FARDC yakomeje kurasa mu bice bituwe cyane i Minembwe

about69a47feaf2c64

Kuri iki Cyumweru, iitariki 29 Werurwe 2026 hagati ya saa 20h45 na 7h00 za mugitondo kuri uyu wa Mbere, itariki ya 30 Werurwe 2026, ihuriro rya Kinshasa ryateye ibisasu bitarobanura hakoreshejwe drone z’ubwiyahuzi, byibasira nkana uduce dutuwe cyane twa Mikenke na Gakenke mu misozi ya Minembwe. Itangazo rya AFC/M23 rivuga ko “ibi bitero ni ukurenga […]

Bobi Wine yahishuye ko abashinzwe umtekano bamufashije guhunga

e89ji1u82k9gJDrM

Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Bobi Wine, yahishuye uko yahunze igihugu nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu yo ku itariki ya 15 Mutarama 2026, aho yemereye France 24 mu kiganiro baherutse kugirana, ko yahawe ubufasha n’abashinzwe umutekano mu buyobozi bwa Perezida Yoweri Museveni. Bobi Wine yagize ati: “Nibyo koko, nahunze urugo rwanjye ku itariki ya 16 […]

RDC: ADF iravugwaho gushimuta abantu 300 mu minsi 2

komanda 2

Abasivili barenga 300 bashimuswe n’inyeshyamba z’umutwe wa Allied Democratic Forces (ADF) mu gihe cy’iminsi ibiri gusa muri Teritwari ya Irumu, ku muhanda Mambasa-Komanda mu Ntara ya Ituri, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’ibanze n’abaharanira uburenganzira bwa muntu abitangaza, ngo ibi bitero byagabwe hagati yo kuwa Gatandatu no […]

CAR: Perezida Touadera ararahirira manda ya gatatu

2020 12 23T065553Z 561448185 RC2USK9V16B5 RTRMADP 3 CENTRALAFRICA ELECTION

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 30 Werurwe 2026, Faustin-Archange Touadéra aratangira ku mugaragaro manda ye ya gatatu nka Perezida wa Repubulika ya Centrafrica. Ni nyuma y’amezi arenga abiri gusa Inama y’Itegeko Nshinga yemeje intsinzi ye mu matora y’umukuru w’igihugu yo ku wa 26 Ukuboza 2025, yabonyemo amajwi 77.90%. RFI ivuga ko nubwo hatanzwe ibirego […]

Masisi: Haravugwa imirwano yubuye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

images 8

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 29 Werurwe, haravugwa imirwano ikaze yadutse mu Murenge wa Osso Banyungu wo muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru, hagati y’abarwanyi ba AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo. Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye zaho avuga ko imirwano yatangiye mu gitondo cya kare, ahagana mu ma saa moya, ubwo inyeshyamba zagabaga […]

RDC: Umunyapolitiki Katumbi aramagana umugambi wo guhindura itegeko nshinga

FR NW PKG CLEAN LENTRETIEN MOISE KATUMBI 16 decembre AUBIN Sophian

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Moïse Katumbi, Perezida w’ishyaka Ensemble pour la République, araburira guverinoma ayisaba kwirinda ihindurwa ry’itegeko nshinga rishobora guharurira inzira igana kuri manda ya gatatu Perezida Félix Tshisekedi. “Ntabwo ari ukubera Itegeko Nshinga kuba tudagifite imihanda, abakozi ba Leta bahembwa nabi, abana bapfa bicwa n’inzara, cyangwa se […]

Malabo: Minisitiri w’Intebe yahagarariye Perezida Kagame mu Nama ya OACPS

HEg1941bgAAsgaH

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 27 Werurwe 2026, Minisitiri w’Intebe Justin Nsengiyumva yifatanyije n’abandi bakuru b’ibihugu na za Guverinoma mu muhango wo gutangiza Inama ya 11 y’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika, Karayibe na Pasifika yabereye i Malabo, muri Guinea Equatorial. “Mu gihe imiterere y’isi igenda ihinduka, birumvikana ko n’uburyo bwacu bwo gutera inkunga ibyo dukora bugomba […]

Burundi: Imfungwa zisaga 1400 zugarijwe n’inzara muri Gereza ya Gitega

c936f8c6 fe65 465a b823 efa3bcc11d5f

Mu Mujyi wa Gitega, umurwa mukuru wa politiki w’igihugu cy’u Burundi, baratabariza abafungiwe muri gereza nkuru bugarijwe n’ikibazo cy’inzara. Nk’uko amakuru atandukanye abigaragaza, kuva ku itariki ya 16 Werurwe 2026, abagororwa 1416 bahuye n’ibura ry’ibiribwa rikabije, ibyo bikaba byiyongera ku mibereho y’imfungwa isanzwe ari mibi. Nk’uko amakuru aturuka imbere avuga, kuva kuri iyo tariki, imfungwa […]

Bangui: Ingabo z’u Rwanda zahaye ubuvuzi abagororwa muri Gereza y’Abagore ya Bimbo

Ingabo z’ u Rwanda ziri mu butumwa bw’ amahoro muri Centrafrica, Batayo ya 1, kuwa Gatanu  zakoze igikorwa cyo kuvura abagororwa muri Gereza y’Abagore ya Bimbo iri mu nkengero z’Umujyi wa Bangui. Ni igikorwa cyakozwe biturutse ku busabe bw’ubuyobozi bwa Gereza bwanyujijwe mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA). Iki […]

Abanyamerika bongeye kwigabiza imihanda bamagana Trump

images 6

Imyigaragambyo yagutse yo kwamagana ubuyobozi bwa Trump yabereye mu mijyi yo muri Amerika itandukanye, bikaba bibaye ku nshuro ya gatatu habaye iyi myigaragambyo yiswe “No Kings” mbere yigeze gukurura abantu amamiliyoni. Abategura iyi myigaragambyo bavuga ko bigaragambije bamagana politiki za Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, zirimo intambara yo muri Iran, iy’abinjira […]

AFC/M23 yateye utwatsi ibyo kuva mu bice bimwe yari yarafashe

7b401ab0 dde6 11ef 902e cf9b84dc1357

Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ibikorwa birimo kugaragara ku mirongo inyuranye yo ku rugamba ari ibisanzwe byo “guhinduranya imitwe y’ingabo”, nyuma y’iminsi bivugwa ko abarwanyi baryo bari kuva mu birindiro byabo mu bice bitandukanye muri Kivu y’Amajyaruguru. Mu butumwa bwashyizwe ahagaragara kuri X ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu ushize, Umuvugizi wa AFC/M23 Lawrence […]

Uwahoze ari umuraperi yarahiriye kuba Minisitiri w’Intebe wa Nepal

Balen Shah Swearing in Ceremony Live.jpg

Kuri uyu wa Gatanu, Balendra Shah umuraperi wahindutse umunyapolitiki, yarahiriye kwinjira muri bimwe mu biro biruta ibindi muri iki gihugu nyuma y’ukwezi kumwe habaye amatora rusange. Shah, ufite imyaka 35, ubu ni we muntu ukiri muto ubaye minisitiri w’intebe w’iki gihugu cyo mu misozi ya Himalaya mu myaka ibarirwa muri za mirongo ishize, kandi ni […]

Loni: U Rwanda rusanga kurandura FDLR ari ingenzi mu kurangiza intambara muri RDC

Gy9lDLXXIAIGjkh

U Rwanda rwabwiye Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano ko kurandura umutwe wa FDLR  ugamije gutera u Rwanda ari ngombwa kugira ngo amakimbirane arangire mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Ambasaderi Martin Ngoga yerekanaga aho u Rwanda ruhagaze, kuri uyu wa Kane ushize mu kiganiro yatanze ku butumwa bwo kubungabunga amahoro muri RD Congo, […]

RDC: Abarwanyi ba AFC/M23 bakomeje kuva mu bice bari barafashe

7b401ab0 dde6 11ef 902e cf9b84dc1357

Urujya n’uruza rw’abarwanyi ba AFC / M23 rwagaragaye kuri uyu wa Kane, itariki 26 Werurwe, mu duce twinshi two muri Teritwari ya Walikale iherereye muri Kivu y’Amajyaruguru, cyane cyane i Minjenje na Mpety muri Gurupoma ya Kisimba, no muri Kanune muri Gurupoma ya Ikobo. Nk’uko amakuru aturuka aho agera kuri ACTUALITE.CD abitangaza ngo urugendo rwa […]

RDF yasobanuriye ba Defence Attachés uko umutekano wifashe mu karere

HEWLOpnXEAEwnkg

Minisiteri y’Ingabo hamwe n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bakiriye Abahagarariye mu Rwanda, inyungu za gisirikare (Defence Attachés), mu kiganiro ku mutekano cyabereye ku cyicaro gikuru cy’Ingabo i Kimihurura. Abitabiriye bagejejweho ikiganiro ku bijyanye n’umutekano w’u Rwanda n’ uwo mu karere, ndetse n’uruhare rw’ Ingabo z’ u Rwanda mu bikorwa byo kubungabunga amahoro by’Umuryango w’Abibumbye no mu […]

Afurika y’Epfo yakumiriwe mu nama ya G7 yari yatumiwemo

AP25325562360893

Perezidansi ya Afurika y’Epfo yatangaje ko ubutumire Perezida Cyril Ramaphosa yari yarahawe bwo kwitabira inama ya G7 izabera mu Bufaransa muri Kamena bwateshejwe agaciro bitewe n’igitutu cyakomeje gushyirwaho na Amerika. U Bufaransa bwatangarije Afurika y’Epfo ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kwirinda ko umwe mu banyamuryango bakomeye ba G7 atazitabira inama kuko hari ibimenyetso […]

Ngoma: Urukiko rwaburanishije ushinjwa kwica umugore n’umwana we

csm Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa NGOMA a712e48a40

Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma ruri mu Kagali ka Bujyuyu, Umurenge wa Muyumbu, mu Karere ka Rwamagana muri iki cyumweru rwaburanishirije mu ruhame urubanza Ubushinjacyaha buregamo umugabo w’imyaka 50 y’amavuko ukurikiranweho kwica umugore we ndetse n’umukobwa w’uwo mugore w’imyaka 3 yatahanye muri urwo rugo.  Icyaha akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya12 Gashyantare 2026, ubwo uregwa yicaga aba […]

Israel irigamba kwica umuyobozi w’ingabo zo mu mazi za Iran

119344

Kuri uyu wa Kane, Israel yavuze ko yishe Commodore Alireza Tangsiri, umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi za Iran, Islamic Revolutionary Guard Corps Navy (IRGCN). Minisitiri w’Ingabo muri Israel, Israel Katz, yatangaje ko Tangsiri yiciwe mu “gikorwa cyabaye ijoro ryakeye cyanahitanye n’abandi bayobozi bakuru mu gisirikare cyo mu mazi nk’uko tubikesha Euronews. Katz yagize ati: “Uyu […]

Kalagwe: RDF na TPDF byumvikanye ku ngamba zigamije kongera ubufatanye

HEU LrbaAAAEFyt

Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Tanzania (TPDF) kuri uyu munsi basoje inama ya 15 y’abayobozi b’ ingabo bakorera ku mipaka ihuza ibihugu byombi Tanzania n’ u Rwanda. Ni inama yamaze iminsi itatu y’ibiganiro byabereye mu Karere ka Karagwe, bigamije gukomeza umutekano ku mipaka no guteza imbere ubufatanye bwa gisirikare hagati y’ibihugu byombi. Iyi nama yahuje […]

Uganda yiteguye kwinjira mu ntambara ya Iran mu gihe Israel yabisaba

66423908 511a 4d5a ad32 b9efcb0ca509

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igihugu cye kizafasha Israel niramuka yugarijwe n’irimbuka, mu gihe intambara na Iran ikomeje mu Burasirazuba bwo Hagati. “Turashaka ko intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati irangira nonaha. Isi irarambiwe. Ariko ibiganiro byose byo gusenya cyangwa gutsinda Israel bizatuzana mu ntambara. Ku ruhande rwa Israel!”, ibi […]

Juba: Brig. Gen. Shishir Bharadwaj yasuye Ingabo za RDF

HESHhs1XsAAw31z

Kuri uyu wa Gatatu ushize, Umugaba w’’ Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw’ amahoro muri Sudani y’ Epfo, ushinzwe igice cy’ amajyepfo, Brigadier General Shishir Bharadwaj, yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro (RWANBATT-3) muri icyo gihugu. Uruzinduko rwabereye mu Kigo cya Durupi giherereye i Juba.   Brigadier General Bharadwaj yakiriwe […]

Maurtius: Minisitiri Nkulikiyinka akomeje ingendo zigamije gushakira amajwi Mushikiwabo

Mu ruzinduko rwe mu Birwa bya Maurice (Maurtius), Minisitiri w’Abakozi n’Umurimo, Christine Nkulikiyinka, yakiriwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Navinchandra Ramgoolam. Ibiganiro hagati yabo byibanze kuri kandidatire y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo, ushaka manda nshya mu matora ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka. Haganiriwe kandi ku bushake busangiwe bwo gukurikirana no kwagura imishinga y’inyungu rusange mu […]

MINUSCA irahakana amakuru avuga ko yenda kuva muri Centrafrica

imageresize 1

Ese MINUSCA irimo gupakira imizigo yayo muri Repubulika ya Centrafrica, cyangwa ni gahunda yo kongera gushyira ku murongo ibikorwa byayo mu gihugu? Iki kibazo kimaze ibyumweru giteza impaka n’impungenge mu baturage bo muri Centrafrica. Inkuru dukesha RFI ivuga ko hirya no hino mu gihugu, ibirindiro byinshi by’Ubutumwa bwa Loni bigenda bifunga imiryango buhoro buhoro, rimwe […]

Kenya: CG Namuhoranye yafunguye inama y’ingenzi ku igenzurwa ry’intwaro

HERK NJaIAE6vwB

Mu ruzinduko rw’akazi akomeje kugirira muri Kenya, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, akaba n’umuyobozi mukuru wa komite y’ubujyanama mu bya tekinike (TAC) y’ikigo cy’akarere gishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’intwaro nto (RECSA), yafunguye ku mugaragaro ibiganiro byo ku rwego rwo hejuru ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Nairobi agamije gukumira, kugenzura no kugabanya […]

Kenya: Havumbuwe imva rusange irimo imirambo yiganjemo abana

0aea210d 1e84 4243 abe9 be3624eeda03.jpg

Mu Mujyi wa Kericho mu burengerazuba bwa Kenya, havumbuwe imva rusange irimo imirambo igera muri 32 yiganjemo abana, hakaba hatangiye iperereza ngo hamenyekane uko bishwe. Iyi mirambo yatabaruwe nyuma y’uko polisi ibonye icyemezo cy’urukiko cyo kutabururwa kw’imirambo 14 byavugwaga mbere ko ari yo ishyinguwe aho hantu nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga. Umuganga wa leta ushinzwe gusuzuma […]

RDC: AFC/M23 iravugwaho kuva mu bice byinshi muri Lubero

Capture

Hakomeje kwibazwa byinshi nyuma y’uko inyeshyamba za AFC/M23 zivuye i Kipese muri Teritwari ya Lubero mu ijoro ryo ku wa Mbere, ndetse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 24 Werurwe 2026, biravugwa ko izi nyeshyamba zanavuye mu duce twa Lunyasenge, Bukununu, Musiya, na Katondi, two muri Lubero n’ubundi. Usibye kuva muri ibyo […]

Iran yakajije umurego mu bitero mu gihe Trump avuga ko bari mu biganiro

AFP 20260304 99XH8NQ v4 HighRes TopshotLebanonIsraelUsIranWar 1024x683 1

Iran yakomeje gusuka imvura ya za misile mu baturanyi bo Burasirazuba bwo Hagati, nyuma y’amasaha make Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuze ko Washington na Tehran “bari mu mishyikirano muri iki gihe”. Kuri uyu wa Gatatu, Iran yibasiye ibihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati mu bitero bishya bya misile, nyuma y’amasaha […]

Abayobozi b’Ingabo za RDF na TPDF zikorera ku mipaka bateraniye muri Tanzania

HENXFr4aIAE6qZH

Abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’Ingabo za Tanzania (TPDF) bahuriye mu Karere ka Karagwe mu Nama ya 15 y’Abayobozi b’Ingabo bakorera ku mipaka, igamije gukemura ibibazo by’umutekano byo ku mipaka no gukomeza kunoza ubufatanye hagati y’ibihugu byombi. Iyi nama izamara iminsi itatu, kuva tariki ya 24 kugeza ku ya 26 Werurwe 2026, ihuje Diviziyo ya […]

Umuyobozi w’Igipolisi cy’u Rwanda mu ruzinduko rw’akazi muri Kenya

HEMPBf7WIAAY R

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, uri mu ruzinduko rw’akazi muri Kenya, yasuye mugenzi we wa Polisi ya Kenya, Douglas Kanja Kirocho, mu biro bye biherereye i Nairobi. Bagiranye ibiganiro byibanze ku byerekeye umutekano no gukomeza ubufatanye busanzweho hagati ya Polisi zombi. CG Namuhoranye n’itsinda ayoboye banasuye ibigo by’amahugurwa ya Polisi muri […]

Kalehe: Ibitero bya wazalendo byahitanye abasivili 11 amatungo arasahurwa

Marie Byamwungu Code 1 1722863416

Muri iri joro ryo ku itariki ya 23-24 Werurwe 2026, biravugwa ko ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa, harimo na Wazalendo, zagabye igitero nkana ku baturage bo muri Teritwari ya Kalehe. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23, rivuga ko mu Mudugudu wa Cumuyaga, abantu batanu bishwe bunyamaswa undi arakomereka bikabije, mu gihe amatungo y’abaturage yasahuwe mu buryo […]

Impanuka y’indege y’Igisirikare cya Colombia yahitanye 66

3b34c580 26e0 11f1 908d 0f187797fc2f.jpg

Indege y’ingabo zirwanira mu kirere za Colombia yakoze impanuka nyuma gato yo guhaguruka mu majyepfo y’igihugu, ihitana byibuze abantu 66 abandi benshi barakomereka. Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu kirere, Carlos Fernando Silva Rueda yavuze ko mu ndege hari harimo abasirikare 114, ndetse n’abakozi bo mu ndege 11. Indege yo mu bwoko bwa C-130 Hercules yakorewe muri […]

Uganda: Umusirikare wari waburiwe irengero yasanzwe iwe yapfuye

latest01pix data

Igipolisi cya Uganda mu Karere ka Kabale cyatangiye gukora iperereza nyuma y’urupfu rutunguranye rw’umusirikare mu Ngabo z’igihugu cya Uganda (UPDF), Sergeant Tumwesigye Robert, umurambo we wasanzwe mu rugo rwe nyuma y’iminsi aburiwe irengero. Sgt Tumwesigye, wabarizwaga muri Diviziyo ya 2 akaba yakoreraga mu biro by’ubutasi ku mupaka wa Mukokye mu ntara ya Maziba, yasanzwe nta […]

London: Imbangukiragutabara 4 zatwikiwe mu gisa nk’igitero ku Bayahudi

23xp uk arson ambulances bfkm jumbo

Imbangukiragutabara bivugwa ko ari iz’Abayahudi zigera kuri 4 zatangaga serivisi z’ubutabazi zatwitswe mu majyaruguru y’umurwa mukuru w’u Bwongereza, London. Igipolisi cy’u Bwongereza cyatangaje ko ibi bitero bifatwa nk’icyaha cy’urwango rushingiye ku kwanga Abayahudi. Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yavuze ko ibi bitero biteye ubwoba kandi bibabaje cyane, mu gihe Minisitiri w’Ubuzima, Wes Streeting, yagize […]

Kenya: Uwari minisitiri wari wabuze yatawe muri yombi

QQV Tjag

Raphael Tuju, wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya, kuri uyu wa Mbere ushize yatawe muri yombi nyuma y’umunsi umwe hatangajwe ko yaburiwe irengero, bigatuma habaho impungenge ko ashobora kuba yarashimuswe. Umuyobozi w’iperereza ku byaha, Mohamed Amin, yabwiye abanyamakuru ko Tuju yari mu rugo rwe igihe cyose, avuga ko ari “ibura rye ryateguwe aho kuba […]

Masisi: Hubuye imirwano ikaze hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Kazinga

rutu

Imirwano ikaze yadutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki ya 23 Werurwe 2026, i Kazinga, umudugudu wo mu Murenge wa Osso Banyungu wo muri Teritwari ya Masisi, Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano zaho ndetse n’abayobozi gakondo abitangaza, imirwano yatangiye ahagana mu ma saa […]

U Bwongereza buravuga ko ikirego bwarezwe n’u Rwanda cyatewe n’uburakari

Intambara y’amategeko hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza ku kibazo cy’abimukira yarushijeho gufata intera, aho London yateye utwatsi ikirego cya Kigali gisaba miliyoni 134 z’amadolari, ivuga ko uru rubanza rudafite ishingiro mu mategeko kandi ko ruturuka ku makimbirane ya politiki aho kuba inshingano z’amasezerano. Urubanza ubu ruri imbere y’urukiko mpuzamahanga, ubu rwatangiye gutera kwibaza byinshi kuri […]

Tugomba gukora nk’ikipe imwe kandi itsinda – Minisitiri w’Intebe

HEFnYjXXUAAKSY8e

“Tugomba gukora nk’ikipe imwe kandi itsinda. Gutanga serivisi nziza ku baturage tubigire umuco kuko ari inshingano yacu nk’abayobozi,” ibi ni ibyatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Justin Nsengiyumva, kuri uyu wa Mbere, ubwo yayoboraga inama ihuza inzego z’ubutegetsi. Iyi nama ihuza Inzego zo mu Butegetsi Bwite bwa Leta n’izo mu nzego zegerejwe abaturage yabereye mu gitondo cyo […]

Lionel Jospin wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa yapfuye ku myaka 88

lionel jospin soutient le nouveau front populaire et critique la dissolution

Kuri uyu wa Mbere, umuryango wa Lionel Jospin wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, w’umusosiyaliste watangije icyumweru cy’akazi cy’amasaha 35 n’ubufatanye bw’abaturage ku bashakanye bahuje ibitsina, watangaje ko yapfuye afite imyaka 88. Jospin wari umuyobozi wa guverinoma kuva mu 1997 kugeza mu 2002 mbere yo gutsindwa mu matora ya perezida, yapfuye ku Cyumweru, nk’uko umuryango […]

RDC: Batangiye kubaza icyo miliyari 13.65$ zashowe mu gisirikare zakoze

HD8CjPqbkAATPMD

Mu kiganiro n’abanyamakuru yakoresheje kuri uyu wa Gatandatu ushize, i Kinshasa, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Delly Sessanga yagaragaje ishusho ihangayikishije ku bijyanye n’igisirikare n’umutekano mu gihe cy’imyaka itandatu Félix Tshisekedi ari ku butegetsi (2019-2025), nubwo hari amafaranga menshi yashowemo. Aganira n’abanyamakuru, uwahoze ari umudepite watorewe i Lwiza muri Kasai yagaragaje ubwiyongere bukabije bw’ingengo y’imari mu […]

Umucamanza wa ICC wasohoye impapuro zo gufata Netanyahu yakupiwe amazi n’umuriro

240109075450 netanyahu 010724

Umucamanza w’Umufaransa wayoboye akanama k’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) kasohoye icyemezo cyo guta muri yombi Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu mu 2024, yavuze ko kuri ubu agowe no kubona ibyangombwa by’ibanze bya buri munsi nyuma yo gushyirwa ku rutonde rw’ibihano rwa Amerika, avuga ko uburyo bwo kwishyura hafi ya bwose bukoreshwa mu Bufaransa bugenzurwa n’Abanyamerika […]

New York: Indege ya Air Canada yangiritse cyane nyuma yo kugongana n’imodoka

hq720

Ikibuga cy’indege cya LaGuardia i New York, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyafunzwe kugeza igihe haza gutangwa amabwiriza mashya nyuma y’uko indege ya Air Canada Express igonganye n’imodoka ku butaka. Ubuyobozi bukuru bushinzwe iby’indege bwasohoye itangazo ribuza indege guhaguruka mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira kuri uyu wa Mbere kandi buvuga ko bishoboka ko […]

Kinshasa: Miliyoni 2$ zafatiwe ku kibuga cy’indege zihishe mu mavarisi

tentative de detournement saisis a l aeroport international de ndjili pht ks 22 mars 2026 1

Ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, itariki ya 21 Werurwe, ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Ndjili i Kinshasa, umurwa mukuru wa DRC, ubwo mu igenzura risanzwe ry’abakora ingendo mpuzamahanga, abashinzwe umutekano bavumbuye amafaranga menshi ahishe mu mavarisi abiri agera kuri miliyoni 1.9 z’amadorali ya Amerika. Umwirondoro wa nyiri amavarisi nturashyirwa ahagaragara, gusa mu […]

Walikale: Hadutse imirwano ikaze nyuma y’igitero ku birindiro bya AFC/M23

Carte Walikale1

Umudugudu wa Kanune, uherereye muri Gurupoma ya Ikobo (Teritwari ya Walikale) muri Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa RDC, habereye imirwano ikaze kuri iki Cyumweru, itariki ya 22 Werurwe 2026, hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo. Nk’uko amakuru atandukanye ava muri ako gace abitangaza, imirwano yatangiye mu rukerera, ahagana mu ma saa kumi n’imwe […]

Minembwe: FARDC yongeye kuraza rwantambi abatuye Gakenke na Kalingi

1731745783607

Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu, itariki ya 21rishyira kuri iki Cyumweru, itariki 22 Werurwe 2026, ihuriro ry’Ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa biravugwa ko zakajije umurego mu bitero by’indege zitagira abaderevu z’ubwiyahuzi. Ibi bitero byibasiye uturere dutuwe cyane, harimo imidugudu ya Gakenke na Kalingi, ndetse na centre ya Minembwe nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuvugizi […]

Abagera ku 2000 bitabiriye Inama Nkuru ya 6 y’Urugaga rw’Urubyiruko rwa FPR-Inkotanyi

HEAJkULWUAAXrAk

Urubyiruko rusaga 2000 rwaturutse hirya no hino mu gihugu, kuri iki Cyumweru, itariki 22 Werurwe 2026, rwateraniye ku cyicaro gikuru cy’Umuryango FPR Inkotanyi mu Nama Nkuru ya 6 y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi. Atangiza Inama Nkuru y’urugaga rw’Urubyiruko, Visi Perezida wa Mbere w’Umuryango FPR Inkotanyi, Uwimana Consolee, yasabye urubyiruko guhagurukira guhanga ibishya bikemura ibibazo […]

Abayobozi bakuru ba Iran bamaze kwicwa kuva ku itariki 28 Gashyantare 2026

1773852569 screenshot 2026 03 18 20 47 14 212 com.instagram.android edit

Kuva ku bayobozi ba Basij (Umutwe witwara gisirikare ukorera mu gisirikare cya Iran)kugeza ku muyobozi w’ikirenga, bamwe mu bantu bari bakomeye muri Repubulika ya Kisilamu ya Iran bamaze kwicirwa mu bitero bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel byibasiye Iran mu mezi icyenda ashize. Nk’uko raporo zishingiye ku makuru yemejwe zivuga, umubare w’abo bayobozi […]

Madamu Jeannette Kagame yongeye gucyebura Umuryango Nyarwanda

HD7TAJja8AADIA

Madamu Jeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 21 Werurwe 2026 yongeye gukebura Umuryango Nyarwanda, asaba ababyeyi kongera kubaka ubusabane hagati yabo n’abana babo no kubigisha gukomera ku muco w’igihugu. Ibi Madamu Jeannette Kagame yabitangarije aho yitabiriye Inama Nkuru ya 6 y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku muryango wa RPF-Inkotanyi […]

Seychelles: Minisitiri Nkulikiyinka yakiriwe na Visi Perezida Pillay

HD9e4SqaMAEkmT7

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Nkulikiyinka Christine, yakoreye uruzinduko rw’akazi muri Seychelles, aho yakiriwe na Visi Perezida w’iki gihugu, Sébastien Pillay, baganira ku gushyigikira kandidatire y’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo ushaka gukomeza kuyobora OIF). Itangazo ryashyizwe kuri X na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 21 Werurwe 2026, ryemeje […]

Sudani: Byibuze abantu 64 baguye mu gitero cyagabwe ku bitaro

53bc3790 1040 11ef afcd 2f4b0a5e0209

Umuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) yavuze ko byibuze abantu 64 baguye mu gitero cyagabwe ku bitaro byo muri Darfur y’Iburasirazuba, muri Sudani. Umuyobozi Mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ko abapfuye bazize igitero cyo ku wa Gatanu barimo abana 13, abakozi mu by’ubuvuzi n’abarwayi benshi. Umuyobozi wa OMS arasaba ko intambara […]

Minisitiri w’Ingabo n’intumwa ayoboye bari i Arusha muri Tanzania

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 20 Werurwe 2026, intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ingabo z’ u Rwanda, J. Marizamunda, zirimo Brig Gen David Ngarambe Bukenya, Umuyobozi ushinzwe operasiyo ( ChiefJ3) wari uhagarariye Umugaba Mukuru wa RDF, zitabiriye Inama ya 42 y’Inzego zishinzwe Ubufatanye mu bya Gisirikare mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Ni inama yabereye i […]

Abanyekongo n’Abarundi mu baguye mu mpanuka bashaka kujya i Burayi

YzgzMWYyNzktZjB 600x315 1

Abenegihugu 16 ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo bari mu bahitanwe n’impanuka y’ubwato yabaye ku itariki ya 18 Werurwe ku nkombe za Mitsamiouli, mu birwa bya Comoros. Ukurikije urutonde rwashyizwe ahagaragara, abantu 18 bahasize ubuzima, barimo Abanyekongo 16 n’Ababurundi 2 nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye. Ubuyobozi bushinzwe umutekano w’abaturage muri Comoros bwo ku ruhande rwabwo buvuga […]

