Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Uganda, kuwa Kabiri rwanze gufungura by’agateganyo Maj. Gen. James Birungi wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ubutasi bwa Gisirikare (CMI) nyuma yo kunanirwa gutanga ingwate, byongera igihe cye muri Gereza ya Gisirikare ya Makindye mu rubanza rwagaragaje imyitwarire mibi ivugwa mu nzego z’ubutasi za gisirikare za Uganda.
Birungi, wayoboraga Ishami rishinzwe Ubutasi bwa Gisirikare, ubu rikaba ari Ishami rishinzwe Ubutasi n’Umutekano rya Gisirikare (Chieftaincy of Defence Intelligence and Security (CDIS), azakomeza gufungwa kugeza ku itariki ya 31 Nyakanga, ubwo urukiko rwa gisirikare ruyobowe na Brig. Gen. Richard Tukacungurwa ruzatanga umwanzuro warwo.
Ashinjwa ubugambanyi n’ibyaha bifitanye isano n’umutekano, akaba ari umwe mu basirikare bakuru ba UPDF bari mu kazi cyangwa abahoze ari abakozi b’ubutasi bakurikiranwe n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare.
Birungi yatawe muri yombi muri Kanama 2025 nyuma y’iperereza ry’akanama kari kayobowe n’Umugaba wungirije w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Lt. Gen. Sam Okiding, kakoze iperereza ku bikorwa by’ubutasi n’ibikorwa byo kurwanya iterabwoba mu gisirikare.
Nk’uko abakoze iperereza babivuga, ngo ryagaragaje ko hari amakuru y’ubutasi yahimbwe, gukoresha nabi isuzuma ry’iterabwoba ndetse n’ikoreshwa nabi ry’amafaranga agenewe ibikorwa.
Akanama bivugwa ko katanze icyifuzo cyo gukurikirana Birungi n’abandi basirikare bakuru nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga.
Abashinjacyaha bavuga ko amwe mu makuru y’ubutasi y’ibinyoma yakoreshejwe mu gushaka amafaranga yo gukoresha ibikorwa by’umutekano aho nyuma hafashwe abasivili bashyirwa imbere bagaragazwa nk’abiyahuzi bakoresha bombe.
Mu yandi mahano yakozwe arimo gukurikiranwa harimo iraswa ry’umugore warasiwe hafi y’Isoko rya Kalerwe n’undi ukekwa hafi y’Ingoro y’Abahowe Imana Gatolika ya Uganda i Munyonyo, bombi inzego z’umutekano zavuze ku mugaragaro ko ari abiyahuzi mu bikorwa bitandukanye mu 2025.
Ibi birego ntibiragaragazwa mu rukiko.
Maj. Gen. Birungi areganwa n’abandi barimo Brig. Gen. James Ruhesi na Maj. Innocent Mugumya barekuwe by’agateganyo nyuma yo kwishyura ingwate, ndetse na Col. David Kidega na Capt. Kenneth Labwon Kinyera, na bo bakomeje gufungwa by’agateganyo, ndetse na Lt. Paddy Nahabwe.


