Amerika yamaganye igitero drone za FARDC zagabye i Mushaki

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye igitero cya za drone cyagabwe mu gace ka Mushaki ho muri Teritwari ya Masisi, zisaba “impande zose” gutanga agahenge no kubahiriza ibyo ziyemeje. Ku wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi ni bwo i Mushaki hagabwe ibitero bya drone byasize bikomerekeje abaturage benshi binasenya amazu yabo. Umutwe wa AFC/M23 biciye […]
Gasana wabaye Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni yaciwe arenga Frw miliyari 7 azira igitsina

Urukiko rw’i Manhattan muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa Kane tariki 7 Gicurasi 2026 rwahamije Eugène-Richard Gasana wahoze ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye icyaha cyo gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina umukobwa wamureze, rumuca indishyi ya $ miliyoni 5 (Arenga Frw miliyari 7). Muri 2019 Gasana yari yarezwe n’umukobwa wari ufite imyaka […]
Drone ya FARDC cyishe abaturage i Mushaki

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi, ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zagabye igitero drone mu gace ka Mushaki ho muri Teritwari ya Masisi, zicyiciramo abaturage abandi barakomereka. Ni igitero cyagabwe mu ma saa kumi z’igicamunsi. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ubwo kiriya gitero […]
Kigali: Hatangiye inama ihuza amashyaka arengera ibidukikije mu karere

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi, i Kigali hatangiye inama iri guhuza intumwa z’amashyaka arengera ibidukikije mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba. Iyi nama y’iminsi ibiri yitabiriwe n’intumwa ziturutse mu bihugu bitandukanye birimo u Rwanda, Uganda, Kenya, Tanzania, u Burundi, Somalia ndetse na Ethiopia. Abitabiriye iyi nama barimo abayobozi n’abahagarariye amashyaka arengera ibidukikije mu […]
Drone ya FARDC yahushije abasirikare ba M23

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Kane tariki ya 7 Gicurasi zagabye igitero cya drone mu bice bya Muja ho muri Teritwari ya Nyiragongo, ahari abasirikare ba AFC/M23. Mu ma saa saba y’igicamunsi cyo ku wa Kane ni bwo icyo gitero cyabaye, ndetse urusaku rw’igisasu yarashe rwumvikanye mu mujyi wa […]
Amerika yasabye abaturage bayo kwirinda uturere 3 tw’u Rwanda

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi yasabye abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu turere dutatu tw’u Rwanda. Washington mu butumwa buburira abaturage bayo bwasohowe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yayo, yabasabye kwirinda gukorera ingendo mu turere twa Rubavu, Musanze na Rusizi; by’umwihariko ku bilometero bibarirwa mu icumi uvuye […]
Kimwe mu byo nicuza cyane ni ukuba naravuganiye Tshisekedi ngo Amerika imufashe kuba Perezida: Tibor Nagy

Tibor Nagy wabaye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wungirije ushinzwe ubufatanye na Afurika, yatangaje ko yicuza kuba yaravuganiye Félix Antoine Tshisekedi ngo abe Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abifashijwemo na Amerika, agaragaza ko yabikoze yibwira ko we azaba atandukanye na ba Perezida bamubanjirije. Nagy yabaye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za […]
Ngoma: Abanyeshuri 2 b’abakobwa bahondaguye ‘animatrice’ wabo bamugira intere

Abanyeshuri babiri b’abakobwa biga mu kigo cy’ishuri cya EAV/Gitwe giherereye mu Murenge wa Rukira, Akarere ka Ngoma, batawe muri yombi nyuma yo gukubita no gukomeretsa bikomeye umurezi wabo (animatrice) nyuma bakaza gutorokera mu ishyamba riri hafi ya ririya shuri. Raporo yakozwe n’inzego z’ubuyobozi zo mu Kagari ka Kibatsi byabereyemo, avuga ko buriya bugizi bwa nabi […]
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yagaragaje ko imicungire y’umutungo wa Leta yarushijeho kunoga

Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Alexis Kamuhire, ku wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi yashyikirije Inteko Ishinga Amategeko raporo y’ubugenzuzi bw’imari ya Leta bw’umwaka warangiye ku wa 30 Kamena 2025, igaragaza ko imicungire y’umutungo wa Leta yakomeje kugenda iba myiza mu nzego zitandukanye za Leta. Iyi raporo igaragaza ko ubugenzuzi bwakorewe mu bigo bya Leta […]
Abanyarwanda bamaze gutahuka kuva M23 yafata Goma barenze 8,500

Kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Gicurasi, abandi Banyarwanda 359 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batahutse mu Rwanda baturutse mu mujyi wa Goma. Aba biganjemo abagore n’abana ubwo bageraga ku mupaka munini uhuza u Rwanda na RDC bakiriwe n’umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper wabahaye ikaze mu izina rya Leta y’u Rwanda. […]
Karasira Aimable wagombaga gufungurwa yapfuye

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora (RCS), rwatangaje ko Uzaramba Karasira Aimable byari byitezwe ko agomba kurekurwa nyuma yo kurangiza igifungo yari yarahawe, yapfuye kuri uyu wa 07 Gicurasi aguye mu bitaro bya Nyarugenge. RCS mu itangazo yasohoye, yavuze ko uyu wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda “yajyanwe mu bitaro nyuma yo gufatwa anywa imiti […]
Senateri Evode yasabye urugaga rw’abubatsi kwambura ibyangombwa uwubatse inzu ya RDB

Senateri Evode Uwizeyimana, yasabye urugaga rw’abubatsi mu Rwanda kwambura ibyangombwa uwubatse inzu y’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), nyuma yo kugaragaza ibibazo byatumye ifungwa hashize igihe gito itangiye gukorerwamo. Iyi nzu y’amagorofa 12 iherereye ku Gishushu ho mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, yakoreragamo ibigo bya leta birimo Rwanda Igishinzwe Kubungabunga Ibidukikije (REMA), Igishinzwe Imyubakire […]
Tshisekedi yaciye amarenga y’uko yifuza ko RDC iguma mu ntambara kugira ngo atava ku butegetsi

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu gihugu cye mu myaka ibiri iri imbere atazaba, mu gihe intambara ihanganishije ingabo ze n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 muri Kivu zombi izaba ikomeje. Uyu mugabo mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa Gatatu, yeruye ati: “Nitunanirwa kurangiza […]
Umuhungu wa Habyarimana kwa Ndayishimiye gutegura ibitero ku Rwanda

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko Jean-Luc Habyarimana usanzwe ari umuhungu wa Habyarimana Juvénal wigeze kuba Perezida w’u Rwanda amaze iminsi muri iki gihugu, bikavugwa ko ari mu mugambi wo kugaba ibitero ku Rwanda. Imakuru BWIZA yahawe n’imboni zayo mu Burundi yemeza ko Jean-Luc Habyarimana ari muri iki gihugu, ndetse umwe mu bahaye […]
Karongi: Bane bakekwaho kunyereza arenga Frw miliyoni 200 batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufunze abantu bane barimo Mukeshimana Marcel, wahoze ari umuyobozi w’ishuri ry’imyuga rya Rubengera II TSS School ryo mu Karere ka Karongi, abahoze ari ababaruramari baryo babiri n’uwasinyaga cheque z’ishuri. RIB ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko bariya bantu uko ari bane “bakurikiranyweho ibyaha byo kunyereza umutungo ufitiye […]
Urukiko rw’i Paris rwategetse ko Agathe Kanziga akomeza gukorwaho iperereza

Urukiko rw’Ubujurire rw’i Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi rwanzuye ko iperereza ku ruhare umugore wa Habyarimana Juvénal, Agathe Kanziga, akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi no mu itegurwa ryayo rikomeza. Uru rubanza rwagombaga gusomwa tariki 8 Mata, rusubikwa ku mpamvu zitatangajwe. Kuri uyu wa Gatatu, umucamanza w’urukiko yavuze ko abacamanza […]
Perezida Kagame yageze i Gaborone

Perezida Paul Kagame yageze i Gaborone mu murwa mukuru wa Botswana, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri. Umukuru w’Igihugu akigera ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cyitiriwe Sir Seretse Khama, yakiriwe na mugenzi we wa Botswana, Duma Boko ari na we wamutumiriye gusura igihugu cye. Uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame i Gaborone rwabanjirijwe n’inama ya kabiri y’Ihuriro […]
M23 n’ingabo za Kinshasa mu mirwano y’injyanamuntu hafi ya Uvira

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko kuri uyu wa Gatatu umutwe wa AFC/M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa baramukiye mu mirwano ikomeye cyane iri kubera ku ntera nto uvuye mu mujyi wa Uvira. Amakuru atandukanye yemeza ko imirwano iri kubera mu duce twa Kigoro, Kigurwe na Kabunambo […]
Gen. Mubarakh Muganga yaganiriye na Gen. Selçuk Bayraktaroğlu wa TAF

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga, ku wa Kabiri tariki ya 5 Gicurasi yahuye anagirana ibiganiro na mugenzi we w’ingabo za Türkiye (TAF), Gen. Selçuk Bayraktaroğlu. Abagaba bakuru b’ingabo z’ibihugu byombi bahuriye mu mujyi wa Instanbul muri Türkiye, ahari kubera imurikabikorwa rya gisirikare rya 2026 rizwi nka SAHA 2026 International Defence, Aviation and […]
Perezida Kagame yacyeje Arsenal yageze kuri ‘final’ ya Champions league

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal yo mu gihugu cy’u Bwongereza, nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league. Iyi kipe yageze kuri final ya Champions league, nyuma yo gutsinda Atletico Madrid yo muri Espagne bari bahuriye mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’irangiza igitego 1-0, bikarangira iyisezereye ku giteranyo cy’ibitego […]
Ubusembwa abadepite bari barabonye ku nzu ya RDB yafunzwe nyuma yo kugurwa za miliyari

Mbere y’uko Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rutangaza ko guhera ku wa 5 Gicurasi 2026 inyubako yarwo iherereye ku Gishushu izafungwa by’agateganyo, abadepite bari bamaze imyaka hafi ibiri bagaragaje ko ifite ubusembwa. RDB mu itangazo yasohoye ku wa Mbere, yavuze ko iriya nyubako yafunzwe kubera imirimo yo kuyivugurura. Uru rwego rwavuze kandi ko “mu […]
FERWAFA yahannye umusifuzi wakubise umugeri mu bugabo bw’umukinnyi wa Mukura

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryafashe icyemezo cyo guhagarika abasifuzi babiri bari mu bayoboye umukino wa shampiyona ikipe ya Mukura VS, nyuma yo gukora amakosa atandukanye. Abahanwe na FERWAFA barimo Nshimiyimana Remy Victor wari umusifuzi wo hagati mu kibuga, na Nsengiyumva Jean Paul wasifuraga ku ruhande. FERWAFA yabamenyesheje ko yabahannye biciye mu mabaruwa yabandikiye. […]
Bombori bombori muri Real Madrid yitegura gusura FC Barcelona

Ikipe ya Real Madrid ikomeje kuvugwamo umwuka mubi n’amakimbirane mu rwambariro rwayo, mu gihe habura iminsi mbarwa igasura mukeba wayo w’ibihe byose, FC Barcelona. Umufaransa Kylian Mbappé ni we ugarukwaho cyane nk’intandaro y’ubwumvikane buke buri mu rwambariro rwa Real Madrid. Ikinyamakuru The Athletic kivuga ko Mbappé asa n’uwahindutse ikibazo, nyuma y’aho agaragariye mu makimbirane yagiranye […]
Minisitiri Muadiamvita yemeje ko M23 yinjiriye itumanaho rya FARDC

Minisitiri w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Guy Kabombo Muadiamvita, yatangaje ko umutwe wa AFC/M23 wahoboye kwinjira mu itumanaho ry’ingabo za FARDC, umenya ibyo ziri gutegura ku rugamba. Muadiamvita yemeje aya makuru ubwo yaganiraga n’abadepite bagize Komisiyo ishinzwe igisirikare n’umutekano ku bushobozi bw’igisirikare cy’igihugu. Yavuze ko AFC/M23 ifite itumanaho rihambaye cyane ugereranyije n’irya FARDC. […]
Kinshasa yasabye Trump gushyiriraho Kabila impapuro zo kumuta muri yombi

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biciye mu ishyaka UDPS riyoboye iki gihugu, yasabye Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika gushyiriraho Joseph Kabila impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi. Ni amakuru yemejwe n’Umunyamabanga Mukuru wa ririya shyaka, Augustin Kabuya, mu rugendo rwateguwe na ririya shyaka ku wa Mbere tariki ya 4 […]
Ruto arifuza ko ikiguzi cyo guhamagarana kuri telefoni hagati ya Kenya, Tanzania, Uganda n’u Rwanda kigabanuka

Perezida wa Kenya, William Ruto, yongeye gusaba ko ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba byashyira imbaraga mu gushyira mu bikorwa byuzuye igitekerezo cya “One Network Area” (ONA), kigamije kugabanya ibiciro by’itumanaho hagati y’ibihugu no kunoza ihuzanzira mu karere. Yabisabye ku wa 4 Gicurasi 2026, mu nama y’ubucuruzi yahuje Kenya na Tanzania yabereye mu kigo mpuzamahanga cy’inama […]
Ntituzemera ko u Rwanda ruterwa na Ndayishimiye, tuzarutabara: Col. Rugabo wa Twirwaneho

Colonel Rugabo Fidèle uri mu basirikare bakuru b’umutwe wa Twirwaneho wiyemeje kurengera abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge, yateguje ko we na bagenzi be biteguye gutabara u Rwanda mu gihe rwaba rutewe n’ibihugu by’u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Uyu musirikare ukunze kumvikana avugira uriya mutwe, yabitangaje mu kiganiro aheruka kugirana n’umuyoboro wa YouTube […]
AFC/M23 yemeje ko FARDC yagabye igitero karahabutaka muri Lumbishi

Umutwe wa AFC/M23 uravuga ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Gicurasi zagabye igitero gikomeye mu gace ka Lumbishi ko muri Teritwari ya Kalehe mu ntara Kivu y’Amajyepfo. Umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rubuga rwe rwa X yavuze ko […]
Uganda: Habaye impanuka ikomeye ya Bisi

Muri Uganda hari ubwoba bw’uko abantu benshi baguye mu mpanuka ikomeye ya Bisi yabaye mu ijoro ryacyeye. Amakuru aturuka muri iki gihugu avuga ko iyi Bisi ya Kompanyi itwara abagenzi ya Nile Star Bus yagoganye n’ikamyo, ubwo yari igeze hagati y’uduce twa Pakwach na Karuma two mu majyaruguru ya Uganda yerekeza i Kampala. Ni impanuka […]
Kagame na Samia Suluhu biyemeje gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare n’umutekano

Nyuma y’uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame i Dar Es Salaam muri Tanzania, iki gihugu n’u Rwanda byiyemeje gukomeza gushimangira ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo igisirikare n’umutekano. Ku Cyumweru tariki ya 3 Gicurasi ni bwo Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe i Dar Es Salaam. Umukuru w’Igihugu yabanje kwakirwa na mugenzi we bagirana ibiganiro […]
Huye: Abarwanashyaka ba Green Party biyemeje gutanga umusanzu mu gukumira amakimbirane yugarije umuryango

Abarwanashyaka b’ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda bahagarariye abandi mu karere ka Huye, biyemeje gutanga umusanzu mu rwego rwo gushyira iherezo ku makimbirane yugarije umuryango nyarwanda. Aba barwanashyaka bihaye uwo mukoro, nyuma y’inama ikomatanyije n’amahugurwa bahawe mu rwego rwo kubategura ngo bazajye guhugura bagenzi babo ku rwego rw’imirenge. Ni igikorwa cyayobowe n’umuyobozi w’ishyaka […]
Perezida Kagame ategerejwe muri Tanzania

Perezida Paul Kagame ategerejwe muri Tanzania, mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe azagirira muri iki gihugu ku Cyumweru tariki ya 3 Gicurasi 2026. Amakuru y’uru ruzinduko yemejwe na Perezidansi ya Tanzania, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Gicurasi. Muri uru ruzinduko, Perezida Paul Kagame azakirwa anagirane ibiganiro na mugenzi we wa Tanzania, […]
FARDC yakajije ibitero mu matware ya M23

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abazifasha ku rugamba, bakajije ibitero ahantu hatuwe cyane mu bice bigenzurwa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 1 rishyira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Gicurasi 2026, hagati ya saa yine […]
U Burusiya bwahaye igihugu cya Afurika ibikoresho bigezweho bya gisirikare

Guverinoma ya Guinée-Conakry yakiriye inkunga y’ibikoresho bya gisirikare bigezweho byatanzwe n’u Burusiya, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubushobozi bw’ingabo zayo no guhangana n’ibibazo by’umutekano bihari. Ibi bikoresho byashyikirijwe Guinée ku mugaragaro ku wa Gatanu tariki ya 1 Gicurasi 2026, mu muhango wabereye ku kibuga cy’indege cya gisirikare giherereye i Conakry. Ni umuhango wayobowe na […]
Ndayishimiye yahaye ishimwe umugore we

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Ku wa Gatanu tariki ya 1 Gicurasi, yahaye ishimwe umugore we Angelina Ndayubaha, mu rwego rwo kumushima nk’umukozi w’indashyikirwa wahize abandi. Ndayishimiye yamushimiriye mu birori byo kwizihiza umunsi w’abakozi wabereye muri stade intwari iherereye mu mujyi wa Bujumbura. Uyu mugabo asa n’ukomoza kugihembo umugore we aheruka guhabwa n’Umuryango w’Abibumbye biciye […]
Gisagara: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe kubyaza umusaruro umutekano u Rwanda rufite

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, ryasabye abarwanashyaka baryo bo mu karere ka Gisagara kubyaza umusaruro umutekano u Rwanda rufite, bakawukoresha mu gukora ibikorwa bibateza imbere. Ibi byagarutsweho mu nama n’amahugurwa byabereye muri aka karere, byitabiriwe n’abarwanashyaka b’iri shyaka mu rwego rwo kubongerera ubumenyi ku ruhare rwabo mu kubaka amahoro, umutekano no guteza […]
Joseph Kabila yasubije ku bihano bya Amerika

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye ibihano yafatiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, avuga ko ibirego zashingiyeho zimuhana nta bimenyetso bifatika bigaragaza ko ari ukuri. Ku wa Kane tariki ya 30 Mata ni bwo Urwego Rushinzwe Imari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwatangaje ko rwafatiye ibihano […]
Kera kabaye Kinshasa yemereye CICR kujya gutabara imbabare zo mu Minembwe

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Mata 2026, Komine Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (CICR), yageze mu gace ka Minembwe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ijyanye ubufasha bw’ubuvuzi ku baturage bamaze imyaka igera kuri icyenda babayeho mu ntambara z’urudaca. Abaturage batuye mu misozi miremire ya Minembwe bagaragaje ibyishimo n’icyizere cy’amahoro, […]
Kisangani: Abasirikare 84 ba FARDC bakurikiranweho guhunga AFC/M23

Kuva ku wa Kabiri tariki ya 29 Mata, Urukiko rwa Gisirikare rwa Kisangani ruri kuburanisha abasirikare 84 bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bakaba bakurikiranweho guhunga inyeshyamba za AFC/M23 ubwo bari bahanganye na zo ku rugamba. Aba basirikare baregwa ibyaha birimo guhunga umwanzi, kwica amabwiriza ya gisirikare, kwigumura no gupfusha ubusa […]
Maj. Gen Nkubito yavuze uwarashe indege ya Habyarimana

Umuyobozi wa Diviziyo ya gatatu y’ingabo z’u Rwanda ikorera mu ntara y’iburengerazuba, Maj. Gen. Nkubito Eugene, yashimangiye ko nta wundi muntu warashe indege ya Habyarimana Juvenal wabaye Perezida w’u Rwanda utari Colonel Bagosora Théoneste. Col. Bagosora wapfuye muri Nzeri 2021 aguye i Bamako muri Mali, asanzwe ari musaza wa Agathe Kanziga, umugore wa Perezida Habyarimana. […]
Amerika yafatiye ibihano Joseph Kabila

Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zatangaje ko zafatiye ibihano Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Urwego rw’iki gihugu rushinzwe imari ni rwo rwatangaje ko rwafatiye ibihano uriya mugabo wayoboye Congo Kinshasa mu gihe cy’imyaka 18. Ni nyuma y’uko Leta ya RDC yakunze kumushinja guha ubufasha inyeshyamba zo mu mutwe […]
Kanombe: Gen. Makenga yasoje amahugurwa y’abandi ba ‘Cadres’ ba AFC/M23 barenga 500 (Amafoto)

Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23 (ARC) akanaba umuhuzabikorwa wa gisirikare muri iri huriro, Général-Major Sultani Makenga, kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Mata yayoboye umuhango wo gusoza icyiciro cya kabiri cy’amahugurwa y’ingengabitekerezo agenewe abanyamuryango ba AFC/M23 bazwi nk’aba-Cadres. Aya mahugurwa yiswe “Intake 002 Uongozi Bora, yitabiriwe n’aba-cadres babarirwa muri 534. Yaberaga mu kigo cy’amahugurwa […]
Gitifu wa Mageragere yatawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mageragere wo mu karere ka Nyarugenge. RIB ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko Gitifu Hategekimana Silas akurikiranyweho “ibyaha bya ruswa no kumena ibanga ry’akazi.” Uru rwego rwasobanuye ko mu mwaka wa 2023 na 2024 Hategekimana yagiye yohererezwa amafaranga na Rubazinda Callixte uyobora […]
Iyo Habyarimana adapfa twese yari kutwica: Maj. Gen Nkubito

Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda mu ntara y’iburengerazuba, Maj. Gen Nkubito Eugene, yagaragaje ko Habyarimana Juvenal wahoze ari Perezida w’u Rwanda aza ku isonga ry’abateguye Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse ko iyo adapfa nta mututsi n’umwe washoboraga kurokoka. Yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Mata 2026, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside […]
Ubwisanzure bw’itangazamakuru muri 2026: U Rwanda rwisanze mu murongo utukura

U Rwanda rwaje ku mwanya wa 139 ku Isi ku rutonde rw’ibihugu byubahiriza ubwisanzure bw’itangazamakuru, muri uyu mwaka wa 2026, nk’uko bigaragara muri raporo ngarukamwaka yasohowe n’Umuryango w’Abanyamakuru batagira umupaka. Iyi raporo ya World Press Freedom Index yerekana ko n’ubwo igihugu gikomeje gutera imbere mu nzego zitandukanye, urwego rw’itangazamakuru rugifite imbogamizi zikomeye. Iyi raporo iriho […]
Polisi y’u Burundi yarasiye mu kico hafi y’umupaka w’u Rwanda abagabo 2

Umuyobozi muri Polisi y’u Burundi ikorera hafi y’umupaka w’u Rwanda mu gace ka Mparamirundi ko muri Komine ya Kayanza ho mu ntara ya Butanyerera, ku wa Gatatu tariki ya 29 Mata yarashe mu cyico abagabo babiri bakekwaho gukorera ubucuruzi bwa magendu hagati y’u Burundi n’u Rwanda. SOS Médias Burundi yatangaje ko amasoko yayo yo muri […]
Perezida Kagame ategerejwe kwa Duma Gideon Boko

Perezida Paul Kagame ategerejwe i Gaborone muri Botswana, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri agomba kugirira muri iki gihugu cyo mu majyepfo ya Afurika. Ni uruzinduko Umukuru w’Igihugu yatumiwemo na mugenzi we wa kiriya gihugu, Duma Gideon Boko. Perezidansi ya Botswana mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Mata, yavuze ko Perezida Kagame azasura […]
FDLR iravugwaho kugaba ibitero muri Uganda no gushimuta abaturage

Ingabo za Uganda (UPDF) hamwe n’izindi nzego z’umutekano z’iki gihugu, bakajije umutekano ku mupaka wa Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko abaturage bagaragaje impungenge kubera umutekano muke utezwa n’abarwanyi bikekwa ko ari ab’umutwe wa FDLR. Abatuye mu duce twegereye umupaka, cyane cyane muri Nyabwishenya, muri Centre y’ubucuruzi ya Mupaka ndetse n’iya Nkuringo, […]
U Rwanda rugiye gukumira abana batarengeje imyaka 16 ku mbuga nkoranyambaga

Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo yatangaje ko yatangiye gutegura gahunda yo gukumira abana bafite imyaka 16 kumanura ku mbuga nkoranyambaga, ku buryo batazongera kuzigiraho konti cyangwa kuzijyaho ngo barebe ibyashyizweho bari mu Rwanda. Byatangajwe na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, mu kiganiro yahaye RBA. Ubushakashatsi bwa Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, bwagaragaje ko abana 46% bajya […]
Guhererekanya imfungwa hagati ya RDC na AFC/M23 byakubise igihwereye

Umutwe wa AFC/M23 ku wa Kabiri tariki ya 28 Gashyantare, washinje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuba yaranze kubahiriza amasezerano yo guhererekanya imfungwa impande zombi zari zimaze iminsi 10 zarasinyanye. Ku wa 17 Mata 2026 ni bwo abari bahagarariye impande zombi mu biganiro by’amahoro byaberaga i Montreux mu Busuwisi, banzuye ko mu gihe […]
Gushinga umutwe witwara gisirikare wo kurinda amabuye y’agaciro: Amerika yanyomoje RDC

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahakanye ko hari inkunga y’amafaranga zateye umutwe witwara gisirikare washinzwe na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo uzajye urinda ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro muri iki gihugu. Ku wa Mbere tariki ya 27 Mata ni bwo Urwego Rushinzwe Ubucukuzi bw’Amabuye y’agaciro muri RDC (IGM), rwatangaje ko hamaze gushingwa […]
Ndayishimiye yahinduye ba Minisitiri 3

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yakoze impinduka muri Guverinoma y’iki gihugu zasizeho ahinduye ba Minisitiri batatu. Iteka rya Ndayishimiye ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28 Mata, ryerekana ko Evelyine Butoyi wari umaze igihe ari Ambasaderi w’u Burundi mu bihugu bya Zambia, Angola, Malawi na Zimbabwe yagizwe Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho. Butoyi wanigeze kuba umuvugizi […]
Umugabo yajyanye amagufwa y’umurambo wa mushiki we kuri Banki ajya kubikuza amafaranga ye

Umugabo wo mu gace ka Patana mu gihugu cy’u Buhinde, yajyanye amagufa y’umurambo wa mushiki we muri banki nyuma yo kujya kubikuza amafaranga ye agasabwa kujyana nyiri konti. Uyu mugabo w’imyaka 50 bivugwa ko yazanye ayo magufa mu rwego rwo kugerageza kubikuza amafaranga yari abitse kuri konti ya mushiki we muri banki. Ibi byabereye ku […]
Ibyo CG Namuhoranye yaganiriye n’umuyobozi wa Polisi ya Singapore

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, ari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col (Rtd) Pacifique K. Kabanda na Ambasaderi w’u Rwanda muri Singapore, Innocent Muhizi, ku wa Mbere bagiranye ibiganiro n’Umuyobozi wa Polisi ya Singapore, How Kwang Hwee. Ibiganiro byibanze ku “gushimangira ubufatanye, guteza imbere ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu gipolisi no guhangana n’ibyaha […]
Twifuza ko habaho imvururu zituma Abahutu bahunga: Admiral Herteleer w’Umubiligi abwira Gen Kabarebe

Admiral Willy Herteleer wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bubiligi, yigeze kugira Abanyarwanda inama yo kwirwanaho bakareka gutega amaso abazungu, kuko ntacyo bashobora kubamarira. Yabibwiye Umujyanama Mukuru mu by’Umutekano muri Perezidansi ya Repubulika, Gen (Rtd) James Kabarebe, ubwo yari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Admiral Willy Herteleer yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo […]
Umunyamerika James Swan yahishuye ibyo yaganiriye na AFC/M23 i Goma

Umuyobozi mushya w’ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), James Swan, yatangaje ko mu uruzinduko aheruka kugirira mu mujyi wa Goma rwasize agiranye na AFC/M23 igenzura uwo mujyi ibiganiro byibanze ku gushyira mu bikorwa imyanzuro y’Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro n’Umutekano no gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge. Ku wa Gatanu tariki […]
RURA yategetse Canalbox guha indishyi abakiliya bagizweho ingaruka na serivisi mbi zayo

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa Mbere rwatangaje ko rwafatiye ibihano ikigo GVA Rwanda Ltd (Canalbox), nyuma y’iminsi abakiliya bacyo bataka guhabwa serivisi mbi. RURA ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko ibihano yafatiye kiriya kigo byafashwe hashingiwe ku ngingo ya 269 y’Itegeko No. 24/2016 rigenga Ikoranabuhanga ry’Itumanaho mu Rwanda, kubera kudakurikiza amabwiriza byakomeje. […]
RDC yashinze umutwe w’ingabo zo kurinda amabuye y’agaciro

Urwego rushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere ruratangiza umutwe witwara gisirikare wo kurinda ibirombe, kubahiriza amategeko abigenga, no gukurikirana neza amabuye y’agaciro abivamo. Rafael Kabengele ukuriye ikigo gishinzwe ‘mine’ yavuze ko uwo mutwe ari igitekerezo cya Perezida Félix Tshisekedi mu ntego ze zo kuvugurura uru rwego no […]
Indege rutura y’u Bubiligi yageze i Burundi ijyanyeyo izindi ntwaro

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aremeza ko ku Cyumweru tariki ya 26 Mata, iki gihugu cyongeye kwakira intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare cyohererejwe n’u Bubiligi. Ni ibikoresho byagejejwe ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cyitiriwe Melchior Ndadaye cy’i Bujumbura, bitwaye n’indege rutura ya gisirikare yikorera imizigo ya Airbus A400M Atlas. Amasoko ya BWIZA mu Burundi yemeza […]
Ruhango: Abarwanashyaka ba Green Party bibukijwe amahame yayo (Amafoto)

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda) kuri iki cyumweru ryibukije abarwanashyaka baryo bo mu karere ka Ruhango amahame n’ingengabitekerezo rigenderaho. Ni mu nama n’amahugurwa iri shyaka rimaze igihe riha abarwanashyaka bahagarariye abandi ku rwego rw’akarere, mu rwego rwo kubategura ngo bazajye guhugura bagenzi babo ku rwego rw’imirenge. Umuyobozi […]