Impanuka ikomeye kurusha izindi iheruka yabaye ku bwato bwavaga i Bufuloto muri Gambia bwerekeza mu birwa bya Canary muri Espagne, intera y’ibirometero 1,677.
Ubwato bwarohowe kuwa Gatandatu, itariki 18 Nyakanga, nyuma yo kurohama mu nyanja mu gihe cy’iminsi hafi 25, ariko abantu 38 gusa ni bo barokotse. UNHCR yavuze ko abandi 144 bari mu bwato bapfuye cyangwa baburiwe irengero.
Mu itangazo, havuzwe ko “mu barokotse harimo abana babiri, babuze abagize imiryango yabo bose mu rugendo none ubu barimo kwitabwaho mu bitaro hamwe n’abandi barokotse.”
Impunzi n’abimukira byatangajwe ko bapfuye cyangwa baburiwe irengero nyuma yo kugerageza urugendo rwo mu mazi ruteje akaga bava muri Afurika y’Iburengerazuba berekeza i Burayi, ibigaragaza ko izi nzira ziteje akaga zikomeje gutwara ubuzima bwinshi bw’abantu, nk’uko Umuvugizi wa UNHCR, Matthew Saltmarsh, yabibwiye abanyamakuru i Geneve.
UNHCR yavuze ko inzira yambuka Atalantika igana ku birwa bya Canary muri Esipagne ikomeje kuba imwe mu nzira zica abantu cyane ku Isi kubera intera ndende, ikirere gihindagurika, ubwato bucucitse kandi butameze neza, ndetse n’amahirwe make yo gutabara ku gihe.
UNHCR yongeye gusaba ubufatanye mpuzamahanga bukomeye kugira ngo harokorwe ubuzima bw’abantu kandi hongerwe inzira z’abimukira zitekanye.
July 21, 2026
You must be logged in to post a comment.