Neymar1

Neymar yasezeye mu Ikipe y’Igihugu ya Brazil nyuma yo gutsindwa na Norway

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi Neymar wari ufite agahinda kenshi, yavuze ko imikino ye mpuzamahanga akinira Ikipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru ya Brazil “irangiye” nyuma y’uko ikipe ye itsinzwe na Norway mu Gikombe cy’Isi cya 2026.

Uyu mukinnyi w’imyaka 34 yinjiye mu kibuga asimbuye ku munota wa 67, Brazil itsindwa na Norway ibitego 2-0 mu mukino wa nyuma wa 1/16, ariko ntiyashoboye kubuza ikipe ya Selecao gusezererwa.

Neymar yatsinze penaliti mu gihe cy’inyongera muri uyu mukino wabereye kuri stade ya MetLife i New Jersey ariko ntacyo byamaze usibye ko byagaragaye ko ari nk’igitego cyo gusezera mu mukino wa nyuma akiniye igihugu cye.

“Nagerageje, nagerageje. None birarangiye. Natangiriye hano, ndarangije hano,” ibi ni ibyatangajwe na Neymar mu kiganiro na TV Globo nyuma yo kuva mu kibuga.

Umukino wa mbere Neymar yakiniye Brazil yawukinnye kuri iyi stade ya MetLife n’ubundi muri Kanama 2010, ubwo yatsindaga igitego mu mukino wa gicuti batsinzemo ibitego 2-0 Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yakomeje kuba umukinnyi wa mbere mu gutsindira ibitego byinshi Brazil aho yatsinze ibitego 80, mu gihe imikino 130 yakiniye igihugu cye imushyira ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw’abakinnyi b’ibihe byose nyuma ya Cafu wayikiniye imikino 142.

Neymar ntabwo yakiniraga Brazil kuva mu 2023 kubera ibibazo by’imvune mbere yo gutoranywa mu ikipe y’igihugu yitabiriye Igikombe cy’Isi cya 2026.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply