Soma ibitabo bivuga ku ndashyikirwa zatubanjirije nabyo biragufasha – Rev. Nibintije

Umukozi w’Imana Rev. / Ev. Eustache Nibintije, abinyujije muri Minisiteri ye y’ivugabutumwa yise “ Nibintije Evangelical Ministries” asigaye adufasha mu kugabura ijambo ry’Imana nkuko yamuhaye umuhamagaro ikamwuzuza ubwenge bwo kugira ngo agirire abantu benshi umumaro mu gihe gisa n’iki. Abaheburayo 11:33-34 “ Binyuze mu kwizera, batsinze ubwami mu ntambara , bakora ibyo gukiranuka, bahabwa amasezerano, […]

Kaminuza ya CHUR ikomeje gutanga ubumenyi mu mashami akenewe ku isoko ry’umurimo

Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Christian University of Rwanda (CHUR) buratangazako kwiyandikisha bikomeje ku bifuza gutangira kwiga umwaka w’amashuri 2019 mu mashami yose y’iyi kaminuza. Kwiyandikisha muri iyi kaminuza birakomeje muri uku kwezi kwa Nzeri 2019 mu mashami yayo arimo: -Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (Information and Technology), Department of Information technology. -Ubuhinzi n’iterambere ry’Icyaro (Agriculture and Rural Development […]

Leta ya Zimbabwe n'umuryango wa Robert Mugabe ntibavuga rumwe ku ishyingurwa rye

Umuryango wa Robert Mugabe uvuga ko wababajwe cyane nuko utigeze ugishwa inama na leta ya Zimbabwe muri gahunda zo gushyingura uyu wahoze ari perezida w’iki gihugu. Bwana Mugabe yapfuye ku wa gatanu ushize afite imyaka 95, mu bitaro byo muri Singapour aho yari amaze amezi yivuriza. Umurambo we uri gutegurirwa gushyirwa mu kibuga cy’umupira w’amaguru […]

Uyu mwana si uwanjye – Tanasha Donna

Umunyamakuru,umuhanzi akaba n’umugore w’icyamamare mu muziki Tanasha Donna yakuyeho urujijo kubibazaga ku ifoto imaze iminsi isakazwa ku mbuga nkoranya mbaga ivuga ko yibarutse. abinyujije kurubuga rwe rwa Instagrama Tanasha yanditseho amagambo agaragaza ko ibiri gukorwa bikamushimishije aboneraho no gutangza ko agitwite bityo ko uwo mwana ataruwe. Yagize ” NIzere ko mu meze neza mwese muri […]

Amerika yahagarikiye u Burundi inkunga

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ibicishije mu muryango USAID, yakuyeho inkunga yageneraga u Burundi yacishaga mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Mu ibaruwa yagejejwe ku munyamabanga mukuru wa EAC, LibĂ©rat Mpfumukeko, bwamenyeshejwe ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahagaritse iyi nkunga zageneraga u Burundi zibicishije muri uyu muryango USAID. U Burundi buhagarikiwe iyi nkunga bushinjwa kutubahiriza […]

Ibitero byibasira abanyamahanga b'abirabura: Abanyanigeria 187 ba mbere bagejejwe i Lagos

Mu gihe muri Afurika y’Epfo hakomeje ibitero bigabwa ku bahanyamahanga b’abirabura, Nigeria yiyemeje kuvana abaturage bayo muri iki gihugu yifashishije indege ku buntu. Ubu abagera ku 187 ni bo bamaze kugera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Murtala Muhammed, Lagos. Nigeria yasabye abifuza gusubira iwabo kwegera ibiro by’abahagarariye igihugu muri Afurika y’Epfo kugira ngo babategurire uburyo […]

Ahatari umwaga, uruhu rw'urukwavu rwisasira babiri- Mushikiwabo avuga ku banenze u Rwanda ku kibazo cy'abimukira

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo atangaza ko nta kibazo kirimo ku kuba u Rwanda rwakwakira abimukira bitewe n’uko hari umuco wo gusaranganya bike bihari. U Rwanda rurateganya kwakira abimukira 500 bavuye muri Libya mu minsi iri imbere. Hari abantu banenze iyi gahunda bavuga ko u Rwanda rudakwiriye kuzana aba bimukira kuko […]

Uku niko ubuyobozi bwagakoze- Dr Kayumba avuga ku ihagurukirwa ry’umukire ukekwaho gukubita umukozi

Umushakashatsi akaba n’umusesenguzi muri politiki, Dr Christopher Kayumba avuga ko ihagurukirwa ry’ikibazo cya Dr Francis Habumugisha ukekwaho gukubita umukozi we, Diane Kamali. Diane Kamali avuga ko yakubiswe na Francis ariko nzego zose yamenyesheje ikibazo cye, ntizigire icyo zimufasha. Avuga ko akeka ko biterwa n’uko Francis ari umukire ndetse ngo akaba aziranye n’abayobozi bakomeye. Inkuru bifitanye […]

Umufana yiyahuye yitwitse ku bw'igifungo yakatiwe azira kujya gushyigikira ikipe kuri sitade

Umufana w’umugore muri Iran yagiye gushyigikira ikipe ya Esteghlal FC, urukiko rumukatira amezi atandatu kuko bitemewe ko umugore areba imikino y’abagabo muri iki gihugu. Byaramubabaje ahitamo kwiyambura ubuzima yitwitse. Esteghlal FC yanditse ubutumwa bw’inkuru ibabaje y’uyu mufana witwaga Sahar Khodayariku w’imyaka 30 y’amavuko ku wa 9 Nzeri. ” Sahar yapfuye yitwitse ubwo yari yakatiwe amezi […]

Abakozi muri REB bagaragaje amanyanga basohorwa aho baheraga abadepite ibisobanuro

Abakozi b’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Uburezi REB bashinzwe amasoko basohowe mu cyumba Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo by’Igihugu (PAC) barimo kumviramo ibisobanuro by’icyo kigo kuri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2017-2018. PAC yasanze Batamuriza Anita arimo kugaragaza amanyanga ku bisobanuro by’itangwa ry’isoko ryo kugeza inka ku barimu bitwaye neza mu Ntara […]

Uganda: Abadepite basabwe kudakora imibonano mpuzabistina uko bishakiye

Perezida w’Inteko ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga yasabye abadepite kuzitwararika ntibakore imibonano mpuzabitsina na bagenzi babo bazitabira inama ya Commonwealth. Kuva kuwa 22 kugeza 29 Nzeri uyu mwaka, muri Uganda hazabera inama ya 64 y’abadepite bo mu bihugu bisaga 180 bigize Commonwealth. Ku bw’iyo mpamvu, Kadaga yasabye bagenzi be kuzitwara neza, ntibazasambane uko bishakiye. […]

Ingingo Esheshatu zizigwaho mu nama igiye guhuza abayobozi b'u Rwanda na Uganda

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba, Nduhungirehe Olivier aremeza ko ku wa Mbere tariki ya 16 Nzeri 2019, mu Rwanda hateganijwe inama izahuza abayobozi barwo n’aba Uganda, aho bazaba bigira hamwe zimwe mu ngingo zo kuzura umubano w’ibi bihugu byombi. Ni inama igiye kuba nyuma y’ubwumvikane bwo kurangiza […]

Dr Ryarasa yavuze umuti wavugutirwa ikibazo cy'abiyahura mu Rwanda

Umuyobozi wa Never Again Rwanda, Dr Joseph Nkurunziza Ryarasa atangaza ko abantu bakomeje kwiyahura baba babuze ubaganiriza ngo yumve ibibazo byabo bityo abahumurize. Ibi uyu muyobozi yabitangaje avuga ku kibazo cy’abantu bakomeje kwiyahura gikomeje kugaruka kenshi mu bitangazamakuru. Dr Ryarasa avuga ko Leta ikwiriye  gushora imari mu buzima bwo mu mutwe kugira ngo gihangane n’uku […]

Umuryango w'umugabo wapfuye asambanira mu kazi ugiye guhabwa indishyi

Urukiko rukuru rw’Ubufaransa rwemeje ko umuryango w’umugabo wapfuye akora imibonano mpuzabitsinda ari mu rugendo rw’akazi ugomba guhabwa indishyi n’ikigo yakoreraga. BBC isobanura ko uyu mugabo wakoreraga ikigo cya gariyamonshi cya TSO, yagiye muri hoteli ari mu rugendo rw’akazi. Yasanzemo umugore atazi bakorana imibonano mpuzabitsinda nyuma umutima w’umugabo urahagarara, arapfa. Ikigo cya TSO nticyemeraga ko uyu […]

Gen. Frank Rusagara yireguye ku byo ashinjwa kuvugira mu kabari k'i Nyarutarama

Iburanisha risoza imyiregurire ya Jenerali Frank Rusagara ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Nzeri 2019, ryaranzwe n’impaka ndende kuri buri ngingo yagendaga atangaho ibisobanuro ku bujurire bwe. Ku kibazo cy’abatangabuhamya uruhande ruregwa ruvuga ko bagombaga gutumizwa mu rubanza bagahatwa ibibazo n’umucamanza, aha umucamanza yabajije niba inyandiko mvugo basinyiye mu bugenzacyaha n’ubushinjacyaha nta gaciro […]

Asinah yahawe ubutabera nyuma yo gukatwa itama mu kabari

Nkuko bigaragara kurukuta rwa Twitter ya Polisi y’u Rwanda, iratangaza ko yataye muri yombi umukobwa witwa Ingabire Shakira ukekwaho gukomeretsa umuhanzikazi Asinah bahuriye mu kabari gahereye ku Kacyiru. Mu minsi yashije  Mukasine Asinah yatangaje ko yatewe icyuma n’umukobwa bahuriye mu kabyiniro ka People kari mu Mujyi wa Kigali akamukomeretsa ku itama ry’ibumoso. Asinah yemeje ko […]