a-42-800x445

Trump aritegura gutangaza ko Umuhora wa Hormuz ari agace ka Amerika

Sangiza iyi nkuru

Perezida Donald Trump ku wa Gatanu yavuze ko azatangaza Umuhora wa Hormuz nk’akarima ka Leta Zunze Ubumwe za Amerika “vuba aha” mu gihe iyi nzira y’amazi inyuzwamo kimwe cya gatanu cya peteroli na gaz bikoreshwa ku Isi, ikomeje kuba isibaniro rya gisirikare na dipolomasi.

Iran yasubije, yita iterabwoba rya Trump “ubusa” mu gihe amasezerano y’ubwumvikane yasinywe hagati y’ibihugu byombi muri Kamena arangira kuri iki Cyumweru.

Tehran yafunze iyi nzira kugira ngo ikomeze kuyikoresha mu gushyira igitutu ku bukungu bw’Isi, mu gihe Washington yakomeje gufunga ibyambu bya gisirikare bya Iran, ibikomeza kubangamira ubukungu bwayo.

Mu mukino ugaragara w’uwo kureba uhumbya mbere, nubwo Trump avuga ko ibiganiro na Iran “ari nk’umukino wa “chess”,  imvugo zo gukangisha ibikorwa bya gisirikare za Perezida wa Amerika na zo zagiye ziteza impaka ku ntambara iriho, yatangiye ku itariki ya 28 Gashyantare.

Inshuro nyinshi, yateye ubwoba avuga ko azatera Iran mu buryo bweruye ariko akisubiraho ku isaha ya nyuma.

Trump yavuze iki?

“Nyuma yo kurangiza gutsinda Iran, irimo gutsindwa cyane, vuba aha nzatangaza ko Umuhora wa Hormuz ari agace ka Leta Zunze Ubumwe za Amerika,” Trump yavuze ibi mu ijambo yavugiye mu ishuri rikuru rya polisi i New York.

Avuga ku gukumira Iran mu mazi, Trump yateye intambwe irenzeho agaragaza ko Umuhora wa Hormuz wamaze kuba agace ka Amerika.

Yongeyeho ati: “Mu by’ukuri, ni ko biri.”

“Twafunze inzira y’amazi. Nta bwato bushobora kuhanyura keretse iyo tubyemeye,” ni ko Trump yakomeje avuga.
Ku ruhande rwayo, iran ikomeje kuvuga ko ari yo igenzura iyo nzira y’amazi, kandi nubwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ibyo, amakuru yerekeye ingendo zo mu mazi agaragaza ko hari amato yanyuze muri iyo nzira nubwo hari izo ngamba zo kuyifunga.
“Biragaragara ko Perezida wa Amerika, wavuze ibyo aseka, na we ubwe atabifata nk’ikintu gikomeye cyane,” ni ko  umunyamakuru Kimberly Halkett ukorera Al Jazeera i Washington, DC yatangaje.
Uyu munyamakuru yakomeje agira ati: “Aya ni amazi y’ibihugu bya Iran na Oman. Ariko icyo Perezida wa Amerika akunda gukora ni ukurakaza abo bahanganye, kandi muri iki kibazo, ni Iran.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply