Zinedine Zidane wahoze atoza ikipe ya Real Madrid yemejwe nk’umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa.
Didier Deschamps, wa mbere watoje u Bufaransa igihe kirekire kugeza ubu, yasoje imyaka 14 yari amaze abutoza, nyuma yuko busezerewe na Espagne mu mukino wa kimwe cya kabiri w’Igikombe cy’Isi cya 2026.
Zidane, wakiniye ikipe y’u Bufaransa, yatsindiye Igikombe cy’Isi cyo mu 1998, ntiyari bwongere gutoza kuva avuye muri Real Madrid bwa kabiri nk’umutoza wayo, hari mu mwaka wa 2021.
Uyu mugabo w’imyaka 54, ufatwa na benshi nk’umukinnyi wa mbere w’igihangange u Bufaransa bwigeze bugira, azashyira umukono masezerano azatuma abutoza no mu majonjora y’Igikombe cy’isi cyo mu 2030.


