RDC yokeje igitutu kuri UN ngo ifatire u Rwanda ibihano byihuse

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yasabye akanama k’Umuryango w’Abibumbye (UN) gashinzwe umutekano gufatira u Rwanda ibihano byihuse, kuko ngo rwohereje ingabo zarwo muri iki gihugu, zijya kwifatanya n’umutwe witwaje intwaro wa M23 gukora ibyaha byitandukanye. Iyi guverinoma ibinyujije muri Minisiteri ishinzwe itumanaho n’itangazamakuru, kuri uyu wa 16 Ukuboza 2022 yashyize hanze inyandiko […]

Maj. ‘Gavana’ wayoboraga RUD-Urunana na bagenzi be 9 bivuganwe na M23

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko Major Nshimiyimana Cassien uzwi nka Gavana wayoboraga umutwe wa RUD-Urunana, yivuganwe n’umutwe wa M23. Maj. Nshimiyimana ‘Gavana’ yari umuyobozi wa RUD-Urunana kuva muri 2019, nyuma y’iyicwa rya General Musabyimana Juvenal wahoze akuriye uriya mutwe wiyomoye kuri FDLR. Uyu ‘Gavana’ azwiho kuba ari we […]

Moise Katumbi yitandukanyije na Tshisekedi, atangaza ko aziyamamariza kuyobora RDC

Umuherwe akanaba umunyapolitiki MoĂŻse Katumbi, yatangaje ko aziyamamariza kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mwaka utaha wa 2023. Katumbi unasanzwe ari Perezida w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Tout Puissant Mazembe, yatangaje ko aziyamamaza kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Ukuboza 2022. Hari mu kiganiro uyu mugabo wahoze ari Guverineri w’Intara […]

Afurika y’Epfo: Jacob Zuma yareze Perezida Ramphosa mu bushinjacyaha bwigenga

Uwahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, yashinje Perezida Cyril Ramaphosa uriho ubu mu bushinjacyaha bwigenga, igikorwa Ramaphosa yamaganye avuga ko ari “ugukoresha nabi inzira zemewe n’amategeko” . Ibi bibaye mu gihe Kongere y’ishyaka ANC itangira inama y’amatora kuri uyu wa Gatanu kugira ngo hemezwe niba Ramaphosa azaharigararira mu matora ya perezida ataha yo […]

Umukinnyi ngenderwaho w’ikipe y’igihugu ya Espagne yayisezeyemo

Sergio Busquets wari Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Espagne ‘La Furia Roja’, yamaze kuyisezeramo nyuma y’imyaka 13 ari umukinnyi wayo. Busquets w’imyaka 34 y’amavuko, yari umukinnyi wa Espagne kuva muri 2009. Uyu mukinnyi usanzwe akina hagati mu kibuga muri FC Barcelone y’iwabo, ni umwe mu bakinnyi Espagne yagenderagaho kuva muri 2010 ubwo yayifashaga kwegukana Igikombe cy’Isi […]

Leta ya RDC yasabye Zimbabwe kuyoherereza General Numbi

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo irasaba iya Zimbabwe kuyoherereza General John Numbi wabaye Komiseri Mukuru wa Polisi kuva mu 2010 kugeza mu 2020. Ubu busabe bugaragara mu ibaruwa Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Christophe Lutundula, yandikiye Ambasade ya Zimbabwe muri RDC kuri uyu wa 15 Ukuboza 2022. Minisitiri Lutundula yasabye iyi Ambasade ko Leta ya […]

Koreya ya Ruguru iravuga ko yagerageje neza intwaro nshya ifite ingufu zidasanzwe

Kuri uyu wa Gatanu, Koreya ya Ruguru yatangaje ko “yagerageje neza” “intwaro nshya” ifite ingufu nyinshi kandi ko ari yo ya mbere y’ubu bwoko iki gihugu gikoze . Ibi bije nyuma y’ukwezi kurenga Koreya ya Ruguru irashe misile n’ibisasu byinshi mu rwego rwo gusubiza imyitozo ya gisirikare ihuriweho hagati ya Amerika na Koreya y’Epfo mu […]

La banque centrale rejette la dĂ©cision d’interdire les chèques de tiers

Le gouverneur de la Banque nationale du Rwanda, John Rwangombwa, a rejetĂ© les allĂ©gations selon lesquelles il existe une interdiction des chèques de tiers après qu’un Ă©chantillon reprĂ©sentatif de personnes ait affirmĂ© que leurs banques refusaient de les encaisser . “Ce n’est pas vrai. Cependant, les banques avaient Ă©crit une lettre demandant l’interdiction, que nous […]

Malawi: Umunyarwanda afunzwe akekwaho gutera gerenade igakomeretsa abarimo Abarundi

Abantu batanu harimo Abarundi babiri, nibo bakomerekeye mu gitero cy’igisasu cya gerenade cyabereye mu nkambi y’impunzi ya Dzaleka muri Malawi, nk’uko bitangazwa n’igipolisi cy’icyo gihugu, kivuga ko cyahise gita muri yombi Umunyarwanda ukekwaho kugikora. Iki gitero cyabaye ku wa Gatatu saa moya z’ijoro ku isoko rinini ryo muri iyo nkambi, uwatawe muri yombi akaba yabigize […]

M23 irashinja ingabo za RDC kuyigabaho igitero

Umutwe witwaje intwaro wa M23 urashinja ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kugaba igitero ku birindiro byawo biherereye mu gace ka Bwiza kari muri teritwari ya Masisi. Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, ni we wemeje aya makuru, aho yagize ati: “Twamaganye kurenga ku guhagarika imirwano kw’ihuriro ry’ingabo za Leta zagabye igitero ku birindiro […]

FDLR iteganya gutera u Rwanda igakora impinduka_Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yatangaje ko umutwe wa FDLR ugizwe ahanini n’abarwanyi basize bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ugifite gahunda yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Umukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro cyateguwe n’Ikinyamakuru Semafor cyabereye i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa Gatatu tariki 14 Ukuboza 2022. I Washington Perezida […]

Abadepite batumije abaminisititi bane

Abaminisitiri 4 n’Umunyamabanga wa Leta bagiye kwitaba inteko rusange y’umutwe w’Abadepite, kugira ngo batange ibisobanuro ku bibazo bitandukanye basanze mu baturage mu ngendo abadepite baheruka kugira hirya no hino mu gihugu. Bamwe mu baturage bashima ko hari byinshi bimaze gukorwa mu kuzamura iterambere n’imibereho myiza byabo, ariko bakagaragaza ibigikeneye kunozwa. Abadepite bavuga ko mu ngendo […]

Zambia igiye kugurisha indege ya perezida yaguzwe miliyoni 194.9 $ na guverinoma yabanje

Umuyobozi muri Leta ya Zambia yavuze ko bagiye kugurisha indege ya perezida yaguzwe mu buryo butavugwaho rumwe miliyoni 194.9 z’amadolari na guverinoma yabanjirije iyi kubera amafaranga menshi yo kuyibungabunga . Minisitiri w’ingabo, Ambrose Lufuma, yabwiye Inteko Ishinga Amategeko ati: “Kubungabunga no gukoresha indege byatwaye ikigega cya Leta amafaranga arenga miliyoni 6.3 z’amadolari mu myaka itatu […]

Umunyeshuri yahuye n’akaga nyuma yo guhamagara umukobwa w’Umugaba Mukuru w’ingabo

Umunyeshuri w’imyaka 21 y’amavuko wiga muri kaminuza ya Kyambogo muri Uganda, Lorna Naula, yahuye n’akaga nyuma yo guhamagara ku murongo wa telefone umukobwa w’Umugaba Mukuru w’ingabo, General Wilson Mbadi. Nk’uko ikinyamakuru Daily Monitor kibisobanura, Naula yahamagaye umukobwa wa Gen. Mbadi (bariganye) kugira ngo amuhuze n’uyu musirikare mukuru, maze amusabe gufunguza by’agateganyo musaza we uri muri […]

U Bufaransa bwakuye muri Centrafrica ingabo zabwo za nyuma zari zihasigaye

Minisiteri y’ingabo y’u Bufaransa yatangaje ko u Bufaransa bwakuye ingabo zabwo za nyuma muri Repubulika ya Centrafrica (CAR) . Minisiteri yavuze ko abasirikari 130 b’Abafaransa bari basigaye muri Centrafrica, mu rwego rw’ubutumwa bw’ibikoresho, MISLOG, bavuye mu gihugu, kandi ko ubwo butumwa butagifite “ishingiro ry’ibikorwa.” Itangazo ryasohowe riragira riti: “Inkambi ya M’Poko yashyikirijwe mu buryo bukwiye […]

Perezida Ramaphosa yasubije Zuma wamushinje kumwirengagiza mu rubanza rwe

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yasubije Jacob Zuma yasimbuye ku butegetsi, uherutse kumushinja kutamufasha mu rubanza rwe. Zuma ukurikiranweho icyaha cya ruswa no kunyereza umutungo aherutse kuvuga ko Perezida Ramaphosa yanze kumufasha ku kibazo cy’abashinjacyaha babiri, William Downer na Andrew Breitenbach, ashinja kwitwara nabi mu kazi. Ni nyuma y’aho uyu munyapolitiki asabye Umukuru w’Igihugu […]

RDF yafunguriye imiryango abifuza kuyinjiramo ku rwego rwa ba Ofisiye: Dore ibisabwa

20221216_094121.jpg

Igisirikare cy’u (RDF) kuva kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Ukuboza 2022; cyatangiye kwandika abifuza kucyinjiramo nk’abasirikare bo ku rwego rwa ba Ofisiye. RDF yahaye rugari abifuza kuyinjiramo binyuze mu itangazo ryasohowe n’Ishami ryayo rishinzwe abakozi n’ubutegetsi (JI Department). Ibisabwa ku bifuza kwinjira muri RDF nka ba Ofisiye

M23 yaba yatangiye gukura abarwanyi ba yo muri Rutshuru ibajyana i Bunagana na Tshanzu

Umutwe wa M23 waba watangiye, nk’uko bamwe mu baturage babitangaza, gusubiza inyuma bamwe mu barwanyi bayo badakewe cyane cyangwa abarwaye bari mu Bitaro bya Rutshuru bayanwa za Bunagana na Tshanzu ariko aya makuru ntaremezwa na FARDC . Iyi nkuru dukeha Mediacongo.net iravuga ko abakomeretse cyane bazoherezwa mu Rwanda no muri Uganda kugira ngo babiteho neza […]

USA: Hasohowe inyandiko ibihumbi n’ibihumbi zivuga ku iyicwa rya Perezida JF Kennedy

White House yategetse ko harekurwa inyandiko ibihumbi n’ibihumbi ku iyicwa ry’uwahoze ari Perezida wa Leta unze Ubumwe za Amerika, John F Kennedy, ku nshuro ya mbere . Mu gushyira kuri internet amadosiye agera ku 13.173, White House yavuze ko inyandiko zirenga 97% ziri muri iki cyegeranyo ubu ziri ku mugaragaro. Nta mpinduka nini ziteganijwe mu […]

ICC yashimangiye igihano Dominic Ongwen wahoze ari umwe mu bayobozi ba LRA yari yajuririye

Kuri uyu wa Kane, itariki 15 Ukuboza, Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashimangiye igihano cy’igifungo cyari cyahawe Dominic Ongwen umwe mu bayobozi b’inyeshymba za LRA z’Abagande kubera gufata ku ngufu, kwica no gushimuta abana . Dominic Ongwen yahamijwe ibyaha 61 mu myaka ibiri ishize birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu, gushyingira ku gahato no kwinjiza abana mu nyeshyamba […]

P. Kagame ku kuba yava ku butegetsi no gutera ikirenge mu cy’abarimo Lee Kuan Yew

Perezida Paul Kagame yongeye kubazwa niba yaba atekereza kuba yava ku butegetsi, asubiza ko ibyo nta kibazo na gito abibonamo. Umukuru w’Igihugu yabitangaje mu kiganiro cyateguwe n’Ikinyamakuru Semafor cyabereye i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa Gatatu tariki 14 Ukuboza 2022. I Washington Perezida Kagame yahitabiriye inama y’iminsi itatu ihuza Amerika […]

Tshisekedi yahuye na Senateri Menendez usaba USA gufatira u Rwanda ibihano

Menendez hamwe n'itsinda ry'abayobozi bo muri RDC riyobowe na Tshisekedi

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yahuye na Perezida wa komisiyo ishinzwe ububanyi n’amahanga muri sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika, Senateri Bob Menendez, usanzwe usabira u Rwanda gufatirwa ibihano. Ibiro bya Perezida wa RDC byasobanuye ko aba bombi bahuye kuri uyu wa 15 Ukuboza 2022, bagirana ikiganiro ku buryo […]

Perezida Ndayishimiye yiteze ko M23 itangira gusubira inyuma

Perezida Ndayishimiye, mugenzi we wa Angola, Tshisekedi na Minisitiri Antonio Tete, mu kiganiro

Perezida w’u Burundi akaba n’Umuyobozi Mukuru w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko yiteze kumva umutwe witwaje intwaro wa M23 utangira gusubiza ingabo zawo inyuma. Ndayishimiye yabitangaje nyuma yo kugirana ikiganiro na Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi hamwe n’uwa Angola, JoĂŁo Manuel Lourenço kuri uyu wa 15 Ukuboza […]

Parliament summons Minister Musabyimana

The New Times The Chamber of Deputies has resolved to summon the Minister of Local Government so that he provides explanations on issues that were identified in the implementation of programmes meant for the welfare of people with disabilities’ development. The summon was announced on Thursday as parliament adopted a report on MPs’ three-week countrywide […]

Burera: Umusore yafashwe mu ijoro avuga ko ajyaniye umucuruzi w’ i Musanze amasashe

Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Burera, ku wa Gatatu tariki 14 Ukuboza, yafashe uwitwa Noheri Jean Marie Vianney ufite imyaka 20 y’amavuko, afite amapaki 600 ahwanye n’amasashe ibihumbi 120 atemewe gukoreshwa mu Rwanda, nyuma yo kuyinjiza ayakuye mu gihugu cya Uganda. Superintendent of Police (SP) Alex Ndayisenga, ushinzwe guhuza […]