images (5)

U Bufaransa bwaciye imbuga nkoranyambaga ku bana bari munsi ya 15

Sangiza iyi nkuru

Abadepite mu Bufaransa batoye umushinga w’itegeko ribuza abana bari munsi y’imyaka 15 gukoresha imbuga nkoranyambaga, bituma u Bufaransa buba igihugu cya mbere mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi cyemeje itegeko ribuza abana bose gukoresha imbuga nkoranyambaga mu gihe impungenge zikomeje kwiyongera ku Isi ku ngaruka mbi z’ikoreshwa ry’iri koranabuhanga ku bana.

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 21 Nyakanga 2026, imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko yatoye ishyigikira iri tegeko, rimwe muri gahunda zikomeye muri manda ya kabiri ya Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Iri tegeko kandi ribuza ikoreshwa rya telefoni zigendanwa mu mashuri yisumbuye nk’uko inkuru dukesha Euronews ikomeza ibitangaza.

Bivugwa ko iri tegeko ari rimwe mu ngamba zikomeye za nyuma zafashwe ku butegetsi bwa Perezida Emmanuel Macron mbere y’uko ava ku butegetsi umwaka utaha. Macron arashaka ko iri tegeko ritangira gukurikizwa mu ntangiriro z’umwaka mushya w’amashuri muri Nzeri.

Ariko, isuzuma ryo kumenya niba iri tegeko rikurikiza Itegeko Nshinga ry’u Bufaransa rishobora kubaho kandi rishobora gutinza ishyirwa mu bikorwa ryaryo.

Ibindi bihugu byo mu Burayi nk’u Bugereki, Slovenia na Suede, na byo birateganya kubuza abana bato gukoresha imbuga nkoranyambaga.

Soma Izindi Nkuru

m_irene17-ba00e

M Irene yarongoye

August 15, 2026