Emir wa Qatar yashyikirijwe ubutumwa bwa Perezida Kagame

Emir w’ubwami bwa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, yakiriye ubutumwa bwanditse bwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, buvuga ku mibanire y’ibihugu byombi n’uburyo bwo kubushyigikira no kubuteza imbere. Ubu butumwa bwakiriwe kuri iki Cyumweru na Sheikh Khalifa bin Hamad bin Khalifa Al Thani, Minisitiri w’umutekano akaba n’umuyobozi w’urwego rushinzwe umutekano imbere […]
Ikipe y’igihugu y’abangavu batarengeje imyaka 17 yerekeje muri Zambia

Kuri iki Cyumweru, Ikipe y’Igihugu y’Abangavu batarengeje imyaka 17 yahagurutse i Kigali yerekeza muri Zambia aho agomba gukinira umukino wo kwishyura mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cy’Abatarengeje imyaka 17. Uyu mukino wo kwishyura uzaberara kuri Levy Mwanawasa Stadium uzaba kuwa Gatatu, itariki ya 22 Mata 2026. Ni mu gihe umukino ubanza wari wabereye […]
Goma: Umugabo yishwe ashinjwa kurigisa igitsina cy’undi muntu

Umugabo yishwe n’abaturage biha ubutabera mu Mujyi wa Goma, aho amakuru menshi avuga ko ibi byabereye mu gace ka Ndosho muri Komini ya Karisimbi, gahana imbibi na Teritwari ya Nyiragongo. Abatangabuhamya benshi bavuga ko uwahohotewe yibasiwe n’agatsiko k’abantu bari barakaye bamushinja kunyereza igitsina cy’undi mugabo. Kubera ibihuha n’uburakari bw’abaturage, abaturage bamuteye amabuye kugeza apfuye. Abayobozi […]
Trinidad&Tobago: Imibiri 50 y’impinja yasanzwe yajugunywe mu irimbi

Igipolisi cyatangaje ko imibiri y’impinja nibura 50 n’abantu bakuru batandatu yajugunywe mu irimbi ryo mu gihugu cya Trinidad na Tobago. Mu itangazo ry’igipolisi cyo muri iki gihugu (TTPS) bavuze ko iyo mibiri yabonetse mu mujyi wa Cumuto, ku birometero 40 uvuye ku murwa mukuru wa Port of Spain muri Trinidad, kimwe mu birwa bibiri bigize […]
Intambara y’amagambo irakomeje hagati ya Papa Leo XIV na Trump

Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Leo XIV, aravuga ko atashakaga kujya impaka na Donald Trump ubwo yanengaga “abanyagitugu” kuba bakoresha amamiliyari mu ntambara mu ijambo rye mu ntangiriro z’iki cyumweru. Papa yavuze ko amagambo, yavuzwe nyuma y’iminsi mike nyuma yo guterana amagambo na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yanditswe ibyumweru bibiri – “mbere […]
Iran iravuga ko hari intambwe imaze guterwa mu biganiro na Amerika

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Iran, Mohammad Bagher Ghalibaf, yavuze ko hari “iterambere” mu biganiro na Amerika “ariko ko hari icyuho kinini kandi ingingo zimwe na zimwe zikiri kuganirwaho.” Ghalibaf yavugiye ibi kuri televiziyo kuri uyu wa Gatandatu, arimo araganira ku masezerano yo guhagarika burundu intambara yatangijwe na Israel na Amerika, aho yagize ati: “Turacyari […]
U Rwanda rwatangije umubano ushingiye kuri dipolomasi na Uzbekistan

Igihugu cy’u Rwanda cyabaye icya 167 igihugu cya Uzbekistan cyatangijemo umubano ushingiye kuri dipolomasi nk’uko byatangajwe na minisiteri y’ububanyi n’amahanga yacyo kuri uyu wa Gatandatu ushize. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uzbekistan ibinyujije kuri X yavuze iti: “ku bufatanye na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mpuzamahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, twasinyanye Itangazo rihuriweho ku itangizwa ry’umubano ushingiye […]
Gen. Rwivanga yavuze ku ngengabitekerezo ya jenoside mu karere

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 18 Mata 2026, Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yifatanyije n’abakozi b’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) hamwe n’Ibiro by’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta (OAG) mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabereye i Kimihurura. Yatanze ikiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Ingengabitekerezo ya jenoside mu karere n’uruhare […]
Iran yafunguye Umuhora wa Hormuz

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Iran yatangaje ko Umuhora wa Hormuz “ufunguye byuzuye mu gihe gisigaye cy’agahenge”. Mu butumwa yashyize ku rubuga X, Minisitiri Abbas Araghchi yagize ati: “Bigendanye n’agahenge muri Liban, inzira ku mato yose y’ubucuruzi mu muhora wa Hormuz dutangaje ko ifunguye byuzuye mu gihe gisigaye cy’agahenge…” Nyuma y’ubwo butumwa Perezida Donald Trump yahise […]
Karongi: Hafashwe umugore wari umaze imyaka hafi 20 yihisha ubutabera kubera jenoside

Umugore w’imyaka 52 yatawe muri yombi mu Karere ka Karongi nyuma y’imyaka 19 yihisha ubutabera kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi nk’uko byatangajwe n’abayobozi. Tarcille Uwimana wari warahamijwe icyaha agakatirwa igifungo cy’imyaka 25 n’inkiko za Gacaca, yafatiwe mu Mudugudu wa Ngoma, Akagari ka Gitega, Umurenge wa Rugabano, ku wa Kabiri, itariki ya 14 Mata. […]
Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ryitabiriye Inteko Rusange ya 9 ya OSMA i Livingstone

Itsinda ry’u Rwanda mu Muryango Mpuzamahanga w’Imikino ya Gisirikare (CISM) no mu Muryango w’Imikino ya Gisirikare muri Afurika (OSMA), riyobowe na Col DĂ©sirĂ© Migambi Mungamba, Umuyobozi ushinzwe ubufatanye bw’ingabo n’abaturage, riri kwitabira Inteko Rusange ya 9 ya OSMA iri kubera i Livingstone muri Zambiya, kuva ku ya 12 kugeza ku ya 18 Mata 2026. Inteko […]
Somalia yamaganye igikorwa cya Israel cyo kohereza ambasaderi muri Somaliland

Kuri uyu wa Gatatu ushize, Israel yashyizeho ambasaderi wayo wa mbere mu karere ka Somalia kitandukanyije n’igihugu, ibintu ubutegetsi bwa Mogadishu bwamaganye buvuga ko binyuranyije n’amategeko. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel yatangaje ko Michael Lotem yagizwe ambasaderi udatuye muri Somaliland. Nk’uko byatangajwe na radio y’igihugu muri Israel, KAN, ngo Lotem yabanje kuba ambasaderi muri Kenya, […]
Litiro ya lisansi yiyongereyeho asaga 600Frw

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere, RURA, kuri uyu wa Kane ushize rwashyize ahagaragara ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli bitamgira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu, itariki 17 Mata 2026, aho linsansi yiyongereyeho asaga 600Frw. RURA ivuga ko ibi biciro bishingiye ku mpinduka ziri ku isoko mpuzamahanga ry’ibikomoka kuri peteroli n’ingamba Leta y’u Rwanda yafashe zo guhangana n’izo mpinduka. […]
Minisitiri w’Ingabo yakiriye itsinda ry’Ingabo za Kenya ziri mu Rwanda

Kuri uyu wa Kane, itariki 16 Mata, itsinda ryaturutse mu biro bishinzwe imibanire mu bya gisirikare mu Ngabo za Kenya, riyobowe na Col Samuel Otieno OLANDO, ryagiriye uruzinduko kuri Minisiteri y’ Ingabo, Kimihurura, rigirana ikiganiro na Minisitiri w’ Ingabo Juvenal Marizamunda. Iri tsinda riri mu Rwanda kuva ku itariki ya 13 kugeza kuri uyu wa […]
Trump aremeza ko Israel na Liban byemeranyije agahenge

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, kuri uyu wa Kane, itariki 16 Mata 2026, yatangaje ko Liban na Israel bumvikanye agahenge k’iminsi 10. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Donald Trump yavuze ko yavuganye na Perezida Joseph Aoun wa Liban na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu. Mu butumwa ntaho avuga umutwe wa […]
Tunisia: Minisitiri Nduhungirehe yakiriwe na Perezida KaĂŻs SaĂŻed

Mu ruzinduko rwe mu gihugu cya Tunisia, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, kuri uyu wa Kane yakiriwe na Perezida wa Repubulika ya Tuniziya, KaĂŻs SaĂŻed, amushyikiriza ubutumwa bwihariye bwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Ibiganiro byabo byibanze cyane cyane kuri kandidatire y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF (Umuryango Mpuzamahanga wa La Francophonie), Louise Mushikiwabo, muri […]
RDC: Ubutegetsi bwakomeje ibitero mu gihe buri mu biganiro na AFC/M23

Nyuma yo gushyira umukono ku buryo bushya bwo gufatanya kugenzura ihagarikwa ry’imirwano mu Busuwisi, ubutegetsi bwa Kinshasa ngo bwongeye kwerekana ko butita kandi bwirengagije byimazeyo ibyo bwiyemeje. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga ko “Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, itariki 15 Mata 2026, hagati ya saa 20h15 na saa 23h45 z’ijoro, ihuriro ry’ingabo zishyize […]
U Rwanda, Kenya na Uganda byiyemeje kwihutisha iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi

Abaminisitiri b’imari baturutse muri Kenya, u Rwanda na Uganda bemeye gushyira imbere gushakira amafaranga umushinga wadindiye w’iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi wa Standard Gauge Railway (SGR), mu rwego rwo guhuza akarere ufatwa nk’umwe mu mishinga y’ibikorwaremezo ikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba. Iyi nama yabereye iruhande rw’inama za IMF na Banki y’Isi zo mu mpeshyi 2026 […]
Tariki 16 Mata 1994: Uko Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe hirya no hino mu gihugu

Tariki ya 16  Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yakomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi tariki ya 16 Mata 1994. Muri iyi nyandiko hariyongeraho amakuru ya Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyamata mu Kiliziya no mu nyubako zayo. Ubwicanyi bwatangiye guhera tariki […]
USA: Igipolisi kishe umugore wari ushimuse umwana

Igipolisi cyavuze ko uyu mugore witwaje icyuma yarashwe n’abapolisi hanze y’iduka rya Walmart muri Leta ya Nebraska yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo gushimuta umwana. Uwagabye igitero yashimuse umwana w’imyaka itatu muri supermarket ya Omaha yamutunze icyuma, kuwa Kabiri ushize, mu gitero ngo byagaragaye ko cyari gitunguranye. Amashusho yavuye kuri camera zambarwa […]
Kwibuka32: Lt Col Kabera yatanze ikiganiro ku rugamba rwo guhagarika jenoside

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 15 Mata 2026, ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, Umuvugizi wungirije w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Simon Kabera, yifatanyije n’abakozi ba Ecobank mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu kiganiro yatanze, Lt Col Simon Kabera yasobanuye uko Jenoside yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa bitewe n’imiyoborere mibi yari iriho […]
Brazzaville: Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we Sassou Nguesso

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu i Le Palais du Peuple i Brazzaville, Perezida Kagame yabonanye na Perezida watowe wa Repubulika ya Congo i Brazzaville muri Palais du Peuple Sassou, mbere y’irahira rye riteganyijwe kuri uyu wa Kane. Aba bayobozi bombi baganiriye ku mibanire myiza isanzweho hagati y’ibihugu byombi, ibibazo by’ingirakamaro ku mugabane, n’ubufatanye […]
Abidjan: Umunyamabanga Mukuru wa OIF yagiranye ibiganiro na Perezida Ouattara

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 14 Mata 2026, Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie, Louise Mushikiwabo, yakiriwe, i Abidjan, na Alassane Ouattara, Perezida wa Repubulika ya Cote d’Ivoire. Ibiganiro byibanze ahanini ku bibazo bijyanye n’inama ya Francophonie itegerejwe, izabera muri Cambodge mu Gushyingo 2026. Usibye ibyo bibazo, baganiriye ku bufatanye buri hagati ya CĂ´te d’Ivoire na OIF […]
Brazzaville: Minisitiri Biruta yakiriwe n’umuhungu wa Sassou Nguesso

Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki ya 14 Mata, Minisitiri w’Ubutwererane Mpuzamahanga wa Repubulika ya Congo, akaba n’umuhungu wa Perezida Sassou Nguesso, yakiriye Minisitiri w’Umutekano w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, aherekejwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo hamwe n’intumwa z’abayobozi b’u Rwanda. Abinyujije kuri X, Minisitiri Christel Sassou Nguesso yagize ati: “Iyi nama iri mu […]
Tariki 15 Mata 1994: Umunsi za kiliziya n’insengero zimenerwamo amaraso menshi y’Abatutsi

Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 15 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi kuri iyi tariki mu 1994. Abatutsi biciwe kuri Cour d’appel ya Ruhengeri, Musanze Inyubako y’Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze, yahoze yitwa […]
RDC irakira abimukira ba mbere birukanwe muri Amerika muri iki cyumweru

Repubulika ya Demokarasi ya Congo yiteguye kwakira abantu ba mbere barenga 30 birukanwe muri Amerika muri iki cyumweru, nk’uko amakuru agera kuri Reuters avuga, nk’urugero ruheruka rwa Washington ikoresha amasezerano na guverinoma za Afurika mu kwihutisha iyirukanwa ry’abimukira. Nk’uko amakuru amwe n’amwe ari mu nyandiko z’urukiko muri Amerika abigaragaza, abirukanwe bose bakomoka mu bindi bihugu […]
Rubavu: Batanu bakurikiranweho kwica umugore w’umwe muri bo

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Rubavu bukurikiranye umugabo w’imyaka 43 ukekwaho kwica umugore we w’imyaka 38 y’amavuko ndetse n’abasore bane yahaye akazi ko kumwica. Icyaha bakurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 01 Mata 2026 mu Mudugudu wa Kinihira, Akagari ka Kibisabo, Umurenge wa Rambura, mu Karere ka Nyabihu ubwo aba basore bane bategeraga uyu mugore mu […]
Nibura abantu 12 bapfiriye mu mpanuka y’ubwato mu Kiyaga cya Tanganyika

Nibura abantu 12 bapfiriye mu mpanuka y’ubwato yabereye cya Tanganyika, hafi y’Umudugudu wa Mutakuya, muri Teritwari ya Kalemie mu Ntara ya Tanganyika, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Nk’uko bitangazwa na Sosiyete sivile ya Sheferi ya Rutuku, ngo ubwato bwa moteri bwavaga i Kasama bwerekeza Kamkolombondo bwarohamye mu gitondo cya kare, butwaye abagenzi n’imizigo. Iyi […]
Gitifu w’Umurenge wa Bugarama yafunzwe ashinjwa gupfobya jenoside

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bugarama, Akarere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, Ndamyimana Daniel, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ashinjwa guhakana jenoside. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yatangaje ko Ndamyimana Daniel akurikiranweho icyaha cyo guhakana Jenoside no kugoreka ukuri kuri Jenoside agamije kuyobya rubanda. Yafashwe ku wa 11 Mata 2026, kuri ubu […]
Espagne: Umugore wa minisitiri w’intebe yajyanwe mu nkiko ashinjwa ruswa

Umugore wa Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Pedro Sanchez, Begona Gomez, yashinjwe ruswa ku mugaragaro, nyuma y’iperereza rimaze imyaka myinshi rikorwa ku byaha we n’umugabo we bahakana. Umucamanza Juan Carlos Peinado, ukora iperereza kuri uru rubanza kuva muri Mata 2024, yavuze ko iperereza rye ryabonye ibimenyetso bihagije byerekana imyitwarire y’icyaha ya Gomez, nk’uko icyemezo cyashyizwe ahagaragara […]
Benin: Romuald Wadagni yatsinze amatora ya perezida ku majwi 94%

Muri BĂ©nin, Romuald Wadagni yatsinze amatora ya perezida n’amajwi 94%. Ibyavuye mu matora yo ku Cyumweru by’agateganyo byatangajwe na komisiyo y’igihugu yigenga ishinzwe amatora (CENA) mu ijoro ryo ku wa Mbere, itariki ya 13 Mata rishyira kuri uyu wa Kabiri, itariki 14 Mata 2026. Umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi, Romuald Wadagni, yagize amajwi 94%, mu […]
Trump yamaganwe bikomeye nyuma yo kwigaragaza ameze nka Yesu

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasibye bwangu ubutumwa bwateje impaka yari yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwe rwa Truth Social buri kumwe n’ifoto ye yigize nk’umukiza Yesu Kristu. Iyo foto yakozwe hifashishijwe ubwenge buhangano (Artificial Intelligence, AI), yagaragazaga Trump Ameze nkaho arimo gukiza umurwayi uryamye ku gitanda mu bitaro. Ni ifoto yatumye […]
Tariki 14 Mata 1994: Abatutsi basaga 30,000 biciwe muri Kiliziya ya Kibeho

Nyuma y’icyumweru Jenoside yakorewe Abatutsi itangiye, Ingabo zirenga 450 z’Ababiligi zari mu Rwanda mu butumwa bw’amahoro ni bwo zuriye indege zisubira mu gihugu cyabo mu gihe ubwicanyi bwari buri gufata intera mu gihugu. Interahamwe n’abasirikare ba Leta biciye Abatutsi basaga 10,000 muri Kiliziya ya Nyamata, mu kibuga cya kiliziya ndetse no mu zindi nyubako zihegereye. […]
Papa Leo XIV yatangiye uruzinduko rw’amateka mu bihugu 4 bya Afurika

Kuri uyu wa Mbere, Papa Leo XIV yatangiye uruzinduko runini muri Afurika, ari narwo rugendo rwe rwa mbere runini mu mahanga kuva yatangira kuyobora Kiliziya Gatolika. Amakuru aturuka i Vatican avuga ko Papa yatangiye uruzinduko kuva kuri uyu wa Mbere, itariki 13 Mata ruzasozwa ku itariki ya 23 Mata, akanyura muri Algeria, Cameroun, Angola na […]
Masisi: Inyeshyamba za wazalendo ntizahiriwe n’ibitero ku birindiro bya AFC/M23

Muri iki gitondo cyo ku wa Mbere, itariki ya 13 Mata, i Kalembe na Kalonge, imijyi ibiri iherereye ku mupaka wa teritwari za Masisi na Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, haravugwa ituze nyuma y’imirwano ikaze yahuje abarwanyi ba AFC/M23 na Wazalendo. Nk’uko amakuru atandukanye ava muri ako gace abitangaza, inyeshyamba za Wazalendo zagabye ibitero […]
Claude Ibalanky uherutse kwitandukanya na Tshisekedi mu ntumwa za AFC/M23 zoherejwe mu Busuwisi

Gahunda y’Ibiganiro bya Doha hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Guverinoma ya Kongo irakomeza muri iki cyumweru mu Busuwisi, aho ibiganiro byimuriwe kubera intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati. Iri huriro rirwanya ubutegetsi ryashyikirije Mohammed Bin Abdel Aziz Al Khulaifi, umunyamabanga wa Leta akaba na minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’igihugu cya Qatar, amazina y’abantu 12 […]
Ishyamba si ryeru hagati ya Trump na Papa Leo XIV

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yanenze Papa Leo XIV ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’uko uyu munyamerika wa mbere ukuriye Kiliziya Gatolika yamaganye iterabwoba rya Trump kuri Iran. Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwe, Truth Social, Perezida Trump yavuze ko Papa “adafite ubumenyi ku bijyanye na politiki mpuzamahanga.” Yakomeje agira ati: “Sinshaka Papa […]
Sudani: Abajenerali 21 boherejwe mu zabukuru

Umuyobozi w’Ingabo za Sudani, Abdel Fattah al-Burhan, yohereje mu kiruhuko cy’izabukuru abasirikare benshi bo mu rwego rwo hejuru kandi azamura mu ntera abandi, mu gikorwa igisirikare cyavuze ko ari ibintu bisanzwe. Ikinyamakuru Sudan Tribune cyamenye ko aboherejwe mu kiruhuko cy’izabukuru harimo ba ofisiye 21 bafite ipeti rya jenerali majoro. Mu mazina azwi cyane harimo Diab […]
Perezida Kagame yashimiye mugenzi we Guelleh watsindiye indi manda

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimiye mugenzi we, Perezida Ismail Guelleh watsindiye indi manda yo kuyobora igihugu cya Djibuti. Mu butumwa yanyujije kuri X, Perezida Kagame yagize ati: “Navuganye kuri telephone kuri iki gicamunsi n’umuvandimwe wanjye, Perezida Ismail Omar Guelleh, aho naboneyeho kumushimira ku kuba yongeye gutorerwa kuba Perezida wa Djibouti.” Perezida Kagame […]
Amerika yiyemeje gufunga ibyambu byose bya Iran

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyatangaje ko guhera kuri uyu wa Mbere gitangira gufunga ibyambu byose bya Iran, nk’intambwe ya nyuma yo gushyira igitutu kuri Tehran nyuma y’ibiganiro by’amahoro byo muri Pakistan byarangiye nta masezerano agezweho. Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, itariki 12 Mata, Ubuyobozi bukuru bw’Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za […]
Elon Musk yashinje Afurika y’Epfo kumubuza gukora kubera uruhu rwe

Umuherwe wa mbere ku Isi kugeza ubu, Elon Musk, ufite ibigo bitandukanye birimo Tesla, Starlink ndetse na X, yashinje Leta ya Afurika y’Epfo kumubuza gukorera mu gihugu yavukiyemo kubera ko atari umwirabura. Ibi Elon Musk yabitangaje kuri iki Cyumweru, itariki 12 Mata 2026 mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwe rwa X. Yagize ati: “Afurika […]
Gasabo: Rurangwa wari wasubirishijemo urubanza yongeye guhamwa n’icyaha cya jenoside

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwasomye urubanza Ubushinjacyaha buregamo Rurangwa Oswald, wari ukurikiranweho icyaha cyo kwica nk’icyaha cya Jenoside, icyaha cyo gushishikariza abantu gukora Jenoside, icyaha cy’ubufatanyacyaha muri Jenoside, icyaha cyo gucura umugambi wo gukora Jenoside ndetse n’icyo gutegura Jenoside, rumuhanisha igihano cy’igifungo cya burundu. Rurangwa yari yarakatiwe n’Urukiko Gacaca rw’Umurenge wa Gisozi igifungo cy’imyaka 30 […]
Nduhungirehe yanenze imyitwarire ya Loni mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje akamaro ko kwibuka, agaruka ku kunanirwa k’Umuryango Mpuzamahanga wananiwe gutabara Abatutsi, ndetse aboneraho gushimira ibihugu byaburanishije cyangwa bikohereza mu Rwanda abakekwaho uruhare muri jenoside. Ni kuri uyu wa Gatandatu ushize ku rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza, aho Minisitiri Nduhungirehe yari yifatanije n’abacitse ku icumu, mu Karere ka […]
Tariki 13 Mata 1994: Umunsi Abatutsi basaga 35,000 bicirwa muri Kiliziya ya Nyarubuye

Tariki ya 13 Mata 1994 ni imwe mu matariki atazibagirana kubarokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 kuko kuri iyo tariki abatutsi bari baragiye bahungira ahantu hatandukanye mu Rwanda bagabweho ibitero benshi bakwicwa . Tariki ya 13 Mata 1994 ni imwe mu matariki atazibagirana kubarokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 kuko kuri iyo tariki […]
Ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gusuka ibisasu mu bice bituwe cyane i Minembwe
Mu gihe ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 bitegura ibiganiro bishya bigomba guhera mu busuwisi guhera kuri uyu wa Mbere, iitariki 13 Mata, impande zombi zikomeje gushinjanya kugabanaho ibitero no kurenga ku gahange. Iri huriro rirwanya ubutegetsi kuva mu mpera za 2021 rirashinja ubutegetsi bwa Kinshasa kwirengagiza ibyo biganiro no kugaba ibitero […]
Pakistan: Ibiganiro hagati ya Amerika na Iran byakubise igihwereye

Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, JD Vance, avuga ko igihugu cye na Iran byananiwe kugera ku masezerano nyuma y’ibiganiro by’amahoro byari byitezweho byinshi byabereye i Islamabad mu murwa mukuru wa Pakistan. Mbere yo kurira indege ya Air Force 2 ngo asubire muri Amerika, Vance yavugiye mu kiganiro n’abanyamakuru ko Irani yahisemo “kutemera […]
Ngororero: Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’abaturage mu kwibuka ku nshuro ya 32

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 10 Mata 2026, Minisitiri w’Intebe, Justin Nsengiyumva, yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Ngororero mu kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu ijambo rye, Minisitiri w’Intebe yibukije ko “Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi no kwigira ku mateka mabi u Rwanda rwahuye nayo, biturutse ku bukoloni n’ubutegetsi bubi bwa Repubulika […]
RDC: Sukhoi ya FARDC yagabye ibitero i Minembwe no mu nkengero zaho

Ihuriro AFC / M23 riravuga ko mu gihe intumwa zaryo zitabiriye ibiganiro bitegerejwe mu Busuwisi, ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje guhonyora nkana kandi kenshi inzira z’amahoro. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga ko “Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 10 Mata 2026, saa munani n’igice z’umugoroba, indege y’intambara ya Sukhoi Su-25 y’ubutegetsi bwa Kinshasa yateye ibisasu […]
Korea ya Ruguru yagerageje ibisasu bishya bifite ikoranabuhanga rihambaye

Ibiro Ntaramakuru by’igihugu cya Korea, KCNA, biratangaza ko Koreya ya Ruguru yakoze igerageza ry’intwaro zifite ikoranabuhanga ryo mu rwego rwo hejuru mu gihe ishaka kongera intwaro zayo yongeramo intwaro za electromagnatic, ibisasu bya carbon fibers ndetse n’ubwirinzi bushya bw’ibitero byo mu kirere bugendanwa. Igerageza ryakozwe mu minsi itatu. Kim Jong-sik, umujenerali wagenzuye igerageza, yavuze ko […]
Sudani: Igitero cya drone cyahitanye abarenga 40 mu bukwe

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu ushize, abantu barenga 40, barimo n’abagize umutwe wa Rapid Support Forces (RSF), biciwe mu gitero cy’indege itagira umupilote mu bukwe bwaberaga i Kutum, mu majyaruguru ya Darfur. Kutum igenzurwa na RSF kuva mu mezi ya mbere y’intambara yatangiye muri Mata 2023. Uyu mujyi wagiye ugabwaho ibitero by’indege zitagira […]
AFC/M23 yerekeje mu biganiro mu Busuwisi nubwo ikomeje kuraswaho

Ihuriro rya AFC / M23 ryamenyesheje umuhuza mu biganiro by’amahoro bya Doha, ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga bose, ko mu gihe intumwa zaryo zerekeje mu Busuwisi kugira ngo zigire uruhare mu biganiro bishya, mu rwego rwo kubahiriza inshingano no kwiyemeza gukemura ibibazo mu mahoro, ubutegetsi bwa Kinshasa, bushyize imbere intambara no kuyikomeza, bwategetse ihuriro ry’ingabo zabwo kugaba […]
U Burusiya na Ukraine byemeranyije agahenge kuri Pasika y’Aba-Orthodox

U Burusiya na Ukraine byumvikanye ku masezerano yo guhagarika imirwano kuri Pasika y’abayoboke b’idini rya Orthodox, aho Vladimir Putin avuga ko yategetse ingabo z’u Burusiya guhagarika imirwano “mu mpande zose” mu mpera z’iki cyumweru. Iri tangazo ryaturutse i Moscou rije nyuma y’uko Volodymyr Zelensky yari amaze gusaba inshuro nyinshi guhagarika imirwano, ariko zose zikirengagizwa n’u […]
Tariki 10 Mata 1994: Iyicwa ry’Abatutsi ryafashe intera hirya no hino mu gihugu

Tariki 10 Mata mu 1994, Guverinoma y’abicanyi yakomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu ari na ko Abafaransa bafasha iyi Guverinoma yayoborwaga na Minisitiri w’Intebe Jean Kambanda. Kuri iyi tariki kuvana abantu mu Rwanda bajyanwa mu Bufaransa byarakomeje hakaba by’umwihariko haratwawe abana 94 bakomokaga mu miryango y’abasirikari b’umunyagitugu Habyarimana JuvĂ©nal […]
Nigeria: Brig. Gen. Braimah yiciwe mu gitero cy’ibyihebe

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, itariki 8 Mata, rishyira ku wa Kane, itariki ya 9 Mata 2026, ibitero byibasiye ibigo bya gisirikare muri Benisheikh, Pulka, na Munguno, mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria, ahabaye indiri y’intagondwa z’abajihadiste kuva mu myaka irenga 17 ishize. Nk’uko amakuru yatangajwe na AFP avuga, mu gitero cyagabwe muri Benisheikh, muri […]
Minisitiri Dr. Bizimana yakiriye Gen. Faye wahoze mu Ngabo za MINUAR

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, itariki 9 Mata 2026, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yakiriye Umunya-SĂ©nĂ©gal Gen. Babacar Faye, wahoze mu Ngabo zari mu butumwa bw’Amahoro bwa Loni mu Rwanda (MINUAR) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Gen. Faye yaje mu Rwanda mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku […]
Kalehe: Imirwano ikomeye yahuje AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Mutale na Kamole

Mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa bwitegura gusubira ku meza y’ibiganiro hagati yabwo n’Inyeshyamba za AFC/M23, ku rugamba muri Kivu zombi hakomeje kuvuga imirwano ya hato na hato n’ibitero bya drones. Kuri uyu wa Kane, itariki ya 9 Mata, havuzwe imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 n’inyeshyamba za Wazalendo, zikorana na FARDC, mu bice bya Mutale na […]
U Rwanda na Tchad byashyizeho komisiyo ishinzwe ubufatanye hagati yabyo

Mu ruzinduko rwe muri Tchad, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Olivier Nduhungirehe, Intumwa idasanzwe ya H.E. Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu, itariki 8 Mata, yakiriwe na Perezida Marshal Mahamat Idriss DĂ©by Itno. Kuri uwo munsi, Minisitiri Nduhungirehe yashyikirije Perezida DĂ©by ibaruwa ya mugenzi we isaba ko Tchad yashyigikira kandidatire y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo, […]
Tariki 9 Mata 1994: Umunsi hatangira ‘Operation Amaryllis’ Abatutsi bagatereranwa

Ku itariki ya 9 Mata 1994, Abatutsi bari bahungiye mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali n’ahandi barishwe  ndetse ni nabwo Ingabo z’u Bufaransa zatereranye Abatutsi, bakicwa zireba. Kuri iyi Tariki, nibwo icyo Abafaransa bise « Operation Amaryllis » yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo kwari ugucyura Abafaransa n’Abanyamahanga bari mu […]
Imodoza za MONUSCO zatewe amabuye zibuzwa kwinjira muri centre ya Mambasa

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) i Bunia kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 8 Mata 2026, cyamaganye ibikorwa by’urubyiruko rumwe rwitambitse imodoka z’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye za MONUSCO ruzitera amabuye ruzibuza kwinjira muri centre ya Mambasa (Ituri). Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatatu i Bunia, Umuvugizi w’ingabo muri Ituri, Lieutenant Jules Ngongo, […]
Bwa mbere ibiganiro hagati ya Kinshasa na AFC/M23 bigiye kubera i Burayi

Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye aravuga ko ibiganiro byo gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Congo hagati ya Leta ya Kinshasa n’umutwe wa AFC/M23 bigiye kongera gusubukura bikazabera i Burayi ku nshuro ya mbere. Biravugwa ko ibi biganiro bitegurwa na Qatar kuri iyi nshuro bigiye kubera mu Busuwisi bikazatangira ku wa Mbere, itariki 13 Mata kugeza ku […]