IMG-20260726-WA0015

Abasaga 300,000 bahungishijwe inkongi z’umuriro zibasiye u Bufaransa na Espagne

Sangiza iyi nkuru

Abazimya umuriro barimo guhangana no gukumira inkongi z’umuriro mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Bufaransa mu gihe umuyaga mwinshi urimo gusunikira ibibatsi by’umuriro mu mujyi wa Bordeaux, aho umwe mu bayobozi yavuze ko “bari kure yo kuzimya umuriro.”

Abantu barenga 300.000 mu Bufaransa na Espagne bahunze inkongi z’umuriro zimaze iminsi mu gihe umuyaga n’ubushyuhe bwinshi bibangamira ingamba zo kuwuhagarika.

Muri Espagne, ahamaze gutangazwa ibihe bidasanzwe, impinduka mu miterere y’ikirere zafashije abazimya umuriro hanze ya Madrid.

Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Pedro Sánchez, yemeye ko hari “ibihe bigoye biri imbere”. Hagati aho, abayobozi bo muri València bemeje urupfu rw’umugabo wapfuye yishwe n’inkongi y’umuriro.

Nk’uko bitangazwa n’ibitangazamakuru byo muri ibi bihugu, abazimya umuriro basanze umurambo w’umugabo, bivugwa ko yari afite imyaka iri hagati ya 70 na 79, mu modoka ye ubwo barimo kuzimya inkongi mu gace ka Salt de l’Aigua gaherereye i Manises.

Mu Bufaransa, abandi bantu bagera ku 55,000 basabwe kuva mu byabo mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, bituma umubare w’abamaze kuva mu byabo ugera hafi ku 250,000 mu duce two mu majyepfo y’uburengerazuba twa Gironde na Landes.

Umuyobozi w’itsinda ry’abazimya umuriro, Nicolas Braz, yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) ko uwo muriro wari waremye imiyaga yawo bwite, agaragaza ko byari bigoye kuwugenzura.

Yavuze ko biteganyijwe ko haza kuba irindi “nijoro igoye”.

U Bufaransa bwakoresheje ingabo zabwo mu gutanga ubufasha, aho ingabo z’inyongera zoherejwe gufasha abazimya umuriro binyuze mu gukuraho ibihuru no guca inzira zibuza umuriro gukwirakwira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply