U Burusiya bwagabye ibitero bikomeye bya misile ku murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, mu gikorwa cyabaye mu ijoro rimwe, nk’uko byatangajwe n’ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru.
Nibura umuntu umwe yapfuye abandi 13 barakomereka, nk’uko bivugwa n’inzego z’ubutabazi za leta.
Ni iki kizwi kuri ibi bitero?
Ibi bitero byatangiye ahagana saa saba n’igice z’igicuku ku isaha yaho (22:30 GMT, ku wa Gatandatu), byakomeje amasaha menshi kandi byibasiye uturere dutandatu.
Abatangabuhamya bari aho, nk’uko tubikesha DW, bavuze ko bumvise ibisasu byinshi, harimo n’ibyaturutse mu ntwaro z’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere.
Umunyamakuru wa AFP we yavuze ko rimwe mu iturika ryari rihambaye cyane ku buryo ryateje ‘alarms’ z’imodoka zose gusakuriza rimwe mu mujyi rwagati.


