20260721_101307

Burundi: Abasirikare ba FDNB barijujutira kuba inkomere za FDLR na Wazalendo zifashwe neza kubarusha

Sangiza iyi nkuru

Bamwe mu basirikare b’u Burundi (FDNB), baravuga ko batishimiye uburyo abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu bitaro bya Tanganyika Hospital nyuma yo gukomerekera mu mirwano yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bafashwe neza, mu gihe bo inzara yenda kubica.

Amakuru atangwa n’abantu bazi ibibera muri biriya bitaro, avuga ko abarwanyi bakomerekeye mu mirwano yo muri RDC bavurirwa mu ishami rya Nyabugete ndetse no ku cyicaro gikuru cya Tanganyika Hospital giherereye mu Kinanira.

Bivugwa ko nka Nyabungete hari abarwanyi babarirwa muri 85, barimo n’aba FDLR.

Bamwe mu basirikare b’u Burundi bavurirwa muri ibi bitaro bavuga ko hari abarwanyi baturutse muri RDC basangira ibyumba na bo, ibintu bavuga ko bibatera impungenge ndetse bikabongerera uburakari bitewe n’uko babona abo barwanyi bafashwa.

Amakuru yatanzwe avuga ko umwe mu barwanyi bakomerekeye muri RDC ashobora kuba ahabwa amafaranga agera ku 16,000 by’amafaranga y’u Burundi ku munsi yo kumufasha kubona ibyo kurya.

Abasirikare b’u Burundi bo, nk’uko aya makuru abivuga, bavuga ko bo batabona ubufasha bungana n’ubwo, ndetse bamwe bakavuga ko bagomba kwishakira amafunguro nyuma yo guhabwa ibiribwa nk’umutsima w’ibigori cyangwa umuceri.

Umwe mu basirikare bavuganye n’umuryango FOCODE, yagize ati: “Buri umwe muri abo bakongomani yandikiwe 16,000 FBu yo kurya ku munsi, mu gihe Abarundi bo barya ari uko bavuye gufata umutsima w’ibigori cyangwa umuceri.”

Ibi birego bibaye mu gihe hari n’abasirikare b’u Burundi bavuga ko bamaze igihe badahembwa.

Amakuru avuga ko bamwe muri bo bavuga ko bamaze amezi agera ku icyenda bakorera mu bikorwa bya gisirikare muri RDC batarabona imishahara yabo.

Aya makuru kandi avuga ko abarwanyi bakomerekeye muri RDC bavurwa hakoreshejwe ‘bons de soins’ z’Igisirikare cy’u Burundi, FDNB. Abatanga amakuru bavuga ko ku nyandiko zimwe na zimwe z’ubuvuzi higeze kugaragaraho FDNB nk’ugomba kwishyura.

Icyakora, nyuma y’uko amakuru kuri ubu buryo bwo kuvura aba barwanyi atangajwe, bivugwa ko amabwiriza yatanzwe yo guhindura inyandiko z’abarwayi, ku buryo izigaragaza ko FDNB ari yo yishyura ubuvuzi bwabo zavanywemo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply