Uruhererekane rw’imodoka z’ingabo za leta n’iz’abacanshuro b’Abarusiya zaguye mu gico cy’inyeshyamba kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 18 Nyakanga, mu majyaruguru ya Mali.
Iki gitero cy’abarwanyi baharanira kwigenga bo mu mutwe wa Front de libération de l’Azawad (FLA) hamwe n’abarwanyi b’intagondwa bafite aho bahuriye na Al-Qaeda, cyabaye kimwe mu byahitanye abantu benshi cyane ku ngabo za leta muri iyi myaka ya vuba; aho imodoka nyinshi zigize iryo tsinda zarashwe, ndetse abasirikare bagera kuri 50 nibura baricwa, nk’uko bigaragazwa n’imibare yatangajwe kuri iki Cyumweru, itariki ya 19 Nyakanga.
Uruhererekane rw’imodoka z’ingabo za leta, abacancuro b’Abarusiya, n’abarwanyi bashyigikiye guverinoma, ryari rivuye mu mujyi wa Anéfis ryerekeza i Gao, umujyi munini mu majyaruguru ya Mali. Amasasu yavugiye hagati y’akarere ka Tabrichaat n’umujyi wa Tarkint nk’uko bitangazwa na RFI.
Abarwanyi bagendera ku matwara akakaye ya kisilamu bafitanye isano na Al-Qaeda ndetse n’abarwanyi batavuga rumwe n’ubutegetsi bo mu nyeshyamba ziharanira kubohoza Azawad, bari bateze igico, hanyuma basatira uruhererekane rw’imodoka.
Abasirikare ngo batunguwe ku ikubitiro. Nyuma y’aho indege y’ingabo zishyigikiye guverinoma yageze aho hantu itera ibisasu, ariko ikirere kibi cyabujije umupilote kubona neza.
Amakuru ava muri ako gace ndetse no mu gisirikare avuga ko umubare w’abapfuye by’agateganyo uri hejuru cyane: “abasirikare barenga 50 bapfuye” kandi “nibura 24 bafashwe nk’imfungwa,” nk’uko byatangajwe n’umudepite wo mu gace k’amajyaruguru wegereye guverinoma kuri iki Cyumweru, itariki ya 19 Nyakanga.
Amakuru avuga ko imodoka zatwitswe, kandi ibikoresho bya gisirikare byangijwe cyangwa byigarurirwa n’imitwe iharanira ubwigenge n’aba jihadistes.
Ingabo za leta zasohoye itangazo ryemera ibyabaye. “Umutwe w’ingabo za Mali waguye mu gico,” ibyo ni ibyatangajwe na état-major, yongeraho ko “gusubiza igitero bikomeje.”


