KM3ADS6HLRLMPHL7G2Y7S2BQSU

Canada yafashe icyemezo cyo gukumira abantu baheruka muri Congo

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Canada yatangaje, ku Cyumweru, itariki 19 Nyakanga, ko izabuza kwinjira umunyamahanga wese wagiye muri Congo mu minsi 21 ishize nk’igice cy’ingamba nshya z’agateganyo zo kurwanya ikwirakwira rya Ebola.
Iri tegeko rinyuranyije n’inama z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, rigira inama yo kwirinda inzitizi z’ingendo cyangwa ubucuruzi na Congo, aho abayobozi barimo guhangana no gukumira icyorezo cya Ebola.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima rivuga ko inzitizi z’ingendo zishobora gutuma bigorana kugenzura icyorezo.
“Abantu bo mu turere twagizweho ingaruka n’Abanyafurika bahuye no kwishishwa bidakwiye,” ibi OMS yabivuze mu itangazo ryayo mu kwezi gushize. “Ikwirakwira rya Ebola ntiriterwa n’ubwenegihugu cyangwa ubwoko.”
OMS ivuga ko ibyago by’uko icyorezo cya Ebola muri Congo cyakwirakwira ku rwego mpuzamahanga ari bike.
Ebola ikwirakwira cyane cyane binyuze mu guhura n’amatembabuzi y’umubiri w’umuntu wanduye iyi ndwara. Kugeza ku itariki ya 15 Nyakanga, Congo yari imaze kubarura abantu barenga 2.100 banduye Ebola barimo 828 bapfuye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply