Indege itwara imizigo ya Tracep Congo Aviation, yari yaburiwe irengero kuva kuwa Gatanu ubwo yari mu rugendo hagati ya Beni mu burasirazuba bwa Congo na Teritwari ya Shabunda, yabonetse yaraguye mu ishyamba riherereye muri Walikale.
Indege yari mu rugendo hagati ya Beni na Lulingu yakoze impanuka ku wa 24 Nyakanga 2026, hafi ya Kamaninge, mu gace ka Baruko, muri Gurupoma ya Kisimba, muri Teritwari ya Walikale (Kivu y’Amajyaruguru).
Amakuru y’ibanze aturuka ku bayobozi baho n’inzego za gisirikare ahuriza ku kuba hari umuntu umwe wapfuye n’abandi babiri barokotse.
Nk’uko bivugwa n’Umunyamabanga ushinzwe ubutegetsi muri Gurupoma ya Kisimba, iyo ndege yari itwaye abantu batatu igihe iyo mpanuka yabaga. Babiri muri bo barokotse kandi ubu bari i Buruko aho bari kwitabwaho, mu gihe undi wa gatatu we yahasize ubuzima.
Inzego za gisirikare zitangaza ko iyo ndege yagize ikibazo cya moteri ikiri mu kirere, bituma umupilote agerageza kuyimanura mu buryo bwihutirwa (emergency landing). Ubwo yageragezaga gukora ibyo, indege yakubise ibiti mbere yo kugwa hasi.
Ingufu yamanukanye no kugonga byatumye indege icikamo kabiri, ariko ntiyafashwe n’inkongi y’umuriro, ibintu bishoboka ko byagize uruhare mu gutuma abo bantu babiri barokoka nk’uko inkuru dukesha Actualite.cd ivuga.
Icyateye impanuka ntikiramenyekana neza. Nta makuru yerekeye imyirondoro y’abari muri iyi mpanuka aratangazwa kugeza ubu. Biteganijwe ko hakorwa iperereza kugira ngo hamenyekane impamvu nyazo zateye ikibazo cya moteri.
Mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ingendo zo mu kirere akenshi ni bwo buryo bw’ingenzi bwo gutwara abantu hagati y’uduce twinshi twitaruye.
Ingendo z’indege zihuza Beni, Lulingu, n’utundi duce twa Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo ni ingenzi mu gutwara abagenzi, abakozi b’ubutabazi, abarwayi, n’ibintu, bitewe n’imiterere mibi y’imihanda n’umutekano muke bigira ingaruka ku nzira zimwe na zimwe.
Teritwari ya Walikale ikomeje kwishingikiriza cyane ku ngendo z’indege kugira ngo ikomeze ubuhahirane n’utundi turere. Ni yo mpamvu, buri mpanuka y’indege ibaye muri aka gace k’igihugu ikomeza guteza impungenge ku mutekano w’ingendo z’indege, zishingiye ku miterere y’ikirere rimwe na rimwe igoye, n’ibibazo bikomeye by’ibikoresho.


