2-us-service-members-killed-one-missing-amid-irans-missile-strike-in-jordan-on-friday

Abasirikare 2 ba Amerika biciwe mu gitero cya Iran muro Jordan

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare babiri ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bishwe naho undi aburirwa irengero nyuma y’ibitero bya misile zo mu bwoko bwa ‘ballistic’ n’indege nto z’intambara zitagira abapilote Iran yagabye muri Jordan ku wa Gatanu.

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo za Amerika (CENTCOM) bwatangaje ko abasirikare bane ba Amerika bajyanwe mu bitaro byo muri Jordan kugira ngo bavurwe ariko ko ubu basezerewe. CENTCOM yavuze ko abandi bari bakomeretse mu buryo bworoheje ubu basubiye mu kazi.

Abategetsi ba gisirikare b’Amerika ntibahishuye imyirondoro y’abapfuye, cyangwa ngo batange amakuru arambuye y’ukuntu byagenze cyangwa agace byabereyemo.

CENTCOM yavuze ko mu ijoro ryo ku wa gatandatu Amerika yagabye ibindi bitero byo mu kirere kuri Iran ku itegeko ryatanzwe na Perezida Donald Trump.

Mu itangazo CENTCOM yasohoye, yavuze ko ibyo bitero byo mu ijoro rya munani ryikurikiranya, “bigamije gushegesha kurushaho ubushobozi bwa Iran bwo guteza inkeke ku mato y’ubucuruzi mu Muhora wa Hormuz”.

Iryo tangazo ryongeyeho, nta makuru arambuye ritanze, ko ibyo bitero bifite intego yo “guhana byihuse ingabo za ‘Islamic Revolutionary Guard Corps’ [umutwe wihariye wa gisirikare wo mu ngabo za Iran] zagabye ibitero ku basirikare ba Amerika muri Jordan mu ijoro ry’ejo (yavugaga ku wa Gatanu)”.

Ibyo byakurikiye icyumweru cyongeye kuburamo imirwano, Washington igasubizaho kubuza urujya n’uruza ku byambu bya Iran, Tehran na yo igatangaza ko Umuhora wa Hormuz ufunze, mu gihe agahenge k’agateganyo hagati y’impande zombi kahirimye nta kwezi gushize gatangiye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply