Amerika yafatiye ibihano uruganda rwa zahabu rwo mu Rwanda n’abaruyobora

Leta Zunze Ubumwe za Amerika binyuze mu Ishami rya Minisiteri yayo y’Imari rishinzwe kugenzura umutungo w’abafatirwa ibihano (OFAC), yafatiye ibihano uruganda rwa ‘Gasabo Gold Refinery Ltd’ rwo mu Rwanda ndetse n’abaruyobora. Ni nyuma yo kurushinja kugira uruhare mu gucuruza no gutunganya zahabu ikurwa mu buryo butemewe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Minisiteri […]
Ikipe yo mu cyiciro cya mbere muri Espagne yaguze Umunyarwanda

Ikipe ya Levante UD yo mu Cyiciro cya Mbere muri Espagne, yatangaje ko yamaze kugirana amasezerano n’umukinnyi ukiri muto Aaron Murenzi, ukomoka mu Rwanda ariko wakuriye mu Bubiligi, kugira ngo azayikinire mu mwaka utaha w’imikino. Iyi kipe kuri uyu wa Kane yatangaje ko “Aaron Murenzi yamaze kugirana amasezerano n’iyi kipe” ndetse ko azaba umwe mu […]
Ese nta masezerano ari hagati ya Kinshasa na Kigali?: Musenyeri Nshole

Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepisikopi Gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (CENCO), Mgr Donatien Nshole, yavuze ko hari ibibazo bikomeye bikwiye gusubizwa ku mubano uri hagati ya Leta ya RDC n’u Rwanda, anaburira ko gutegura referandumu abaturage bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23 batarimo byaba ari ukwemeza gucamo ibice igihugu. Yabigarutseho ku wa Kabiri mu […]
U Rwanda mu biganiro bya EU byo kwakira abimukira, nyuma y’ishoramari rya Frw miliyari 1,500

Ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), biri gutekereza gushyiraho ibigo byo hanze y’u Burayi bizajya byakira abimukira banze guhabwa uburenganzira bwo kuguma kuri uriya mugabane, aho u Rwanda na Uzbekistan biri mu bihugu byatekerejweho nk’ahashobora gushyirwa ibyo bigo. Ikinyamakuru POLITICO, kivuga ko abadipolomate batatu b’i Burayi bemeje ko hari ibiganiro hagati y’ibihugu bimwe bigize […]
Museveni yashyizeho Minisitiri usimbura by’agateganyo umugore we umaze igihe atagaragara

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yashyizeho Dr. John Chrysostom Muyingo kugira ngo ayobore ibikorwa bya buri munsi bya Minisiteri y’Uburezi na Siporo, mu gihe umugore we akaba na Minisitiri w’iyi Minisiteri, Janet Museveni, akomeje kubura mu ruhame. Ibi bibaye nyuma y’amezi menshi Janet Museveni atagaragara mu bikorwa bya Leta, ibintu byakomeje guteza impaka n’inkuru nyinshi […]
Kugabanya imirwano mu Minembwe mu bintu 8 u Rwanda na RDC byiyemereje i Londres

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byiyemeje gufata ingamba zigamije kugabanya umwuka mubi n’imirwano ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Congo, by’umwihariko mu gace ka Minembwe. Ibi bikubiye mu itangazo ryasohotse nyuma y’inama ya gatandatu y’Akanama Gahuriweho gashinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro hagati y’ibihugu byombi yabereye i Londres mu Bwongereza, ku wa […]
Ingabo za Congo n’iz’u Burundi zakubitiwe kuri Ruhinamavi nk’ingoma: Col. Rugabo

Colonel Rugabo Fidèle uvugira ibikorwa bya gisirikare by’umutwe wa Twirwaneho, yatangaje ko ingabo z’uyu mutwe zahaye isomo iza Congo Kinshasa n’iz’u Burundi, ubwo zashakaga kugerageza kwisubiza agasozi ka Ruhinamavi. Ruhinamavi ni agasozi k’ingenzi cyane mu rugamba rwo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kakaba kitegeye Centre ya Minembwe iherereye muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Amajyepfo. […]
Umuryango wa Edgar Lungu watsindiye umurambo we wari uhanganiye na Leta ya Zambia

Umuryango wa Edgar Lungu wabaye Perezida wa Zambia hagati ya 2015 na 2021, watsinze urubanza wari umaze igihe uhanganyemo na Leta ya kiriya gihugu ku birebana n’aho umurambo we ugomba gushyingurwa. Kuri uyu wa 23 Kamena 2026, Urukiko rw’Ubujurire rwa Afurika y’Epfo rwafashe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari warafashwe n’urukiko rw’ibanze, rwari rwahaye Leta ya […]
Lourenço yanze umushinga mushya w’ibiganiro wa Tshisekedi uheza Kabila na AFC/M23

Perezida wa Angola, João Lourenço, yanze gushyigikira umushinga Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari yagejeje i Luanda, ugamije gutegura ibiganiro byiswe ‘États généraux de la Refondation de l’État pour le Salut de la Patrie’. Jeune Afrique ivuga ko rwagati muri Gicurasi 2026, ubutegetsi bwa Kinshasa ari bwo bwoherereje Angola umushinga wabwo […]
U Burundi bwohereje umusada uremereye mu gace ‘Strategique’ ka Point-Zéro

Igisirikare cy’u Burundi kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Kamena, cyohereje umusada ukomeye w’abasirikare n’ibikoresho bya gisirikare ugamije gufasha ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kudatakaza agace ka Point-Zéro kuva ku wa Mbere kari kuberamo imirwano ikomeye. Amakuru BWIZA yahawe n’amasoko yayo ari mu mujyi wa Uvira, avuga […]
RIB yavuze intandaro y’urupfu rw’umunyemari Habimana Noel

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko umunyemari Habimana Noel umaze ibyumweru bibiri apfuye yazize urupfu rusanzwe, aho kuba yarishwe nk’uko byavugwaga. Ku wa 11 Kamena ni bwo nyakwigendera yapfuye aguye mu rugo rwe ruherereye ku Rebero mu karere ka Kicukiro. Nyuma y’urupfu rwe, byavuzwe ko umugore we witwa Uwizeye Marie Claire afatanyije n’uwitwa Ntihanabayo Samuel […]
U Rwanda na RDC byemeranyije ku kwihutisha gucyura impunzi ku bushake

Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi, Maj. Gen (Rtd) Albert Murasira, yitabiriye inama ihuriweho yahuje u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), ikaba yari igamije kwihutisha icyurwa ry’impunzi ku bushake. Iyi nama yabereye i Addis-Abeba muri Ethiopie. Muri iyi nama, u Rwanda, Congo Kinshasa na YNHCR baganiriye ku buryo bwo […]
APR FC yatandukanye n’abarimo Ruboneka

Ikipe ya APR FC yamaze gutandukana n’abakinnyi babiri, Ruboneka Jean Bosco na Mugisha Gilbert, nyuma y’uko amasezerano yabo arangiye. Ruboneka yari amaze muri APR FC imyaka itandatu, nyuma yo kuyigeramo avuye muri AS Muhanga. Muri iyo myaka yatwaranye na yo ibikombe bitandukanye birimo bitandatu bya shampiyona y’icyiciro cya mbere. Ikipe ya APR FC yifuzaga ko […]
Lamine Yamal yateye ikirenge mu cya Pele mu Gikombe cy’Isi

Rutahizamu w’ikipe y’Igihugu ya Espagne na FC Barcelona, Lamine Yamal, yongeye kwandika amateka mu mupira w’amaguru nyuma yo gutsinda igitego cye cya mbere mu Gikombe cy’Isi cya 2026. Ibi byatumye yinjira mu rutonde rw’abakinnyi bake cyane bashoboye gukora ibidasanzwe bakiri bato muri iri rushanwa rya mbere rikomeye ku Isi. Yamal yatsinze igitego cya mbere cya […]
Twirwaneho yirukanye FARDC na FDNB muri Gakenke

Umutwe wa Twirwaneho wemeje ko ihuriro ryayo na AFC/M23 birukanye iry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa mu gace ka Gakenke gaherereye mu misozi miremire ya Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru y’iyi ntsinzi yemejwe na Colonel Rugabo Fidèle ukunze kugaragara cyane asobanura uko urugamba rwo mu misozi miremire rwifashe. Rugabo yanditse ku […]
Ndayishimiye ategerejwe kwa Tshisekedi

Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, ategerejwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko yatumiwemo na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Kamena ni bwo Ndayishimiye unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe agera i Kinshasa, nk’uko Perezidansi ya RDC yabitangaje. Ibi biro bya Perezida wa Congo […]
APR FC yerekanye umunya-Côte D’Ivoire yasinyishije

Ikipe ya APR FC yemeje ko yamaze gusinyisha Amani Kouadio Kan Michel Breygeneve, umunya-Côte d’Ivoire ukina asatira izamu. Iyi kipe ibinyujije ku mbunga nkoranyambaga zayo, yemeje ko uriya mukinnyi yasinyanye na yo amasezerano y’imyaka ibiri. Amani Michel w’imyaka 27 y’amavuko, yakiniraga ikipe ya AFAD Djékanou yo mu Cyiciro cya Mbere muri Côte d’Ivoire. Ni we […]
Green Party yamanutse ku murenge

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, DGPR, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 20 Kamena ryatangije gahunda yo kugeza inzego zaryo ku rwego rw’umurenge. Ni gahunda yatangirijwe mu mirenge ya Cyanika na Rugarama y’akarere ka Burera. Hon. Dr. Frank Habineza uyobora iri shyaka ni we watangije iyi gahunda yasize muri iriya mirenge hatowe […]
Abasenyeri bo muri RDC bitambitse Tshisekedi ushaka guhindura Itegeko Nshinga

Abepiskopi bagize Inama y’Abepisikopi Gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (CENCO), bagaragaje ko badashyigikiye umugambi wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga, bamusaba kudatatira indahiro ye. CENCO mu tangazo yasohoye nyuma y’inama idasanzwe yabereye i Kinshasa kuva ku wa 18 kugeza ku wa 20 Kamena 2026, yavuze ko RDC iri mu bihe […]
Umunyarwanda wapfiriye muri gereza yo muri Nigeria yateje impagarara

Umunyarwanda witwa Benjamin Relasss yapfiriye muri gereza ya Kuje Correctional Centre y’i Abuja muri Nigeria, aho yari afungiye ategereje kuburanishwa mu rubanza rwerekeye iby’imari. Urupfu rwe rwateje impaka nyuma y’uko hatangiye kuvugwa ibibazo by’uburyo abafungwa bahabwa ubuvuzi muri iyo gereza. Amakuru yatangajwe n’igitangazamakuruSahara Reporters, avuga ko Relasss yapfuye ku wa 16 Kamena 2026, nyuma yo […]
Algeria yatanze ikirego muri FIFA kubera Messi

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Algeria (FAF) ryashyikirije FIFA ikirego ryamagana imisifurire rivuga ko yaranze umukino w’Igikombe cy’Isi ikipe ya kiriya gihugu yatsinzwemo na Argentine ibitego 3-0. Reuters ivuga ko Algeria yandikiye Komisiyo ya FIFA ishinzwe abasifuzi, igaragaza ko hari ibyemezo bitari byo byafashwe n’abasifuzi ndetse na VAR muri uwo mukino. Ikintu cyibanzweho cyane ni igikorwa […]
FARDC n’abambari bayo bakubitikiriye muri Minembwe bashakaga gufata

Ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Gatanu ryahuriye n’uruva gusenya mu duce dukikije Centre ya Minembwe, biba ngombwa ko zisubira inyuma. Izi ngabo zirangajwe imbere n’imitwe y’izidasanzwe zirimo ‘Hiboux’ na ‘Serpent Noirs, zari zasatiriye Minembwe ku buryo zaburaga ibilometero bigera kuri bitanu gusa ngo zinjire muri […]
Minembwe: U Burundi bwatakaje abasirikare 235 mu cyumweru kimwe

Amakuru aturuka mu bice by’imisozi miremire ya Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri RDC, avuga ko ingabo z’u Burundi ziri mu bikorwa bya gisirikare zifashamo na FARDC zatakaje abasirikare 235, mu mirwano yabaye mu cyumweru gishize. Amakuru BWIZA yamenye avuga ko imirwano bariya basirikare biciwemo yabereye cyane cyane mu duce twa Gakenke, Mikenke na […]
Gen.Muhoozi arateganya kunga Perezida Kagame na Tshisekedi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko n’ubwo uyu munsi ari we uyoboye ingabo z’iki gihugu, afite icyizere ko umunsi umwe azaba Perezida wa Uganda, kandi icyo gihe akazahuriza hamwe Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugira ngo bakemure ikibazo kimaze igihe mu […]
AFC/M23 yavuze ku makuru avuga ko Minembwe yaba yafashwe n’Ingabo za Kinshasa

Umutwe wa AFC/M23 wanyomoje amakuru yatangajwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kivuga ko cyigaruriye Centre ya Minembwe iherereye mu misozi miremire ya Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ku wa Gatatu tariki ya 17 Kamena ni bwo FARDC biciye muri Lt. Reagan Mbuyi Kalonji uvugira ibikorwa byayo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yigambye […]
AFC/M23 yiyemeje gushyira mu bikorwa ‘Ordo ab Chao’

Ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryiyemeje gukomeza guharanira impinduka muri iki gihugu rishingiye ku cyerekezo gishya ryise “Ordo ab Chao”. AFC/M23 yemeje iriya gahunda biciye mu itangazo ryasohowe na Lawrence Kanyuka usanzwe ari umuvugizi wayo mu bya Politiki. Uyu yasubizaga ku magambo ya Perezida Félix Antoine Tshisekedi watangarije i […]
Gen. Muhoozi yinjiye mu kibazo cya Bebe Cool na Miss Mutesi Jolly

Umuhanzi Moses Ssali wamamaye mu muziki wa Uganda nka Bebe Cool, yatangaje ko yagiriwe inama na Gen. Muhoozi Kainerugaba yo gukemura mu bwumvikane ikibazo afitanye na Miss Mutesi Jolly wabaye nyampinga w’u Rwanda mu 2016, aho gukomeza gushondanira ku mbuga nkoranyambaga. Bebe Cool yemeje ko yagiriwe iyo nama n’uriya Mugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akanaba […]
Tshisekedi yigambye ko agiye kwisubiza Goma na Bukavu

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yigambye ko yizeye ko mu minsi iri imbere ingabo z’igihugu cye zizongera kwigarurira ibice byose biri mu maboko y’imitwe irwanya ubutegetsi bwa Kinshasa, harimo na Goma na Bukavu. Yabivugiye i Houston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 17 Kamena 2026, nyuma y’umukino w’Igikombe cy’Isi […]
Kinshasa yagiranye ibiganiro by’ibanga n’inyeshyamba za Thomas Lubanga

Ubutegetsi bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwagiranye ibiganiro by’ibanga n’umutwe witwaje intwaro wa Convention pour la Révolution Populaire (CRP), uyobowe na Thomas Lubanga, ku buhuza bwa Uganda. Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) ivuga ko inama ya mbere hagati ya Kinshasa na CRP yabereye i Kampala muri Mata uyu mwaka. Kampala ni ho Lubanga atuye kuva […]
U Rwanda na Afurika y’Epfo byemeranyije gutangira icyiciro gishya mu mubano wabyo

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo, Ronald Lamola, yatangaje ko Afurika y’Epfo n’u Rwanda byemeranyije gutangira icyiciro gishya mu mubano wabyo nyuma y’imyaka irenga icumi urimo ibibazo bya dipolomasi. Lamola yabitangaje kuri uyu wa 17 Kamena 2026 mu biganiro yagiranye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe wari mu ruzinduko rw’akazi i […]
U Rwanda rwasubije ibirego by’u Burundi na RDC mu kanama k’Uburenganzira bwa Muntu

Intumwa y’u Rwanda i Genève mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Urujeni Bakuramutsa, yamaganye ibyo yavuze ko ari ibirego bidashingiye ku kuri byatanzwe n’intumwa z’u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu nama ya 62 y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu. Mu ijambo yavuze akoresheje uburenganzira bwo gusubiza (Right of Reply), Amb. Bakuramutsa yavuze […]
Ishusho y’urugamba rwa Minembwe rukomeje kuba amagasa

Mu gihe imirwano ikomeje gufata indi ntera mu misozi miremire ya Minembwe aho abarwanyi ba Twirwaneho bafatanyije na AFC/M23 barwanira n’ihuriro rigizwe n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC), ingabo z’u Burundi, FDLR n’imitwe ya Wazalendo; amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyepfo yemeza ko urugamba rukomeje kuba ishiraniro ku mpande zombi. Ni imirwano iri kuba mu gihe […]
Perezida Kagame yahaye RDF umuvugizi mushya

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Kamena yashyizeho Brigadier General Patrick Karuretwa ku mwanya w’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda. Karuretwa yasimbuye Brig. Gen Ronald Rwivanga uherutse gutorerwa inshingano nshya zo kuyobora umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara aho rukomeye (EASF). Rwivanga yatangiye izo nshingano […]
Igikombe cy’Isi: Messi yandikiye amateka kuri Algérie

Ikipe y’Igihugu ya Argentine yanyagiye iya Algérie ibitego 3-0, mu mukino w’Igikombe cy’Isi Lionel Messi usanzwe ari Kapiteni wayo yandikiyemo amateka. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa mbere wo mu tsinda J wakiniwe i Kansas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni umukino Messi yatsinzemo ibitego bitatu byose bya Argentina (hat-trick), ayifasha gutangira neza […]
Bebe Cool yashinje Miss Mutesi Jolly kumutuburira

Umuhanzi Moses Ssali uzwi mu muziki wa Uganda nka Bebe Cool, yashinje Miss Mutesi Jolly wabaye nyampinga w’u Rwanda wa 2016 kumutekera umutwe akamucucura yitwaje izina ry’u Rwanda ndetse n’ikipe ya Arsenal. Bebe Cool mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X mbere yo kubumenyesha abarimo Perezida Paul Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari […]
Vuba aha cyane muri RDC hazavuka Repubulika y’abavuga Igiswahili: Patrick Mundeke

Umujyanama w’umunyapolitiki Moïse Katumbi Chapwe, Patrick Mundeke, yatangaje ko mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hashobora kuvuka igihugu gishya cyiswe “Repubulika y’Abavuga Igiswahili”, mu gihe Perezida Félix Antoine Tshisekedi yakomeza gahunda yo guhindura Itegeko Nshinga. Ibi Mundeke yabivuze mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru cya Kivu Morning Post, aho yanenze bikomeye umugambi wa Perezida Tshisekedi […]
Nangaa yavuze ko AFC/M23 iteganya kugeza ubuyobozi bwayo i Beni

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yatangaje ko ubuyobozi bwashyizweho n’uyu mutwe mu bice ugenzura mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo atari ubw’inzibacyuho, ahubwo ko bufatwa nk’ubuyobozi bwa burundu, anemeza ko bugomba kwagurirwa no mu bindi bice birimo Beni. Mu kiganiro aheruka kugirana n’abanyamakuru, Nangaa yavuze ko abayobozi bari mu bice bigenzurwa na AFC/M23 […]
Sindi Umunyarwanda wo kugira ibyo njya kubaza Kagame: Kikuni utavuga rumwe na Tshisekedi

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Seth Kikuni, yavuze ko Perezida Félix Tshisekedi ari we nyirabayazana w’ibibazo by’umutekano igihugu kirimo, anavuga ko umutwe wa AFC/M23 utagomba gufatwa nk’umutwe w’iterabwoba. Ibi Kikuni yabivugiye mu kiganiro cya Space cyabereye ku rubuga rwa X, cyari cyateguwe n’umunyamakuru Stanis Bujakera. Agaruka ku bibazo by’umutekano muke […]
Israel yakuyeho ingamba yari yafatiye u Rwanda kubera Ebola

Nyuma y’iminsi mike Israel itangaje amabwiriza abuza abaturage b’u Rwanda, Kenya n’ibindi bihugu bimwe byo muri Afurika kwinjira ku butaka bwayo kubera impungenge z’icyorezo cya Ebola, ubu u Rwanda na Kenya byamaze gukurwa kuri urwo rutonde. Ambasade ya Israel mu Rwanda, iri mu bemeje ko Minisiteri y’Ubuzima muri kiriya gihugu ari yo yafashe icyemezo cyo […]
Perezida Paul Kagame ari i Lomé

Perezida Paul Kagame yageze i Lomé mu murwa mukuru wa Togo, aho yitabiriye inama ya African Air Transport Convention & Expo yiga ku bwikorezi bwo mu kirere muri Afurika. Perezidansi y’u Rwanda ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko Umukuru w’Igihugu akigera i Lomé yakiriwe na mugenzi we wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé. Inama […]
Minisitiri Nduhungirehe ategerejwe muri Afurika y’Epfo mu biganiro byo kuzahura umubano

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, ategerejwe i Pretoria muri Afurika y’Epfo, mu ruzinduko ruzasiga agiranye ibiganiro byo mu rwego rwo hejuru na mugenzi we wa kiriya gihugu, Ronald Lamola. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Afurika y’Epfo yatangaje ko Nduhungirehe azagera muri kiriya gihugu ku wa Gatatu tariki ya 17 Kamena 2026. Iyi […]
Israel yafatiye ingamba abaturage barimo ab’u Rwanda

Guverinoma ya Israel yafatiye ingamba nshya abaturage b’ibihugu bitanu byo muri Afurika birimo u Rwanda, Kenya, Uganda, Sudani y’Epfo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko hagaragaye ubwiyongere bw’icyorezo cya Ebola mu bice bimwe bya Afurika yo Hagati. Mu itangazo Urwego rushinzwe kugenzura abinjira n’abasohoka muri Israel rwasohoye ku wa 10 Kamena 2026 mbere […]
Amerika na Iran byageze ku masezerano y’amahoro

Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Shehbaz Sharif, yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran byageze ku masezerano y’amahoro ashobora guhagarika intambara no kugabanya amakimbirane yari amaze igihe ahangayikishije akarere k’Uburasirazuba bwo Hagati. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Sharif yavuze ko ibiganiro byahuje impande zombi byatanze umusaruro mwiza, ashimangira ko aya masezerano ashobora […]
Senateri Habineza yavuze aho gahunda yo kujyana Leta mu nkiko kubera ‘Transit Centers’ igeze

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Hon. Dr. Frank Habineza, yatangaje ko gahunda ya ririya shyaka yo kujyana Leta y’u Rwanda mu nkiko kugira ngo izakureho ibigo binyuzwamo abantu by’igihe gito ikomeje ikomeje gutegurwa, ndetse ko mu minsi iri imbere hazatangazwa icyemezo cya nyuma kuri iyo dosiye. Yabitangaje kuri iki cyumweru tariki […]
Umunyamakuru Fidèle Kajugiro Sebalinda yapfuye

Fidèle Kajugiro Sebalinda wabaye umunyamakuru by’umwihariko kuri Radiyo Rwanda, yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena. Inkuru y’urupfu rwa Kajugiro yatangiye kuvugwa ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, akaba yasize uburwayi yari amaranye igihe. Kajugiro yamenyekanye cyane binyuze kuri Radiyo Rwanda, aho yamaze imyaka myinshi atangaza amakuru y’imikino, by’umwihariko ay’imikino y’intoki. […]
Trump yahagaritse operasiyo yo kohereza ingabo muri Iran mu ibanga

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahagaritse umugambi wari warateguwe n’igisirikare cy’iki gihugu wo kohereza ingabo ku butaka bwa Iran kugira ngo zifate ububiko bwayo bwa uranium yongerewe ubushobozi. Trump yahagaritse uwo mugambi nyuma yo kuburirwa ko icyo gikorwa cyashoboraga guteza igihombo gikomeye ku ngabo za Amerika, no gukurura intambara ndende mu […]
Umutungo wa Elon Musk wageze ku gaciro u Rwanda rwakoresha mu myaka irenga 200 nk’ingengo y’imari

Umuherwe wa mbere ku Isi, Elon Musk, yongeye gukora amateka nyuma yo kuba umuntu wa mbere ugejeje umutungo ubarirwa tiriyari imwe y’amadolari ya Amerika, ibintu bitari byarigeze bibaho mu mateka y’Isi. Ibi byabaye nyuma y’uko sosiyete ye ya SpaceX yinjiye ku isoko ry’imigabane (IPO), bituma agaciro k’umutungo we kagera kuri tiriyari 1.1$ nk’uko byatangajwe na […]
Abasirikare ba M23 batangiye gukirigita ifaranga

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko watangiye guha abasirikare bawo umushahara wa buri kwezi, mu gikorwa ugaragaza nk’intambwe nshya mu kubaka no gutunganya inzego zawo za gisirikare n’ubuyobozi mu bice ugenzura mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru yatangajwe n’abegereye uyu mutwe avuga ko abarwanyi bato ba AFC/M23 batangiye guhabwa nibura $ 100 (Frw […]
Paris: Urukiko Rusesa imanza rwateye ishoti ubujurire bwa Philippe Hategekimana

Urukiko Rusesa Imanza rwo mu Bufaransa, ku wa Gatanu rwateye utwatsi ubujurire bw’Umunyarwanda Philippe Hategekimana uzwi kandi nka Biguma, rugumishaho igihano cy’igifungo cya burundu yari yarahawe nyuma yo guhamywa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Aya makuru yemejwe n’abarimo Me Gisagara Richard, umunyamategeko ukorera Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bufaransa. Yanditse ku rubuga rwe […]
Vestine na Dorcas batandukanye na MIE ya Irené Murindahabi

Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine na Kamikazi Dorcas, batangaje ko bahagaritse ku mugaragaro imikoranire bari bamaze igihe bafitanye na MIE Empire y’umunyamakuru Irené Murindahabi. Aba baramyi mu itangazo bashyize ahagaragara, bavuze ko iki cyemezo bagifashe nyuma yo kugitekerezaho no kugisesengura igihe kirekire, bagamije gukomeza urugendo rwabo rw’umuziki mu buryo bwigenga. Bagize […]
Fayulu bamumeneye umutwe mu myigaragambyo yo kwamagana ko Tshisekedi ahindura Itegeko Nshinga

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC, Martin Fayulu, yakomerekeye mu myigaragambyo yabereye i Kinshasa, yari igamije kwamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga no gutegura referandumu ishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi. Iyo myigaragambyo yari yateguwe n’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, ashinja Tshisekedi gushaka inzira yamufasha kuguma ku butegetsi nyuma ya manda ye ya kabiri igomba kurangira […]
Impanuro za Perezida Kagame kuri ba Ofisiye 108 basoje amasomo i Nyakinama

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yasabye ba Ofisiye Bakuru 108 barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama kurangwa n’ubutwari, ubushishozi ndetse no kugira intego ibayobora mu nshingano zabo za buri munsi. Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Kamena, mu muhango wo gutanga impamyabushobozi ku basoje ayo masomo […]
Nyaruguru: Hari kubakwa umuhanda wa Frw miliyari 16 witezweho koroshya ubuhahirane

Abaturage bo mu karere ka Nyaruguru bavuga ko umuhanda wa kaburimbo uhuza imirenge y’aka karere n’igihugu cy’u Burundi uri kubakwa uzabafasha gukemura ibibazo byari bimaze imyaka bibugarije, birimo ibihombo byaterwaga n’imihanda mibi ndetse no kugorwa no kugeza umusaruro ku masoko. Uyu muhanda wa Chip Seal ureshya n’ibirometero 18 watangiye kubakwa muri Kamena 2025, bikaba biteganyijwe […]
Kabila yaburiye abanye-Congo ko igihugu cyabo kiri kugana ku butegetsi bw’igitugu

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaburiye abaturage b’iki gihugu ko bari mu nzira igana ku butegetsi bw’igitugu, mbere yo kubahamagarira guhagurukira umugambi uriho wo guhindura Itegeko Nshinga. Bikubiye mu butumwa yabageneye ku wa Kane tariki ya 11 Kamena, mu gihe muri Congo Kinshasa hari umugambi wa Perezida Félix […]
Nzakomeza kwamagana igitero cy’u Rwanda kuri RDC kugeza igihe ingabo zarwo zizavira ku butaka bwayo: Minisitiri Prévot w’u Bubiligi

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, yavuze ko azakomeza kwamagana icyo yise igitero cy’u Rwanda kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugeza igihe ingabo zarwo zose zizaba zaviriye ku butaka bw’iki gihugu. Prévot yabitangaje mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X kuri uyu wa 11 Kamena 2026, nyuma y’uko hari abamunenze bavuga ko yahinduye […]
Depite Icyitegetse Venuste yeguye mu Nteko Ishinga Amategeko

Depite Icyitegetse Venuste wari uhagarariye urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, yeguye kuri uyu mwanya yari amazeho hafi imyaka ibiri. Aya makuru yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X kuri uyu wa Kane, aho yavuze ko yeguye ku mpamvu ze bwite. Yagize iti: “Ku wa 11 Kamena 2026, […]
Minisitiri w’Ingabo w’u Bwongereza yeguye

Minisitiri w’Ingabo w’u Bwongereza, John Healey, yeguye ku mirimo ye nyuma y’amakimbirane yagiranye na Guverinoma ya Minisitiri w’Intebe Keir Starmer ku bijyanye n’ingengo y’imari igenerwa urwego rw’ingabo. Healey yatangaje ubwegure bwe kuri uyu wa Kane, avuga ko Guverinoma n’Ikigega cya Leta (Treasury) banze gutanga amafaranga ahagije akenewe kugira ngo igihugu cyitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bikomeje […]
Ikipe nshya yo mu Bwongereza yaba igiye kwambara Visit Rwanda nyuma ya Arsenal

Ikipe ya Aston Villa yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bwongereza, biravugwa ko yaba iri mu nzira zo gukorana n’u Rwanda biciye muri gahunda ya Visit Rwanda. Urubuga Read Aston Villa rukunze kwandika kuri iriya kipe ibarizwa mu mujyi wa Birmingham wa kabiri munini mu Bwongereza, rwatangaje ko Visit Rwanda iri mu mazina ari kuvugwa […]
U Busuwisi buracyashidikanya ku cyerekezo cy’ibiganiro bya Kinshasa na AFC/M23

Mu gihe ibiganiro hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byari byitezwe kongera kubera mu Busuwisi mu ntangiriro z’uku kwezi, byasubitswe kubera kutumvikana ku ngengabihe n’ibizibandwaho. Ibi bikomeje gutuma havuka impungenge ku hazaza h’uru rwego rw’ibiganiro no ku bushake bw’impande zihanganye bwo kugera ku mahoro arambye. Nyuma y’ibiganiro byabereye i Montreux […]
U Burundi bwavuze kuri Ambasaderi Njebarikanuye bwahamagaje nyuma yo guhura na Mushikiwabo

Guverinoma y’u Burundi yatangaje ko kuba yarahamagaje Ambasaderi w’iki gihugu mu Bufaransa akanaba n’uhagarariye icyo gihugu mu Muryango Mpuzamahanga w’Ibihugu Bikoresha Igifaransa (OIF), ntaho bihuriye no kuba yari yahuye n’Umunyamabanga Mukuru w’uriya muryango, Louise Mushikiwabo. Ku wa 3 Kamena ni bwo Gitega biciye muri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Édouard Bizimana, yasabye Ambasaderi Spès-Caritas Njebarikanuye guhita […]