Kenya yatoye nyampinga urengeje ibiro 100

Mu rwego rwo kugarurira icyizere abafite ibiro byinshi, muri Kenya bateguye irushanwa rya nyampinga ryitabiriwe n’abafite ibiro hagati y’100 n’145. Tariki ya 6 Nyakanga, Tracy Nduati w’imyaka 30 y’amavuko ni we wegukanye iri kamba, ahigitse abandi 21 bari bitabiriye iri rushanwa. N’ibyishimo byinshi, yatanze ubutumwa butandukanye avuga n’ukuntu abantu bari baratumye yiheba bitewe n’umubyibuho we. […]

CECAFA 2019:Jules Ulimwengu yafashije Rayon Sports gutsinda TP Mazembe

  Rutahizamu wa Rayon Sports Jules Ulimwengu yafashije Rayon Sports gutsinda ikipe ya TP Mazembe yo muri Congo igitego kimwe ku busa. Rayon Sports hamwe n’umutoza mushya, umunya Cameroon Ovambe Olivier batsinze TP Mazembe igitego kimwe ku busa ku munota wa kane w’ umukino. Wari umukino wa CECAFA Kagame Cup mu itsinda rya mbere aho […]

Se na nyina wa Diamond bararatirana abakunzi (amafoto)

Se wa Diamond Platinumz, Abdul Juma yashyize hanze amafoto ari kumwe n’umukunzi we nyuma y’aho na nyina, Sanura Kasimu ashyiriye hanze amafoto ari kumwe n’umugabo we. Kuva aya mafoto ya Abdul yajya hanze ku wa 5 Nyakanga 2019, abantu basobanura ibyayo mu buryo butandukanye ariko bagahuriza ku ngingo y’uko Sanura na Abdul bashakaga kwerekana ko […]

Ubutumwa bw'uhagarariye Ubwongereza muri Amerika bushobora kuzana agatotsi mu mubano w'ibihugu byombi

Ambasaderi W’Ubwongereza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Sir Kim Darroch yandikiye igihugu cye ubutumwa bw’ibanga bunenga imikorere y’ubuyobozi bw’igihugu akoreramo ariko ku bw’amahirwe make bujya ahabona. Ibi bishobora kuzana agatotsi mu mubano w’ibi bihugu bihuriye mu muryango wa NATO. Amakuru dukesha The Telegraph avuga ko mu butumwa Sir Kim Darroch yandikiye kuri ’email’ yavugaga ko […]

Rwamagana : Umupfakazi wari umaze imyaka 15 mu busembere yabonye inzu yo kubamo 

Umugore witwa Nikuze Herene utuye mu Mudugudu wa Rudashya mu Kagari ka Nkungu mu Murenge wa Munyaga yagaragaje amarangamutima yo gushimira ihuriro ry’amakoperative y’abafundi mu Ntara y’iburasirazuba bamufashije kumuha ibikoresho n’amadirishya bigezweho bigatuma yizihiza isabukuru y’imyaka 25 yo kwibohora ari mu nzu ye yubakiwe ku bufatanye bw’umurenge n’abaturage  . Abafundi n’ababaji bavuga ko biyemeje kugira uruhare […]

Umufaransa Sebastien Desabre watozaga Uganda Cranes yasezeye ku mirimo ye

Nyuma y’aho ikipe ya Uganda Cranes isezerewe mu mikino y’Igikombe cya Afurika cy’Ibihugu, Umutoza wayo, Sebastien Desabre ukomoka mu Bufaransa, yahisemo gusezera ku mirimo ye ndetse Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Uganda (FUFA) ryemeza ko babyumvikanye. Umutoza Sebastien Desabre yari yagiye gutoza ikipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru ya Uganda, asimbura umutoza Milutin Micho mu 2017, nyuma y’aho […]

Lionel Messi yahawe ikarita itukura bwa mbere mu myaka 14

Lionel Messi yeretswe ikarita itukura ya kabiri gusa amaze kubona kuva yatangira gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, ubwo ikipe ye ya Argentine yatsindaga Chili ibitego 2-1 mu mukino w’igikombe cyo ku mugabane w’Amerika y’epfo warimo ubushyamirane. Muri uwo mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu mu gikombe cya Copa America wabaye ejo ku wa gatandatu, Messi […]

Umusore yafatiwe hejuru ya nyirabuja basambana akubitwa nk'iz'akabwana

Umusore witwa Danny Chimedza wo mu gihugu cya Zimbabwe yafashwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Nyakanga 2019, ubwo yari hejuru ya nyirabuja, barimo gusambana, akubita na sebuja afatanyije n’abandi bagabo, ku butyo yatabawe yabaye inoge. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Afrikamag, ngo Danny yari amaze imyaka ibiri ari umukozi wo mu rugo kwa Sande, uyu […]

Gatsibo: Mufulukye arasaba buri Koperative gukora igamije inyungu z’abanyamuryango bayo

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Nyakanga 2019, ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’amakoperative ku rwego rw’igihugu, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, yasabye buri Koperative gukora cyane igamije guteza imbere abanyamuryango bayo bose. Ubwo uyu munsi mpuzamahanga w’amakoperative wizihizwaga mu Karere ka Gatsibo, witabiriwe n’inzego zirimo iz’Ubuyobozi,inzego z’Umutekano n’abanyamuryango b’amakoperative akorera muri aka Karere. Guverineri […]

KORESHA IYI “REMOTE” MU GUSUBIZA IBITEKEREZO BYAWE MU MWANYA WABYO-Rev./Ev. Eustache Nibintije

Umukozi w’Imana Rev. / Ev. Eustache Nibintije, umunyeshuri wa Patriots Bible University yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, abinyujije muri Minisiteri ye y’ivugabutumwa yise “ Nibintije Evangelical Ministries” asigaye adufasha mu kugabura ijambo ry’Imana nkuko yamuhaye umuhamagaro ikamwuzuza ubwenge bwo kugira ngo agirire abantu benshi umumaro mu gihe gisa n’iki. Uyu munsi yaduteguriye inyigisho […]

Tony Blair yaba yarifuje kubonanira na Perezida Mnangagwa i Kigali ariko ntibyamukundira

Perezida Emmerson Mnangagwa yatangaje ko Tony Blair wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yifuje kubonanira nawe I Kigali ariko ntibikunde. Ibi Perezida Mnangagwa yabitangarije kuwa Gatanu ushize ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kanombe nyuma yo kwitabira ibirorii byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 ishize u Rwanda rubohowe byabereye kuri Stade Amahoro kuwa 04 Nyakanga nk’uko byatangajwe […]

Umurundi uri mu buhunzi mu Rwanda yahishuye inzira itoroshye yanyuzemo ngo yibesheho

Ni impunzi y’Umurundi yahungiye mu Rwanda mu mwaka 2015, izina rye ryahinduwe ni Murundi Salvator ku bw’impamvu z’umutekano we, n’ubwo atariteza imbere ku rwego yifuza ariko hari aho ageze yishimira. Salvator afite inzu akodesha agacururizamo inyama (Boucherie) nyuma yo kumara igihe aba mu rugo rw’undi muntu, abonye ko imibereho igoye cyane, afata icyemezo cyo gushaka […]

Mu Rwanda hagiye kubera inama ya mbere ya ‘Golden Business Forum’

Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera (PSF), ruritegura kwakira inama mpuzamahanga yiga ku iterambere ry’ubucuruzi izabera  Kigali kuva kuwa 8-10 Kanama 2019, izajya itegurwa buri mwaka na PSF. Iyo nama igiye kuba bwa mbere yiswe Golden Business Forum, izitabirwa n’abacuruzi, abayobozi mu nzego za Leta n’iz’abikorera baturutse hirya no hino muri Afurika, Aziya, i Burayi no muri America. […]

Gutanga serivisi hashingiwe ku byiciro by’ubudehe bishobora kwimakaza akarengane, TIR

Mu gihe ibyiciro by’ubudehe bigana mu ivigururwa, yaba inzego za Leta, imiryango itari iya Leta n’abandi bafatanyabikorwa; nta ruhande na rumwe rugaragaza aho amabwiriza yo gushingira ku byiciro by’ubudehe hatangwa serivisi yavuye. Mu kiganiro kivuga kuri iyi ngingo cyabereye ku Radio na TV Isango, umuyobozi nshingwabikorwa wa Transparency International ishami ry’u Rwanda asanga birimo akarengane, […]

Ishusho yiswe iy'umufasha wa Perezida Trump yateje impaka aho avuka

Ishusho itagaragaza neza Melania Trump, umugore wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yagaragaye mu nkengero y’umujyi avukamo mu gihugu cya Slovenia, rwagati ku mugabane w’Uburayi. Umunyabugeni w’Umunyamerika Brad Downey ni we wahaye ikiraka Ales Zupevc, umubaji waho, ngo abaze ingiga y’igiti iri hanze y’umujyi wa Sevnica ayihe ishusho ya Madamu Trump. Bamwe mu bahatuye […]

Nyamasheke: Bifuza ko abashinjwa gutera abana inda bajya baburanishirizwa mu ruhame

Mu gihe bigaragara ko inda ziterwa abangavu mu karere ka Nyamasheke zigenda ziyongera  ababyeyi bakavuga ko bamwe mubazishinjwa badahanwa uko bikwiye ntibanamenye ibihano bahawe, bifuza ko ushinjwa guhohotera umwangavu akamutera inda yajya aburanishirizwa mu ruhame bigaha n’abandi isomo. Byagaragajwe n’ababyeyi bo mu murenge wa Mahembe muri aka karere ubwo hizihirizwaga umunsi w’umwana w’umunyafurika usanzwe wizihizwa […]