshisekedi yitabaje Ndayishimiye ngo ajye hagati ye n’opozisiyo ye

20260704 084858

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yasabye mugenzi we Evariste Ndayishimiye w’u Burundi gutumira i Bujumbura abatavuga rumwe na we kugira ngo bagirane ibiganiro ku bibazo igihugu kirimo. Amakuru yizewe yemeza ko Ndayishimiye muri iki gihe unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yatangiye ibiganiro n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, nyuma y’uruzinduko yagiriye […]

Kera Point-Zéro yasubiye mu maboko ya Twirwaneho na AFC/M23, FDNB na FARDC bayabangira ingata

Ingabo z’Ihuriro ry’imitwe ya MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 zongeye kugenzura agace k’ingenzi ka Point-Zéro gaherereye mu misozi miremire ya Fizi, nyuma yo kukirukanamo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Point-Zéro yafashwe saa munani n’iminota 35 z’igicuku cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Nyakanga 2026, nyuma ya Operasiyo […]

Burera: Green Party yakomereje ibikorwa byo kwegera abarwanashyaka i Nemba na Ruhunde

IMG 20260703 WA0020

Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR-Green Party) ryakomereje gahunda yo kwegera abarwanashyaka baryo hirya no hino mu gihugu, aho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Nyakanga 2026 ryahurije hamwe abasaga 250 bo mu mirenge ya Nemba na Ruhunde, mu Karere ka Burera, banatora abayobozi bashya ku rwego rw’imirenge. Nk’uko iri shyaka […]

Umunyamakuru Hitimana agiye kurongora Adelaide bakoranaga 

Umunyamakuru Hitimana Jean Claude ukorera Radio & TV10, aritegura kurushingana na Ishimwe Muhimpundu Adelaide (Ida) bakoranaga. Hitimana abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yateguje abantu ko azarongora iriya nkumi ku wa 05 Nzeri 2026. Uyu musore n’umukunzi we bari bamaze imyaka ine bakorana ikiganiro cya Siporo kuri Radio & TV10, ariko mu minsi mike ishize Ishimwe […]

Rutshuru: FDLR yishe 6 bo mu muryango w’umuyobozi

20260120 183349

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko abarwanyi b’umutwe wa FDLR usanzwe ukorana n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bishe umugore n’abana batanu b’umukuru w’umudugudu wo mu gace ka Kabizo, muri Butare, muri Chefferie ya Bwito ho muri Teritwari ya Rutshuru. Uyu mutwe wabiciye mu gitero wabagabyeho ku wa Kane tariki ya 2 […]

Amasezerano ya Trump hagati y’u Rwanda na RDC ashobora gukubita igihwereye: Foreign Affairs

2025 12 04T191314Z 173990078 RC2V9IADTB06 RTRMADP 3 USA TRUMP RWANDA CONGO 1764887531

Mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikomeje kugaragaza amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa nk’intambwe ikomeye ishobora kurangiza imyaka myinshi y’intambara mu burasirazuba bw’iki gihugu, ikinyamakuru ‘Foreign Affairs’ cyagaragaje ko hari impamvu zikomeye zituma ayo masezerano ashobora kudatanga umusaruro wari witezwe. Mu isesengura cyashyize ahagaragara, iki kinyamakuru kivuga ko n’ubwo isinywa […]

Twirwaneho yatwitse igifaru cya FDNB

20260703 085319

Umutwe wa Twirwaneho usanzwe ufatanya urugamba na AFC/M23, watwitse igifaru cy’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe impande zombi zikomeje gusakiranira mu misozi miremire ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru agera kuri BWIZA yemeza ko iki gifaru cyatwikiwe ahazwi nko kwa Mulima, muri Teritwari ya Fizi. Amakuru avuga ko kiriya gifaru cyatwitswe […]

Twirwaneho iri kwagura ibirindiro muri Kivu y’Epfo: Ese ni ugushimangira Minembwe cyangwa gutegura urugamba runini?

Mu gihe intambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje guhindura isura, hari umutwe umaze iminsi uvugwaho cyane: Twirwaneho. Mu mezi ashize, uyu mutwe wakomeje kuvugwa mu mirwano yabereye muri Minembwe no hafi ya Mikenge, aho amakuru atandukanye avuga ko waguye ibice ugenzura. Nubwo amakuru ava ku mpande zishyamiranye akunze gutandukana, hari […]

Perezida Chapo yasuye ‘RDF i Mocimboa da Praia

Perezida wa Mozambique akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Mozambique (FADM), Daniel Francisco Chapo, yasuye Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ku cyicaro gikuru  giherereye mu Karere ka Mocímboa da Praia. Hari mu ruzinduko rw’akazi arimo kugirira mu Ntara ya Cabo Delgado. Perezida Chapo yari aherekejwe na Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Cristóvão Artur Chume, Umugaba w’Ingabo zirwanira ku […]

FDLR yeruriye Trump ko idakozwa ibyo kurambika intwaro

Umutwe wa FDLR watangaje ko udakozwa ibyo kurambika intwaro, ngo keretse wemerewe kujya mu biganiro bya Politiki byuzuye birimo impande zose. Ibi byatangajwe mu butumwa bivugwa ko uriya mutwe wageneye abayobozi batandukanye, barimo na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump. Nk’uko bigaragara muri raporo y’Itsinda ry’Impuguke za Loni ku bibazo by’umutekano mu […]

Ndayishimiye yazamuye mu ntera ba Général de Brigade 4

Perezida w’u Burundi akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki gihugu, Évariste Ndayishimiye, yazamuye mu ntera abasirikare bane bari bafite ipeti rya Général de Brigade, abaha irya Général-Major. Ni icyemezo cyafashwe mu rwego rw’itangwa ry’amapeti risanzwe rikorwa buri mwaka ku wa 1 Nyakanga mu Gisirikare cy’u Burundi. Abazamuwe ni Général-Major Élie Ndizigiye uzwi nka Muzinga, usanzwe ari […]

AFC/M23 irateganya gushinga Leta yigenga mu burasirazuba bwa RDC: Loni

images 2

Raporo nshya y’Itsinda ry’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ku burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, igaragaza ko umutwe wa AFC/M23 ugifite umugambi wo gushyiraho ubutegetsi bwigenga mu bice ugenzura, bwiswe ‘République fédérale du Congo’. Iyi raporo yashyikirijwe Akanama k’Umutekano ka Loni, ivuga ko AFC/M23 ikomeje gukurikirana intego za politiki, iza gisirikare n’iz’ubukungu zirimo kwagura ibice igenzura, […]

Twafashe ibikoresho byinshi birimo za drone: Col Rugabo wa Twirwaneho 

20260625 082601

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho biciye muri Colonel Rugabo Fidèle, watangaje ko wafashe ibikoresho byinshi bya gisirikare by’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC, birimo na za drone. Ni nyuma y’uko M23 ku wa Gatatu tariki ya 1 Nyakanga yigaruriye uduce twa Mikenke na Bilalomboli itwirukanyemo izo ngabo. Rugabo mu butumwa yanditse ku rubuga rwe […]

Ndayishimiye yahaye ishimwe umuryango w’umusirikare waguye muri -Point Zéro

20260701 202358

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yazamuye mu ntera umwe mu basirikare b’u Burundi bapfiriye mu gace ka Point-Zéro muri Kivu y’Amajyepfo, mu rwego rwo kumushimira kwitangira igihugu cye. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Nyakanga ni bwo u Burundi bwizihije isabukuru y’imyaka 64 bumaze bubonye ubwigenge. Ni ibirori byaranzwe n’imyiyereko y’Ingabo z’Igihugu n’inzego zitandukanye […]

Loni yashinje Gen (Rtd) Kabarebe kugira uruhare rukomeye mu ifatwa rya Uvira 

46283505784 7489857738 o

Raporo y’Itsinda ry’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye kuri Congo, yashinje Gen (Rtd) James Kabarebe wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda kugira uruhare rukomeye mu ihuzwa ry’igitero cya AFC/M23 cyafashe umujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Iyo raporo ivuga ko igitero cyagabwe kuri Uvira cyari kiyobowe mu buryo butaziguye na ba Gen. Sultani Makenga na […]

Umubare w’ingabo impuguke za Loni zivuga ko u Rwanda rufite muri RDC

2026 07 01 10 12

Raporo nshya y’Itsinda ry’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ivuga ko ingabo z’u Rwanda (RDF) zikomeje gukorera ku butaka bw’icyo guhugu, kandi ko umubare wazo ushobora kuba uri hagati ya 14,000 na 18,000. Mu gika cya 96 cy’iyo raporo, impuguke za Loni zivuga ko mu Ukuboza 2025, “muri Kivu y’Amajyepfo hari hagati […]

Ingufu za AFC/M23 zageze ku basirikare 30,000: Raporo

coman

Raporo nshya y’Itsinda ry’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ku bibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, igaragaza ko ingufu za AFC/M23 zageze ku barwanyi bagera ku 30,000, umubare uvugwa nk’uwiyongereye cyane ugereranyije n’ibyari bizwi mu myaka yashize. Mu gika cya 65 cy’iyo raporo, impuguke za Loni zivuga ko “ingufu z’abarwanyi ba AFC/M23 zigereranywa n’abagera ku […]

Rubavu: Bamaze imyaka 4 bategereje ingurane bemerewe n’akarere, amaso yaheze mu kirere 

IMG 20260630 WA0033

Abaturage 11 bari bafite ibikorwa by’ubucuruzi ahubatswe agakiriro k’umudugudu w’ikitegererezo wa Muhira, mu murenge wa Rugerero w’akarere ka Rubavu, bavuga ko bamaze imyaka irenga ine bategereje ingurane y’ibikorwa byabo bemerewe n’akarere ariko amaso akaba yaraheze mu kirere. Ubutaka bariya baturage bavuga ko bwariho ibikorwa byayo byiganjemo inyubako, buherereye mu mudugudu wa Gitebe 1, akagari ka […]

Ingabo za Kinshasa zarashishije abaturage SMG muri Masisi

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC zagabye ibitero byinshi mu duce dutuwe cyane n’abaturage, by’umwihariko i Mpati, Nyange na Bibwe ho muri Groupement ya Bashali Mukoto. Uyu mutwe uvuga ko muri ibyo bitero izo ngabo zarashe abaturage zikoresheje imbunda za SMG (Submachine Guns), bikaba byahitanye umuturage umwe, abandi barindwi bagakomereka. […]

Nangaa yasabye FARDC kutumvira Tshisekedi wayise ‘Clochards’

gettyimages 1960338876 612x612 1

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yahamagariye Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) na Polisi y’Igihugu (PNC) kudakomeza kumvira Perezida Félix Tshisekedi, avuga ko atakiri igisubizo ku bibazo byugarije igihugu, ahubwo ko ari we wabaye ikibazo nyamukuru. Ni ubutumwa yatanze ku wa 30 Kamena 2026, ubwo RDC yizihizaga imyaka 66 imaze ibonye ubwigenge. Mu […]

Nangaa yagaragaje impamvu ko ibibazo RDC bidakwiye gukomeza kwitirirwa u Rwanda

WhatsApp Image 2025 01 30 at 16.10.32 56816663 1024x682 1

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yavuze ko ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kidakwiye gukomeza gusobanurwa nk’ingaruka z’igitero cyaturutse hanze cyangwa kwitirirwa u Rwanda gusa, ahubwo ko imizi yacyo iri mu bibazo bya politiki, imiyoborere n’ubuzimagatozi bw’ubutegetsi bwa Kinshasa. Ni bimwe mu byo yavuze mu ijambo yagejeje ku Banye-Congo kuri uyu wa 30 Kamena […]

Nduhungirehe yasobanuye impamvu gushyira mu bikorwa amasezerano ya Washington byananiranye, anavuga ku bihano bya Amerika

Foreign Ministers Olivier Nduhungirehe Therese Kayikwamba Wagner and Donald Trump at the State Department in Washington DC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko amasezerano ya Washington yasinywe haagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amaze umwaka atarashyirwa mu bikorwa kuko ku ruhande rwa Congo habuze ubushake bwa Politiki, ikindi iki gihugu kikaba cyarakomeje ubufasha bwacyo ku mutwe w’abajenosideri wa FDLR. Ku wa 27 Kamena 2025 ni bwo Nduhungirehe […]

U Rwanda na Kenya byasinyanye amasezerano yo koroshya itumizwa mu ry’ibikomoka kuri peteroli 

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Kenya kuri uyu wa Mbere zashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane (MoU) agamije koroshya itumizwa mu Rwanda ry’ibikomoka kuri peteroli byatunganyijwe (refined petroleum products) binyuze mu muhora wa ruguru. Aya masezerano azafasha u Rwanda kujya rutumiza ibikomoka kuri peteroli byinshi (bulk petroleum products) rwifashishije ibikorwa remezo bya Kenya birimo icyambu, imiyoboro itwara […]

Ba Colonel 2 ba RDF barangije amasomo ya gisirikare n’ay’Icyarabu muri Qatar

Ba Ofisiye bakuru babiri bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Lt Col Christian Mushengezi na Lt Col John Bosco Kamuhangire, barangije amasomo y’icyiciro cyo hejuru mu bya gisirikare nyuma yo gusoza amahugurwa bari bamazemo amezi 10 mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Joaan bin Jassim Academy for Defence Studies ryo muri Qatar. Aya mahugurwa agamije […]

U Bushinwa bwihanangirije ibihugu bikomeye bikoresha umutungo kamere wa RDC nk’igikoresho cya politiki

PL China

U Bushinwa bwasabye ibihugu bikomeye bitari ibyo mu Karere k’Ibiyaga Bigari, kwirinda gukoresha umutungo kamere wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’igikoresho cyo gukemura ibibazo bya politiki n’umutekano byo muri aka karere. Ubu butumwa bwatanzwe na Ambasaderi w’u Bushinwa akaba n’Uhagarariye iki gihugu muri Loni, Fu Cong, ubwo yagezaga ijambo ku Kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe […]

Kayumba ibintu byakomeye ni we wambwiye ngo tujye gusaba Museveni aduhe ubuhungiro: P. Kagame

Nyamwasa Kagame S 02

Perezida Paul Kagame yatangaje ko ubwo ingabo za RPA zari zikomerewe n’urugamba zari zihanganyemo n’ingabo za Habyarimana, Kayumba Nyamwasa wahunze igihugu yamusabye ko bajya gusaba Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akabaha ubuhungiro. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu nama nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’urugamba rwo kuyihagarika yari yateguwe n’ihuriro Unity Club Intwararumuri. Muri iyi […]

Impamvu Tshisekedi na Ndayishimiye bashaka Minembwe byo gupfa, mu mboni za Dr. Mvuka

20240417043710000000

Umushakashatsi akaba n’umusesenguzi ku bibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu karere muri rusange, Dr. Alex Mvuka, avuga ko impamvu ubutegetsi bwa RDC n’u Burundi bukomeje gushyira imbaraga mu rugamba rwo gufata Minembwe idashingira ku nyungu z’ubukungu cyangwa iza gisirikare, ahubwo ko ishingiye ku busobanuro iki gice gifite ku rwego rwa […]

Perezida Kagame yahishuye uko yagiye kwicuza ibyaha akabeshya Padiri

Perezida Paul Kagame yahishuye ko ari umukristu Gatolika, ndetse ko hari ubwo yagiye gusaba Penetensiya bikarangira abeshye kugira ngo ahabwe isakaramentu ry’ugukomezwa. Yabigarutseho kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Kamena, ubwo yari Mu Nama Nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabereye i Rusororo. Yagize ati: “Ndi umunyagatolika. Ibyo na byo ni […]

Ba Kayumba, Karegeya na Rudasingwa bari barijejwe ko bazaba ba Perezida: Kagame

general kayumba nyamwasa paul kagame

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu yavuze ko hari abantu bo hanze bamaze igihe bagerageza kugira uruhare mu kugena ejo hazaza h’u Rwanda, binyuze mu guha icyizere abarimo Kayumba Nyamwasa  cy’uko umunsi umwe bazayobora igihugu. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu ijambo yavugiye mu Nama Nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’urugamba rwo kuyihagarika yabereye […]

Afurika y’Epfo nyuma ya Apartheid: Ese urwango rwibasira abanyamahanga ni ikimenyetso cy’ibibazo bitarakemuka?

large

Hashize imyaka 32 Afurika y’Epfo ivuye ku butegetsi bwa Apartheid, gahunda yari ishingiye ku ivangura rikomeye rishingiye ku ibara ry’uruhu. Mu 1994, amatora ya mbere ya demokarasi yahaye ubutegetsi Nelson Mandela, bituma benshi babona ko igihugu cyinjiye mu gihe gishya kirangwa n’ubwiyunge, uburinganire n’ubumwe bw’abaturage. Ariko nyuma y’imyaka irenga itatu uhereye kuri izo mpinduka z’amateka, […]

Kuba Kayumba Nyamwasa yinjiye mu ntambara ya Congo bivuze iki ku Rwanda?

gettyimages 476967651 594x594 1

Izina rya Kayumba Nyamwasa wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda ryongeye kugaruka mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, nyuma yo kwiyunga ku ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa ririmo na FDLR bahuje umugambi. Abayobozi batandukanye bo ku ruhande rw’ihuriro rya AFC/M23 na Twirwaneho rirwana na Leta y’i Kinshasa, bakomeje […]

Masisi: Ingabo za Kinshasa zateye M23, zitwika ibirindiro byayo

20260109105036000000

Imirwano yongeye kubura mu bice bitandukanye by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho umutwe wa AFC/M23 uvuga ko ingabo zishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero ku birindiro byawo ndetse no mu bice bitandukanye byo muri Teritwari ya Masisi. Nk’uko AFC/M23 ibitangaza, kuva ku wa Gatanu tariki ya 26 Kamena kugeza ku wa Gatandatu tariki ya 27 Kamena […]

Amerika yongeye kuburira u Rwanda na RDC, iteguza ibindi bihano

02mideast boulos top hkpw videoSixteenByNine3000 scaled

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zongeye gukaza umurego mu gusaba u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubahiriza amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington, ziburira ko kutubahiriza ibyo impande zombi ziyemeje bishobora gutuma hafatwa ibindi bihano. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatanu n’Umujyanama wihariye wa Perezida wa Amerika ushinzwe Afurika, Massad Boulos, ubwo yagezaga ijambo […]

Burkina Faso yaciye burundu umubano wa dipolomasi n’u Bufaransa

InShot 20250114 081127843 scaled 1

Leta ya Burkina Faso ku wa Gatanu yatangaje ko yaciye burundu umubano wa dipolomasi n’u Bufaransa, mbere y’uko icyo cyemezo gihita gitangira kubahirizwa kigifatwa. Mu itangazo ryasomwe kuri televiziyo y’igihugu, Guverinoma ya Burkina Faso yavuze ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y’isuzuma ryimbitse ry’umubano wari usanzwe hagati y’ibihugu byombi. Yavuze ko ibisabwa kugira ngo habeho umubano […]

Umuhungu wa Maj. Gen Rwigema yagaragaye mu ruhande i Kigali

Eric Gisa Rwigema, umuhungu wa Late Maj. Gen Fred Gisa Rwigema watangije urugamba rwo kubohora u Rwanda, yagaragaye i Kigali aho yari yitabiriye umukino wa Basketball. Eric yagaragaye ku wa Gatanu tariki ya 27 Kamena, ubwo yari yitabiriye umukino wo kwibuka Kenrik Kabano wahoze akinira ikipe y’igihugu y’abato. Ni umukino wabereye muri Zaria Court, i […]

U Rwanda na RDC bimaze kubahiriza ⅓ cy’ibyo byiyemereje i Washington gusa: Raporo

P202512004DT 0476

Nyuma y’umwaka umwe u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bisinyanye amasezerano y’amahoro yashyiriweho umukono i Washington, ayo masezerano akomeje kudindira ndetse hari n’impungenge z’uko ashobora kurangirira mu “bukerarugendo bwa dipolomasi”. Ku wa 27 Kamena 2025 ni bwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Thérèse Wagner Kayikwamba wa Repubulika […]

RDC yareze u Rwanda mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera

jad20220608 ass rdc rwanda

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko yatanze ikirego mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (ICJ), irega u Rwanda ibyaha bikomeye ivuga ko rumaze imyaka 30 rukorera ku butaka bwayo. Minisiteri y’Itangazamakuru n’Itumanaho ya RDC mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko iki kirego kigamije gusaba urukiko gutangaza ko u Rwanda rufite inshingano mpuzamahanga ku […]

Burera: Abanyeshuri 7 batawe muri yombi

Abanyeshuri barindwi biga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Runaba ruherereye mu Murenge wa Butaro, Akarere ka Burera, batawe muri yombi nyuma yo gukekwaho kugira uruhare mu gukubita abarimu batatu. Amakuru y’itabwa muri yombi rya bariya banyeshuri yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, CIP Ignace Ngirabakunzi wavuze ko bamaze gufatwa kugira ngo bakurikiranwe n’inzego […]

Inzara iravuza ubuhuha mu basirikare b’u Burundi bari muri RDC na MINUSCA

Screenshot 20260313 095853

Umuryango utegamiye kuri Leta wa FOCODE, watangaje ko abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA) bahangayikishijwe n’uko bavuga ko bamaze amezi menshi badahembwa. Uyu muryango uvuga ko abasirikare b’u Burundi boherejwe muri MINUSCA bamaze amezi 11 badahembwa. […]