Capture

Perezida Ndayishimiye yongeye gushimangira ko u Burundi bukize yikoma kiliziya

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu, u Burundi bwijihije isabukuru y’imyaka 64 y’ubwigenge, ​​bwabonye ku itariki ya 1 Nyakanga 1962. Mu rwego rwo kwizihiza uwo munsi, Perezida Évariste Ndayishimage yagejeje ijambo ku gihugu mu ijambo ryamaze iminota itarenze mirongo itatu, ryatambutse kuri Radiyo na Televiziyo by’igihugu cy’u Burundi (RTNB) kandi ritangazwa n’ibitangazamakuru bitandukanye. Igice kinini cy’ijambo rye cyahariwe kwamagana umurage w’abakoloni no kunenga cyane Kiliziya Gatolika, abanyabwenge, n’imiryango itegamiye kuri Leta, ashinja gukorera inyungu z’amahanga.

Mu ijambo rye, Perezida Ndayishimiye yifashishije Bibiliya, agereranya amacakubiri ari muri sosiyete y’Abarundi n’inkuru y’Umunara wa Babeli wo mu gitabo cy’Itangiriro. Muri iyo nkuru, abantu bavugaga ururimi rumwe bafashe icyemezo cyo kubaka umunara ugera mu ijuru, gusa Imana isobanya ururimi rwabo, bituma batatana kandi bituma badashobora kumvikana. Évariste Ndayishimiye yakoresheje uru rugero kugirango yerekane icyo abona nk’amacakubiri Abarundi barazwe mu gihe cy’abakoloni.

Yabishimangiye agira ati: “Abakoloni ni bo bateje amacakubiri mu Burundi”, akomeza avuga ko uko gucamo abantu ibice byakomeje kugira ingaruka ku bumwe bw’igihugu nyuma y’imyaka irenga mirongo itandatu y’ubwigenge.

Igihugu “gikize” nubwo gishyirwa mu myanya ya nyuma mu bukungu

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi yamaganye urutonde mpuzamahanga rushyira u Burundi mu bihugu bikennye cyane ku Isi.

Ku bwe, igihugu gifite umutungo kamere uhagije udakoreshwa uko bikwiye.

Ati: “U Burundi burakize kubera ko dufite umutungo kamere. Abo bakoloni ni bo bageze aho babuhisha, nyamara uyu munsi bagaruka kutwita igihugu gikennye cyane”.

Aya magambo aje mu gihe igihugu kimaze imyaka itari mike gihanganye n’ikibazo cy’ubukungu cyaranzwe n’ibura ry’ibikomoka kuri peteroli, ibura ry’ibicuruzwa ku bya ngombwa, ndetse n’izamuka rikabije ry’ibiciro ritajyanye n’ubushobozi bwo guhaha ku ngo.

Perezida yashimangiye ko mu gukora cyane, Abarundi bashobora guhindura ubukungu bwabo, kandi mu gihe kirekire, bakururira abanyamahanga gutura muri iki gihugu.

Kongera kunenga abasenyeri na sosiyete sivile

Perezida Évariste Ndayishimiye kandi yakomoje ku magambo anenga ubutegetsi y’abepiskopi gatolika bo mu Burundi, bari bagaragaje impungenge ku burenganzira bwa muntu, imiyoborere, n’imibereho y’abaturage.

Atiriwe avuga amazina mu buryo bweruye muri iki gice cy’ijambo rye, yamaganye imyifatire abona ko iterwa n’inyungu z’amahanga.

Ibyerekeye Ishyaka Riharanira Demokarasi rya Gikiristu (PDC)

Perezida kandi yakomoje kenshi ku ishyaka rya gikirisitu riharanira demokarasi (PDC), umutwe wa politiki wo mu gihe cy’ubukoloni bw’Ababiligi. Yagaragaje ko iri shyaka ryarwanyije umurongo wa UPRONA y’Igikomangoma Louis Rwagasore, yaharaniraga ubwigenge bwihuse.

Ku bwe, PDC yashyigikiye gushaka ubwigenge buhoro buhoro biyobowe n’u Bubiligi kandi ikomeza umubano wa hafi n’abayobozi b’abakoloni ndetse na Kiliziya Gatolika yari yiganje muri icyo gihe.

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi yavuze inshuro nyinshi ko uyu mutwe wa politiki “wakoreraga abakoloni,” abigereranya n’imvugo zimwe na zimwe muri iki gihe zinenga guverinoma ye z’abanyamadini n’imiryango itegamiye kuri leta.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply