Umugaba Mukuru w’Ingabo za Amerika yirukanwe

General Randy George wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yirukanwe kuri uwo mwanya nyuma yo gusabwa kwegura ku mirimo ye na Minisitiri w’Ingabo, Pete Hegseth. Amakuru atangwa n’inzego za Leta ya Amerika avuga ko Gen. George yasabwe guhita asezera ku mirimo ye ako kanya, nubwo yari agifite igihe kigera muri 2027 […]
Guverinoma yavuze ku biciro birimo ibya gaz byatumbagiye

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Kane tariki ya 2 Mata 2026, yakomoje ku biciro birimo iby’ingufu n’iby’ibicuruzwa by’ibanze byatumbagiye kubera intambara ikomeje kubera mu burasirazuba bwo hagati. Guverinoma yakomeje kuri iki kibazo nyuma y’uko kuva mu mpera z’icyumweru gishize igiciro ku bicuruzwa bitandukanye cyazamutse mu buryo bukomeye, ku buryo hari n’aho cyazamutseho hafi 50%. Urugero […]
CP Theos Badege wigeze kuba umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yahawe inshingano nshya

Commissioner of Police Badege Theos wigeze kuba umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, yagizwe Komiseri Mukuru wungirije w’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora (RCS). Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Mata 2026, ni ryo ryemeje ko Badege yahawe ziriya nshingano agomba kungirizaho CG Evariste Murenzi. Badege yabaye umuvugizi […]
Umusirikare muto kurusha abandi muri UPDF ashobora kujya ahembwa arenga Frw 300,000

Umushahara w’umusirikare muto mu ngabo za Uganda (UPDF)ushobora kwiyongera ukava ku mashilingi 650,000 ukagera kuri 816,000 (arenga Frw 300,000), mu gihe umwanzuro wagezweho hagati ya Minisiteri y’Ingabo n’Inteko Ishinga Amategeko washyirwa mu bikorwa. Iyi nyongera y’umushahara yemerewe n’abayobozi ba Minisiteri y’Ingabo n’abagize Komisiyo ishinzwe Ingabo n’Umutekano w’Imbere mu Nteko Ishinga Amategeko, mu nama yabaye ku […]
Meya Mulindwa yasabye abarenga 100 batahutse bava muri Congo kwirinda Ingengabitekerezo ya Jenoside

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yasabye Abanyarwanda batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guca ukubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside. Meya Mulindwa yabisabye Abanyarwanda 133 kuri uyu wa Kane bakiriwe mu Rwanda, nyuma y’imyaka itari mike barafashwe bugwate n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR ukorera mu mashyamba ya Congo. Abakiriwe ku mupaka munini wa La Corniche […]
U Rwanda rwaburiye ko Mozambique nidatera inkunga ibikorwa bya RDF i Cabo Delgado ruzacyura ingabo zarwo

U Rwanda rwatanze umuburo w’uko kohereza ingabo zarwo mu majyaruguru ya Mozambique bishobora guhagarara, mu gihe hataboneka uburyo burambye bwo gutera inkunga icyo gikorwa. Ni nyuma y’amakuru avuga ko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushobora guhagarika burundu inkunga wageneraga ibikorwa bya RDF muri Mozambique. Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, ubwo yasubizaga ku nkuru zatangajwe […]
Trump yandagaje Macron n’umugore we

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasebeje mugenzi we Emmanuel Macron w’u Bufaransa, avuga ko umugore we “amufata nabi cyane”. Trump yabigarutseho mu ijambo yavuze ku wa Gatatu tariki ya 1 Mata, ubwo yagarukaga ku ntambara igihugu cye na Israel barwanamo na Iran. Muri iri jambo yanenze cyane ibihugu bigize umuryango wa […]
Abo FDNB yemeza ko bahitanwe n’ibisasu byaturikiye i Bujumbura

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB), ku wa Gatatu tariki ya 1 Mata cyatangaje ko abantu 13 ari bo bahitanwe n’ibisasu byaturikiye mu mujyi wa Bujumbura, ubwo ikigo cya gisirikare cya Musaga cyarimo gishya. Umuvugizi w’Ingabo z’u Burundi, Général de Brigade Baratuza Gaspard, yatangaje ko mu bapfuye harimo abasirikare batatu. Yavuze kandi ko ibisasu byaturitse byakomerekeje abantu […]
Imfu n’itabwa muri yombi ry’abasirikare benshi b’u Burundi byakurikiye iturika ryabereye i Bujumbura

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko hari abasirikare babarirwa muri 40 batawe muri yombi, nyuma y’inkongi y’umuriro yaraye yibasiye ububiko bw’intwaro bwo mu kigo cya gisirikare kiri ahitwa ku Musaga mu mujyi wa Bujumbura. Igisirikare cy’u Burundi kivuga ko iriya nkongi yatewe n’umuriro w’amashanyarazi, ariko andi makuru avuga ko yatewe n’igitero cya drone […]
U Rwanda rwashimiye RDC yabonye itike y’Igikombe cy’Isi

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ‘Les Léopards’, nyuma yo kubona itike y’Igikombe cy’Isi cy’umupira w’amaguru cya 2026. Iyi kipe yabonye itike yo kuzakina ririya rushanwa rizabera mu bihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique mu mpeshyi y’uyu mwaka, nyuma yo gusezerera Jamaica bari bahuriye mu […]
Nduhungirehe yibukije RDC ko FDLR ikeneye gusenywa n’ibikorwa aho kuba amagambo

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yibukije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko mu gusenya umutwe wa FDLR hakenewe ibikorwa bifatika byo ku butaka, aho kuba imvugo zirimo ubusa. Umukuru wa Dipolomasi y’u Rwanda yatangaje ibi nyuma y’uko Kinshasa iheruka gutangaza ko yatangije ibikorwa byo gusenya FDLR, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa […]
RDC igiye kongera gukina Igikombe cy’Isi nyuma y’imyaka irenga 50

Ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Les Léopards, yabonye itike yo kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gusezerera Reggae Boys ya Jamaica, mu mukino wa kamarampaka wabaye mu ijoro ryacyeye. Ni umukino wabereye i Guadalajara muri Mexique. Igitego rukumbi cyatsinzwe na myugariro Axel Tuanzebe ku munota wa 100, cyari gihagije ngo Ingwe […]
Icyo Ndayishimiye avuga ku bisasu byaturikiye i Bujumbura

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yagaragaje ko hari abagize ibyago, nyuma y’inkongi y’umuriro yaraye yibasiye ahabikwaga intwaro mu kigo cya gisirikare giherereye mu mujyi wa Bujumbura. Ndayishimiye abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yagize ati: “Nihanganishije abagize ibyago biturutse ku muriro wadutse mu bubiko bumwe bw’ikigo cya gisirikare kiri muri zone Musaga. Duhumurije Abarundi bose.” […]
Umukoro wa Guverineri Mugabowagahunde ku bahoze muri FDLR ku Rwanda

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yahaye umukoro abahoze mu mitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR kunyomoza ibinyoma bivugwa ku Rwanda. Guverineri w’Amajyaruguru yatanze uyu mukoro ku wa Mbere tariki ya 30 Werurwe, mu muhango wo gosoza amahugurwa ku mugaragaro y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR n’indi mitwe bifatanyije no kubasubiza mu buzima busanzwe. Ababarirwa muri 214 […]
Sekirite Kabera yabangamiye Kapiteni w’Amavubi

Umwe mu basekirite (Steward) bacungaga umutekano kuri Stade Amahoro ubwo ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yakinaga na Estonie mu mukino wa nyuma w’irushanwa rya FIFA Series, yagaragaye abangamira kapiteni Bizimana Djihad amubuza kwinjira mu kibuga. Byabaye ubwo umukino wari urangiye Amavubi yitegura guhabwa igikombe, ubwo yari amaze gutsinda Estonie ibitego 2-0. Ubwo abakinnyi b’Amavubi biteguraga guhabwa igikombe, […]
Gen. Muhoozi yafunguye Gen. Namanya anamuhanaguraho ibyaha byose

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yafunguye Brig Gen Johnson Namanya nyuma yo guhura na we akamuhanaguraho ibyaha byose yari akurikiranweho. Umuvugizi w’agateganyo w’Ingabo za Uganda, Col. Chris Magezi, ni we wemeje aya makuru aya makuru mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Umugaba Mukuru w’Ingabo akanaba umujyanama wa Perezida […]
Perezida Touadéra mu irahira rye yahaye icyubahiro RDF

Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, yashimye umusanzu ingabo z’u Rwanda zimaze igihe zitanga mu kurinda ubusugire bw’igihugu cye. Touadéra yashimye uyu musanzu ku wa Mbere tariki ya 30 Werurwe, ubwo yari mu muhango wo kurahirira kuyobora igihugu cye muri manda ya gatatu. Ni umuhango wabereye i Bangui, ku ruhande rw’u Rwanda ukaba witabiriwe […]
FPR-Inkotanyi yanenze Umujyi wa Kigali waranduye ibishyimbo by’umuturage

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles, yanenze ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buheruka kurandura ibishyimbo by’umuturage byari byatangiye kuyanga, mbere y’uko aho byari bihinze hakorwa ubusitani. Mu Cyumweru gishize ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe amafoto agaragaza ibyo bishyimbo byari bihinze mu murenge wa Nyamirambo w’akarere ka Nyarugenge birandurwa. Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine, […]
Kalehe: Ingabo za Congo zishe zinakomeretsa abaturage benshi

Abantu barindwi bo mu gace ka Shanji muri Teritwari ya Kalehe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, biciwe mu gitero bagabweho n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Umutwe wa AFC/M23 biciye mu muvugizi wawo, Lawrence Kanyuka, watangaje ko igitero cyiciwemo bariya bantu cyabaye ku Cyumweru tariki ya 29 Werurwe […]
Tshisekedi yijeje abanye-Congo ko Amerika igiye kumwubakira ‘igisirikare karahabutaka’

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yijeje abaturage b’igihugu cye ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye kubaha ubufasha burimo kububakira igisirikare gikomeye. Yabivuze mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo yahuriraga mu mujyi wa Bandundu n’abatware gakondo bo mu ntara ya Kwilu. Akomoza ku masezerano igihugu cye giheruka gusinyana na Leta Zunze […]
Umunsi Habyarimana yakira Rayon Sports agaca amarenga y’umugambi wa Jenoside yagombaga gukorerwaAbatutsi

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Bizimana Jean Damascène, yagaragaje ko muri Werurwe 1994 ubwo Habyarimana Juvenal wari Perezida w’u Rwanda yakiraga ikipe ya Rayon Sports, yaciye amarenga y’umugambi wa Jenoside leta ye yarimo yitegura gukorera Abatutsi. Habyarimana icyo gihe yakiriye abakinnyi n’abatoza ba Rayon Sports muri hoteli Horizon ku Rebero, nyuma yo kwitwara neza mu […]
Uko byagenze ngo Ndayishimiye wari wararahiye ko Bunyoni azarekurwa ari mu mva ave ku izima

Amakuru aturuka mu butegetsi bw’u Burundi aravuga ko Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yemeye kurekura Général Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa kiriya gihugu, nyuma yo gushyirwaho igitutu na Tanzania ndetse na ba Jenerali bakomeye mu gihugu cye. Muri uku kwezi kwa Werurwe ni bwo Gen. Bunyoni, yafunguwe nyuma y’imyaka itatu yari amaze afunzwe. […]
FARDC yaba yatangiye guhiga abafatanyabikorwa bayo ba FDLR

Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt. Gen Jacques Ychaligonza, yatangaje ko yamaze gutangiza ibikorwa byo guhiga abarwanyi b’umitwe wa FDLR bari ku butaka bwa Congo Kinshasa. Ni ibikorwa Ychaligonza avuga ko yatangirije mu mujyi wa Kisangani wo mu ntara ya Tshopo, ku Cyumweru tariki ya 29 Werurwe 2026. Ibitangazamakuru bikorera […]
Ba Jenerali 2 ba UPDF batawe muri yombi ku itegeko rya Gen. Muhoozi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ku wa Kane tariki ya 26 Werurwe yategetse ko Maj. Gen Don William Nabasa na Brig Gen Johnson Namanya Abaho batabwa muri yombi, kubera ibyaha bifitanye isano na ruswa. Ubutumwa bwo kubata muri yombi bwohererejwe ndetse bunashyirwa mu bikorwa n’Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo za Uganda akanaba Umugaba Mukuru […]
Umuburo wa AFC/M23 yitegura guhurira na Kinshasa mu Busuwisi nyuma yo gusubira inyuma ibilometero 30

Umutwe wa AFC/M23 muri iyi mpera y’icyumweru, wakomeje kuvana ingabo zawo mu bice bitandukanye by’intara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo wagenzuraga, uzisubiza inyuma. Amakuru avuga ko kuri uyu wa Gatandatu AFC/M23 yavanye ingabo zayo mu duce twa Pitakongo na Bunyatenge duherereye mu burengerazuba bwa Kirumba muri Lubero, no mu gace ka Minova ko muri Teritwari ya […]
Abahoze muri FDLR bagiye kwipima na Musanze FC

Abarwanyi bahoze mu mitwe yitwaje intwaro ikorera mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo by’umwihariko uwa FDLR, bateguriwe umukino wa gicuti igomba kubahuza n’ingimbi z’ikipe ya Musanze FC. Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu Buzima Busanzwe Abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko uyu mukino uzabera kuri Stade Ubworoherane y’Akarere ka Musanze, ku Cyumweru tariki […]
Abasirikare ba RDF barimo ba Ofisiye basoje imyitozo ya ‘Special Force’

Abofisiye n’abandi basirikare bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), ku wa Gatanu tariki ya 27 Werurwe basoje amahugurwa y’ibanze y’Ingabo zidasanzwe. Ni amahugurwa bari bamazemo amezi icyenda mu Kigo cy’Amahugurwa cya Gisirikare cy’i Nasho mu karere ka Kirehe. Umuhango wo gusoza aya mahugurwa wayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen MK Mubarakh. Mu ijambo rye, […]
Gen. Muhoozi yirukanye intasi nkuru yungirije muri UPDF

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yirukanye Col Abdul Rugumayo wari umukuru wungirije w’ubutasi bwa gisirikare amusimbuza Brig. Gen Oscar Munanura. Ibitangazamakuru byo muri Uganda bivuga ko hatazwi icyatumye Rugumayo wari muri ziriya nshingano yari yarahawe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni muri 2022 yirukanwa. Ni inshingano yari yarasimbuyeho Brig Gen Charles Asiimwe. Mu […]
Nduhungirehe yahishuye uko abakuru b’ibihugu bya Afurika baciye agasuzuguro ka Ndayishimiye washatse kubashyiraho igitutu

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ubwo Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yari amaze gutanga Macky Sall nk’umukandida ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, yashyize igitutu ku bakuru b’ibihugu bagenzi be abasaba kuzashyigikira kandidatire ye nyamara nta n’umwe muri bo yari yarabanje kugisha inama. Ku wa Gatanu ni bwo Umuryango wa Afurika Yunze […]
AU yanze kandidatire ya Macky Sall wari watanzwe na Ndayishimiye ngo azayobore Loni

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), wanze gushyigikira kandidatire ya Macky Sall wahoze ari Perezida wa Sénégal wari umaze igihe atanzwe n’u Burundi ngo abe Umunyamabanga Mukuru mushya w’Umuryango w’Abibumbye. Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Werurwe ni bwo u Burundi bwari bwatanze Sall kuri uriya mwanya, nyuma gato y’uko yari amaze kwakirwa i Bujumbura na […]
Mikenke: 2 biciwe mu gitero cya drone

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Gatanu watangaje ko abasivili bapfuye undi umwe akomereka bikomeye, nyuma y’ibitero ihuriro ry’ingabo za Leta zagabye mu gace ka Mikenke ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo no mu nkengero zako. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ibyo bitero byabaye saa tatu n’iminota 40 z’ijoro ry’ejo ku wa Kane, […]
Abakinnyi 5 b’Amavubi bavanwe mu bazakina FIFA Series

Abakinnyi batanu b’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, bavanwe mu bazakina imikino ya FIFA Series imaze umunsi umwe itangiye kubera mu Rwanda. Abakinnyi basigaye barimo umunyezamu Niyongira Patience wa Police FC, Ruboneka Jean Bosco wa APR FC, Niyo David wa NK Veres Rivne yo muri Ukraine, Nshuti Innocent wa Stade Tunisien yo muri Tunisie na Ndayishimye Karl Matteo. […]
Gen. Muhoozi yidoze ko UPDF yafata Tehran bitarenze ibyumweru 2

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ingabo ayoboye byazitwara igihe kitageze ku byumweru bibiri ngo zibe zamaze kwigarurira Umurwa Mukuru wa Iran, Tehran. Uyu Jenerali mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X, yagize ati: “Gufata Tehran ntibishobora kudufata igihe kirenze ibyumweru bibiri. Brigade imwe ya UPDF irahagije kuri iyi misiyo.” […]
Umugore wa Tshisekedi yasabye ko umuganga wahohoteye umugore wari umaze kubyara ahanwa by’intangarugero

Umugore wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Denise Nyakeru Tshisekedi, yasabye ko umuganga wagaragaye ahohotera umubyeyi wari umaze kubyara ahanwa by’intangarugero. Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uwo muganga akubita inshyi nyinshi uwo mubyeyi wari wambaye ubusa; nyuma yo kubyarira mu bitaro bikuru bya Kinkole biherereye mu mujyi wa Kinshasa. […]
Massad Boulos wa Amerika yongeye kwikoma u Rwanda

Umujyanama wa Perezida Donald Trump ushinzwe ubufatanye hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Afurika, yikomye u Rwanda arushinja kongera ubukana bw’intambara mu burasirazuba bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Massad Boulos yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku kanama gashinzwe amahoro n’umutekano mu Muryango w’Abibumbye, mu nama yako yigaga ku kibazo cy’umutekano wo mu burasirazuba […]
Impamvu indwara z’umutima, Diyabete na Kanseri zikomeje kwiyongera mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yagaragaje ko u Rwanda rwugarijwe n’ikibazo cy’indwara zitandura ziri kugenda zisimbura izandura, ndetse mu myaka mike ishize zikaba zaragiye ziyongera. Yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Werurwe, ubwo yagiranaga ikiganiro n’abagize imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko. Ni ikiganiro cyibanze ku bikorwa bya Guverinoma birebana n’umuturage ku isonga, by’umwihariko […]
Umujyi wa Kigali wisobanuye ku bishyimbo byaranduwe

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasobanuye ko ibishyimbo abaturage bari barahinze byaranduwe, kubera ko ba nyirabyo bari barabihinze ku nkengero z’umuhanda wa kaburimbo. Byari nyuma y’impuruza yatanzwe n’uwitwa Bagiruwubusa Eric wifashishije urubuga rwa X mu kubaza ubuyobozi bwa Kigali impamvu bwafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo byari hafi kwera, nyamara hari abaturage bashonje. Ati: “Ibi birasa n’ibyo […]
Nyuma ya AFC/M23, UPDF na yo yaba igiye kuvana ingabo zayo muri Lubero

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kuvana ingabo zacyo muri Teritwari ya Lubero mu burasirazuba bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’igihe kirekire zaroherejweyo. Gen. Muhoozi yemeje ayo makuru biciye mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Dutangaje ko twiteguye kuva mu birindiro byacu […]
U Rwanda mu bihugu byatoye ko ubucakara ari ‘icyaha ndengakamere kiruta ibindi’ cyibasiye inyoko muntu

Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, ku wa Gatatu tariki ya 25 Werurwe yatoye umwanzuro wemeza ko ubucakara bwakorewe Abanyafurika mu bucuruzi bw’abacakara bwambukaga inyanja ya Atlantique ari “icyaha gikomeye kurusha ibindi byibasiye inyokomuntu”. Ni nyuma y’icyifuzo cyari cyatanzwe na Ghana isaba ko ririya zina rihabwa ubucakara, ikindi ibihugu bigize Loni bigatekereza gusaba imbabazi ku byabaye no […]
Shingiro wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi yahawe inshingano nshya

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, wahaye Amb. Albert Shingiro wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi inshingano zo kuba intumwa yawo idasanzwe izafasha mu ishyirwa mu bikorwa ry’icyemezo cyafashwe n’Urukiko Mpuzamahanga ku bijyanye n’amakimbirane ari hagati ya Gabon na Guinée-Equatoriale. AU mu itangazo yasohoye ku wa Gatatu tariki ya 25 Werurwe, yavuze ko Shingiro azafasha […]
Biruta yashyikirije Perezida Saasou Nguesso ubutumwa bwa Perezida Kagame

Perezida Denis Sassou N’Guesso wa Congo-Brazzaville, ku wa Gatatu yakiriye Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta wamushyiriye ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame. Ni ubutumwa bwifuriza Perezida wa Congo ishya n’ihirwe, nyuma yo kongera gutorerwa kuyobora igihugu cye muri manda ya gatanu. Muri ubu butumwa kandi Perezida Kagame yasabye Sassou Nguesso kuzashyigikira […]
Impamvu AFC/M23 yatangiye kuvana ingabo muri Lubero

Umutwe wa AFC/M23 kuva ku wa Mbere tariki ya 23 Werurwe, watangiye kuvana ingabo zawo mu bice bitandukanye wagenzuraga byo muri Teritwari ya Lubero, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Amashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga yerekana ingabo za AFC/M23 ziva mu bice bitandukanye, zikoreye n’ibikoresho byazo. Uduce byamenyekanye ko uriya mutwe wamaze kuvanamo ingabo turimo […]
Perezida Kagame yijeje Abayisilamu ko azabishyura vuba umwenda amaze imyaka 15 ababereyemo

Perezida Paul Kagame yijeje abayoboke b’idini ya Islam mu Rwanda ko mu gihe cya vuba azabishyura umwenda amaze imyaka ibarirwa muri 15 ababereyemo. Muri 2011 ni bwo Umukuru w’Igihugu yijeje Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda ko Leta igomba kubatera inkunga, ndetse ikanabaguranira ubutaka bafite ibaha ubundi bifuje kuzubakaho inyubako zigomba kuzakorerwamo ibikorwa bitandukanye. Umukuru w’Igihugu kuri […]
Washington: Umurinzi w’umunyacyubahiro w’u Rwanda yasagarariwe n’abanye-Congo

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje, ko hari ushinzwe umutekano ushinzwe kurinda umwe mu banyacyubahiro b’u Rwanda uri muri Amerika wasagarariwe n’abashinzwe gucunga umutekano w’umugore wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo guhurira muri imwe muri Hoteli z’i Washington. Iyi Ambasade yemeje ayo makuru mu […]
RDC yashinje u Rwanda kugerageza gucengera muri hoteli umugore wa Tshisekedi acumbitsemo muri Amerika

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko hari abantu bagerageje “gucengera muri hoteli” umugore wa perezida w’icyo gihugu acumbitsemo mu ruzinduko arimo i Washington, ishyira mu majwi u Rwanda. Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yaraye abwiye abanyamakuru ko bamenye amakuru y’abo bantu bataramenyekana, ndetse ko leta ya DRC irimo gukorana bya […]
RP Tumba College yemeje urupfu rw’umunyeshuri wayo wasanzwe yapfanye n’umukobwa

Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubunenyingiro, ishami rya Tumba ryo mu Karere ka Rulindo, ryatangaje ko hari umunyeshuri w’umuhungu waryigagamo wasanganwe n’umukobwa bombi bapfuye. RP Tumba College ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yagize iti: “Tubabajwe n’urupfu rutunguranye rw’umunyeshuri wacu, IRAKOZE Angelo. Umuryango mugari wa RP Tumba College wifatanyije n’umuryango we muri ibi bihe bikomeye by’akababaro.” Iri […]
Inoti zimwe z’amafaranga y’u Rwanda zigiye gutakaza agaciro

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko hari inoti z’amafaranga y’u Rwanda ziganjemo izakozwe mu mwaka wa 2004 zizaba zatakaje agaciro tariki 1 Werurwe 2027. Itangazo BNR yasohoye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Werurwe, rivuga ko izo noti zirimo iya 500Frw yakozwe mu 2004 ndetse n’iyakozwe mu 2013. Hari kandi inoti ya 1000Frw […]
Imbonerakure n’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda bari gutorezwa n’abazungu mu Kibira

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko mu ishyamba rya Kibira riherereye muri Komine Bukinanyana mu ntara ya Bujumbura, hari kubera imyitozo ya gisirikare ikomeye iri guhabwa Imbonerakure zari zaroherejwe kurwana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda. Ni imyitozo imaze ibyumweru birenga bitatu. Abaturage baturiye ishyamba rya Kibira, babwiye SOS Médias […]
Icyo AFC/M23 ivuga kuri raporo ya RSF iyishinja gufunga no kwica urubozo abanyamakuru

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wahakanye wivuye inyuma ibirego by’umuryango mpuzamahanga w’abanyamakuru batagira umupaka (RSF) uwushinja gufunga no kwica urubozo abanyamakuru. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X kuri uyu wa Kabiri yagaragaje ko iriya raporo ya RSF igamije gusiga icyasha AFC/M23, anenga […]
Kagame yasabiye ubutabera umubyeyi w’i Karongi wimwe serivisi kwa muganga bikamuviramo urupfu

Perezida Paul Kagame yasabye Minisitiri w’Ubutabera kongera gukurikirana akamenya niba abantu bagize uruhare mu rupfu rw’umubyeyi wo mu karere ka Karongi wagiye kubyara bikarangira arangaranwe barabiryojwe. Muri Gashyantare 2020 ni bwo umubyeyi wari ukuriwe yagiye ku kigo nderabuzima cya Biguhu giherereye mu murenge wa Kirinda, agiye kwipimisha inda yari yegereje kuvuka. Nk’uko amabwiriza yo kwivuza […]
Meya wa Nyabihu yasobanuye icyateye akarere ke kuba aka nyuma mu mihigo

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette, yatangaje ko akarere ke kabaye aka nyuma mu mihigo bitewe n’umuhanda wa Tubungo-Nyakiriba wagombaga kujya ku kigo nderabuzima utarakozwe kubera ibihe by’imvura byabaye bibi cyane. Yabwiye RBA ati: “Twagize ikibazo cy’ibikorwaremezo aho twari dufite igikorwa cy’umuhanda witwa Tubungo-Nyakiliba wagombaga kujya kuri Centre de Santé yafashaga abaturage kuba babasha kujyana […]
AFC/M23 yatanze impuruza ku mperuka iri kuba mu Minembwe

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Werurwe, watanze impuruza ku bihe bisa n’imperuka bikomeje kubera muri Komine Minembwe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho ingabo za Leta ya RDC zikomeje gukorera abaturage ubwicanyi bw’indengakamere. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko usibye kuba Abanye-Congo bo […]
Muri abirasi kandi mwiratana ubusa: Perezida Kagame wakurugutuye abayobozi

Perezida Paul Kagame yaburiye abayobozi bo mu nzego za Leta ko imico mibi bagira irimo ubwirasi ishobora kuzasiga bashenye igihugu. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Mbere, ubwo yasozaga inama nyunguranabitekerezo y’Abayobozi b’Inzego Nkuru za Leta n’Inzego z’Ibanze. Ni inama y’umunsi umwe yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’i Gako mu karere ka Bugesera. Muri […]
Trump yabaye ahagaritse kurasa kuri Iran

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko yategetse Minisiteri y’ingabo z’igihugu cye kuba ihagaritse ibikorwa byo kurasa ku nganda z’ingufu za Iran mu gihe cy’iminsi itanu. Trump yemeje aya makuru kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Werurwe, mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa Truth Social. Yavuze ko mu minsi […]
Kenya: Uwahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yaburiwe irengero

Polisi ya Kenya iri gukora iperereza ku ibura rya Raphael Tuju wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa kiriya gihugu, mu gihe amakuru avuga ko yaba yashimuswe. Umuryango wa Tuju uvuga ko we n’umushoferi we baburiwe irengero ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ubwo barimo bajya gutanga ikiganiro kuri imwe muri radiyo zo muri kiriya gihugu. Polisi […]
Igisubizo cya Kabila ku bafashe kuba ari mu matware ya M23 nk’ikibazo

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragaje ko kuba ari mu mujyi wa Goma ugenzurwa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 nta kibazo abibonamo, kuko i Goma ari we. Uyu mugabo wategetse RDC hagati ya 2001 na 2019 yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru La Libre cyo mu Bubiligi cyabereye […]
Kabila yashimangiye ko igihe kigeze ‘ubutegetsi bw’igitugu’ bwa Tshisekedi bukavaho

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko ari ngombwa ko ubutegetsi bw’igihugu bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wamusimbuye buvaho. Kabila yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru La Libre cyo mu Bubiligi. Ni ikiganiro cyabereye mu rugo rwe ruherereye mu mujyi wa Goma. Muri iki kiganiro, Kabila yongeye gushinja Tshisekedi […]
KNC wa Gasogi United nyuma ya mpaga ya Rayon Sports yavuze

Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles (KNC) yatangaje ko batangiye urugendo rw’amategeko mu rwego rwo guhangana n’akarengane avuga ko ikipe ye yakorewe ku mukino wa shampiyona y’u Rwanda wagombaga kuyihuza na Rayon Sports. Ku Cyumweru tariki ya 22 Werurwe ni bwo Gasogi United yatewe mpaga y’ibitego 3-0, nyuma yo kutagaragara ku mukino w’umunsi wa […]
Icyo Green Party ivuga ku musanzu wa mituweli wiyongereye

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, rivuga ko rigikora isesengura ku bijyanye n’umusanzu wa mituweli uheruka kongerwa, mbere yo kuzakora ubuvugizi mu gihe byaba bibaye ngombwa. Mu kwezi gushize kwa Gashyantare ni bwo iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho ingano n’uburyo bwo gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza, ryagaragaje ko umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza uzwi […]
M23 yateye utwatsi ibyo kuvana ingabo i Bukavu

Umutwe wa AFC/M23 wabeshyuje inkuru z’uko wasabye ingabo zawo ziri mu mujyi wa Bukavu wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo kuwuvamo. Ni nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga harimo hazenguruka itangazo ryitiriwe Umuyobozi wungirije wa AFC/M23 ushinzwe ibikorwa bya politiki, demokarasi n’imiyoborere, Bertrand Bisimwa, rivuga ko iri huriro ryafashe icyemezo cyo kuva i Bukavu kugira ngo […]