U Burundi bwamaze kwakira drone za mbere bwemerewe n’u Bubiligi 

3c6e0fe4 5e65 45dd b62b c77c885ec58d

U Burundi bwamaze kwakira drone zibarirwa muri 500 ndetse n’ibindi bikoresho bya gisirikare, nk’uko amakuru agera kuri BWIZA abyemeza. Ni ibikoresho Gitega yemerewe na Bruxelles ngo bizifashihwe mu mugambi wo gutera u Rwanda ibihugu byombi bihuriyeho. Muri iki cyumweru ni bwo BWIZA yatangaje ko kugira ngo uriya mugambi ugende neza, u Burundi bwemerewe ibikoresho birimo […]

Umuyobozi mushya wa MONUSCO yasuye ‘FDLR zitegura koherezwa mu Rwanda’

20260425 140153

Umuyobozi mushya w’ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, James Swan, kuri uyu wa Gatandatu yasuye abo bivugwa ko ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR bahurijwe mu kigo cya Mubambiro, mbere y’uko boherezwa mu Rwanda. Abarwanyi Swan yasuye ngo ni abemeye ubusabe bw’ingabo za FARDC zabasabye kurambika intwaro hasi bakazishyikiriza, kugira […]

Umuti Perezida Kagame abona wavura ibibazo byo muri RDC n’akarere

55228789455 cd942ddc61 o 83cd3

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko kugira ngo ibibazo by’umutekano muke n’amakimbirane yugarije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’akarere k’Ibiyaga Bigari bikemuke, hakenewe kwita ku mpamvumuzi ya buri kimwe. Umukuru w’Igihugu yabitangarije i Chantilly mu Bufaransa, aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku miyoborere n’iterambere (WPC). Mu kiganiro yatangiye muri iyi nama, yavuze ko ibibazo byugarije RDC […]

Ibirindiro byinshi by’ingabo za FAMA byagabweho ibitero

mali military 3

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Mata, mu bice bitandukanye biri hafi y’umujyi wa Bamako wo muri Mali humvikanye urusaku rwinshi rw’amasasu, nyuma y’ibitero byagabwe ku birindiro by’ingabo za kiriya gihugu. Televiziyo ya TV5 Monde yatangaje ko uduce twagabwemo ibitero turimo aka Kati gaherereye mu bilometero 15 uvuye i Bamako, aka […]

Lt. Gen Sikatenda yashyinguwe nk’umusivile

20260425 081627

Kera kabaye Lieutenant Général Sikatenda Shabani wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashyinguwe nyuma y’umwaka urenga wari ushize yarapfuye. Ku wa 22 Mata ni bwo uyu mugabo yashyinguwe mu gace yakomokagamo ka Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Icyakora nk’abandi basirikare, Sikatenda ubwo yashyingurwaga ntiyigeze ahabwa icyubahiro cya gisirikare, ahubwo […]

BK yashoye arenga Frw miliyari 3 muri Shampiyona y’u Rwanda 

Urwego rwa Rwanda Premier League rutegura shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda na Banki ya Kigali, ku wa Gatanu bashyize umu umukono ku masezerano y’imikoranire afite agaciro ka miliyari 3,2 Frw. Aya masezerano yasinywe bigizwemo uruhare na Perezida w’Inama y’Ubuyobozi ya Rwanda Premier League, Mudaheranwa Yussuf; Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr. Diane Karusisi […]

Museveni yashimagije Gen. Muhoozi

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yashimagije imfura ye akanaba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ubwo yamwifurizaga isabukuru nziza y’amavuko. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Mata 2026, ni bwo Gen. Muhoozi yizihije isabukuru y’imyaka 52 y’amavuko. Museveni abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko ashima Imana kuba we n’umugore […]

Gen. Makenga yasoje amahugurwa y’abayobozi mu bice bigenzurwa na AFC/M23

20260424 081444

Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, Général-Major Sultani Makenga, ku wa Kane yayoboye umuhango ukomeye wo gusoza amahugurwa y’abayobozi mu nzego za politiki n’ubuyobozi bw’ibanze, yateguwe na AFC/M23, mu rwego rwo gukomeza gahunda yo kuvugurura no kongera kubaka inzego za Leta. Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, aya mahugurwa ari mu “murongo udasubirwaho ugamije gushyiraho […]

U Rwanda na RDC byongeye guhurira ku meza y’ibiganiro i Washington

images 16

Intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zahuriye mu nama ya gatanu y’akanama gashinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano amaze hafi umwaka asinywe n’ibihugu byombi. Iyo nama yabereye i Washington DC ku wa 23 Mata 2026, yanitabiriwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Qatar, Togo nk’umuhuza mu izina ry’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, […]

Tanzania: Kera kabaye iperereza rya Leta ryahishuye umubare w’abishwe mu matora

202603afr tanzania daresalaam protests

Iperereza ryakozwe na Leta ya Tanzania ku mvururu zakurikiye amatora rusange yo mu Ukwakira 2025 yabaye muri icyo gihugu, ryagaragaje ko abantu nibura 518 ari bo bishwe. Barimo 197 barashwe,  na ho abarenga 2,000 barakomereka. Mu bapfuye harimo abagabo 490, abana 21 ndetse n’abagore 16, ariko umubare nyakuri ushobora kuba urenzeho kubera abashyinguwe mu ibanga. […]

Abanya-Afghanistan Trump ashaka kohereza kwa Tshisekedi babyanze 

P202512004DT 0266

Abanya-Afghanistan 1,100 bafashije Amerika mu ntambara leta ya Donald Trump ishaka kohereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo babiteye utwatsi, bagaragaza ko badashaka koherezwa muri icyo gihugu. Aba bantu bafashije Amerika mu ntambara yo mu gihugu bakomokamo, mu itangazo bashyize ahagaragara, bavuga ko batagishobora gusubira muri Afghanistan kubera umutekano muke baterwa no gukorana na Amerika, […]

Ndayishimiye yahinduye abarimo ushinzwe ibikoresho bya gisirikare muri FDNB 

20250313040858000000

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yahinduye bamwe mu bayobozi bakuru mu nzego za gisirikare, ashyiraho umusirikare mushya ushinzwe ibikoresho bya gisirikare mu ngabo. Bikubiye mu iteka rya Perezida Ndayishimiye ryasohotse kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Mata. Abo Ndayishimiye yahaye inshingano barimo Colonel Thierry Kabula wagizwe umukuru w’Ishami rishinzwe ibikoresho mu ngabo z’u Burundi, […]

Umunyamabanga w’ingabo za Amerika zirwanira mu mazi yirukanwe

20260423 075426

Minisiteri y’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Pentagon) ku wa Gatatu yatangaje ko John Phelan wari Umunyamabanga ushinzwe ingabo zirwanira mu mazi, yavuye ku mwanya we. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa Pentagon, Sean Parnell, rivuga ko igenda rye “ryabaye ako kanya”. Iryo tangazo ryanyujijwe ku rubuga nkoranyambaga X ntiryasobanuye impamvu y’icyemezo cyo kuva kuri […]

Intambara ya Iran igiye gutuma igiciro cy’udukingirizo gitumbagira

3696

Uruganda rwa Karex rwa mbere ku Isi rukora udukingirizo rwinshi, rwatangaje ko rugiye kuzamura igiciro cyatwo ku kigero cya 30% kubera intambara ikomeje kubera intambara ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Goh Miah Kiat uyobora ruriya ruganda rusanzwe rukora udukingirizo turenga miliyari eshanu ku mwaka, yagaragaje izamuka ry’udukingirizo rishingiye ku kuba ibyo bifashishisha […]

Chorale Pastor Bonus igiye kwizihiza yubile y’imyaka 25 izabanzirizwa n’igitaramo

Chorale Pastor Bonus ikorera ubutumwa muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Nyarugenge (ahahoze ari KIST-KHI), iri mu myiteguro yo kwizihiza yubile y’imyaka 25 imaze ishinzwe. Iyi chorale isanzwe ibarizwa muri Arkidiyosezi ya Kigali, Paruwasi Kathédrale ya Saint Michel, yashinzwe mu mwaka wa 2001. Ibirori byo kwizihiza iyi yubile izabanzirizwa n’igitaramo cyiswe “Big Sing Concert V” […]

U Bubiligi bwahaye u Burundi drone 5,000 zo kwifashisha mu gutera u Rwanda 

20260422 102604

Igihugu cy’u Bubiligi biravugwa ko kimaze igihe giha u Burundi umurundo w’intwaro, ngo buzawifashishe mu mugambi wo gutera u Rwanda buhuriyemo n’ibindi bihugu. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko Bruxelles yasabye Gitega kuyifasha muri uriya mugambi kugira ngo bakureho ubuyobozi bw’u Rwanda, ibyo ubuyobozi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye bwaje kwemera. Bivugwa ko kugira ngo uyu […]

Trump mu nzira zo kohereza muri RDC abanya-Afghanistan bafashije Amerika mu ntambara

21int afghan deportees new zmlj

Ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump buri mu biganiro bishobora gusiga Abanya-Afghanistan bagera ku 1,100 bafashije ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu ntambara yo muri Afghanistan boherejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibyo biganiro bije nyuma y’icyemezo cya Perezida Trump cyo guhagarika gahunda yahaga abanya-Afghanistan bafashije Amerika amahirwe yo gusaba kwimurirwa muri Amerika. […]

Perezida Gustavo Petro yategetse ko abaturage be Amerika yohereje muri RDC bacyurwa

20260421 202357

Perezida Gustavo Petro wa Colombia, yategetse Guverinoma y’igihugu cye gukora ibishoboka byose igacyura abanya-Colombia Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziheruka kohereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo kubirukana ku butaka bwazo. Mu cyumweru gishize ni bwo Amerika yohereje i Kinshasa abimukira 15 bakomoka muri Amerika y’Amajyepfo, nyuma yo kubirukana ku butaka bwayo. Aba […]

Umudepite wa Amerika yasabye ‘umunyagitugu Tshisekedi’ na Ndayishimiye guhita bahagarika urugomo mu Minembwe

Depite Joe Wilson uhagarariye ishyaka ry’aba-Républicain mu nteko ishinga amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasabye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na mugenzi we Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, guhagarika ‘aka kanya’ ibitero ingabo zabo zimaze igihe zigaba ku banye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge. Ni mu butumwa uyu mudepite yageneye […]

Massad Boulos yaganiriye na Tshisekedi na Ndayishimiye 

20260421 074150

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuye banagirana ibiganiro n’umujyanama wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ushinzwe ibibazo bya Afurika. Aba bagabo uko ari batatu bahuriye i Antalya muri Türkiye, ahabereye ihuriro mpuzamahanga ryiga ku bukungu mu cyumweru gishize. Massad […]

Netanyahu yavuze imyato mukuru wiciwe muri Uganda

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yahaye icyubahiro umuvandimwe we, Lt. Col Yonatan “Yoni” Netanyahu wiciwe muri Operasiyo yo gutabara abanya-Israel bari barafashwe bugwate bakajyanwa i Kampala muri Uganda. Netanyahu abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko “Yoni yari umuvandimwe wanjye mwiza, inyenyeri yanjye ya Ruguru yamfashije kunyura mu nzira yanjye mu bihe bikomeye […]

Ibyo Ndayishimiye yaganiriye na Traoré wa Burkina Faso wamwakiriye

20260420 162509

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, kuri uyu wa Mbere yakiriwe anagirana ibiganiro na Perezida w’inzibacyuho wa Burkina Faso, Capitaine Ibrahim Traoré. Hari mu ruzinduko Ndayishimiye unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yagiriye i Ouagadougou. Perezidansi y’u Burundi ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko ibiganiro bya Ndayishimiye na Traoré byagarutse ku buryo bwo “kubaka […]

Umukobwa wa Rwigema ayoboye intumwa z’u Rwanda zagiye kuganira na Uganda

U Rwanda na Uganda kuva kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Mata, byahuriye mu nama ya 12 ya Komisiyo ihuriweho igamije kwiga uko ubufatanye bw’ibihugu byombi bwarushaho kwaguka. Intumwa z’u Rwanda zitabiriye iyi nama y’iminsi itatu, ziyobowe na Teta Gisa Rwigema, umukobwa wa Maj. Gen Fred Gisa Rwigema watangije urugamba rwo kubohora u Rwanda […]

Ndayishimiye ategerejwe kwa Capitaine Traoré

au yahaye perezida evariste ndayishimiye inshingano yo gukemura ibibazo byugarije sahel 50a7d

Perezida w’u Burundi, Jenerali Évariste Ndayishimiye, ategerejwe i Ouagadougou mu murwa mukuru wa Burkina Faso, mu ruzinduko rw’akazi rugamije ubucuti. Perezidansi ya Burkina Faso mu itangazo yasohoye, yavuze ko Perezida Ndayishimiye, ari na we uyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) asura kiriya gihugu kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Mata 2026. Biteganyijwe ko […]

AFC/M23 na FARDC bitanye ba mwana ku bitero byagabwe muri Masisi na Minembwe

20260420 063933

Umutwe wa AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku Cyumweru buri ruhande rwashinje urundi kuba inyuma y’ibitero byagabwe muri Masisi na Minembwe hakoreshejwe drone, nyuma y’amasaha make bavuye mu biganiro by’iminsi itanu byaberaga i Montreux mu Busuwisi. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, saa 17:15 yanditse ku rubuga rwe rwa X ko mu […]

Inkongi y’umuriro yibasiye camp Base: Ndayishimiye yavuguruje Gen. Baratuza

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yanyomoje amakuru yatanzwe n’igisirikare cy’u Burundi yavugaga ko inkongi y’umuriro yibasiye Ikigo cya gisirikare cya Camp Base cyo mu mujyi wa Bujumbura yatewe n’umuriro w’amashanyarazi. Ku mugoroba w’itariki 31 Werurwe ni bwo muri kiriya kigo cya gisirikare giherereye mu gace ka Musaga mu majyepfo ya Bujumbura habaye inkongi y’umuriro, ndetse […]

Muhanga: Green Party yasabye abarwanashyaka bayo kugaragaza isura nziza

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, ryasabye abarwanashyaka baryo bo mu karere ka Muhanga kugira uruhare mu kugaragaza isura nziza y’ishyaka ryabo. Babisabwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Mata, ubwo abarwanashyaka bahagarariye abandi ku rwego rw’akarere bari mu nama ikomatanyije n’amahugurwa mu rwego rwo kubategura ngo bazajye guhugura bagenzi babo ku […]

Bibaye ngombwa ko hari impamvu yatuma njya i Kigali najyayo: Perezida Ndayishimiye

20260418 174328 1

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi muri iki gihe uyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yatangaje ko mu gihe haboneka impamvu yamusaba gukorera urugendo i Kigali nta cyatuma atajyayo. Ndayishimiye yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana n’umuyoboro wa YouTube wa Yaga Burundi. Ni ikiganiro cyabaye mu gihe u Burundi bumaze imyaka irenga ibiri budacana uwaka n’u […]

Bunyoni yibeshye agakandagira ku kibuga cy’indege yahita yongera gufungwa: Ndayishimiye 

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko Leta y’igihugu cye yafashe icyemezo cyo kurekura by’agateganyo Gen. Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe, nyuma yo gusanga nta byago agiteje igihugu. Bunyoni wari warakatiwe gufungwa burundu n’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo guhungabanya umutekano w’igihugu; guhungabanya ubutunzi bw’igihugu; kubona inyungu z’akazi mu buryo bunyuranyije […]

Iran yongeye gufunga umuhora wa Hormuz 

129514230

Igisirikare cya Iran kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Mata cyatangaje ko cyongeye gufunga inzira y’amato ya Hormuz, nyuma y’amasaha make kivuze ko cyawufunguye. Ibiro Ntaramakuru Fars News Agency bikorera mu murongo w’umutwe w’ingabo za Iran zishinzwe Kurinda Impinduramatwara (IRGC) n’ibindi bitangazamakuru birimo ibya Leta, byatangaje ko uriya muhora “urasubira mu bihe wari usanzwe […]

Ghana: Umusore yatawe muri yombi azira kwiba igifaru

IMG 20260417 WA0010

Umusore w’imyaka 26 ukomoka muri Ghana, yatawe muri yombi nyuma yo kwiba imodoka y’intambara (igifaru) ya polisi, mu gace ka Nkawie, mu karere ka Atwima Nwabiagya South, mu ntara ya Ashanti. Uwo musore witwa Ebenezer Frimpong yafashwe nyuma yo gukurikiranwa n’itsinda ryihariye rya SWAT rigizwe n’abapolisi barindwi, rimufatira mu muhanda wa Abuakwa–Kumasi. Raporo ya Polisi […]

Col. Patrick Rakotomamonjy yatawe muri yombi akekwaho kugerageza ‘coup d’état’

Ubutegetsi bwa Madagascar bwemeje ko Colonel Patrick Rakotomamonjy uri mu basirikare bakuru muri kiriya gihugu yatawe muri yombi, akaba akekwaho kugira uruhare mu mugambi wo kugerageza guhungabanya ubutegetsi no kugirira nabi abayobozi bakuru b’igihugu. Nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’umutekano abivuga, uyu musirikare yafashwe nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi rikorwa ku bikorwa bivugwa ko byari […]

Hatangiye kuboneka ibimenyetso by’uko Minisitiri Bugaga yaba yarishwe na Leta y’u Burundi 

GridArt 20260416 093639078 copy 1000x666 1

Urupfu rwa Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho w’u Burundi, Gabby Bugaga, rukomeje guteza urujijo n’impaka ndende mu banyagihugu, nyuma y’uko umurambo we ubonetse mu modoka ye mu gace ka Kivoga, muri komine Mutimbuzi, mu gitondo cyo ku wa 16 Mata 2026. Nubwo ubuyobozi bw’u Burundi bwatangaje ko yazize “urupfu rutunguranye” rwatewe n’impanuka, amakuru atandukanye arimo ashyirwa ahagaragara […]

Kinshasa yemeye kurekura imfungwa zirenga 300 za AFC/M23

20260415 163219

Umutwe wa AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byemeranyije ko mu minsi 10 iri imbere buri ruhande ruzarekura imfungwa z’urundi zifite. Ibi biri mu byo impande zombi zumvikanyeho, nyuma y’ibiganiro kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru zagiraniraga mu mujyi wa Montreux wo mu Busuwisi. Ni ibiganiro byanitabiriwe n’abarimo Leta Zunze Ubumwe za […]

Abatwara abagenzi bagera ku 100 bamaze guhanwa bazira kubahenda

gare 10 2

Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rwatangaje rwagannye abatwara abagenzi babarirwa mu 100 bazira kubahenda. RURA ibinyujije ku rubuga rwa X, yagize iti: “Nyuma yo gutangaza ibiciro bishya by’ingendo, RURA iri gukurikiranira hafi ishyirwa mu bikorwa ryabyo mu gihugu hose. Abatwara abagenzi bagaragaweho guhenda abagenzi  barahanwa (abagera hafi 100 bamaze guhanwa).” RURA yaboneyeho gusaba abatwara abagenzi “kubahiriza no […]

FDNB yarashe mu cyico abarobyi b’Abanyarwanda

20240614053843000000 scaled

Ingabo z’u Burundi zarasiye abarobyi babiri b’Abanyarwanda mu kiyaga cya Cyohoha, mu Karere ka Bugesera, barapfa. Byabereye mu Mudugudu wa Kanombe, Akagari ka Murambi mu Murenge wa Nyarugenge w’akarere ka Bugesera, ku wa 15 Mata 2026. Amakuru avuga ko mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatanu ari bwo bariya barobyi barashwe. Abarashwe nk’uko Umuseke wabyanditse […]

U Bufaransa: Ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi cyangijwe 

rouen af1c6

Leta y’u Bufaransa biciye muri Ambasade yabwo mu Rwanda, yamaganye abangije ikimenyetso cy’urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruherereye mu mujyi wa Rouen mu ntara ya Normandie. Iki kimenyetso cyashyizwe mu mujyi wa Rouen muri Mata 2024, ubwo Umuryango Mpuzamahanga wifatanyaga n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Cyari cyanditseho […]

Izamuka rya Lisansi nta ngaruka riri bugire ku biciro by’ingendo: Minisitiri Uwihanganye

20260417 073229

Minisiteri y’Ibikorwaremezo yatangaje ko n’ubwo ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byazamutse, bitazagira ingaruka ku biciro by’ingendo ku bakoresha imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange. Ku wa Kane tariki ya 16 Mata ni bwo Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli, aho litiro ya lisansi yageze kuri 2,938 Frw. Ibi bivuze ko Lisansi yiyongereyeho […]

Perezida Kagame yaramukanyije na Ndayishimiye 

20260416 182728

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Mata, yahanye umukôno na mugenzi we Evariste Ndayishimiye w’u Burundi. Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye muri Stade de la Concorde iherereye mu mujyi Kintélé muri Congo-Brazzaville, aho bari bitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Denis Sassou Nguesso. Ubwo Abakuru b’ibihugu bari bitabiriye ibi birori barimo bajya gushimira […]

Mozambique yananiwe kwishyura amafaranga ibereyemo RDF

E8XX8NhXsAIz eb

Umubano hagati ya Mozambique n’u Rwanda biravugwa ko watangiye kuzamo agatotsi, nyuma y’uko kiriya gihugu cyo mu majyepfo ya Afurika kinaniwe kwishyura amafaranga agenewe ibikorwa byo kurwanya iterabwoba mu ntara ya Cabo Delgado ingabo z’u Rwanda zirimo. U Rwanda rufite ingabo muri Mozambique kuva muri Nyakanga 2021, ndetse Guverinoma yarwo yemeza ko muri iki gihe […]

Julius Malema yakatiwe gufungwa imyaka 5

4f6dc4e2 02b1 4fa1 ac14 0607ecb15569 cover 1767860372925

Umunyapolitiki Julius Malema uyobora Ishyaka Economic Freedom Fighters (EFF) ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Afurika y’Epfo, yakatiwe igifungo cy’imyaka 5, ahamijwe icyaha cyo kurenga ku mategeko agenga ikoreshwa ry’intwaro. Malema yakatiwe kiriya gifungo azira kurasa imbunda mu ruhame mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Muri 2018 ni bwo Malema yarashe amasasu mu kirere akoresheje imbunda, mu gihe harimo […]

Burundi: Minisitiri w’Itangazamakuru yasanzwe yapfuye

Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho w’u Burundi, Gabby Bugaga, kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Mata yasanzwe mu modoka yapfuye. Umurambo wa Bugaga wanigeze kuba umunyamakuru, wasanzwe mu gace ka Rubirizi mu ntanzi z’umujyi wa Bujumbura, uri mu modoka ye. Kugeza ubu ntiharamenyekana intandaro y’urupfu rwe, ariko amakuru amwe avuga ko yaba yazize impanuka. Guverinoma y’u […]

Gusenya FDLR: RDC ku gitutu cya Amerika

images 13

Leta Zunze Ubumwe za Amerika biciye muri Tammy K. Bruce uzihagarariye muri Loni, zibukije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gusenya umutwe wa FDLR nk’uko zibisabwa n’amasezerano ya Washington yasinyanye n’u Rwanda. Ambasaderi Tammy Bruce yabigarutseho ku wa Gatatu tariki ya 15 Mata, mu ijambo yavugiye mu nama ya 10 136 y’akanama ka Loni gashinzwe amahoro […]

FDLR nidasenywa nta mahoro azaboneka: Ambasaderi Kayinamura 

75191

Ambasaderi wungirije w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yabwiye Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano k’uriya muryango ko nta nzira ifatika iganisha ku mahoro mu karere k’Ibiyaga Bigari ishoboka, mu gihe cyose umutwe wa FDLR waba ukomeje kudasenywa. Ambasaderi Robert Kayinamura yabivuze ku wa Gatatu tariki ya 15 Mata, mu nama y’Akanama k’Amahoro n’Umutekano yasuzumaga ishyirwa mu bikorwa […]

Perezida Kagame ari muri Congo

Perezida Paul Kagame yageze i Brazzaville muri Repubulika ya Congo, aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida w’iki gihugu, Denis Sassou Nguesso. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu ni bwo Umukuru w’Igihugu yageze i Brazzaville, mbere yo kwakirwa na Minisitiri w’Intebe wa Congo, Anatole Collinet Makosso. Ku wa Kane tariki ya 16 Mata ni bwo […]

Bwa mbere abasirikare ba AFC/M23 n’aba FARDC bagiye guhurira muri EJVM

20260415 163219

Abahagarariye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe witwaje intwaro wa AFC-M23, kuri uyu wa Gatatu bashyize umukono ku masezerano agamije gukaza uburyo bwo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge. Ni amasezerano yashyiriweho umukono mu Busuwisi, aho impande zombi ziri kugiranira ibiganiro kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru. Aya masezerano ateganya ko abasirikare ba AFC/M23 bagomba kwinjizwa […]

U Burundi bwohereje izindi ngabo i Mulenge

20260415 064345

Ahagana saa mbiri z’ijoro hongeye kugaragara ibikorwa byo kohereza izindi ngabo z’u Burundi ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC). Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko ubu bwato bwari buhageze ku cyambu cya Rumonge, aho bwapakiraga ibikoresho ndetse n’abandi basirikare benshi, nk’uko ababyiboneye babivuga. Ni nyuma y’uko tariki ya 4 Mata, mu nkuru […]

Ambasaderi Ntahiraja mu bari ku isonga ryo gutegura umugambi w’u Burundi wo gutera u Rwanda

maxresdefault 1

Ambasaderi w’u Burundi i Bruxelles mu Bubiligi, Thérence Ntahiraja, aravugwa mu bikorwa byo guhuza abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda baba muri kiriya gihugu, mu mugambi wo gushoza intambara ku Rwanda. Iby’uyu mugambi byashyizwe ahabona n’Umuryango FOCODE biciye muri Nininahazwe Pacifique uwuyobora. Hari mu kiganiro cyagarukaga ku iturika riheruka kwibasira ububiko bw’intwaro bwo mu kigo cya gisirikare […]

AFC/M23 na CICR basinyanye amasezerano

20260415 073624

Umutwe wa AFC/M23 na Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge, mu mpera z’icyumweru gishize basinyanye amasezerano yerekeye gutwara abasirikare bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bari mu maboko y’uriya mutwe. Ni amasezerano yashyizweho umukono hagati y’itariki ya 11 n’iya 12 Mata, akaba ateganya ko abasirikare ba Leta ya Kinshasa bari mu maboko ya […]

Macron yasabye Amerika na Iran gusubira ku meza y’ibiganiro bwangu

20260415 064823

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yasabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran gusubukura ibiganiro bwangu, nyuma y’uko ibyo impande zombi zagiranye mu cyumweru gishize ntacyo zashoboye kugeraho. Macron mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X ejo ku wa Kabiri, yavuze ko ubusabe bwe yabugejeje kuri ba Perezida Massoud Pezeshkian wa Iran na Donald […]

Perezida Kagame ni we uzaba Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya Gisirikare y’u Rwanda

Imiterere y’uburyo Kaminuza ya Gisirikare y’u Rwanda izaba iyobowe, yerekana ko Perezida Paul Kagame agomba kuzaba ari we muyobozi mukuru wayo (Chancellor). Iyi kaminuza yashyizweho n’iteka ryo mu 2026 ryatangajwe mu Igazeti ya Leta yo ku wa 10 Mata, igamije guhuriza hamwe amashuri n’ibigo bitandukanye byigisha amasomo ya gisirikare n’ay’umutekano, izaba ifite icyicaro i Kigali. […]

