IMG-20220105-WA0720

FARDC yohereje ba Ofisiye 3 i Goma

Sangiza iyi nkuru

LGuverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yohereje mu mujyi wa Goma abasirikare batatu bakuru ba FARDC, aho bagiye guhagararira Kinshasa mu rwego rw’uburyo bwo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge mu ntambara ihanganyemo n’umutwe wa AFC/M23.

Aba basirikare barimo Lieutenant-Colonel Ben Epule Cosmas ari na we uyoboye iryo tsinda, Major Lokuli Bofanda Fredy na Major Kitoko Dimonekene André.

Aba ba Ofisiye bakuru uko ari batatu bose bashyizwe mu itsinda rihagarariye uruhande rwa Leta ya Congo muri ruriya rwego ruzwi nka MCVE-PLUS (Mécanisme conjoint de vérification élargi Plus).

Mu ibaruwa yanditswe tariki ya 2 Nyakanga 2026 na Minisitiri w’Ingabo za RDC, Guy Kabombo Muadiamvita akayandikira yandikiwe Umuyobozi wa MONUSCO, yashimiye ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye ku bufasha bwabwo mu gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge no gushyigikira MCVE-PLUS.

Minisitiri Kabombo yavuze ko koherezwa kw’aba basirikare ari mu rwego rw’ubwumvikane bwabaye hagati ya Minisiteri y’Ingabo za Congo na MONUSCO, aho ubu butumwa bwiyemeje gufasha bariya basirikare mu rugendo rwabo rujya i Goma.

MCVE-PLUS ni urwego rwashyizweho rwo kugenzura no gutanga amakuru ku byaba binyuranyije n’amasezerano y’agahenge mu burasirazuba bwa RDC.

MONUSCO imaze igihe ishyigikira uyu mushinga, inatanga ibikoresho n’ibikorwa remezo kugira ngo ukore neza i Goma.

Uku koherezwa kw’abahagarariye FARDC mu mujyi wa Goma usanzwe ugenzurwa na M23, kuje mu gihe ibikorwa byo gushyira mu bikorwa ibyemezo byavuye mu biganiro bya Doha na Washington bikomeje, aho impande zirebwa n’amakimbirane zisabwa kubahiriza agahenge no gushyiraho uburyo bwo kugenzura imirwano.

Abasesenguzi bavuga ko kuba FARDC igiye kugira abahagarariye ku rwego rwa MCVE-PLUS i Goma bishobora gufasha mu kubona amakuru aturutse ku mpande zombi no mu gukurikirana ibirego byo kutubahiriza agahenge.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply