2026-07-08t220140z-245174697-rc2y9mawpuew-rtrmadp-3-nato-summit-trump

Trump yavanywe muri Türkiye rwihishwa kubera gutinya Iran

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavanywe muri Türkiye mu buryo bw’ibanga, nyuma y’uko inzego z’umutekano za Amerika zibonye amakuru y’uko Iran yashoboraga kumwivugana.

Trump yari yagiye i Ankara muri Türkiye muri Nyakanga 2026, mu nama ya NATO.

Urwo rugendo rwari rudasanzwe kuko ari rwo rwa mbere yakoreshejemo indege nshya ya Boeing 747 yari yarahawe na Qatar, yari imaze kuvugururwa kugira ngo izakoreshwe nk’indege ya Perezida wa Amerika.

Ubwo yari agiye kuva muri Türkiye, Trump yari yabwiye abantu ko yari gukoresha Air Force One isanzwe, indege y’ubururu n’umweru imenyerewe, mu rugendo rumujyana mu Bwongereza.

Abanyamakuru ndetse n’abantu bari ku kibuga cy’indege babonye Trump agenda yerekeza kuri iyo ndege, ariko gahunda iza guhinduka mu ibanga rikomeye.

The Washington Post ivuga ko Trump yahinduriwe gahunda isanzwe y’urugendo maze yimurirwa mu ndege ya gisirikare ntoya yo mu bwoko bwa C-32A.

Ibyo byakozwe mu ibanga rikomeye kugira ngo bitamenyekana ko Perezida atari muri Air Force One yari itegerejwe n’abanyamakuru.

Ibiro Ntaramakuru ‘Reuters’ bivuga ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko Amerika ibonye “iterabwoba ryizewe ryo kugerageza kwica Trump rituruka muri Iran”, mbere y’uko White House yemeza ko impungenge z’umutekano ari zo zatumye hakorwa ubu buryo budasanzwe bwo guhisha aho Perezida aherereye.

Uburyo bwakoreshejwe bwibukije ubundi buryo bwakoreshejwe mu mwaka wa 2000, ubwo Perezida Bill Clinton yimurirwaga mu ndege mu buryo bwo kuyobya abashoboraga gukurikirana urugendo rwe.

Nubwo Trump yaje kongera guhura n’abanyamakuru ndetse n’indege yari izwi nk’iyari gukoresha mu rugendo, amakuru y’uko yari yavuye muri Türkiye mu ndege ya gisirikare yari amaze igihe atazwi.

Ubuyobozi bwa Trump bwavuze ko ibyo byakozwe mu rwego rwo gukaza umutekano wa Perezida, cyane cyane mu gihe Amerika yari imaze igihe ihanganye na Iran kandi hakaba hari amakuru y’iterabwoba kuri Trump.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply