Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, kuri uyu wa Kabiri yasinye itegeko rivugurura itegeko nshinga ryongera manda ye ku butegetsi kugeza mu 2030, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa guverinoma, Nick Mangwana.
Izi mpinduka zongera manda ya perezida n’inteko ishinga amategeko kuva ku myaka itanu kugeza kuri irindwi, kandi zikuraho amatora ya perezida ataziguye, bityo agatorwa n’inteko ishinga amategeko.
Inteko Ishinga Amategeko ya Zimbabwe yemeje izi mpinduka mu kwezi gushize nyuma y’uko ishyaka riri ku butegetsi rya Zimbabwe African National Union-Patriotic Front ribonye ubwiganze bwa bibiri bya gatatu mu mitwe yombi y’inteko ishinga amategeko.
“Ryasinywe, riterwaho kashe kandi riratangwa, ubu ni itegeko,” uyu Mangwana mu butumwa yashyize ahagaragara abinyujije kuri X, yomekaho kopi y’iryo tegeko.
Mnangagwa w’imyaka 83, yagombaga kuva ku butegetsi mu 2028 ariko ubu azakomeza kuguma ku butegetsi kugeza mu 2030.
Mnangagwa wahawe izina ry'”Ingona” kubera ubuhanga bwe muri politiki, azamara imyaka 12 ari perezida hakurikijwe izi mpinduka, nyuma y’imyaka hafi mirongo ine uwamubanjirije, Robert Mugabe, yamaze ku butegetsi.


