Inzego zirimo UPDF zagabye igitero ku rugo rwa Anita Among

Urwego rw’Ubugenzacyaha muri Uganda (CID), rufatanyije n’Ingabo za Uganda (UPDF) ndetse n’izindi nzego z’umutekano, bagabye igitero kigamije gusaka urugo rw’uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Anita Annet Among, ruherereye i Nakasero mu Mujyi wa Kampala. Ni igitero cyatangiye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, aho abashinzwe iperereza, inzego z’ubutasi bwa gisirikare n’impuguke mu gusuzuma […]
Perezida Kagame yaherekeje Gen. Doumbouya wasoje uruzinduko mu Rwanda

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, Perezida Paul Kagame ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, yaherekeje mugenzi we wa Guinea, Mamadi Doumbouya, wasoje uruzinduko yari amazemo iminsi mu Rwanda. Muri uru ruzinduko, Perezida Doumbouya yitabiriye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro Inama ya Africa CEO Forum 2026 yaberaga i Kigali, ihuza abayobozi bakuru b’ibigo bikomeye […]
Uganda: Among uheruka kwibazwaho na Gen. Muhoozi yabujijwe guhatanira kuyobora Inteko Ishinga Amategeko

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Aneth Among, yasabwe kutongera guhatanira uyu mwanya, nyuma y’iminsi mike yibajiweho na Gen. Muhoozi Kainerugaba kubera umutungo we. Televiziyo ya Leta ya Uganda (NTV), yatangaje ko ku wa 15 Gicurasi 2026, Among yatumiwe mu nama mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu yayobowe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni, ndetse ko ari […]
RDF ikwiriye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel aho guhabwa ibihano: Dr. Kayumba Christopher

Dr. Kayumba Christopher wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda akanaba umushakashatsi, asanga ingabo z’u Rwanda (RDF) zikwiye guhabwa igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel aho guhabwa ibihano. Iyi mpuguke yahoze yigisha mu Ishuri ry’Itangazamakuru n’Itumanaho rya Kaminuza y’u Rwanda, yabigarutseho mu nyandiko yanyujije mu kinyamakuru The New Times. Ni nyuma y’ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika […]
Itsinda ry’ingabo za RDF riyobowe na Maj. Gen Nyakarundi ryakiriwe na Perezida Touadéra

Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, ku wa Gatanu yakiriye itsinda ry’abasirikare bo mu ngabo z’u Rwanda bari bayobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi, cyo kimwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Centrafrique, Olivier Kayumba. Iyi nama yakurikiye ibiganiro bagiranye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za kiriya gihugu, Gen Zéphirin Mamadou. Ni ibiganiro […]
Perezida Tinubu yemereye Abanyarwanda kumara iminsi 30 mu gihugu cye nta Viza

Urwego Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Nigeria, rwatangaje ko Abanyarwanda bemerewe kujya muri iki gihugu bakamarayo iminsi 30 bidasabye kuba bafite Viza. Uru rwego mu itangazo rwasohoye ku wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi ku mabwiriza ya Perezida Bola Ahmed Tinubu, rwavuze ko kiriya cyemezo cyaturutse ku bwumvikane hagati ya Nigeria n’u Rwanda. Ruti: “Muri ubu […]
I Bruxelles habereye imyigaragambyo yo kwamagana ubutegetsi bwa Tshisekedi

Abanye-Congo baba mu mahanga, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi bakoreye imyigaragambyo i Bruxelles mu Bubiligi bamagana “imiyoborere mibi n’ihohoterwa rikomeje kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo”, bigizwemo uruhare n’ubutegetsi bw’iki gihugu. Ni imyigaragambyo yateguwe n’abanye-Congo baba mu mahanga biciye mu miryango irimo GAKONDO, APDH, Diaspora Plurielle Congolaise n’indi. Aba mu itangazo […]
U Burusiya bugiye kubaka mu Rwanda uruganda rw’ingufu za nucléaire

Ikigo cy’u Burusiya gishinzwe ingufu za nucléaire, Rosatom, cyatangaje ko kiri kwagura ibikorwa byacyo ku rwego mpuzamahanga, aho u Rwanda ruri mu bihugu bishya gifitanye na cyo amasezerano yo kubaka inganda zitanga amashanyarazi akomoka ku ngufu za nucléaire. Ibi byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa Rosatom, Alexey Likhachev, mu kiganiro yahaye igitangazamakuru cya Vesti cyo mu Burusiya. […]
Perezida Samia Suluhu wa Tanzania ategerejwe mu Rwanda

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, ategerejwe i Kigali mu ntangiriro z’icyumweru gitaha aho azitabira inama mpuzamahanga yiga ku ngufu za nucléaire muri Afurika. Iyi nama izwi nka Nuclear Energy Innovation Summit for Africa 2026, iteganyijwe kubera mu i Kigali kuva tariki ya 18 kugeza ku ya 21 Gicurasi 2026. Iyi nama igiye kubera mu […]
Jean Luc Habyarimana yahuye na perezida wa FDLR n’abasirikare bakuru muri Pinga

Nyuma y’iminsi akorera ingendo i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’i Bujumbura na Gitega mu Burundi, Jean-Luc Habyarimana usanzwe ari umuhungu wa Habyarimana Juvénal wabaye Perezida w’u Rwanda yanageze mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu mujyi wa Pinga, uherereye muri teretwari ya Walikale. Amakuru BWIZA yamenye yemeza ko uyu mugabo mu byumweru bibiri […]
Nduhungirehe yanyomoje ibiro bya Tshisekedi byabeshye ko yitabiriye ibiganiro byitabiriwe n’abarimo P. Kagame i Nairobi

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yanyomoje amakuru yatangajwe n’Ibiro bya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byavugaga ko Perezida Félix Tshisekedi yitabiriye ibiganiro byabereye mu nama ya Africa Forward Summit iheruka kubera i Nairobi muri Kenya. Mu butumwa bwashyizwe ku rubuga X na Farah Muamba Kayowa ukuriye itumanaho muri Perezidansi ya […]
Abafite ubushobozi bwo kutugirira nabi ntibazabaho igihe kirekire: Perezida Kagame akomoza ku bihano bya Amerika

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rutazacika intege kubera ibihano n’igitutu mpuzamahanga, ashimangira ko abafite ubushobozi bwo kugirira abandi nabi batazabaho igihe kirekire cyo kwishimira kubakandamiza. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Kane ubwo yri mu nama ya Africa CEO Forum iri kubera i Kigali. Ni mu gihe hashize igihe umwuka utifashe neza hagati […]
Burundi: Ambasaderi yagwatiriye impapuro z’indege ya Perezida

Ikibazo cy’indege ya Perezida w’u Burundi imaze imyaka igera ku 10 iparitse i Madrid muri Espagne gikomeje gufata indi ntera, nyuma y’uko hamenyekanye amakuru avuga ko inyandiko z’ingenzi zayo zafashwe n’uwahoze ari ambasaderi w’u Burundi muri Afurika y’Iburengerazuba, Cherif Aidara Bocoum, usaba ko abanza kwishyurwa amafaranga avuga ko leta imurimo. Iyo ndege yo mu bwoko […]
Col. Kamasa wa Twirwaneho yasimbuye Nzenze mu butasi bwa M23

Amakuru akomeje kugaragara nayo kuba AFC/M23 yakoze impinduka zikomeye mu mikorere y’inzego zawo za gisirikare n’ubuyobozi zasize uhinduye uwari ukuriye urwego rwawo rushinzwe ubutasi. Amakuru ava imbere muri uyu mutwe BWIZA yamenye avuga ko mu cyumweru gishize ari bwo habaye inama ishyiraho abayobozi batandukanye, urwego rw’ubutasi rwari rusanzwe ruyobowe na Colonel John Imani Nzenze rwashyizwe […]
Ba Perezida Kagame na Bola Tinubu baganiriye ku gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare

Perezida Paul Kagame ku wa Gatatu tariki ya 13 Gicurasi, yakiriye mu biro bye mugenzi we Ahmed Bola Tinubu wa Nigeria, bagirana ibiganiro byibanze ku ngingo zirimo gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare. Perezida Tinubu ari mu bakuru b’ibihugu bari mu Rwanda, aho bitabiriye inama ihuza abayobozi b’ibigo by’ishoramari byo muri Afurika n’abandi bagira uruhare rukomeye […]
Ngororero: Umuganga watwikishije amazi yatuye umukozi we wo mu rugo yatawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi umugore wo mu murenge wa Gatumba w’akarere ka Ngororero usanzwe akora akazi k’ubuganga, nyuma yo gutwikishaga amazi ashyushye umukozi we wo mu rugo. RIB yemeje ko yamutaye muri yombi ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, ikaba yavuze ko afungiye kuri Station yayo ya Gatumba. Amakuru avuga […]
U Rwanda mu bihugu 10 bya mbere byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bitumiza intwaro nyinshi

Raporo y’Ikigo Mpuzamahanga gikora ubushakashatsi ku mahoro cya Stockholm International Peace Research Institute igaragaza ko n’ubwo iyinjizwa ry’intwaro muri Afurika ryagabanutseho 41%, ibihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bikomeje kongera ubushobozi bwa gisirikare binyuze mu kugura ibikoresho by’intambara bigezweho. Muri iyo raporo ishingiye ku mibare yo hagati ya 2021 na 2025, yashyize u Rwanda mu […]
AFC/M23 mu nzira zo gukora impinduka mu buyobozi bw’igisirikare cyayo

Amakuru agera kuri BWIZA aravuga ko mu minsi mike iri imbere umutwe wa AFC/M23 uzakora impinduka mu buyobozi bukuru bw’ingabo zawo. Amakuru agera kuri iki gitangazamakuru avuga ko iby’izi mpinduka byaganiriweho mu nama yahuje abayobozi bakuru b’igisirikare cy’uriya mutwe. Ni inama yari iyobowe n’Umugaba Mukuru akanaba umuhuzabikorwa wa gisirikare, Général-Major Sultani Makenga. Amakuru ava mu […]
Goma: Banki ya AFC/M23 yatangiye guha abaturage inguzanyo

Banki ya CADECO yafunguwe na AFC/M23 nyuma y’uko Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari imaze gufunga amabanki yo mu bice uriya mutwe ugenzura, yatangiye gutanga Serivisi z’imari ku batuye mu mujyi wa Goma. Mu mwaka ushize ni bwo AFC/M23 yafunguye kiriya kigo cy’imari, nyuma y’uko Leta ya Kinshasa yari imaze gufata icyemezo cyo […]
Gufatira u Rwanda ibihano rusange nk’uko Amerika yabigenje ntacyo byatanga: Perezida Macron

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje ko gufatira u Rwanda ibihano rusange mu buryo bwihuse bikurikije umurongo wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika byatanga “amahirwe make yo gutuma u Rwanda rugirana ubufatanye n’amahanga”. Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa yabigarutseho mu kiganiro aheruka guhera n’ibitangazamakuru bya RFI na France 24 i Nairobi muri Kenya, aho yari yitabiriye […]
Abanyarwanda bari mu barwanyi ba FDLR mu nzira zo kugera mu Rwanda babifashijwemo na Col. Kazarama wa M23

Bamwe mu banyarwanda 17 bari bamaze igihe bari kumwe n’abarwanyi b’umutwe wa FDLR ukorera mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari mu nzira zo gutahuka mu gihugu nyuma y’ubukangurambaga bakorewe na Col. Kazarama wa AFC/M23. Col. Vianney Kanyamuhanda Kazarama wahoze ari umuvugizi wa M23, kuri ubu nyuma yo gusubira muri uyu mutwe mu […]
Irahira rya Museveni: Umusirikare wa Uganda yatanduye ikoti rya ‘bodyguard’ wa Perezida Salva Kiir

Umwe mu bagabo b’ibigango bacungira umutekano Perezida Salva Kiir Mayardit wa Sudani y’Epfo, yaciriweho ikoti n’umusirikare wo mu ngabo za Uganda ubwo yari arinze sebuja werekezaga mu birori by’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda. Byabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Gicurasi, ubwo Perezida Kiir yarimo yinjira ku kibuga cy’ibirori cya Kololo […]
Museveni yarahiriye kuyobora Uganda muri manda ya 7

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yarahiriye gukomeza kuyobora iki gihugu muri manda ya karindwi, nyuma yo gutsinda amatora y’umukuru w’igihugu aheruka kuba muri Uganda. Uyu muhango wabereye mu gace ka Kololo,vwitabirwa n’abayobozi batandukanye bo mu karere no hanze yako, abasirikare bakuru ndetse n’abayoboke b’ishyaka riri ku butegetsi rya National Resistance Movement (NRM). Mu bitabiriye uwo […]
Museveni na Tshisekedi bemeranyije gushimangira imikoranire ya gisirikare

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, ku wa Mbere yakiriye mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’itsinda ry’intumwa ze, bagirana ibiganiro byasize ibihugu byombi bisinyanye amasezerano yo kwagura imikoranire yabyo. Amakuru atangwa n’impande zombi, avuga ko Kinshasa na Kampala byemeranyije gushimangira ubufatanye mu nzego zirimo ingufu, ibikorwaremezo, umutekano n’ubucuruzi. Museveni […]
Perezida Kagame ari i Nairobi

Perezida Paul Kagame yageze i Nairobi muri Kenya, aho yitabiriye inama y’ubufatanye bwa Afurika n’u Bufaransa yiswe ‘Africa Forward Summit’. Ni inama iyoborwa na Perezida wa Kenya, Dr. William Samoei Ruto na Emmanuel Macron w’u Bufaransa. Biteganyijwe ko Perezida Kagame ayobora ikiganiro ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rigezweho ririmo ubwenge buhangano (AI), anageze ijambo ku bayobozi b’ibigo […]
Abanyamulenge bo mu Bibokoboko bakomeje guhatirwa gushyigikira FARDC n’ingabo z’u Burundi

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, watangaje ko abaturage b’Abanyamulenge bo mu gace ka Bibokoboko muri Kivu y’Amajyepfo bakomeje gushyirwaho igitutu n’ubuyobozi bwa gisirikare bwa Congo n’u Burundi, kugira ngo bashyigikire ibikorwa byabwo ku gahato. Mu itangazo uyu mutwe washyize ahagaragara kuri uyu wa 11 Gicurasi 2026, wavuze ko hari […]
Ndayishimiye yongeye kwibasira Rwanda, yinyuraguramo ku mikoranire ya FDNB na FDLR

Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yongeye gushinja u Rwanda kuba rufite imigambi mibi ku gihugu cye biciye mu bufasha avuga ko ruha umutwe wa RED-Tabara, ndetse no guteza umutekano muke mu karere. Uyu mugabo mu kiganiro yahaye Jeune Afrique, yavuze ko u Burundi bugifata u Rwanda n’umutwe wa AFC/M23 nk’abateje ikibazo ku mutekano wabwo, nubwo […]
Nangaa wa AFC/M23 yikomye Amerika nyuma y’igitero cya drone za FARDC cyishe benshi i Mushaki

Umuhuzabikorwa w’ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23, Corneille Nangaa, yikomye Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’igitero ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ziheruka kugaba mu gace ka Mushaki zikacyiciramo abaturage benshi. Ku wa Gatanu tariki ya 8 ni bwo drone za FARDC zagabye igitero gikomeye ku isoko rya Mushaki […]
Kigali: Eastern Africa Greens Congress Convenes to Unite Green Parties in the Region

In the city of Kigali, the Eastern Africa Greens Congress (EAGF) has officially opened its meeting at Hotel Olympic Kimironko, bringing together delegates from Green political parties across the East African region. The meeting began on 8 May 2026 and is scheduled to conclude today, on 9 May 2026. It brings together representatives from several […]
Umubare w’abiciwe mu gitero cya drone za FARDC i Mushaki

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abantu babarirwa muri 20 ari bo biciwe mu gitero cya drone cyagabwe ku isoko rya Mushaki muri Teritwari ya Masisi, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe abandi 57 bagikomerekeyemo. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka mu itangazo yasohoye ku wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi, yavuze ko icyo […]
Amerika yamaganye igitero drone za FARDC zagabye i Mushaki

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye igitero cya za drone cyagabwe mu gace ka Mushaki ho muri Teritwari ya Masisi, zisaba “impande zose” gutanga agahenge no kubahiriza ibyo ziyemeje. Ku wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi ni bwo i Mushaki hagabwe ibitero bya drone byasize bikomerekeje abaturage benshi binasenya amazu yabo. Umutwe wa AFC/M23 biciye […]
Gasana wabaye Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni yaciwe arenga Frw miliyari 7 azira igitsina

Urukiko rw’i Manhattan muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa Kane tariki 7 Gicurasi 2026 rwahamije Eugène-Richard Gasana wahoze ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye icyaha cyo gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina umukobwa wamureze, rumuca indishyi ya $ miliyoni 5 (Arenga Frw miliyari 7). Muri 2019 Gasana yari yarezwe n’umukobwa wari ufite imyaka […]
Drone ya FARDC cyishe abaturage i Mushaki

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi, ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zagabye igitero drone mu gace ka Mushaki ho muri Teritwari ya Masisi, zicyiciramo abaturage abandi barakomereka. Ni igitero cyagabwe mu ma saa kumi z’igicamunsi. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ubwo kiriya gitero […]
Kigali: Hatangiye inama ihuza amashyaka arengera ibidukikije mu karere

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi, i Kigali hatangiye inama iri guhuza intumwa z’amashyaka arengera ibidukikije mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba. Iyi nama y’iminsi ibiri yitabiriwe n’intumwa ziturutse mu bihugu bitandukanye birimo u Rwanda, Uganda, Kenya, Tanzania, u Burundi, Somalia ndetse na Ethiopia. Abitabiriye iyi nama barimo abayobozi n’abahagarariye amashyaka arengera ibidukikije mu […]
Drone ya FARDC yahushije abasirikare ba M23

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Kane tariki ya 7 Gicurasi zagabye igitero cya drone mu bice bya Muja ho muri Teritwari ya Nyiragongo, ahari abasirikare ba AFC/M23. Mu ma saa saba y’igicamunsi cyo ku wa Kane ni bwo icyo gitero cyabaye, ndetse urusaku rw’igisasu yarashe rwumvikanye mu mujyi wa […]
Amerika yasabye abaturage bayo kwirinda uturere 3 tw’u Rwanda

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi yasabye abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu turere dutatu tw’u Rwanda. Washington mu butumwa buburira abaturage bayo bwasohowe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yayo, yabasabye kwirinda gukorera ingendo mu turere twa Rubavu, Musanze na Rusizi; by’umwihariko ku bilometero bibarirwa mu icumi uvuye […]
Kimwe mu byo nicuza cyane ni ukuba naravuganiye Tshisekedi ngo Amerika imufashe kuba Perezida: Tibor Nagy

Tibor Nagy wabaye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wungirije ushinzwe ubufatanye na Afurika, yatangaje ko yicuza kuba yaravuganiye Félix Antoine Tshisekedi ngo abe Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abifashijwemo na Amerika, agaragaza ko yabikoze yibwira ko we azaba atandukanye na ba Perezida bamubanjirije. Nagy yabaye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za […]
Ngoma: Abanyeshuri 2 b’abakobwa bahondaguye ‘animatrice’ wabo bamugira intere

Abanyeshuri babiri b’abakobwa biga mu kigo cy’ishuri cya EAV/Gitwe giherereye mu Murenge wa Rukira, Akarere ka Ngoma, batawe muri yombi nyuma yo gukubita no gukomeretsa bikomeye umurezi wabo (animatrice) nyuma bakaza gutorokera mu ishyamba riri hafi ya ririya shuri. Raporo yakozwe n’inzego z’ubuyobozi zo mu Kagari ka Kibatsi byabereyemo, avuga ko buriya bugizi bwa nabi […]
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yagaragaje ko imicungire y’umutungo wa Leta yarushijeho kunoga

Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Alexis Kamuhire, ku wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi yashyikirije Inteko Ishinga Amategeko raporo y’ubugenzuzi bw’imari ya Leta bw’umwaka warangiye ku wa 30 Kamena 2025, igaragaza ko imicungire y’umutungo wa Leta yakomeje kugenda iba myiza mu nzego zitandukanye za Leta. Iyi raporo igaragaza ko ubugenzuzi bwakorewe mu bigo bya Leta […]
Abanyarwanda bamaze gutahuka kuva M23 yafata Goma barenze 8,500

Kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Gicurasi, abandi Banyarwanda 359 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batahutse mu Rwanda baturutse mu mujyi wa Goma. Aba biganjemo abagore n’abana ubwo bageraga ku mupaka munini uhuza u Rwanda na RDC bakiriwe n’umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper wabahaye ikaze mu izina rya Leta y’u Rwanda. […]
Karasira Aimable wagombaga gufungurwa yapfuye

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora (RCS), rwatangaje ko Uzaramba Karasira Aimable byari byitezwe ko agomba kurekurwa nyuma yo kurangiza igifungo yari yarahawe, yapfuye kuri uyu wa 07 Gicurasi aguye mu bitaro bya Nyarugenge. RCS mu itangazo yasohoye, yavuze ko uyu wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda “yajyanwe mu bitaro nyuma yo gufatwa anywa imiti […]
Senateri Evode yasabye urugaga rw’abubatsi kwambura ibyangombwa uwubatse inzu ya RDB

Senateri Evode Uwizeyimana, yasabye urugaga rw’abubatsi mu Rwanda kwambura ibyangombwa uwubatse inzu y’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), nyuma yo kugaragaza ibibazo byatumye ifungwa hashize igihe gito itangiye gukorerwamo. Iyi nzu y’amagorofa 12 iherereye ku Gishushu ho mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, yakoreragamo ibigo bya leta birimo Rwanda Igishinzwe Kubungabunga Ibidukikije (REMA), Igishinzwe Imyubakire […]
Tshisekedi yaciye amarenga y’uko yifuza ko RDC iguma mu ntambara kugira ngo atava ku butegetsi

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu gihugu cye mu myaka ibiri iri imbere atazaba, mu gihe intambara ihanganishije ingabo ze n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 muri Kivu zombi izaba ikomeje. Uyu mugabo mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa Gatatu, yeruye ati: “Nitunanirwa kurangiza […]
Umuhungu wa Habyarimana kwa Ndayishimiye gutegura ibitero ku Rwanda

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko Jean-Luc Habyarimana usanzwe ari umuhungu wa Habyarimana Juvénal wigeze kuba Perezida w’u Rwanda amaze iminsi muri iki gihugu, bikavugwa ko ari mu mugambi wo kugaba ibitero ku Rwanda. Imakuru BWIZA yahawe n’imboni zayo mu Burundi yemeza ko Jean-Luc Habyarimana ari muri iki gihugu, ndetse umwe mu bahaye […]
Karongi: Bane bakekwaho kunyereza arenga Frw miliyoni 200 batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufunze abantu bane barimo Mukeshimana Marcel, wahoze ari umuyobozi w’ishuri ry’imyuga rya Rubengera II TSS School ryo mu Karere ka Karongi, abahoze ari ababaruramari baryo babiri n’uwasinyaga cheque z’ishuri. RIB ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko bariya bantu uko ari bane “bakurikiranyweho ibyaha byo kunyereza umutungo ufitiye […]
Urukiko rw’i Paris rwategetse ko Agathe Kanziga akomeza gukorwaho iperereza

Urukiko rw’Ubujurire rw’i Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi rwanzuye ko iperereza ku ruhare umugore wa Habyarimana Juvénal, Agathe Kanziga, akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi no mu itegurwa ryayo rikomeza. Uru rubanza rwagombaga gusomwa tariki 8 Mata, rusubikwa ku mpamvu zitatangajwe. Kuri uyu wa Gatatu, umucamanza w’urukiko yavuze ko abacamanza […]
Perezida Kagame yageze i Gaborone

Perezida Paul Kagame yageze i Gaborone mu murwa mukuru wa Botswana, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri. Umukuru w’Igihugu akigera ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cyitiriwe Sir Seretse Khama, yakiriwe na mugenzi we wa Botswana, Duma Boko ari na we wamutumiriye gusura igihugu cye. Uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame i Gaborone rwabanjirijwe n’inama ya kabiri y’Ihuriro […]
M23 n’ingabo za Kinshasa mu mirwano y’injyanamuntu hafi ya Uvira

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko kuri uyu wa Gatatu umutwe wa AFC/M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa baramukiye mu mirwano ikomeye cyane iri kubera ku ntera nto uvuye mu mujyi wa Uvira. Amakuru atandukanye yemeza ko imirwano iri kubera mu duce twa Kigoro, Kigurwe na Kabunambo […]
Gen. Mubarakh Muganga yaganiriye na Gen. Selçuk Bayraktaroğlu wa TAF

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga, ku wa Kabiri tariki ya 5 Gicurasi yahuye anagirana ibiganiro na mugenzi we w’ingabo za Türkiye (TAF), Gen. Selçuk Bayraktaroğlu. Abagaba bakuru b’ingabo z’ibihugu byombi bahuriye mu mujyi wa Instanbul muri Türkiye, ahari kubera imurikabikorwa rya gisirikare rya 2026 rizwi nka SAHA 2026 International Defence, Aviation and […]
Perezida Kagame yacyeje Arsenal yageze kuri ‘final’ ya Champions league

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal yo mu gihugu cy’u Bwongereza, nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league. Iyi kipe yageze kuri final ya Champions league, nyuma yo gutsinda Atletico Madrid yo muri Espagne bari bahuriye mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’irangiza igitego 1-0, bikarangira iyisezereye ku giteranyo cy’ibitego […]
Ubusembwa abadepite bari barabonye ku nzu ya RDB yafunzwe nyuma yo kugurwa za miliyari

Mbere y’uko Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rutangaza ko guhera ku wa 5 Gicurasi 2026 inyubako yarwo iherereye ku Gishushu izafungwa by’agateganyo, abadepite bari bamaze imyaka hafi ibiri bagaragaje ko ifite ubusembwa. RDB mu itangazo yasohoye ku wa Mbere, yavuze ko iriya nyubako yafunzwe kubera imirimo yo kuyivugurura. Uru rwego rwavuze kandi ko “mu […]
FERWAFA yahannye umusifuzi wakubise umugeri mu bugabo bw’umukinnyi wa Mukura

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryafashe icyemezo cyo guhagarika abasifuzi babiri bari mu bayoboye umukino wa shampiyona ikipe ya Mukura VS, nyuma yo gukora amakosa atandukanye. Abahanwe na FERWAFA barimo Nshimiyimana Remy Victor wari umusifuzi wo hagati mu kibuga, na Nsengiyumva Jean Paul wasifuraga ku ruhande. FERWAFA yabamenyesheje ko yabahannye biciye mu mabaruwa yabandikiye. […]
Bombori bombori muri Real Madrid yitegura gusura FC Barcelona

Ikipe ya Real Madrid ikomeje kuvugwamo umwuka mubi n’amakimbirane mu rwambariro rwayo, mu gihe habura iminsi mbarwa igasura mukeba wayo w’ibihe byose, FC Barcelona. Umufaransa Kylian Mbappé ni we ugarukwaho cyane nk’intandaro y’ubwumvikane buke buri mu rwambariro rwa Real Madrid. Ikinyamakuru The Athletic kivuga ko Mbappé asa n’uwahindutse ikibazo, nyuma y’aho agaragariye mu makimbirane yagiranye […]
Minisitiri Muadiamvita yemeje ko M23 yinjiriye itumanaho rya FARDC

Minisitiri w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Guy Kabombo Muadiamvita, yatangaje ko umutwe wa AFC/M23 wahoboye kwinjira mu itumanaho ry’ingabo za FARDC, umenya ibyo ziri gutegura ku rugamba. Muadiamvita yemeje aya makuru ubwo yaganiraga n’abadepite bagize Komisiyo ishinzwe igisirikare n’umutekano ku bushobozi bw’igisirikare cy’igihugu. Yavuze ko AFC/M23 ifite itumanaho rihambaye cyane ugereranyije n’irya FARDC. […]
Kinshasa yasabye Trump gushyiriraho Kabila impapuro zo kumuta muri yombi

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biciye mu ishyaka UDPS riyoboye iki gihugu, yasabye Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika gushyiriraho Joseph Kabila impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi. Ni amakuru yemejwe n’Umunyamabanga Mukuru wa ririya shyaka, Augustin Kabuya, mu rugendo rwateguwe na ririya shyaka ku wa Mbere tariki ya 4 […]
Ruto arifuza ko ikiguzi cyo guhamagarana kuri telefoni hagati ya Kenya, Tanzania, Uganda n’u Rwanda kigabanuka

Perezida wa Kenya, William Ruto, yongeye gusaba ko ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba byashyira imbaraga mu gushyira mu bikorwa byuzuye igitekerezo cya “One Network Area” (ONA), kigamije kugabanya ibiciro by’itumanaho hagati y’ibihugu no kunoza ihuzanzira mu karere. Yabisabye ku wa 4 Gicurasi 2026, mu nama y’ubucuruzi yahuje Kenya na Tanzania yabereye mu kigo mpuzamahanga cy’inama […]
Ntituzemera ko u Rwanda ruterwa na Ndayishimiye, tuzarutabara: Col. Rugabo wa Twirwaneho

Colonel Rugabo Fidèle uri mu basirikare bakuru b’umutwe wa Twirwaneho wiyemeje kurengera abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge, yateguje ko we na bagenzi be biteguye gutabara u Rwanda mu gihe rwaba rutewe n’ibihugu by’u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Uyu musirikare ukunze kumvikana avugira uriya mutwe, yabitangaje mu kiganiro aheruka kugirana n’umuyoboro wa YouTube […]
AFC/M23 yemeje ko FARDC yagabye igitero karahabutaka muri Lumbishi

Umutwe wa AFC/M23 uravuga ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Gicurasi zagabye igitero gikomeye mu gace ka Lumbishi ko muri Teritwari ya Kalehe mu ntara Kivu y’Amajyepfo. Umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rubuga rwe rwa X yavuze ko […]
Uganda: Habaye impanuka ikomeye ya Bisi

Muri Uganda hari ubwoba bw’uko abantu benshi baguye mu mpanuka ikomeye ya Bisi yabaye mu ijoro ryacyeye. Amakuru aturuka muri iki gihugu avuga ko iyi Bisi ya Kompanyi itwara abagenzi ya Nile Star Bus yagoganye n’ikamyo, ubwo yari igeze hagati y’uduce twa Pakwach na Karuma two mu majyaruguru ya Uganda yerekeza i Kampala. Ni impanuka […]
Kagame na Samia Suluhu biyemeje gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare n’umutekano

Nyuma y’uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame i Dar Es Salaam muri Tanzania, iki gihugu n’u Rwanda byiyemeje gukomeza gushimangira ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo igisirikare n’umutekano. Ku Cyumweru tariki ya 3 Gicurasi ni bwo Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe i Dar Es Salaam. Umukuru w’Igihugu yabanje kwakirwa na mugenzi we bagirana ibiganiro […]