Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu ushize, Perezida Kagame yakiriye General Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF).

Ibiganiro byabo byibanze ku bufatanye bukomeye hagati y’u Rwanda na Uganda, ndetse no ku mahoro, umutekano n’ituze mu karere.

Gen. Muhoozi yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 25 Nyakanga 2026 ku manywa, yakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga.


