HMmimlEXEAABd4C

Ethiopia: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya ari mu ruzinduko rutunguranye muri Afurika

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, yageze mu murwa mukuru wa Ethiopia, Addis Ababa, mu rugendo azagirira mu bihugu bya Afurika, nk’uko byatangajwe n’itangazamakuru rya leta mu mpera z’uyu wa Mbere.

Ibiro Ntaramakuru by’u Burusiya, RIA, byatangaje ko Lavrov yageze i Addis Ababa, aho yitezwe guhura n’abayobozi ba Ethiopia kuri uyu wa Kabiri, barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Gedion Timothewos.

Amakuru avuga ko imwe mu ngingo z’ingenzi zizaganirwaho mu biganiro na Lavrov ishobora kuba iyubakwa ry’uruganda runini rw’amashanyarazi akomoka ku ngufu za nikereyeli muri iki gihugu giherereye muri Afurika y’Iburasirazuba.

Ubucuruzi nabwo bwitezweho kuba mu ngingo z’ingenzi ziganirwaho, na cyane ko Lavrov na mugenzi we wa Ethiopia baganiriye ku bucuruzi hagati y’ibihugu byombi n’uburyo bwo kwagura ubwo bucuruzi mu nama bagiranye umwaka ushize.

Uruzinduko rwa Lavrov muri Ethiopia ni rwo rubanziriza ingendo azagirira mu bihugu bya Afurika, ariko yaherukaga gusura icyo gihugu muri Nyakanga 2022.

U Burusiya ntibwigeze butangaza ku mugaragaro urwo ruzinduko, kandi amakuru arambuye ku bihugu bya Afurika Lavrov azasura ntaratangazwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply