Rwanda: Abantu 86 bakize Covid-19 mu masaha 24

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 11 Kanama 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 19 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 5153 byafashwe. Abagaragayeho iki cyorezo ni 10 bo mu mujyi wa Kigali, bahuye nâabanduye n’abapimwe mu bibasiwe kurusha abandi. Hari kandi 6 babonetse mu Karere ka Rubavu, bakaba ari Abaturarwanda batashye bahita bashyirwa mu […]
Menya ibirambuye ku ngabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere

Iteka rya Perezida No. 33/01 ryo ku wa 03/09/2012 rigena imiterere nâinshingano zihariye bya buri cyiciro kigize ingabo zâu Rwanda. Ingingo ya kabiri yaryo ivuga ko izi ngabo zibumbiye mu byiciro bitatu: Ingabo zo ku butaka (RLF: Rwanda Land Force) , izo mu kirere (RAF: Rwanda Airforce) nâInkeragutabara (NRF: National Reserve Force). Iri teka rivuga […]
Urukiko rwategetse ko umunyemari Nkubiri Alfred akomeza gufungwa
Kuri uyu wa 11 Kanama, Urukiko rwâibanze rwa Gasabo rwategetse ko umunyemari Nkubiri Alfred, uregwa ibyaha byo kunyereza umutungo wa Leta nâicyaha cyâubuhemu akomeza gufungwa iminsi 30 yâagateganyo. Nkubiri Alfred usanzwe afite uruganda ENAS rutunganya ifumbire, ni umwe muri ba rwiyemezamirimo 9 Minisiteri yâUbuhinzi nâUbworozi, MINAGRI yari yarahaye isoko ryo kugeza ifumbire ku bahinzi, ariko […]
Ambasaderi Kamali Karegesa yapfuye
Umuryango wa RPF Inkotanyi watangaje ko Ambasaderi Kamali Karegesa yapfuye kuri uyu wa 11 Kanama 2020 azize uburwayi. Mu butumwa uyu muryango wanyujije ku rubuga rwa Twitter, wagize ati: “Mu izina ry’Umuryango RPF Inkotanyi, Umunyamabanga Mukuru Hon. François Ngarambe arihanganisha umuryango wa Ambasaderi Kamali Karegesa witabye Imana kuri uyu wa Kabiri azize uburwayi. Ambasaderi Kamali […]
Nyamasheke: Abana 2 bavukana barohamye mu kivu
Abana 2 bavukana bo mu mudugudu wa Butare,akagari ka Rugali mu murenge wa Macuba,mu karere ka Nyamasheke barohamye mu kivu ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 9 Kanama,kugeza nâubu imirambo yabo iracyashakishwa,abaturage baravuga ko bayibuze. Nkâuko Bwiza.com yabihamirijwe na bamwe mu baturage bâumudugudu wa Butare bikanemezwa nâumukuru wâuyu mudugudu Mbarushimana Alfred, ngo abana barohamye ni […]
Inkumi iri mu byishimo by’imyaka 28 imaze irwaye SIDA
Doreen Moraa Moracha, umukobwa w’inkumi wo mu gihugu cya Kenya, yishimiye kwizihiza isabukuru y’imyaka 28 y’amavuko amaze abana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA. Ni urugamba rutoroshye kubana na kiriya cyorezo, ibyatumye Doreen yishimira imyaka 28 amaze abana na kiriya cyorezo nk’uko yabigaragaje ku rubuga rwe rwa Facebook. Abinyujije kuri urwo rubuga yagize ati: “Kuva mu 1992 […]
Rubavu/Gisenyi: Abayobozi basabwe gusobanura ibya miliyoni 86 z’irondo zaburiwe irengero
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu, bwahamagaje abayobozi b’umurenge wa Gisenyi uri mu yigize ako karere ngo basobanure ibya miliyoni 86 z’Amafaranga y’u Rwanda y’imisanzu y’irondo yaburiwe irengero. Ku wa 04 Kanama ni bwo imyanzuro y’Inama njyanama y’akarere ka Rubavu yateranye muri Gicurasi uyu mwaka, yerekanye ko hari amafaranga abarirwa muri 86,000,000Rwf yari agenewe irondo mu murenge […]
Nigeria: Umuhanzi yakatiwe urwo gupfa azira gutuka intumwa yâImana Muhamad
Urukiko rwa ki Islam rwo muri leta ya Kano mu majyaruguru ya Nigeria rwakatiye umuhanzi Yahaya Aminu Sharif igihano cyâurupfu, nyuma yâuko rumuhamije icyaha cyo gutuka intumwa yâImana Muhammad. Urukiko rwâikirenga rwa ki Iskam rwâumugi wa Kano rwahamije umuririmbyi wâicyamamare Aminu Yahaya urwo gupfa , nyuma yo guhamwa nâicyaha cyo gutuka no kwandagaza intumwa yâImana […]
Bruce Melody na Shaddy Boo batawe muri yombi
Amakuru aturuka muri Polisi y’Igihugu avuga ko umuhanzi Bruce Melodie na Uwimbabazi Shadia uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Shaddy Boo, batawe muri yombi bashinjwa kurenga ku mabwiriza yo kurwanya Coronavirus no gukwiza urusaku. Umuvugizi wa Polisi yâIgihugu, CP John Bosco Kabera, yemeje aya makuru y’uko aba bombi bakurikiranyweho kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus […]
U Burusiya bwemeje ko bwabonye urukingo rwa Covid-19, rwageragerejwe ku mwana wa Perezida
Perezida wâu Burusiya, Vladimir Putin kuri uyu wa 11 Kanama 2020 yatangaje ko abashakashatsi bâiwabo bavumbuye urukingo rwa Covid-19, ndetse ko barugeragereje no ku mukobwa we, bigaragara ko rukora. Perezida Putin mu gitondo kuri televiziyo y’Igihugu, yagize ati: âMuri iki gitondo, urukingo rwa mbere rwa Coronavirus rwabonetse.â Yakomeje agira ati: âUmwe mu bakobwa banjye yakingiwe, […]
Abahanzi 10 bakomoka mu Rwanda babaye ibyamamare ku isi

Hari abahanzi batari bake bafite inkomoko mu Rwanda uzasanga barabaye rurangiranwa ku isi, nyamara abenshi mu banyarwanda batabazi ndetse batazi n’ibikorwa byabo cyangwa n’ababyumva ugasanga babyitirira abanyamahanga. Abenshi muri aba bahanzi bakorera umuziki wabo mu mahanga, ndetse usanga barabaye mu Rwanda igihe gito gishoboka cyangwa baravukiye mu mahanga ariko ababyeyi babo bakomoka mu Rwanda. 1. […]
Ntiwatanga ireme ry’uburezi ku bana b’abandi mu gihe abawe birukaniwe Minerval: Depite Mukabunani
Umuyobozi wâishyaka PS Imberakuri, akaba nâumudepite mu nteko ishingamategeko yâu Rwanda Mukabunani Christine asanga umushahara muke wa mwarimu ariwo udindiza ireme ryâuburezi mu Rwanda. Mu kiganiro yagiranye na Real Talk channel Mukabunani yagarutse ku byo ishyaka rye ryifuza ko byahinduka mu burezi kugirango ireme ryâuburezi rizamuke. Depite Mukabunani yavuze ko Amafaranga ibihugumbi 45,000 ahabwa umwarimu […]
Uganda: Museveni yategetse itabwa muri yombi ry’abapolisi bagize uruhare mu isenywa ry’urusengero
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yategetse itabwa muri yombi ryihuse ry’Abapolisi bagize uruhare mu isenywa ry’urusengero rw’Abangilikani rwitiriwe Mutagatifu Petero rw’ahitwa Ndeeba mu karere ka Lubaga. Mu ijoro ryo ku cyumweru ni bwo ruriya rusengero rwasenywe, ahanini bitewe n’amakimbirane ashingiye ku butaka yabaye hagati y’ubuyobozi bw’urusengero n’umucuruzi wo muri ako gace witwa Dodovico. Amakuru […]
Humble Jizzo yatangije ikigo cy’ubucuruzi mu Rwanda
Umuhanzi Manzi James, wamamaye nka Humble Jizzo ubarizwa mu itsinda rya Urban Boyz, yatangiye ikigo(company) cy’ubucuruzi bw’amazu n’ibibanza ndetse kikanatanga ubujyanama ku bigendanye na byo. Akimara gushyira “post” ku rukuta rwe rwa Instagram, iranga ubu bucuruzi yatangije, Humble Jizzo yifurijwe ishya n’ihirwe n’abamukurikira ndetse bamwe bamubwira ko aziye igihe, bavuga ko imikorere yari isanzweho itacaga […]
Bukavu: Umuyobozi wa kaminuza ikomeye yateranye amakofe nâibyegera bye karahava

Umuyobozi Mukuru wa kaminuza ya ISDR (Institut Superieur pour la Development Rural) iherereye mu mujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu yâAmajyepfo ya RDC, Muchukiwa Rukakiza tariki ya 8 Kanama 2020 yateranye amakofe nâibyegera bye, ahakura uruguma ku gahanga. Tariki ya 30 Nyakanga 2020, ni bwo Inteko rusange ya ISDR yizemo abantu bakomeye mu burasirazuba […]
Amwe mu matariki yaranze ibitero bikomeye byâumutwe wa Al-Qaeda 1988-2008
Umutwe wâiterabwoba ugendera ku mahame akaze yâidini ya Islam, washinzwe kuwa 11 Kanama 1988. Ni nyuma yâinama yahuje Osama Bin Laden wari umuherwe wo muri Arabia Sauditte , impuguke mu buzima nâimitekerereze Dr Fadl nâimpuguke mu ntambara nyobokamana Zawahiri, i Peshawar, muri Pakistan. Dore andi matariki yâingenzi mu bitero bya Al Qaeda Tariki ya 7 […]
Shaddy Boo yavuze ku gihuha cy’abavugaga ko yaraye muri Gereza

Umunyamiderikazi Mabazi Shadia uzwi cyane nka Shaddy Boo, yahakanye amakuru yita ko ari ibihuha yamuvuzweho ejo kuwa 10 Kanama 2020, yavugaga ko yatawe muri yombi akaba anaraye mu buroko. Aya makuru yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga n’uwiyita The Cat Babalao ukunze gutangaza amakuru atandukanye ku byamamare abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Yagize ati” Aho tuvugira aha […]
Amarozi yanyirukanishije muri APR FC_Eric Nshimiyimana
Umutoza Eric Nshimiyimana utoza ikipe ya AS Kigali, yatangaje ko amarozi yashinjwe muri APR FC mu bihe bitandukanye agatuma yirukanwa muri iyo kipe y’Ingabo z’Igihugu ari mu byamubabaje mu buzima. Eric Nshimiyimana yakiniye APR FC imyaka irindwi, kuva mu 1994 kugeza mu 1997; ndetse no kuva mu mwaka wa 2000 kugeza muri 2004. Uyu mugabo […]
Dr. Frank Habineza yasabye Guverinoma kurenganura abafungiwe ubusa
Dr Frank Habineza, Umuyobozi wâishyaka Democratic Green Party akaba nâumudepite mu Nteko Ishingamategeko yâu Rwanda, yasabye Leta gutanga ubutabera ku bantu bafungiye akarengane mu magereza yo mu Rwanda mbere yâuko inama ya CHOGM iterana. Mu kiganiro yagiranye na Real Talk Channel, Dr Habineza yagarutse ku mpinduka ishyaka rye ryazanye mu miyoborere yâu Rwanda, aho yagarutse […]
Ikarita ya Tap & Go ikoreshwa mu gutega bisi igiye kujya ikoreshwa no kuri moto
Sosiyete ya AC Group Ltd isanzwe itanga amakarita akoreshwa mu kwishyura urugendo rwa bisi hifashishijwe ikoranabuhanga (Tap&Go), yatangaje ko igiye gutangiza uburyo bushya aho iyi karita izajya ikoreshwa no mu gutega moto. Mu kiganiro âWaramutse Rwanda’ gitambuka kuri Televiziyo yâigihugu, Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri AC Group, Marick Shaffy Rizinde, yavuze ko ubu buryo bushyashya bwo […]
U Rwanda ntirwishimiye Laure Uwase washyizwe muri komisiyo izafasha abadepite bâu Bubiligi kwiga ku bukoloni
Inteko ishinga amategeko yâu Rwanda kuri uyu wa mbere, yatangaje ko yishimiye icyifuzo cyâInteko Ishinga Amategeko y’Ububiligi cyo gushyiraho Komisiyo idasanzwe izafasha badepite bâicyo gihugu kwiga ku mateka yâubukoloni bw’Ububiligi mu Rwanda, Congo Kinshasa nâu Burundi; gusa igaragaza ko ihangayikishijwe no kuba akanama k’impuguke zizafasha iyo Komisiyo karimo Uwase Laure wakunze kumvikana apfobya Jenoside yakorewe […]