Perezida Kagame yahaye imbabazi Brig. Gen (Rtd) Muziraguharara

20260414 171838

Perezida Paul Kagame yahaye imbabazi abantu batanu bari barakatiwe nyuma yo guhamya ibyaha bitandukanye, barimo Brig. Gen Fred Muziraguharara wahoze mu ngabo z’u Rwanda. Iteka rya Perezida ryasohotse mu igazeti ya Leta ku wa Mbere tariki ya 13 Mata, ryerekana ko mu bababariwe harimo Muziraguharara, wahoze ari Umuyobozi Mukuru wa sosiyete ya Horizon Group Ltd. […]

FDNB na FARDC bakubitiwe mu Minembwe 

1b9024d4 fd84 456e a1bb 6aaf12b99691 1

Amakuru aturuka mu misozi miremire yo mu Minembwe ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko imirwano yongeye gukara hagati y’umutwe wa MRDP-Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo zirimo iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), iz’u Burundi, ndetse n’imitwe yitwaje intwaro irimo Wazalendo na FDLR. Amakuru avuga ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa […]

Ingabo z’utavuga rumwe na Perezida Salva Kiir zisubije umujyi wa Akobo

sm 1732026193.474144

Umujyi wa Akobo wo muri Sudani y’Epfo wongeye gufatwa n’ingabo zo ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi, nyuma y’ukwezi kumwe ugenzurwa n’ingabo za Leta. Ni nyuma yo kuwirukanwamo n’iza Riek Machar wahoze ari Visi-Perezida wa kiriya gihugu kuri ubu ufunzwe. Amakuru avuga ko ku wa Mbere tariki ya 13 ari bwo ingabo zo mu mutwe wa […]

Umucuruzi wakoreraga i Pretoria yiciwe i Kinshasa

20260414 064549

Umucuruzi w’umunye-Congo wakoreraga i Pretoria muri Afurika y’Epfo yiciwe i Kinshasa; ubutegetsi bwa RDC bukavuga ko hari benshi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwe bamaze gutabwa muri yombi, mu gihe ukekwa kurusha abandi agihihishwa uruhindu. Amisi Issa Vally yishwe mu ijoro ryo ku wa 9 Mata rishyira ku wa 10 Mata 2026, ubwo yari muri […]

Dushyigikiye ubuyobozi burangajwe imbere na Perezida Kagame: Sen. Dr Habineza

Umuvugizi w’ihuriro ry’igihugu nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya politiki (NFPO), Senateri Dr. Frank Habineza, yatangaje ko iri huriro rishyigikiye ubuyobozi bw’u Rwanda buyobowe na Perezida Paul Kagame, ndetse ko ritifuza uwo ari we wese washaka gusubiza igihugu inyuma. Yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki ya 13, mu ijambo risoza icyumweru cy’icyunamo yavugiye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa […]

Ingingo 3 AFC/M23 na Kinshasa bagiye kuganiraho mu Busuwisi

X4GJYRXEYBE5BL6LVF2TUXGOOY copy 1000x562 1

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa AFC/M23, kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Mata barahurira mu cyiciro cya cyenda cy’ibiganiro bigamije gucubya umwuka mubi umaze imyaka igera kuri itanu uri hagati y’impande zombi. Ni ibiganiro bibera mu Busuwisi, bikaba biteganyijwe ko bigomba kumara iminsi itanu. Mu ngingo nyamukuru zizaganirwaho, harimo eshatu […]

The Ben na Bruce Melodie bajyanye kunamira Abatutsi bashyinguye ku Gisozi

20260413 080914

Abahanzi Mugisha Benjamin ‘The Ben’ na Itahiwacu Bruce ‘Bruce Melodie’, ku Cyumweru tariki ya 12 Mata basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi, bunamira Abatutsi barenga 250,000 barushyinguwemo. Bruce Melodie abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yavuze ko we n’uriya mugenzi we Bafashe icyemezo cyo gusura urwibutso rwa Kigali mu rwego rwo […]