Police FC yasezereye abakinnyi 7 bayobowe na Lague

Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gutandukana n’abakinnyi bayo barindwi barangajwe imbere na rutahizamu Byiringiro Lague. Iyi kipe ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yemeje ko yatandukanye n’abakinnyi barimo Ani Elijah, David Chimezie, Henry Msanga, Richard Kilongozi, Allan Katerega na Lague Byiringiro. Aba biyongeraho umunya-Ghana Issa Yakubu. Police FC yashimiye aba bakinnyi mu gihe […]
Twirwaneho yavuze ku mirwano byiswe ko yayisakiranyije na RDF na M23

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho wahakanye amakuru amaze iminsi acaracara ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko mu Minembwe habereye imirwano yahuje ingabo za RDF, abarwanyi ba AFC/M23 n’uyu mutwe ukorera mu misozi ya Kivu y’Amajyepfo. Mu itangazo yashyize hanze ku wa 7 Kamena 2026, Twirwaneho yavuze ko ayo makuru ari ibinyoma byateguwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa kugira ngo buyobye […]
Abarwanashyaka ba Green Party basuye Urwibutso rwa Rebero

Abarwanashyaka b’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), ku wa Gatanu tariki ya 5 Kamena basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Rebero rusanzwe rufite amateka yihariye yo kuba rushyinguyemo abanyapolitiki bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Aba barwanashyaka bari bayobowe na Perezida wa Green Party, Hon. Dr Frank Habineza, Visi-Perezida, Hon. […]
PM Dr. Nsengiyumva yijeje ingamba zo kurinda Abanyarwanda umutwaro w’izamuka ry’ibikomoka kuri Peteroli

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yijeje Abanyarwanda ko Leta izakomeza gufata ingamba zigamije kubarinda umutwaro w’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku rwego mpuzamahanga ryatewe ahanini n’intambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwo Hagati. Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Kamena, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’amasaha make Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rutangaje […]
Operasiyo yayobowe na Col. Kazarama yafatiwemo Colonel na Capitaine ba Wazalendo

Operasiyo idasanzwe yayobowe na Colonel Vianney Kanyamuhanda Kazarama usigaye ashinzwe ubukangurambaga mu mutwe wa AFC/M23, yafatiwemo umwe mu bayobozi b’imitwe ya Wazalendo na ho undi murwanyi mukuru wayo yishyikiriza ubutegetsi bwa AFC/M23 ku bushake. Ni operasiyo yabereye mu gace ka Nyabanira, muri Groupement ya Binza, Teritwari ya Rutshuru. Muri iyi Operasiyo, Colonel Kazarama n’itsinda yari […]
Putin yateye utwatsi iby’umuhuro we na Zelensky

Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, yatangaje ko nta mpamvu abona yatuma ahura imbonankubone na mugenzi we Volodymyr Zelensky wa Ukraine waherukaga kumwandikira ibaruwa ifunguye amusaba ko bahura bakaganira ku ihagarikwa ry’intambara imaze imyaka irenga ine. Putin mu ijambo yavugiye i Moscow ku wa 5 Kamena 2026, yagaragaje ko ibiganiro hagati y’abakuru b’ibihugu bidakwiye kuba intangiriro […]
Rayon Sports y’abagore yahembwe Frw aruta ay’amakipe menshi y’abagabo yo mu cyiciro cya mbere

Ikipe ya Rayon Sports WFC yabaye ikipe ya gatatu yahembwe amafaranga menshi n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), mu mwaka ushize w’imikino wa 2025/2026. Ku wa Gatanu tariki ya 5 Kamena ni bwo FERWAFA yatangaje amafaranga yahembye amakipe yitwaye neza kurusha andi, kuva mu cyiciro cya mbere kugeza mu cya gatatu mu bagabo, ndetse no […]
Iran na Amerika byongeye kurasana

Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran byongeye kugirana ubushyamirane bwa gisirikare kuri uyu wa 6 Kamena 2026, nyuma y’aho ingabo za Amerika zirashe drone enye za Iran zari zoherejwe mu muhora wa Hormuz, inzira y’ingenzi inyuramo ubwato bwinshi butwara peteroli ku Isi. Ingabo za Amerika (CENTCOM) zatangaje ko izo drone zari zibangamiye urujya n’uruza […]
U Burundi bwahamagaje Ambasaderi Njebarikanuye nyuma yo kuganira na Mushikiwabo

Guverinoma y’u Burundi yahamagaje mu gihugu Ambasaderi wabwo mu Bufaransa, Spès-Caritas Njebarikanuye, nyuma y’iminsi ibiri gusa yakiriwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo. Ku wa Kabiri tariki ya 02 Kamena ni bwo uriya mudipolomate yakiriwe i Paris na Mushikiwabo, amushyikiriza impapuro zimwemerera guhagararira igihugu cye muri uriya muryango. Gitega mu baruwa yayo […]
U Rwanda rwashimye Rubio wemeje ko rwatangiye kubahiriza amasezerano ya Washington

Guverinoma y’u Rwanda yashimye ko Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio wemeye ko u Rwanda ruri kubahiriza inshingano zarwo mu masezerano ya Washington agamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y’aho Rubio atangarije Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika […]
Litiro ya mazutu yiyongereyeho arenga Frw 700

Urwego Ngenzuramikorere (RURA), ku wa Gatanu tariki ya 5 Kamena rwashyizeho ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli byasize igiciro cya Mazutu gitumbagiye, mu gihe icya lisansi cyagumye uko cyari gisanzwe. RURA mu itangazo yasohoye, igiciro cya Lisansi cyagumye kuri Frw 2,938, mu gihe icya mazutu cyageze kuri Frw 2,927 kivuye kuri 2,205. Ibi bivuze ko litiro […]
Tshisekedi yubahirije ubusabe bwa Gen. Muhoozi, yirukana Guverineri Lt. Gen Luboya

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavanye ku mirimo Lt. Gen Johnny Luboya Nkashama wari umaze imyaka itanu ari Guverineri wa gisirikare w’Intara ya Ituri. Kuri uyu wa Gatanu ni bwo Tshisekedi yavanye Luboya kuri ziriya nshingano nk’uko bigaragara mu iteka rye ryasomewe kuri Radiyo na Televiziyo bya Leta ya RDC […]
Rayon Sports yasinyishije abakinnyi 5 b’Abanyarwanda

Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwinjira ku isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi, itangira gusinyisha abakinnyi ihereye ku isoko ryo mu Rwanda mu mwaka utaha w’imikino. Iyi kipe izahagararira u Rwanda muri Total CAF Confederation Cup, yamaze gusinyisha abakinnyi batanu bose b’Abanyarwanda. Ibinyujije ku mbunga nkoranyambaga zayo, Gikundiro yemeje yamaze gusinyisha Ndayishimiye Didier wakinaga hagati mu kibuga […]
Ibidasanzwe kuri K-9, ‘abapolisi b’amaguru ane’ Polisi y’u Rwanda yifashisha aho rukomeye

Mu mihanda, mu bibuga by’indege no ku mipaka, ushobora kuba warabonye imbwa za Polisi zigenzura imizigo cyangwa zigakora umukwabu. Bamwe bazita K-9, abandi bazita sniffer dogs, canine cyangwa Police Service Dogs cyangwa abapolisi b’amaguru ane. Ariko inyuma y’aya mazina yose, hari inkuru yihariye y’ubuzima, imyitozo n’ubufatanye budasanzwe hagati y’izi mbwa n’abaziyobora. Nubwo rimwe na rimwe […]
AFC/M23 yireguye kuri FARDC yayishinje kwicira abaturage 10 muri Rutshuru

Ihuriro AFC/M23 ryahakanye ryivuye inyuma ibirego by’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zarishinje kwicira abaturage 10 mu gace ka Kiseguru, muri teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ku wa 3 Kamena 2026, FARDC yasohoye itangazo rivuga ko ku wa 2 Kamena abo baturage biciwe mu gace ka Kiseguru, hafi ya Pariki […]
Umuherwe wari inshuti ikomeye ya Ndayishimiye mu mazi abira azira AFC/M23 n’u Rwanda

Umucuruzi ukomeye w’Umurundi, Aloys Ntakarutimana uzwi cyane nka Wakenya, akomeje kuba mu bihe bikomeye nyuma y’amezi arenga abiri afunzwe n’ubutegetsi bw’u Burundi, mu rubanza abamwegereye bavuga ko rufitanye isano n’ibikorwa bye by’ubucuruzi mu mujyi wa Bukavu no n’ibirego bimuhuza n’u Rwanda ndetse na AFC/M23. Wakenya wahoze ari umu hagati ya 2015 na 2020 ndetse akaba […]
Intasi akanaba somambike wa Gen. Omega wa FDLR yashimutiwe muri Rutshuru

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo avuga ko Maj. Bizubishaka, umwe mu bayobozi bakomeye mu rwego rw’ubutasi rwa FDLR akaba n’umwe mu bantu ba hafi ba Gen. Ntawunguka Pacifique ‘Omega’ ukuriye igisirikare cy’uriya mutwe, yashimuswe mu cyumweru gishize. Amakuru agera kuri BWIZA yemeza ko Bizubishaka yafatiwe mu gace ka Rugari, muri […]
Ba Jenerali bashinjwa gushaka guhirika Tshisekedi bagejejwe imbere y’ubutabera

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane rwatangiye kuburanisha abantu 10 barimo ba ofisiye icyenda n’umusivile umwe, bakurikiranyweho ibyaha birimo gushaka guhirika ku butegetsi Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Mu bagejejwe imbere y’ubutabera harimo Gen. Christian Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC (FARDC) hagati ya 2022 na Mutarama […]
I Mogadishu ibintu byahinduye isura, ibifaru biratwikwa

Amakuru aturuka i Mogadishu muri Somalia aravuga ko uyu murwa mukuru wibasiwe n’imirwano ikomeye hagati y’ingabo za Leta n’imitwe yitwaje intwaro ifitanye isano n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, mu gihe igihugu gikomeje kwinjira mu bibazo bikomeye bya politiki n’umutekano. Iyo mirwano yatangiye mu ijoro ryo ku wa Gatatu ikomeza kuri uyu wa Kane, mbere yo gukwira mu […]
U Rwanda ruzaba rwamaze kuvana ingabo zarwo muri RDC rwagati mu kwezi gutaha: Amerika

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko igihugu cye cyizeye ko ingabo z’u Rwanda bivugwa ko ziri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zigomba kuba zamaze kuhavanwa bitarenze mu kwezi gutaha kwa Nyakanga. Rubio yabitangaje mu ijambo yagejeje kuri Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika ishinzwe […]
Goma: Umurwayi wa mbere wa Ebola yakize asezererwa mu bitaro

Ihuriro AFC/M23 rigenzura umujyi wa Goma, ryatangaje ko umurwayi wa mbere wari wanduye icyorezo cya Ebola muri uriya mujyi yamaze gukira ndetse agasezererwa mu bitaro. Amakuru y’uko uwo murwayi w’umugore yakoze yemeje na Visi-Perezida wa AFC, Dr. Freddy Kaniki, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Dr. Kaniki mu minsi ishize wagizwe umuhuzabikorwa w’itsinda […]
U Rwanda rwasinyanye amasezerano y’imikoranire mu by’ingufu za nucléaire n’igihugu cya 3

U Rwanda na Pakistan ku wa Gatatu byashyize umukono ku masezerano y’imikoranire mu rwego rw’umutekano wa nucléaire no kurinda abaturage n’ibidukikije ingaruka z’imirasire, bikomeza urugendo rw’u Rwanda rwo kwagura ubufatanye mpuzamahanga mu rwego rw’ingufu za nucléaire. Ni amasezerano yashyiriweho umukono mu mujyi wa Islamabad muri Pakistan, hagati y’Urwego Ngenzuramikorere (RURA) n’Ikigo cya Pakistan gishinzwe kugenzura […]
Ibikubiye mu biganiro Perezida Samia Suluhu uri mu Burusiya yagiranye na Putin

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Kamena yakiriwe anagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin. Samia ari i Moscow mu Burusiya kuva ku wa Kabiri tariki ya 2 Kamena, mu ruzinduko rugomba kumara iminsi ine. Ni uruzinduko yatumiwemo na Perezida Vladimir Putin, rukaba rugamije kurushaho gushimangira […]
U Rwanda rwagarutsweho mu kibazo cyabujije Dr. Muganga kuba Minisitiri muri Uganda

Dr. Lawrence Muganga usanzwe ari Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya Victoria University yo muri Uganda, yabuze amahirwe yo kwemezwa nk’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu gihugu, nyuma yo kutemerwa n’Akanama ka Komisiyo Ishinzwe Kwemeza Abashyirwa mu myanya ya Guverinoma mu Nteko Ishinga Amategeko. Muganga yari aherutse gushyirwa muri Guverinoma nshya ya Perezida Yoweri […]
AFC M23 ishobora kwitangaza nka Leta yigenga, iri gucungana na Tshisekedi

Umutwe wa AFC/M23 wateguje ko uzahita witangaza nka Leta yigenga, mu gihe Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo azaba atangiye urugendo rwo guhindura itegeko nshinga kugira ngo agume ku butegetsi. Jeune Afrique yatangaje ko hari abantu bo muri uriya mutwe bayihamirije ko “Félix Tshisekedi naramuka atangiye urugendo rwo guhindura itegeko nshinga, […]
Kinshasa: Ubuzima bwahagaze kubera umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegeko nshinga

Ubuzima bwahagaze mu Mujyi wa Kinshasa kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Kamena, nyuma y’umuhamagaro wa “ville morte” watanzwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi, mu rwego rwo kwamagana umugambi bavuga ko ushobora gutuma ahindura Itegeko Nshinga akaziyamamariza indi manda. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari basabye abaturage kutagira igikorwa […]
Amerika yafatiye ibihano intasi nkuru za M23 na FDLR

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano Col. John Imani Nzenze ukuriye ubutasi bwa gisirikare mu mutwe wa AFC/M23, na Gustave Kubwayo uzwi nka “Colonel Sirkoof” ushinzwe inshingano nk’izo mu mutwe wa FDLR ndetse akanaba umuyobozi w’ingabo zayo zo mu mutwe udasanzwe. Amerika yavuze ko yafatiye bariya bombi ibihano mu rwego rwo “gushyigikira gahunda y’amahoro […]
Minembwe: Inka 28 z’abaturage zarashwe na Drone

Mu ijoro ryakeye, ibitero by’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byibasiye ahitwa Gakenke, Kalingi na Bidegu muri Kivu y’Amajyepfo, bihitana inka nyinshi z’abaturage. Umwe mu bofisiye b’umutwe wa MRDP-Twirwaneho urinda Minembwe, Col. Fidèle Rugabo, yavuze ko ibyo bitero byakozwe hakoreshejwe za drone. Yagize ati: “Ingabo za Leta zikomeje kugaba […]
Abarundi mu bari baje gushyigikira RSSB Tigers batashye bavuga u Rwanda imyato

Bamwe mu bakunzi b’umukino wa basketball barimo abanyamahanga, bashimye uburyo u Rwanda rushyira imbaraga mu kubaka ibikorwa remezo no guha urubyiruko umwanya wo kugaragaza impano zarwo. Ku Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi ni bwo i Kigali hasorejwe irushanwa rya Basketball Africa League ryasize ikipe ya RSSB Tigers yegukanye igikombe, nyuma yo gutsinda Petro Atletico de […]
APR FC yatandukanye n’abanyamahanga barimo Mamadou Sy

