1297df763ca10ba4a3d351aa29d2f755

Nigeria ikomeje gucyura abaturage bayo ibavana muri Afurika y’Epfo

Sangiza iyi nkuru

Nigeria yakiriye indege ya gatanu icyuye abaturage b’iki gihugu bahisemo gutaha bakava muri Afurika y’Epfo, muri gahunda ya leta ya Nigeria yo kubacyura ku bushake.

Mu ijoro ryo ku wa Kane, iyo ndege yageze ku kibuga mpuzamahanga cyitiriwe Murtala Muhammed kiri i Lagos, icyuye abaturage 282.

Mbere, iyo ndege yari yitezwe kugera muri Nigeria ku wa gatatu ariko iratinzwa kubera ibibazo bya tekinike by’iyo ndege.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Nigeria yavuze ko icyiciro cya gatandatu, ari na cyo cya nyuma, cyitezwe gucyurwa n’indege mu cyumweru gitaha, iyo gahunda yo gucyura abaturage ba Nigeria ikazaba irangiye.

Uku gucyurwa kw’iri tsinda ryo ku wa kane gutumye umubare w’Abanya-Nigeria bamaze gucyurwa bavanwe muri Afurika y’Epfo ubu bageze ku 1,141, nkuko iyo minisiteri ibivuga.

Iyo gahunda yatangiye mu ntangiriro ya Kamena uyu mwaka, nyuma y’imyigaragambyo yo kwamagana abimukira mu bice bimwe byo muri Afurika y’Epfo, iteje guhangayika ku mutekano w’abanyamahanga.

Ibihugu byinshi byo muri Afurika, birimo Malawi, Zimbabwe, Kenya, Mozambique na Ghana, na byo byateguye gahunda zo gucyura ku bushake abaturage babyo bifuza kuva muri Afurika y’Epfo nk’uko bitangazwa na BBC.

Iyo myigaragambyo yateje ubushyamirane mu mubano wa dipolomasi hagati y’Afurika y’Epfo n’ibihugu bimwe byo muri Afurika, mu gihe hari ibirego byuko abanyamahanga bibasiwe mu bitero. Hanatangajwe amakuru y’impfu zifitanye isano n’urwo rugomo.

Abayobozi bo muri Afurika y’Epfo bahakanye ibyo birego, bituma habaho gusaba ko hakorwa amaperereza yigenga

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply