Rubavu: Yatawe muri yombi nyuma yo gucuranga indirimbo zibiba urwango nâamacakubiri.
Umuturage witwa Nyabyenda Jean Marie Vianney, utuye mu murenge wa Cyanzarwe mu karere ka Rubavu, yatawe muri yombi nyuma yo gucurangira mu kabari indirimbo za Bikindi zuje urwango nâamacakubiri. Kigali Today dukesha iyi nkuru iravuga ko Nyabyenda yagiye mu kabari, atangira gucurangira kuri telephone izi ndirimbo. Uretse no kuba izi ndirimbo zuje urwango, zitaka nâizahoze […]
Indirimbo âDusohoze ikiviâ yahurijwemo abahanzi The Ben, Masamba, Tonzi, Aaron Nitunga ibumbatiye ubutumwa
Abahanzi batandukanye barimo The Ben, Masamba Intore, Tonzi, Aaron Nitunga nâabandi batandukanye bahuriye mu ndirimbo yitwa âDusohoze ikiviâyibanda ku gukangurira abantu kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, gukunda igihugu, guhumuriza abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi nâubundi butumwa butandukanye. Umwanditsi wâiyi ndirimbo, Merchiore Mecky Kayiranga avuga ko igitekerezo cyavuye ku wundi muntu ariko iyi ndirimbo yaje kuyandika akayishyiramo ubutumwa […]
Champions League: Ibigwi byâamakipe yakomereje muri ½ cyâirushanwa 2018/2019
Ku wa gatatu, tariki ya 17 Mata, ni bwo Liverpool na Tottenham Hotspurs zujuje umubare wâamakipe ane agomba gukina icyiciro cya ½ cyâirushanwa rya UEFA Champions League, asanzemo FC Barcelona na Ajax Amsterdam zakatishije itike ku wa 16. Aya makipe uko ari ane afite ibikombe byâiri rushanwa 14 muri rusange harimo 5 bya Liverpool, 5 […]
Koreya ya Ruguru yakoze ikindi gisasu cya kirimbuzi
Koreya ya Ruguru ivuga ko yagerageje intwaro nshya ifite umutwe uriho igisasu gikomeye, igerageza rya mbere kuva haba ibiganiro hagati ya Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Kim Jong-un, umutegetsi mukuru wa Koreya ya ruguru, muri uyu mwaka. Igitangazamakuru cya leta ya Koreya ya Ruguru nta makuru menshi arenzeho cyatangaje, ariko […]
Nyarugenge: Abamotari bahuguwe biyemeje gukebura bagenzi babo barangwa nâimikorere idahwitse
Polisi yâigihugu ku bufatanye nâabafatanyabikorwa bayo barimo na Federasiyo y’Abamotari mu Rwanda ( FERWACOTAMU) bahuguye abamotari 500 bo mu Karere ka Nyarugenge. Abahuguwe bavuga ko bagiye gukubita agashyi bagenzi babo bica amategeko yâumuhanda nkana, abakoresha ibiyobyabwenge ndetse nâabagaragaraho umwanda. Ni amahugurwa yabereye mu Kigo cy’urubyiruko (Maison de Jeunes/ Kimisagara) kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Mata 2019. Umuvugizi w’ishami […]
Ifoto ya Yezu yagaragaye ubwo inyubako Notre Dame de Paris yashyaga
Umugore witwa Lesley Lowan yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga ubwo yashyiraga hanze ifoto isa nâiya Yezu yafashe ubwo inyubako ya Notre Dame de Paris yashyaga. Uyu mugore yahise ashyira iyi foto ku rukuta rwe rwa Facebook mu rwego kugira ngo asangize abandi ibyâiyi foto yabonye. Yagize ati â Ahari ubwonko bwanjye burambeshya. Murebe iyi foto […]
Kirehe: Ubuharike, kimwe mu bikomeje guteza amakimbirane mu ngo
Abagore nâabagabo bo mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, bitana bamwana ku waba nyirabayazana wâamakimbirane mu ngo kandi abenshi biyemerera ko babana batarasezeranye. Ubuyobozi bwâakarere ka Kirehe bwemera ko umurenge wa Gahara hari ikibazo cyâamakimbirane mu miryango bukavuga ko ahanini iterwa nâubuharike. Tubisabimana Noheli utuye mu murenge wa Gahara ni mu karere ka […]
Zari yiteguye kurongorwa vuba nâumugabo wa Gatatu
Umuherwekazi Zari Hassan nyuma yo gutandukana nâumuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania, atangaza ko ubu yitegura gushyingiranwa nâundi musore mu minsi mike iri imbere, ubukwe bukazakorwa mu ibanga. Video yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram, Zari avuga ko muri ubwo bukwe bwe ateganya kuzatumira inshuti ze za hafi ndetse na bake bo mu muryango. Yagize […]
Nta mpamvu yo kujya gushaka serivisi muri Uganda- Gen. Nyamvumba
Umugaba wâIngabo zâu Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba yabwiye abaturiye imipaka na Uganda ko badakwiye kujya kujya kwaka serivisi muri Uganda mu gihe bakomeje kuzegerezwa nâigihugu cyazo. Igisirikare cyâu Rwanda kuva mu ntangiro zâiki cyumweru kiri gutanga serivisi zâubuvuzi mu Karere ka Burera kegereye igihugu cya Uganda. Kuri ubu nkâuko The Chronicles ibitangaza, abaturage 800 bamaze […]
Tanzania: Abasirikare barinze inkambi yâAbarundi nkâabiteguye urugamba
Impunzi zâAbarundi zo mu nkambi ya Nduta zitangaza ko zihangayitse nyuma yo kubona abasirikare ba Leta barinze iyi nkambi bafite intwaro zikomeye, ibintu bavuga ko bitari bisanzwe. Izi mpunzi zivuga ko abo basirikare ba Leta bameze nkâabiteguye urugamba. Ibi bikaba bibaye mu gihe hashize iminsi havugwa ko mu mashyamba ari hafi yâiyi nkambi hari umutwe […]
France: Abatubuzi barimo kugerageza kwiba imfashanyo irimo gutangwa ngo Kiliziya iherutse gushya yubakwe
Ikigo gishizwe kubungabunga umurage nâumuco mu Bufaransa, kuri uyu wa 18 Mata cyaburiye abifuza gufasha ko hari abarimo kwitwaza Kiliziya iherutse gushya ââNotre Dame De Paris â bakajijisha abarimo gutanga inkunga, bakayitanga bazi ko barimo gufasha kugira ngo iyo Kiliziya yongere kubakwa. Icyo kigo gishizwe gucunga umurage nâumuco, French Heritage Foundation,cyavuze ko abo batubuzi barimo […]
Hitezwe umwanzuro wâurukiko ku rubanza rwâabacyekwaho kwica Col. Karegeya
Urukiko rwo muri Afurika yâEpfo kuri uyu wa 18 Mata ruratangaza umwanzuro warwo ku rubanza rwâabantu bacyekwaho kwica Col. Patrick Karegeya, wari Umuyobozi wâIperereza ryo hanze y’igihugu cy’u Rwanda. Avuga ku cyo uyu mwanzuro usobanuye ku muryango we, Umugore wa Karegeya ari we Leah Karegeya yabwiye Ijwi ryâAmerika dukesha iyi nkuru ko umwanzuro w’urur rubanza […]
RDC: Sibomana wari umuyobozi wâinyeshyamba yishyikirije Leta
Kavubi Sibomana wari umuyobozi wâinyeshyamba za Nyantura, ku wa Mbere wâiki cyumweru yishyize mu maboko ya Leta ari kumwe nâindwanyi ze 222. Izi nyeshyamba zishyikirije Leta mu gace ka Kirumbu, Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru, bakaba beretswe itangazamakuru ku wa Gatatu tariki ya 17 Mata 2019, mu nkambi babaye bacumbikiwemo ya Mubambiro. […]
Nyamasheke: Abarokotse Jenoside ntibavuga rumwe nâakarere ku iyimurwa ryâurwibutso
Abarokotse Jenoside bo mu Mirenge ya Kanjongo, Kagano nâahandi bafite ababo bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kibogora ruri mu murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko bafite impungenge ko uru rwibutso rushobora kwimurwa nk’uko babyumva, ariko ko bitabanezeza kubera amateka yihariye agace rwubatswemo gafite. Abafite ababo barushyinguyemo bavuze ko aka gace ka […]