Ikipe ya APR FC yamaze gutandukana n’abakinnyi batatu b’abanyamahanga, nyuma yo gusoza amasezerano yari ifitanye na bo. Abatandukanye n’iyi kipe barimo umunya-Maurtanie Mamadou Sy, cyo kimwe n’abanya-Sénégal Aliou Souané na Mahamadou Lamine Bah. Mu myaka ibiri ishize ni bwo aba bakinnyi bari bageze muri APR FC. Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yanze kubongerera amasezerano, nyuma yo […]
Perezida Kagame na Macron bagiye gufungura i Paris Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na mugenzi we Emmanuel Macron w’u Bufaransa, ku wa Kabiri tariki ya 2 Kamena bazafungura ku mugaragaro Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu mujyi wa Paris. Uru rwibutso rwiswe “L’Archive”, rwubatswe ku nkengero z’Umugezi wa Seine ku bufatanye bwa Leta y’u Bufaransa n’Umujyi wa Paris. Perezida Emmanuel Macron yatangaje […]
Ba Jenerali bayobowe na Tshiwewe bagiye gutangira kuburanishwa ku byaha bikomeye bashinjwa

Abasirikare bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barangajwe imbere na Gen. Christian Tshiwewe wahoze ari Umugaba Mukuru wazo, bagiye gutangira kuburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare. Ku wa Kane tariki ya 5 Kamena 2026 ni bwo bariya basirikare bazagezwa imbere y’ubutabera, nyuma y’umwaka abenshi muri bo batawe muri yombi. Usibye Tshiwewe, abandi ni […]
Jean-Luc Habyarimana ni muntu ki mu mibanire ya RDC n’abatavuga rumwe na Kigali?

Mu gihe umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ukomeje kurangwa n’ubushyamirane bushingiye ku mutekano w’akarere, amazina y’abanyapolitiki n’abandi bantu bavugwa mu matsinda atavuga rumwe na Kigali akomeje kugarukwaho mu isesengura rya politiki. Muri abo harimo Jean-Luc Habyarimana, umuhungu wa Habyarimana Juvénal wahoze ari Perezida w’u Rwanda umaze igihe avugwa mu nkuru […]
RSSB Tigers yanditse amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu karere itwaye BAL

Ikipe ya RSSB Tigers BBC yanditse amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda ndetse no muri Afurika y’Iburasirazuba, yegukanye igikombe cya Basketball Africa League (BAL), nyuma yo gutsinda Petro de Luanda yo muri Angola amanota 90 kuri 88. Hari mu mukino wa nyuma wabereye muri BK Arena, ku Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi […]
Ba ‘Hiboux’ barenga 600 ba FARDC mu Burundi

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko muri iki cyumweru iki gihugu cyakiriye abasirikare babarirwa muri 637 bo mu mutwe w’ingabo zidasanzwe za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bazwi nka ‘Hiboux’. Amasoko ya BWIZA yemeza ko bamwe muri aba basirikare bari mu mujyi wa Gitega, mu gihe abandi ngo bamaze koherezwa mu bice byegereye […]
Minisitiri Muadiamvita wa RDC yahaye FDNB Frw miliyari 3.4

Minisitiri w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Guy Kabombo Muadiamvita, yahaye Ingabo z’u Burundi (FDNB) agahimbazamusyi ka $ miliyoni 2.4 (angana na miliyari zirenga 3.4 Frw) mu rwego rwo kuzishimira uruhare zikomeje kugira mu rugamba rwo gufasha FARDC kurwanya ihuriro rya AFC/M23 mu Burasirazuba bwa RDC. Amakuru BWIZA yamenye avuga ko ayo mafaranga […]
Jean-Luc Habyarimana yasubiranye kwa Ndayishimiye n’intasi nkuru ya FARDC

Jean-Luc Habyarimana, umuhungu wa Juvénal Habyarimana wahoze ayobora u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yasubiye mu mujyi wa Bujumbura mu Burundi, aho yajyanye n’Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ushizenzwe ibikorwa n’ubutasi, Lt Gen Jacques Ychaligonza Nduru. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko aba bombi bari i Bujumbura, […]
AFC/M23 yashyizeho umuyobozi mushya wa Kaminuza ya Goma

Ihuriro AFC/M23 ryashyizeho Prof. Jean Baptiste Kakoma Sakatolo Zambeze ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya Goma (UNIGOM), asimbuye Prof. Mughanda Muhindo Célestin wari umaze iminsi mike akuwe kuri uwo mwanya. Ibi bikubiye mu Cyemezo No 032/COORDA-PAJD/BB/AFC-M23 cyo ku wa 29 Gicurasi 2026, cyashyizweho umukono na Bertrand Bisimwa usanzwe ari Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23 ushinzwe […]
Ubusuwisi: Uko igihugu kitabogama cyabaye kimwe mu bifite ubwirinzi bukomeye ku isi

Mu maso y’isi, Ubusuwisi buzwi nk’igihugu cy’amahoro, amabanki, diplomasi ndetse n’aho imiryango mpuzamahanga ikorera. Ni igihugu cyakunze kwirinda intambara no kutivanga mu makimbirane y’ibindi bihugu. Ariko ikibazo benshi bibaza ni iki: Ese igihugu kitajya mu ntambara nk’Ubusuwisi gifite igisirikare? Igisubizo ni yego. Kandi gifite kimwe mu bisirikare byiteguye cyane ku isi. Igihugu Kitabogama, ariko Kiteguye? […]
Nduhungirehe yasabye amahanga gushyira igitutu kuri RDC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yasabye Umuryango Mpuzamahanga n’abafatanyabikorwa b’akarere gukorana na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu buryo bwubaka kandi bugamije gutanga ibisubizo bifatika ku bibazo by’umutekano bimaze igihe biremereye akarere k’Ibiyaga Bigari. Yabisabye ku wa Gatanu tariki ya 29 Gicurasi, mu kiganiro yagiranye n’abadipolomate bahagarariye ibihugu n’imiryango itandukanye mu […]
Etoile de l’Est yasimbuye Unity FC yanze gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko ikipe ya Etoile de l’Est FC ari yo izakina shampiyona ya BK Pro League mu mwaka w’imikino wa 2026-2027, nyuma y’uko Unity FC yari yazamutse mu Cyiciro cya Mbere ariko igasaba kutazitabira iri rushanwa. FERWAFA mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Gicurasi, yavuze […]
AFC/M23 yirukanye Prof. Mughanda wari Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya Goma

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakuye ku mirimo Prof. Muhindo Mughanda wari Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya Goma (UNIGOM), rimushinja kutubahiriza inshingano ze ndetse no kutisobanura ku bibazo by’imiyoborere n’imicungire y’umutungo byagaragajwe n’igenzura riherutse gukorwa. Mu ibaruwa umuhuzabikorwa wungirije wa AFC/M23, Prof. Freddy Kaniki yandikiye Mughanda ku wa 28 Gicurasi, yamumenyesheje ko yamaze kuvanwa ku nshingano […]
Drone 10 za gisirikare za mbere zigezweho muri 2026 (Amafoto)

Mu myaka mike ishize, drone za gisirikare zavuye ku kuba ibikoresho byifashwa mu butasi gusa, zihinduka imwe mu ntwaro z’ingenzi zikoreshwa ku rugamba. Uko ikoranabuhanga rigenda ritera imbere ni na ko ibihugu bikomeye ku isi birushaho gushora amafaranga menshi mu gukora za drone zishobora kugenzura ibibera ku rugamba, kurasa intego z’abanzi no gukora ibikorwa bya […]
Museveni yakoze impinduka muri Guverinoma amaze iminsi 4 ashyizeho

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yakoze impinduka nto zitunguranye muri Guverinoma yari amaze iminsi itatu ashyizeho. Muri izi mpinduka, Dr. Jane Ruth Aceng wari wagizwe Minisitiri w’Ikoranabuhanga yagizwe Minisitiri ushinzwe guhuza Inteko Ishinga Amategeko na Guverinoma, abisikana na Kasule Lumumba wari wahawe izo nshingano. Izi mpinduka zaje nyuma y’amasaha make hagaragaye impungenge z’amategeko ku kuba […]
Lionel Messi ayoboye abakinnyi 26 Argentine yitabaje mu Gikombe cy’Isi cya 2026

Ikipe y’Igihugu ya Argentine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 26 izifashisha mu Gikombe cy’Isi cya 2026, aho kapiteni wayo Lionel Messi ari we uyoboye iri tsinda rizagerageza kwisubiza igikombe ryegukanye muri Qatar mu 2022. Messi w’imyaka 38 y’amavuko yahamagawe mu ikipe y’Igihugu ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya mu Gikombe cy’Isi, ibintu bimugira umwe mu bakinnyi bake cyane […]
Iran yihimuye kuri Amerika

Iran yatangaje ko yagabye igitero ku birindiro bya gisirikare bya Amerika biri mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, ivuga ko cyari igisubizo ku bitero bya Amerika biherutse kugabwa ku bikorwa bya gisirikare byayo hafi y’icyambu cya Bandar Abbas no mu muhora wa Hormuz. Umutwe w’ingabo zirinda ubutegetsi bwa Iran, IRGC, wavuze ko igitero cyagabwe mu rukerera […]
AFC/M23 n’intumwa z’u Busuwisi baganiriye i Rubavu

Intumwa z’u Busuwisi zahuriye n’abahagarariye umutwe wa AFC/M23 i Rubavu mu Rwanda, mu biganiro byari bigamije gusuzuma aho ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yasinyiwe i Doha hagati ya Kinshasa n’uriya mutwe rigeze. Ni ibiganiro byamaze iminsi ibiri, kuva ku wa Kabiri tariki ya 26 kugeza ku wa Gatatu tariki ya 27 Gicurasi 2026. RFI yatangaje ko […]
Imvugo zibiba urwango, ubumara bwashora akarere mu mwijima: Kuki Abanyarwanda bakwiye kuzirwanya kare?

Mu myaka isaga 30 ishize, u Rwanda rwabaye isomo rikomeye ku isi nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yahitanye abarenga miliyoni mu minsi 100 gusa. Iyo Jenoside ku ikubitiro ntiyatangijwe n’amasasu cyangwa imihoro; yatangijwe n’amagambo. Yubakiwe ku mvugo z’urwango, ivangura, gucamo abantu ibice no kubambura ubumuntu, kugeza aho bamwe bumvaga ko kwica abandi ari […]
Umuhungu wa Gen. Muhoozi ageze kure imyitozo imutegurira kuba Ofisiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yahishuye ko umuhungu we, Ruhamya Kainerugaba ageze kure imyitozo imutegurira kuba umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye mu ngabo za Uganda. Ni imyitozo uyu musore ari gukorera mu Ishuri rya gisirikare rya Royal Military Academy Sandhurst ryo mu Bwongereza. Gen. Muhoozi abinyujije ku rubuga rwe rwa X, […]
RSSB Tigers yandikiye amateka imbere ya Perezida Kagame

Ikipe ya RSSB Tigers yageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka mu Irushanwa Nyafurika rya Basketball rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, nyuma yo gutungura Al Ahly yo mu Misiri ikayitsinda amanota 106-97. Hari mu mukino wa ½ cy’irangiza wabereye muri BK Arena, ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 27 Gicurasi 2026. Perezida […]
U Burundi na RDC byakajije ubufatanye bwa gisirikare

U Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biyongereye imikoranire mu bya gisirikare n’umutekano, mu gihe ingabo z’ibihugu byombi zikomeje imirwano n’umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa. Minisitiri w’Ingabo wa RDC, Guy Kabombo Muadiamvita, ku wa Kabiri yagiriye uruzinduko i Bujumbura rwasize yakiriwe akanagirana ibiganiro byo mu rwego rwo hejuru na mugenzi we w’u […]
Kinshasa yarekuye imfungwa za mbere za AFC/M23

Abantu 37 bari bafungiye muri gereza zitandukanye zo mu mujyi wa Kinshasa bakekwaho gukorana na AFC/M23, barekuwe n’ubutegetsi bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gikorwa kiri gufatwa nk’intambwe ishobora kuba ifitanye isano n’ibiganiro bya Doha bikomeje hagati y’impande zihanganye. Umunyamakuru Steve Wembi wegereye AFC/M23 avuga ko muri abo bantu 37 barekuwe, 22 bari bararangije […]
Uwahoze ari umukinnyi wa Manchester United mu bo Amavubi yitegura kwesurana na Comores na Tanzania yitabaje

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yamaze guhamagara abakinnyi 27 izifashisha mu mikino ibiri ya gicuti iteganya guhuriramo n’amakipe y’ibihugu bya Comores na Tanzanie. Mu bakinnyi bahamagawe harimo Noam Emeran, wahoze akinira ikipe ya Manchester United mu byiciro by’abato, mbere yo kwerekeza muri FC Groningen yo mu Buholandi akinira ubu. Uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga […]
Perezida Kagame yahaye abapolisi bashya ipeti rya AIP

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’inzego z’umutekano z’u Rwanda, yahaye abapolisi 436 bo ku rwego rwa ba Ofisiye bato ipeti rya Assistant Inspector of Police (AIP), nyuma yo gusoza amahugurwa bari bamazemo igihe. Ni mu muhango wabereye mu Ishuri rya Polisi ry’i Gishari mu karere ka Rwamagana. Umukuru w’Igihugu yashimiye Polisi y’igihugu ku myaka […]
Museveni yashyize ku ruhande ba Minisitiri 29

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, ku wa Kabiri yashyizeho abaminisitiri bagize Guverinoma nshya y’igihugu cye batarimo amazina asanzwe azwi yari amaze igihe muri Guverinoma ya Uganda. Mu mpinduka zabayeho, abaminisitiri 29 ni bo batasubijwe mu nshingano. Barimo Matia Kasaija wari umaze igihe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, uyu akaba yasimbujwe Henry Musasizi. Barimo kandi Gen. (Rtd) Jeje […]
Abana ba Col. Kazarama bari barafunzwe n’intasi nkuru ya M23 barekuwe

Abana babiri b’impanga ba Vianney Kazarama bari bamaze igihe bafunzwe nyuma yo gushinjwa “gutunga imbunda no gutanga amakuru i Kigali”, bamaze kurekurwa nk’uko amakuru agera kuri BWIZA abyemeza. Aba basore bari mu bamaze igihe bavugwaho gufungwa n’umukuru w’ubutasi bwa gisirikare bwa AFC/M23. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko ubwo abo basore bari bafunzwe bamwe mu […]
Amerika yemereye TotalEnergies na ExxonMobil gukomeza gukorana na RDF

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahaye ibigo bya TotalEnergies na ExxonMobil uburenganzira bwihariye bwo gukomeza gukorana n’ingabo z’u Rwanda zikorera muri Mozambique, bitandukanye n’ibihano kiriya gihugu cyafatiye izo ngabo. Africa Intelligence dukesha iyi nkuru ivuga ko uruhushya rw’uko biriya bigo bigomba gukomeza gukorana na RDF rwatanzwe n’Urwego rwa Amerika rushinzwe kugenzura ibihano (OFAC), mu ntangiriro […]
Masisi: AFC/M23 yigaranzuye FARDC na Wazalendo, yisubiza uduce turenga 10

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26 Gicurasi zigaranzuye ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zisubiza uduce dutandukanye two muri Teritwari ya Masisi. Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Congo yemeza ko AFC/M23 u Rwanda rushinjwa gushyigikira yisubije uduce turenga 10 two muri Teritwari ya […]
M23 yashenye D-4 yarindaga ikirere cya RDC

Umutwe wa AFC/M23 wagabye igitero gikomeye ku kibuga cy’indege cya Kisangani, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho amakuru BWIZA yabonye avuga ko cyibasiye ibikorwa bya gisirikare byakoreshwaga mu kugaba ibitero bya drone ku bice bitandukanye biri mu maboko ya AFC/M23. Iki gitero kandi cyashenye intwaro yo mu bwoko bwa D-4 yarindaga ikirere […]
FDLR yishe abasivile 10 muri Masisi na Walikale, yiba ingurube

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko abantu 10 biciwe mu bitero byagabwe n’abarwanyi b’imitwe ya FDLR na Wazalendo mu bice byo muri teritwari za Masisi na Walikale, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. AFC/M23 mu itangazo ryasohowe n’umuvugizi wayo, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ibyo bitero byabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru […]