RCS yafunguriye amarembo abifuza kuyikorera ku rwego rwa ofisiye

Cadets

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) rwafunguriye amarembo Abanyarwanda bashaka kurukorera ku rwego rwa ba ofisiye, aho kwiyandikisha bitangira uyu munsi ku itariki ya 30 Kamena kuzageza ku itariki 20 Nyakanga 2026, ndetse abatazabona umwanya wo kwiyandikisha bakaba bafite amahirwe yo kuzabikora ku munsi w’ikizamini. Soma itangazo ryashyizwe ahagaragara umenye ibisabwa:

Abamamaza imiti irimo iy’inyatsi ndetse n’abajyana abantu mu mahanga baburiwe

6682 ac4172c79ef4ef073db1bb45d534dd58

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B Thierry, yaburiye abantu bamamaza ibikorwa by’abakora ubwambuzi bushukana, avuga ko abazabirengaho bazabihanirwa hakurikijwe amategeko. Ibi yabitangarije mu kiganiro Imbonankubone, Ukuri Imbere Yawe, cyatambutse ku Cyumweru, tariki ya 28 Kamena 2026, kuri BTN TV. Dr. Murangira yaburiye ibitangazamakuru, ibyamamare ndetse n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bamamaza abantu bashaka gucucura abaturage. […]

Senegal: Ivugurura ry’itegeko nshinga ryagabanya ububasha bwa perezida ryateje imyigaragambyo

Senegal

Kuri uyu wa Mbere, Igipolisi ya Senegal cyakoresheje ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abigaragambya hanze y’Inteko Ishinga Amategeko ubwo abadepite baganiraga ku ivugururwa ry’itegeko nshinga ryakongerera ububasha Inteko Ishinga Amategeko rikagabanya ubw’umukuru w’igihugu, abanenga iki gitekerezo bavuga ko gishobora guteza akajagari muri guverinoma. Imiryango ya sosiyete sivile yo muri Senegal n’amashyaka ya politiki bavuga […]

FARDC n’abafatanyabikorwa baba bongeye gusatira Rubaya

abarwanyi ba afc m23 bamaze imyaka ibiri bagenzura rubaya 8a1db

Ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’imitwe y’inyeshyamba bafatanya ya “Wazalendo” biravugwa ko yongeye kugarura imbaraga muri Teritwari ya Masisi (Kivu y’Amajyaruguru), aho ibitangazamakuru byegereye ubutegetsi byemeza ko mu masaha ashize, iri huriro ririmo gusatira umudugudu w’ingenzi ya Ngungu n’umujyi wa Rubaya ucukurwamo amabuye y’agaciro nyuma y’imirwano ikomeye n’inyeshyamba za […]

RDC: Fayulu arashinja ubutegetsi gushaka kwica mugenzi we Delly Sesanga

FB IMG 1779900110426

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Kamena 2026, Martin Fayulu, Perezida w’ishyaka rya ECiDé akaba n’umwe mu bagize ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bise C64, yamaganye ko ibikorwa byo kwitambika umunyapolitiki mugenzi we, Delly Sesanga, wabujijwe kuva muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ngo ajye kwivuriza mu mahanga. Ku rubuga nkoranyambaga akoresha, yashinje guverinoma gushaka […]

Abimukira muri Afurika y’Epfo bijejwe gucyurwa mu masanduku nibatubahiriza nyirantarengwa bahawe

b789e1d0 6e28 11f1 b651 059efc9aa32f.jpg

Igipolisi cyo muri Afurika y’Epfo kivuga ko cyamaze gutegura no kohereza abashinzwe kubahiriza amategeko mu gihugu hose kubungabunga umutekano rusange, kurengera ubuzima, no kurinda imitungo mbere y’imyigaragambyo karundura yo kwamagana abimukira iteganijwe ku itariki ya 30 Kamena. Minisitiri w’agateganyo wa Polisi, Firoz Chachalia, yabitangaje kuri iki Cyumweru, itariki ya 28 Kamena, ubwo yasuzumaga abapolisi bari […]

Kalehe: Igitero cy’ubugome ndengakamere cyatwaye ubuzima bw’abaturage batwikiwe mu ngo

images 3

Ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa rirashinjwa gutwika ingo z’abaturage ndetse no gusahura imitungo yabo mu gitero cyakoranwe ubugome bukabije ndetse ubuzima bw’abaturage bubigenderamo, ahitwa Lumbishi muri Teritwari ya Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo. Nk’uko byatangajwe na AFC/M23 mu itangazo ry’Umuvugizi Lawrence Kanyuka, ngo ni igitero cyateguwe kandi gikoranwa ubugome ndengakamere. Yagize ati: “Kuri iki Cyumweru, […]

Umutoza w’ikipe ya Korea y’Epfo yeguye perezida ategeka iperereza ku kuvanwa mu Gikombe cy’Isi

th

Umutoza w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’abagabo ya Korea y’Epfo, Hong Myung-bo, yeguye ku mirimo ye nyuma yo kunanirwa gukomeza mu cyiciro cyo gukuranamo mu mikino y’igikombe cy’Isi. Korea y’Epfo yari yizeye ko yashoboraga gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho cy’iryo rushanwa nk’imwe mu makipe ya gatatu meza ariko icyo cyizere cyayoyotse ku wa Gatandatu. Uko gusezererwa hakiri […]

U Bufaransa bwanditse impfu zigera ku 1,000 z’inyongera kubera ubushyuhe bukabije

FSPMUEKRMVJWTOI7SRYINKEF6U

Abashinzwe ubuzima mu Bufaransa bavuze kuri iki Cyumweru ko hapfuye abandi bantu bagera ku 1.000 ugereranyije n’uko byari byitezwe mu gihe cy’ubushyuhe bukabije bwibasiye igice kinini cy’u Burayi bw’iburengerazuba mu minsi myinshi. Urwego rushinzwe ubuzima rusange rw’u Bufaransa rwagize ruti: “Kuva ku itariki ya 24 Kamena, abantu bagera ku 1.000 b’inyongera bapfuye ugereranije n’impfu zanditswe […]

Musanze: Abayoboke ba Green Party bateraniye muri Kongere y’Ishyaka ku rwego rw’intara

HL5AYDDXIAAajPb

Abarwanashyaka b’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR) bateraniye muri Fatima Hotel mu Karere ka Musanze muri Kongere y’ishyaka ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru. Iyi Kongere yitabiriwe n’abarwanashyaka baturutse mu turere twa Musanze, Burera, Gakenke, Rulindo na Gicumbi. Perezida w’ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu (Democratic Green Party of Rwanda), Hon. Frank Habineza […]

Kisoro: Uwitwa Mashengesho arashinjwa gufata ku ngufu no kwica umwana w’umukobwa

eerertrr 350x250 1

Umusore w’imyaka 28 w’Umunyarwanda, Vincent Mashengesho uzwi ku izina rya Fit Fit, yakomeje gufungwa n’urukiko rw’ibanze rwa Kisoro I kubera icyaha cyo gufata ku ngufu no kwica umukobwa w’imyaka 16 witwa Munezero. Urukiko rwumvise ko ibi byabaye ku itariki ya 25 Kamena 2026 mu Mudugudu wa Kamonyi, muri Division y’Amajyaruguru, mu Mujyi wa Kisoro, maze […]

Venezuela: Abantu 68,000 bakomeje kubura nyuma y’umutingito wahitanye abasaga 1000

b9fc20c0 724e 11f1 8e1d bbbb1017d210

Ikigereranyo cy’ibanze cyatanzwe na Gahunda y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe Iterambere (UNDP) cyashyize ahagaragara igiciro cy’ibyangijwe n’umutingito wibasiye Venezuela kuri miliyari 6.7$. Bivugwa kandi ko abantu barenga 68.000 baburiwe irengero nyuma y’imitingito ibiri yibasiye uduce tw’igihugu mu ntangiriro z’iki cyumweru. Ku wa Gatatu, umutingito ufite ubukana bwa magnitude 7.2 na 7.5 wibasiye Venezuela, usenya ibintu byinshi kandi […]

Michael Katungi wahoze muri UPDF akurikiranweho gucuruza intwaro ku bagizi ba nabi bo muri Mexico

Untitled 154

Uwahoze ari umusirikare mukuru mu Ngabo z’igihugu cya Uganda, Michael Katungi Mpeirwe, yafatiwe muri Uganda, aho biteganijwe ko azoherezwa muri Amerika kubera ibirego ashinjwa byo kugira uruhare mu bucuruzi mpuzamahanga bw’intwaro zifite agaciro ka miliyoni 58 z’amadorali bufitanye isano n’agatsiko k’abagizi ba nabi ko muri Mexico kazwi nka Cartel de Jalisco Nueva Generación. Abashinzwe umutekano […]

Uganda: Ibitangazamakuru NTV, Spark TV, Daily Monitor byafunzwe

images 2

Televiziyo za NTV Uganda na Spark TV na Daily Monitor zavanywe ku murongo mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru nyuma y’igikorwa cy’abashinzwe umutekano nijoro cyabereye ahakorera Nation Media Group (NMG) Uganda muri Namuwongo no kuri Kampala Serena Hotel. Kugeza saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ku isaha yaho, abakurikira izi televiziyo zombi bageragezaga kuzireba bikanga […]

Tanzania: Leta yabujije ibiterane bya politiki mu gihugu

RTS5UMU 3

Leta ya Tanzaniya yabujije ibiterane bya politike mu gihugu cyose kugeza igihe hazatangirwa amabwiriza mashya, aho yashimangiye ko bikenewe mu kubungabunga umutekano w’igihugu. Guverinoma ivuga ko yabonye ko hari ibintu bibangamiye umutekano, nk’abantu bivugwa ko bafatanywe intwaro barimo gutegura ibikorwa by’ubugizi bwa nabi nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga. Ni icyemezo ariko cyamaganwe n’imitwe ya politiki […]

Gen. Ndima wahoze ayobora Kivu y’Amajyaruguru yinjiye mu rubanza rwa ba Tshiwewe nk’umucamanza

20210509 233014

Kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 25 Kamena 2026, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo rwakoze iburanisha rigufi rya kabiri mu rubanza hagati y’Umushinjacyaha Mukuru w’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) na General Christian Tshiwewe, wahoze ari Umugaba Mukuru wa FARDC akaba n’umujyanama mu bya gisirikare w’umukuru w’igihugu, […]

France: Lt. Col. Nicolas Nzeyimana wa RDF yasoje amasomo muri École de Guerre

HLtcospXEAAxU0I 1

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 26 Kamena 2026, mu Ishuri ry’Intambara mu Bufaransa, hasojwe icyiciro cya 33 cy’amasomo ya gisirikare, yanitabiriwe n’Umunyarwanda Lt. Col. Nicolas Nzeyimana wo mu Gisirikare cy’u Rwanda (RDF). Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, François Nkulikiyimfura yitabiriye umuhango wo guha impamyabumenyi Lt. Colonel Nicolas Nzeyimana, nyuma yo gusoza amasomo mu Ishuri Rikuru […]

Pretoria: Ambasaderi wa Amerika yongeye gukora mu jisho Afurika y’Epfo

0001258825 resized brentbozelliiiclaysonmonyela230220261022

Muri Afurika y’Epfo, hongeye kuvuka amakimbirane mashya hagati ya Ambasaderi wa Amerika na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga. Leo Brent Bozell III wageze muri iki gihugu muri uyu mwaka, yanenze Pretoria kuba ikomeje kugaragariza ubucuti budasanzwe ibihugu bibiri bya BRICS, u Bushinwa na Iran, abona ko ari ukubugaragaza bikabije, cyane cyane ko Washington iri mu biganiro na […]

Dubai: Umwongerezakazi wamamaye kuri tiktok arashinjwa kwica umukunzi we

5054143c e8bd 4c3d ac47 0eacd193e798

Umukobwa w’imyaka 23 wamamaye ku rubuga rwa TikTok araregwa kwicira i Dubai umusore bakundanaga. Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu wavuze ko ashobora guhanishwa igihano cy’urupfu arashwe mu gihe icyaha cyaba kimuhamye. Brooke George, ukomoka i Gravesend, mu karere ka Kent, mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’u Bwongereza, yarezwe ibijyanye no guterwa icyuma kw’umugabo bakundanaga, nyuma yo […]

FARDC yakamejeje mu bitero byibasira abaturage nyuma yo gukubitwa kenshi ku butaka

647455106 1396995802231345 3310213107029277246 n

Nyuma yo gutsindwa inshuro nyinshi ku butaka no kugaragara ko badashoboye guhangana n’ingabo za AFC/M23, ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa zakajije umurego mu bikorwa byo gutera ibisasu ku baturage b’abasivili. Nk’uko bitangazwa n’Ihuriro AFC/M23 mu itangazo ryashyize ahagaragara, kuva ku wa Mbere, itariki 22 Kamena 2026, saa 11h30 kugeza kuri uyu wa Kabiri, itariki […]

Kabila yishe Laurent-Desire Kabila – UDPS

bitmap 500 nocrop 1 1 20210329110057651055 060b5fb9 8e4d 4e39 ace8 21d4a55d55f4

Augustin Kabuya, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka UDPS, riri ku butegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yashinje Joseph Kabila kuba ari we wagize uruhare mu iyicwa rya se, uwahoze ari perezida, Laurent-Désiré Kabila (1997-2001), mbere yo kumusimbura. Kabila yiciwe mu biro bye ku itariki ya 16 Mutarama 2001, i Kinshasa. Ku cyicaro cy’ishyaka rye, Kabuya yagize […]

Umunyamategeko Martha Karua wo muri Kenya yirukanwe nabi muri Uganda

0f4da510 6e28 11f1 9fdc 51e252bb92b4

Umwunganizi mu bijyanye n’amategeko wo mu gihugu cya Kenya, Martha Karua, yangiwe kwinjira muri Uganda maze asubira i Nairobi, kuri uyu wa Mbere ushize, nyuma y’uko abashinzwe abinjira n’abasohoka bamushyize mu cyiciro cy’ “abimukira batemewe,” nk’uko bigaragara ku itangazo ryashyizwe ahagaragara ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Entebbe. Iki cyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bushinzwe abinjira n’abasohoka, bwategetse […]

RDC: Ihuriro C64 riramagana ibikorwa by’urugomo bikomeje kwibasira kiliziya

HLejluiW0AA1F4p

Ihuriro Article 64 (C64) riharanira kurengera itegeko nshinga ryagaragaje ko rihangayikishijwe cyane n’ibikorwa by’urugomo byiyongera kuri Kiliziya Gatolika muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 22 Kamena 2026, uru rubuga rwa politiki rwamaganye ibitero byibasiye inyubako nyinshi z’idini ndetse n’ibikorwa by’iterabwoba byibasira abagize ubuyobozi bwa kiliziya. Nk’uko C64 ibivuga, ibi […]

RDF na RNP bahaye amatungo abaturage i Kirehe na Kayonza

HLdUHmiWAAA2Ay6

Ingabo hamwe na Polisi by’u Rwanda bahaye abaturage bo mu turere twa Kirehe na Kayonza inka n’ihene kuri uyu wa 22 Kamena 2026, mu rwego rwa gahunda y’Ibikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage (DSCOP 2026). Iki gikorwa cyo gutanga amatungo kizakomeza mu cyumweru cyose mu mirenge itandukanye irimo Nasho mu Karere ka Kirehe, ndetse […]

Keir Starmer yamaze kwegura ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

gettyimages 2274156075 612x612 1

Keir Starmer yeguye ku mwanya wa minisitiri w’intebe n’umuyobozi w’ishyaka ry’abakozi, mu ijambo rye yavugiye Downing Street imbere y’ibiro yakoreragamo. Avuga ko icyemezo cyose yafashe mu biro cyerekeranye no “gushyira igihugu nkunda imbere” Starmer ashimira “umugore we w’igitangaza, Vic”, asobanura ko ari “urutare”, yongeyeho ko yifuza kuba “papa mwiza ushoboka ku bana banjye beza, kandi […]

Gahunda ya Green Party yo kugeza inzego za yo mu mirenge yakomereje n’ahandi

HLVDgH1W8AAEe23

Kuri iki cyumweru tariki ya 21 Kamena, gahunda y’ishyaka Rihanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda yo gushyiraho inzego zaryo ku rwego rw’umurenge, yakomereje mu mirenge ya Kagogo na Kinyababa mu Karere ka Burera, mu Ntara y’Amajyaruguru. Muri iyi mirenge habereye inama ikomatanyije n’amahugurwa ku barwanashyaka ba Green Party, hanashyirwaho inzego z’ishyaka, mu gikorwa cyayoborwe […]

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yitezweho gutangaza ubwegure bwe kuwa Mbere

WLYJLQLDGJKA7LGWEY55EAE6A4

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere uza atangaza ko avuye kuri uyu mwanya, nyuma y’igitutu kinini cy’abadepite bo mu ishyaka ry’abakozi akomokamo, ibiharurira inzira Andy Burnham zo kuba umuyobozi w’Ishyaka ry’Abakozi. Kuri iki Cyumweru, umunyamabanga ushinzwe ubucuruzi, Peter Kyle, avugira guverinoma, yanze kugira icyo atangaza kuri gahunda zihariye za […]

“Tweets” za Gen. Muhoozi zaba zimaze kuba akasamutwe ku badipolomate ba Uganda

images

Ikiganiro kuri telefoni hagati ya Maj. Gen. (Rtd) Kahinda Otafiire ubu uri minisitiri w’amazi n’ibidukikije, na Ambasaderi wa Uganda mu Muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, Mirjam Blaak, cyerekana ko ubutumwa Umugaba Mukuru w’Ingabo wa Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, akunze gushyira ku mbuga nkoranyambaga bumaze kuba akasamutwe ku badipolomate ba Uganda bashaka guhagarika kunengwa n’ibihugu by’i […]

Afurika y’Epfo: Umukobwa wa Zuma yirukanwe mu ishyaka se yashinze

96b5b240 cc52 11f0 a892 01d657345866

Muri Afurika y’Epfo, Duduzile Zuma, umwe mu bakobwa b’uwahoze ari perezida, Jacob Zuma, yirukanwe muri MK, ishyaka rya politiki rya se. Araregwa kwangiza ubumwe bw’ishyaka, n’ubufatanye nyuma y’amakuru menshi yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga. Kwirukanwa kwa Duduzile Zuma ngo bitanga ubutumwa busobanutse: MK (uMkhonto weSizwe) ishobora guhana umwe mu banyamuryango bayo, ndetse n’umukobwa w’uwayishinze. Umukobwa w’uwahoze […]

Abasilamu bo mu Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 32

HLQrWQhWYAA6HwY

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 20 Kamena, Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC) wakoze igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza–Kicukiro. Ahagarariye ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Umuvugizi Wungirije wa RDF, Lt Col Simon Kabera, yatanze ikiganiro ku bitabiriye iki gikorwa, agaragaza uko Jenoside […]

Intumwa za Amerika na Iran zageze mu Busuwisi ahagiye kubera ibiganiro bishya

l321 50711782016854

Ibiganiro bitaziguye hagati ya Amerika na Iran biteganijwe gutangirira mu Busuwisi nubwo Ingabo za Iran zavuze ko zongeye gufunga Umuhora wa Hormuz kubera ibitero bya Israel byibasiye amajyepfo ya Liban. Igisirikare cya Amerika cyamaganye ibyatangajwe n’Igisirikare cya Iran, kivuga ko “umuhora ukomeje kuba nyabagendwa”. Iran yavuze ko iyi nzira yafunzwe mu rwego rwo gusubiza ibitero […]

Minembwe: Ibitero bya FARDC byahitanye abasivili ndetse bisenya inzu nyinshi

UEINJOTPGBH57NGBBV6OOSKM4Q

Ibitero bya FARDC n’abafatanyabikorwa ba yo, kuva kuri uyu wa Kane kugeza kuri uyu wa Gatanu bikomeje guhitana ubuzima bw’inzirakarengane i Minembwe muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ari na ko byangiza imitungo yabo, mu gihe Isi ikomeje kurebera ibyo bamwe bemeza ko ari ibikorwa bigamije gutsemba Abanyamulenge. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na […]

Musanze: Hasojwe amasomo ya ba ofisiye bakuru ba polisi baturutse mu bihugu 10 bya Afurika

HLKswPHWIAAE1Lf

Mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda riherereye mu Karere ka Musanze habereye umuhango wo gusoza icyiciro cya 14 cy’amasomo y’ubuyobozi amara umwaka umwe (Police Senior Command and Staff Course) Iki cyiciro kigizwe n’abanyeshuri 38 bo ku rwego rwa ba Ofisiye Bakuru baturutse mu bihugu 10 byo muri Afurika. Umuyobozi w’ishuri rikuru rya Polisi, CP […]

Ibiganiro bishya byari biteganyijwe mu Busuwisi hagati ya USA na Iran byasubitswe

download

Icyiciro gishya cy’ibiganiro bitaziguye hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran cyasubitswe nyuma y’uko urugendo rwa Visi Perezida JD Vance rwari ruteganyijwe mu Busuwisi rutindijwe. Kuri uyu wa Kane ushize, White House yatangaje ko Vance atazakora urugendo yerekeza mu biganiro. Bije nyuma y’umunsi umwe Amerika ihagaritse ibikorwa byo guhagarika amato ya Iran nyuma […]

Itsinda rya Ofisiye Bakuru baturutse mu Ishuri rya Gisirikare muri Kenya ryasuye RDF

HLHtotgWUAAB05h

Itsinda rya Ofisiye Bakuru baturutse mu Ishuri rya Gisirikare muri Kenya (Kenya Military Academy), riyobowe na Col E. L. Lovega, kuwa Kane ryasuye icyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda rinagirana ikiganiro n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubufatanye Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa. Iri tsinda riri mu Rwanda mu ruzinduko rw’icyumweru, […]

Gen. Muhoozi ugiye kugaruka i Kigali yemeje ko vuba aha aba ari Perezida wa Uganda

hq720

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, ukunze gutangaza ibintu bitavugwaho rumwe ku mbuga nkoranyambaga, kuri uyu wa Gatanu yabyutse atanga ubutumwa bugaragaza byinshi mu hazaza ha politiki ya Uganda n’akarere, ndetse aboneraho kwemeza ko vuba aha agiye kugaruka i Kigali gusura Perezida Kagame. Mu butumwa bwe yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X akunze […]

Fizi: Hakomeje kuba urujijo ku waba agenzura Minembwe Centre hagati ya FARDC na Twirwaneho

FARDC A FIZI MINEMBWE

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 18 Kamena 2026, Igisirikare cya Congo (FARDC) cyatangaje ko kigaruriye Minembwe Centre, muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Minembwe Centre ifatwa nk’icyicaro gikuru cy’abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho ukorana na AFC/M23. Nk’uko byatangajwe na S/Lt Mbuyi Kalonji Reagan, Umuvugizi wa Operation Sukola 2 muri Kivu y’Amajyepfo, kwigarurira […]

Ishyamba si ryeru hagati ya Kallas wa EU na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel

AVWMTJJZ6REBHPPZSKHGOTWOZQ

Visi Perezida wa Komisiyo y’u Burayi, Kaja Kallas yavuze ko aha agaciro “ibiganiro n’imikoranire” na Israel, ariko ntacyo yavuze ku magambo yaba yaravuze agereranya Israel n’ubutegetsi bwa apartheid bwahoze buyobora Afurika y’Epfo. Uyu mudipolomate ukomeye w’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, Kaja Kallas, yatangaje ibi nyuma y’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Sa’ar, avuze ko […]

France: Gen. Nyakarundi yagaragaye mu imurikagurisha mpuzamahanga ry’ibikoresho bya gisirikare

HLCN83wWcAAWXeo 1

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, yagiranye ikiganiro na mugenzi we Gen Pierre Schill, Umugaba w’Ingabo z’u Bufaransa zirwanira ku butaka. Ni ikiganiro cy’umwihariko bagiranye mu gihe bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rya Eurosatory 2026 ribera i Paris ryibanda ku bikoresho n’ikoranabuhanga by’ingabo zirwanira ku butaka n’izirwanira mu kirere. Ikiganiro cyibanze ku […]

Niger: Ku kibuga cy’Indege cya Niamey hongeye kubera imirwano

primopiano 21423

Muri Niger, urusaku rw’amasasu rwamaze amasaha abiri mu gitondo cyo kuri uyu munsi, itariki ya 18 Kamena 2026, hafi y’Ikibuga cy’Indege cya Niamey. Umutuzo wagarutse ariko kuri ubu. Nk’uko RFI ibitangaza, ibikorwa byo gushakisha birakomeje ku kibuga cy’indege, kandi hafi y’ingoro ya perezida n’ibiro bya minisitiri w’intebe hafunzwe. Kuri uyu wa Kane, biravugwa ko urusaku […]

Amafoto: Uko Ingabo z’u Rwanda zirinze Ikibuga cy’Indege cya Malakal zihagaze bwuma

HLAN90 XMAATvoL

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zitabajwe ngo zirinde Ikibuga cy’Indege cya Malakal n’inkengero zaho mu rwego rwo kwirinda abagerageza kugaba ibitero bigamije gusahura imfashanyo zigenewe abaturage. Ibi byatangajwe na UNMISS kuri uyu wa Gatatu, itariki 17 Kamena 2026, mu butumwa yanyujije kuri X. “Kugira ngo […]

Intara ya Somaliland yiyomoye kuri Somalia yafunguye ambasade i Yerusalemu nk’igihugu

17815893181781553214723730961 1567655908053974 2475298919197131995 n

Intara ya Somaliland yitandukanyije n’igihugu cya Somalia yamaze gufungura ambasade i Yerusalemu, nyuma y’amezi atandatu Israel ibaye igihugu cya mbere kiyemeye nk’igihugu cyigenga. Ifungurwa ry’iyo ambasade mu gace kiganjemo ibikorwa by’ikoranabuhanga i Yerusalemu y’Uburengerazuba, ryabaye mu gihe Perezida wa Somaliland Abdirahman Mohamed Abdullahi ari mu ruzinduko rw’akazi muri Israel. Mu nama yagiranye na Perezida wa […]

Minembwe: Umwuka ukomeje kuba mubi nyuma y’ibitero bya FARDC na FDNB

577bdf00 f3a3 11f0 a422 4ba8a094a8fa.jpg

Ibibazo by’umutekano bikomeje guhangayikisha muri Minembwe-Centre, muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma y’ibitero by’Ingabo za Congo n’Ingabo z’u Burundi, zishyigikiwe n’ihuriro ry’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, kuri Minembwe-Centre, igenzurwa n’abarwanyi ba Twirwaneho bifatanye imikoranire na AFC/M23. Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 16 […]

Ishuri ry’ubushakashatsi ku mutekano muri Nigeria riri mu rugendoshuri mu Rwanda

Itsinda ryaturutse mu Ishuri Rikuru ry’Ubushakashatsi ku Mutekano muri Nigeria  riri mu Rwanda mu rugendoshuri rw’icyumweru rugamije gusuzuma isano iri hagati y’imitwe yitwaje intwaro ishingiye ku moko, ihatanira umutungo kamere, n’ibibangamira umutekano w’ibihugu. Iri tsinda ryasuye Minisiteri y’Ingabo ndetse n’Icyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, aho  ryagejejweho ikiganiro n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare […]

Tshisekedi yaraye i Houston aho yitabiriye umukino uza guhuza RDC na Portugal

HK7m6DhWcAA4zvO

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 16 Kamena 2026, Perezida wa Repubulika, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, yaraye i Houston (Texas), muri Amerika. Aherekejwe n’umugore we, Denise Nyakeru, aho bitabiriye umukino w’igikombe cy’Isi, uteganijwe kuri uyu wa Gatatu ku kibuga cya NRG Stadium, hagati y’ikipe ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Portugal, mu mukino wa mbere […]

EASF yateguye inama yo kwemeza inyandiko z’ibikorwa by’ingabo zo mu kirere

HK3Z8rhWQAAzcAd

Umutwe w’Ingabo z’Ibihugu byo mu Burasirazuba bwa Afurika ziteguye gutabara mu bihe bikomeye (EASF) watangije inama y’iminsi itanu i Kigali, kuva ku wa 15 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, igamije kwemeza Inyandiko Ngenderwaho y’ibikorwa bihuriweho by’Ingabo zo mu Kirere , Amabwiriza agenga imikorere, ndetse n’Amasezerano y’ubwumvikane ajyanye n’ibikorwa by’ubutabazi mu bihe by’ibiza n’ibisanzwe. Iyi […]

Kigali: Hatangiye ibiganiro nyunguranabitekerezo ku mushinga wo guhuza inzego za politiki za EAC

55336729058 1f30f0a18d k

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Kamena 2026, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Usta Kaitesi, yafunguye ku mugaragaro ibiganiro nyunguranabitekerezo ku mushinga wo guhuza inzego za politiki z’Umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba (EAC). Muri ibi biganiro, impuguke ziturutse muri EAC zizakusanya ibitekerezo by’Abanyarwanda bo mu ngeri zitandukanye, ku ngingo z’ingenzi bifuza ko uyu […]

Perezida Gnassingbé arashima ingufu Kagame akomeje gushyira mu guhuza Abanyafurika

HK3hCDQWMAAQSbT

Perezida Faure Essozimna Gnassingbé yashimiye umukuru w’igihugu cy’u Rwanda ndetse n’uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Olusegun Obasanjo, kuba bitabiriye inama yiga ku bwikorezi bwo mu kirere ku mugabane wa Afurika izwi nka African Air Transport Convention and Exhibition, yabereye i Lome muri Togo kuri uyu wa Mbere ushize. Mu butumwa yanyujije kuri X kuri uyu […]

Centrafrica: Igisirikare cyamaganye amakuru agishinja gushaka guhirika ubutegetsi

5a2b0a4c7e757403c8c9b5c506dcbdf1

Muri Repubulika ya Centrafrica, Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Centrafrica (FACA) bwamaganye bwivuye inyuma ibirego bibushinja kuba mu mugambi ukekwa wo guhirika ubutegetsi buriho. Hashize iminsi itari mike, ubutumwa bukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu mitwe imwe ya politiki buvuga ko haba hari umugambi wo kugerageza guhungabanya abayobozi. Ni amakuru igisirikare kivuga ko ari ibinyoma […]

Intumwa za RDF ziyobowe na Maj. Gen. Nyakarundi ziri mu Bufaransa

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Major General Vincent Nyakarundi, ziri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itanu i Paris mu Bufaransa, aho ziri kwitabira imurikabikorwa mpuzamahanga mu bya Gisirikare n’Umutekano rya Eurosatory 2026. Eurosatory 2026 yatangiye kuri uyu Mbere ushize, itariki ya 15 Kamena 2026, i Paris ni ryo murikabikorwa rinini […]

Ethiopia: Byibuze abantu 31 bapfiriye mu mpanuka ya bus

skynews ethiopia crash 7274027

Kuri uyu wa Mbere, ikigo cy’itangazamakuru kigenzurwa na leta, Amhara Media Corporation, cyo muri iyi leta, cyatangaje ko, abantu 31 bishwe ubwo bus yagwaga mu mpanga mu karere ka Amhara muri Ethiopia. Iyi bus yari ⁠iturutse i Dessie yerekeza mu murwa mukuru, Addis Abeba, igihe impanuka yabaga, nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru kivugwa hejuru. Igipolisi cyagize kiti: […]

Norvege: Umuhungu w’Igikomangomakazi cy’ikamba yakatiwe imyaka 4 y’igifungo

241119 Marius Borg Hoiby mb 1048 8a795d

Kuri uyu wa Mbere, Urukiko rwa Oslo rwemeje ko umuhungu w’Igikomangomakazi cy’ikamba muri Norvege yakatiwe igifungo cy’imyaka ine nyuma yo guhamwa n’ibyaha bibiri byo gufata ku ngufu. Marius ‌Borg Hoiby yahakanye icyaha kandi ashobora kujuririra icyo cyemezo nk’uko inkuru dukesha Deutsche Welle ivuga. Uyu musore w’imyaka 29 ni umuhungu w’Igikomangomakazi cy’ikamba muri Norvege, Mette-Marit, yabyaranye […]

Ibitero by’ihuriro ry’ingabo za Kinshasa i Rugezi, Ruhinamavi n’ahandi byahitanye abantu

FARDC CAPTURE 1

Kuva ku isaha ya saa kumi n’ebyiri n’iminota 45 z’ijoro ku Cyumweru, itariki ya 14 Kamena 2026, hakomeje ibitero by’urugomo byakozwe n’ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa byibasiye uturere dutuwe cyane twa Bidegu, Rugezi, Mikenke, na Ruhinamavi. Ibyo bikorwa bya gisirikare byakorewe icyarimwe byakoreshejwemo ingabo zirwanira ku butaka, imbunda ziremereye, ndetse na drones za KT-6 […]

Perezida Kagame yakiriye intumwa idasanzwe ya EU ndetse na S/G wa Commonwealth

HKyYN WWMAAl Rn 1

Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, itariki 14 Kamena, muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Amb. Johan Borgstam, Intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi (EUSR) mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Ibiganiro byabo byibanze ku iterambere ry’akarere, harimo kuba hakenewe ingamba zifatika zo gukemura impamvu muzi y’amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo […]

U Bwongereza bwafatiriye ubwato bwikoreye peteroli bw’u Burusiya muri English Channel

14uk tanker 001 jmfq articleLarge

Minisitiri w’Intebe Keir Starmer aravuga ko Ingabo z’u Bwongereza zafashe ubwato butwaye peteroli bw’u Burusiya bwageragezaga kunyura muri English Channel. Kuri iki Cyumweru, Starmer yagize ati: “Iki gikorwa cyagenze neza ⁠⁠cyakubise ikindi kintu ⁠⁠u Burusiya kandi cyibutsa abakomeza guha ingufu ⁠intambara ya Putin muri ⁠⁠Ukraine ko tutuzabemerera kwihisha.” Minisiteri y’Ingabo y’u Bwongereza na yo yemeje […]

Uganda: Gen. Otafiire wahoze ari minisitiri w’umutekano yashinje igipolisi yagenzuraga ubwicanyi 

Maj Gen Kahinda Otafiire in office

Uwahoze ari Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu muri Uganda, Maj. Gen. Kahinda Otafiire, yatangaje ibintu bishobora gufatwa nko kwemerwa mu buryo butaziguye k’umuyobozi mukuru wa guverinoma, ubwicanyi ndengakamere bwakorewe mu gipolisi cya Uganda, asaba uwamusimbuye, Prof. Ephraim Kantu, guhangana n’iki kibazo. Mu butumwa yashyize kuri uyu wa Gatandatu kuri X, Otafiire yaburiye Kantu, uherutse kugirwa […]

Nigeria: Uwahoze ari jenerali yapfiriye mu maboko y’abari bamushimuse

images 49

Muri Nigeria, uwahoze ari jenerali mu gisirikare cy’igihugu yapfiriye aho yari yarafatiwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru byaho. Abubakar yashimutanwe n’umugore we muri Leta ya Katsina mu byumweru bibiri bishize, bashimuswe n’abantu bitwaje imbunda bakekwaho kuba mu mutwe ushimuta abantu kubw’ingurane, uzwi ku izina rya “bandits” cyangwa amabandi. Ibyo guverinoma yavuze Uyu mujenerali wahoze ari umuvugizi […]

Inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo zacakiraniye mu mirwano ikaze i Buhimba

Carte Walikale1

Inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo zacakiraniye mu mirwano i Buhimba, muri Gurupoma ya Waloa Yungu iherereye muri Teritwari ya Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru, kuva ku wa Gatandatu, itariki ya 13 Kamena 2026. Buhimba ni umujyi uherereye ku mupaka uhuza intara za Walikale na Masisi. Amakuru atangazwa na Actualite.cd avuga ko imirwano yabaye nyuma […]

Centrafrica: Abimukira ba mbere birukanwe muri Amerika bageze i Bangui

Muri Repubulika ya Centrafrica, nyuma y’iminsi myinshi yo gutegereza no guhwihwisa, indege ya mbere yari itwaye abimukira birukanwe muri Amerika yageze i Bangui ku mugoroba wo ku wa Gatanu, itariki ya 12 Kamena. Iki gikorwa cyakozwe mu ibanga, kandi amakuru yacyo ntaramenyekana neza. Mu rugendo rw’amasaha 24 rwatangiriye muri Alexandria, muri Louisiana, indege ihagarara bwa […]