Iran-vs-USA

Amerika yahagaritse ibitero kuri Iran mu ijoro rya kabiri ryikurikiranya

Sangiza iyi nkuru

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Muryango w’Abibumbye, yatangaje ko Perezida Donald Trump yahagaritse ibitero kuri Iran mu ijoro rya kabiri ryikurikiranya kugira ngo ahe dipolomasi andi mahirwe.

Ubwo yavuganaga na Televiziyo Fox News yo muri Amerika ku Cyumweru, Ambasaderi Mike Waltz yavuze ko perezida arimo “guha ibiganiro umwanya runaka,”.

Umuvugizi w’Ingabo za Iran ku Cyumweru na we yavuze ko ku bw’iyo mpamvu Tehran yahagaritse ibitero byo “kwihorera” yagabaga mu karere.

Ni agahenge gakurikiye ibyumweru hafi bibiri byari bishize Amerika igaba ibitero bya buri munsi kuri Iran ndetse na yo ikihorera, urebye ibi bikaba byari byatumye agahenge kashyizweho umukono muri Kamena uyu mwaka kangirika.

Ku bijyanye no kumenya niba ubu Perezida Trump yafashe icyemezo cyo kudatuma ibintu bifata indi ntera, Waltz yabwiye televiziyo NBC, na yo yo muri Amerika ati: “Sinagera kure nk’aho habe na busa. Perezida aracyafite amahitamo yose ku meza.”

Waltz yanahakanye amakuru yo mu kinyamakuru the New York Times avuga ko abayobozi muri Leta ya Amerika baburiye ko kwagura imirwano bishobora gushegesha mu buryo buteje ibyago ububiko bwagabanutse bw’ibisasu n’intwaro by’ubwirinzi bw’ikirere.

Yagize ati: “Ingabo za Amerika… zifite ikintu cyose zicyeneye mu gukora iki gikorwa [cya gisirikare] neza uko bikwiye.”

Kugeza ku mugoroba wo ku Cyumweru, Trump yari ataravuga ku mugaragaro kuri izi ntambwe nshya, ariko mbere yaho yatangaje kuri konti ye yo ku rubuga nkoranyambaga rwa Truth Social amafoto yakozwe na mudasobwa agaragaza indege za gisirikare za Amerika zirimo kumisha ibisasu ku mato ya Iran no ku kirwa cya Kharg cyo muri Iran.

Hagati aho, ku wa Gatanu no ku wa Gatandatu Iran na Oman byagiranye ibiganiro byinshi i Tehran byo mu rwego rwa tekinike byo kwiga ku micungire y’Umuhora wa Hormuz, nkuko byavuzwe n’Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, Esmail Baghaei.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply