Ku wa Gatatu, umucamanza wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashyizeho itariki y’iburanisha rya Nicolas Maduro, wahoze ari Perezida wa Venezuela, n’umugore we, Cilia Flores, mu mujyi wa New York, aho bazaburanishirizwa ku byaha byo gucuruza ibiyobyabwenge.
Aba bombi bamaze igihe bafunzwe kuva mu ntangiriro za Mutarama, ubwo ingabo za Amerika zinjiraga muri Venezuela zigafata aba bombi zibasanze mu rugo rwabo i Caracas.
Iki gikorwa cyo kubafata cyakozwe nijoro mu buryo budasanzwe, cyashimwe na Perezida wa Amerika Donald Trump nk’ “igikorwa cyihariye cyo gushyira amategeko mu bikorwa” kijyanye n’urubanza rw’ibyaha aba bombi baregwagamo mu myaka itandatu ishize.
Maduro yakomeje kuvuga ko arengana, yiyita imfungwa y’intambara kandi avuga ko ifatwa rye ryari ugushimutwa.
Umucamanza Alvin Hellerstein yashyizeho itariki ya 1 Kamena 2027 nk’itariki y’iburanisha rya Maduro n’umugore we, nyuma y’ubusabe bwatanzwe n’abashinjacyaha hamwe n’abunganira abaregwa.
Hellerstein yanateganyije undi muhango w’iburanisha ku itariki ya 17 Ugushyingo hagamijwe kuganira ku mbogamizi zatanzwe n’uruhande rwunganira abaregwa, zirimo no kutemeranya ku buryo bwakoreshejwe mu kubafata no kubajyana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.