Bobi Wine uherutse gusohoka muri Uganda rwihishwa yagaragaye i Washington

IMG 7431 edited

Bobi Wine yongeye kugaragara muri Amerika nyuma y’icyumweru avuye muri Uganda. Ku wa Gatandatu, itariki ya 14 Werurwe, nibwo uyu muyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, NUP, yatangaje ko yavuye mu gihugu cye, aho yari amaze igihe yihishe kuva amatora ya perezida yo muri Mutarama 2026 yarangira. Urugo rwe rwari rugoswe n’inzego z’umutekano, ariko aho aherereye […]

Koreya ya Ruguru: Umukobwa wa Kim Jong Un yagaragaye atwaye igifaru

1024x576 cmsv2 1d99d995 fee2 524a a29b 983bbccca971 9692328

Umukobwa wa Kim Jong Un yakunze kugaragara aherekeza se mu birori bikomeye bya gisirikare mu mezi ashize, bikomeza kwibazwaho ko umukobwa ukiri muto ashobora kuba arimo gutegurirwa kuzamusimbura ku buyobozi bwa Koreya ya Ruguru. Uyu mukobwa w’umwangavu (bikekwa ko yavutse hagati ya 2012 na 2013) w’umuyobozi wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un, kuri iyi nshuro […]

Perezida Chapo yemeje ko ikibazo cy’u Rwanda na EU atari cyo cyamujyanye i Buruseli

HDnaipQagAANSn

Muri iki cyumweru, Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, yakoze uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine i Buruseli ku cyicaro gikuru cy’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, nyuma y’uko uyu muryango wemeje uzahagarika gutera inkunga ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda mu ntambara yo kurwanya iterabwoba mu ntara ya Cabo Delgado. Ibiro Ntaramakuru byo muri Portugal, Lusa, byatangaje ko, icyumweru gishize, […]

Igitero cya drone yaturutse muri Sudani cyahitanye 17 muri Tchad

76430153 6 1

Kuri uyu wa Kane ushize, Guverinoma ya Tchad ndetse n’abaturage bavuze ko igitero cy’indege itagira umudereva yambutse umupaka ivuye muri Sudani cyahitanye abantu 17 muri Tchad harimo n’abari mu cyunamo bitabiriye umuhango wo gushyingura. Umujyi wa Tine uri ku mupaka wagabwemo iki gitero ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu ubwo abari mu cyunamo bari bateraniye […]

Itsinda ry’abanyeshuri ba Kaminuza ya Havard ryasuye Icyicaro gikuru cya RDF

HDxaCGPXQAAZOt

Itsinda ry’abanyeshuri 41 baturutse muri Kaminuza ya Harvard, bari mu ruzinduko rw’iminsi irindwi mu Rwanda, uyu munsi basuye Icyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda (RDF). Bakiriwe n’Umuvugizi w’Ingabo, Brigadier General Ronald Rwivanga, mu izina ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda. Iryo tsinda ryasobanuriwe impinduka n’iterambere RDF imaze kugeraho kuva mu 1994, uruhare rwayo ku mutekano wo ku […]

Minisiteri y’abakozi ba leta yatanze ikiruhuko kuri uyu wa Gatanu

ugjpg07272

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 20 Werurwe 2026 uzaba ari umunsi w’ikiruhuko mu gihugu hose ubwo hazaba hizihizwa umunsi mukuru wa Kisilamu usoza igisibo cy’Ukwezi kwa Ramadhan. Itangazo rya Minisiteri y’abakozi ba leta n’umurimo rimenyesha abakoresha n’abakozi mu nzego za leta n’iz’abikorera ko ku itariki 20 Werurwe 2026 ari umunsi w’ikiruhuko mu rwego rwo kwizihiza […]

Ikibazo cy’Impunzi z’Abarundi cyaganiriwe mu nama y’iminsi 3 i Nairobi

HDtUM2pWgAAERiL

Kuri uyu wa Gatatu Minisitiri Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira, ushinzwe ibibazo by’impunzi mu nshingano ze, yakurikiranye inama y’abaminisitiri yahuje abahagarariye guverinoma baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika yaberaga i Nairobi, muri Kenya, kuva ku itariki 16-18 Werurwe 2026. Iyi nama yitabiriwe n’u Rwanda, u Burundi, Tanzania, Kenya, Uganda, Zambia, Malawi, Mozambique na Afurika y’Epfo, […]