HNFpv6YXAAEwBeH

Abacanshuro b’abazungu n’ibikoresho byabo bagaragaye i Kalemi bajya muri Baraka

Sangiza iyi nkuru

Abacanshuro b’abanyamahanga bakodeshejwe na Guverinoma ya Congo n’ibikoresho byabo bagaragaye uyu munsi, kuwa Mbere, mu mihanda ya Kalemi berekeza muri Baraka.

Haravugwa kandi izindi ngabo nyinshi z’u Burundi, Wazalendo, na FARDC mu mudugudu wa Bibokoboko, no muri Baraka zoherejwe gutegura ibitero byo kurwanya inyeshyamba za Twirwaneho zifatanya na AFC/M23, ziherutse kwigarurira uduce twa Point-Zero, Mikenge, Kipupu, na Mimunda.

Repubulika ya Demokarasi ya Congo kandi biravugwa ko iherutse kwakira izindi ndege zitagira abapilote zakozwe na Turkiya kugira ngo zikomeze gushyigikira ingabo zayo zirwanira ku butaka mu misozi miremire no yo muri Kivu y’Amajyepfo.

Ni nyuma y’uko izi ngabo ziherutse gukubitwa inshuro muri Minembwe na Point Zero, ndetse zigasiga intwaro nyinshi n’amasasu mu maboko y’abarwanyi ba Twirwaneho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply