Kuri uyu wa Kabiri, itariki 11 Kanama 2026, Urukiko rwo muri Syria rwakatiye igihano cy’urupfu uwahoze ari Perezida wa Syria, Bashar Assad, adahari.
Assad yakuwe ku butegetsi mu Kuboza 2024 ubwo ingabo zirwanya ubutegetsi zinjiraga i Damascus, bigahagarika ubutegetsi bw’umuryango we bwari bumaze imyaka irenga mirongo itanu.
We n’umuryango we bahungiye mu Burusiya, aho yahawe ubuhungiro, mu gihe ubutegetsi bushya bwa Syria bwatangiraga gukurikirana abahoze ari abategetsi ku byaha bashinjwa kuba barakoze mu gihe cy’intambara y’abenegihugu.
Ni iki urukiko rwavuze kuri Assad?
Assad yahamijwe ibyaha birimo “kwica abantu barenga umwe n’abana abigambiriye, iyicarubozo, gufunga abantu nta shingiro ryemewe n’amategeko ndetse n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.”
Umucamanza yagize ati: “Uruhare rwa Bashar Assad muri ibyo byaha rwari urw’umuntu ufite ijambo rya nyuma mu gufata ibyemezo no gukoresha inzego za Leta kugira ngo ibyo byaha bikorwe.”
Iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rwa Kane rushinzwe ibyaha i Damascus, kikaba cyatangajwe imbonankubone kuri televiziyo ya Leta ya Syria.
Assad, wavutse mu 1965, yabaye Perezida mu mwaka wa 2000 nyuma y’urupfu rwa se, Hafez Assad. Yakomeje ubutegetsi bw’umuryango we bwari bumaze imyaka myinshi buyobowe n’itsinda ry’aba-Alawite mu gihugu cya Syria gituwe ahanini n’aba-Sunni, ndetse akomeza umubano wa hafi na Iran no kugirana umwuka mubi na Israel ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.


