Minisitiri w’Uburezi ibyo asabwa kwibandaho mu gukemura, azahura ireme ry’uburezi

Muri iyi minsi ku mbuga nkoranyambaga zihuriraho abarimu, ku nkuta za X z’inzego zifite aho zihurira n’uburezi mu Rwanda, hakomeje kugaragara abarimu bavuga ko bavutswa uburenganzira bwabo ku kintu runaka kigahabwa abo kitagenewe, ahanini bishingiye ku cyenewabo, ikimenyane, munyangire, n’ibindi. Twabakusanyirije ibintu 7 biri kuvugwa cyane mu kudindiza ireme ry’uburezi,umuti ugashakirwa aho utari. Minisiteri y’uburezi […]
DRC: Ubwato bwari butwaye abagenzi 300 bwarohamye abagera ku 100 baburirwa irengero
Ibitangazamakuru bitandukanye, bikomeje gutangaza ko abantu barenga 100 bashobora kuba baburiwe irengero Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo , nyuma y’uko ubwato bwarohamye bwari butwaye abagera kuri 300 burohamye. Abayobozi bo mu gice iyi mpanuka yabereyemo, bavuga ko ubwato bwarohamye mu ma saa moya z’umugoroba zo ku Cyumweru taliki 18 Kanama 2024, ubwo bwambukaga umugezi wa […]
Rwezamenyo: Umukobwa yasanzwe ku muhanda yishwe yanogowe amaso
Mu Karere ka Nyarugenge,Umurenge wa Rwezamenyo,akagari ka Kabuguru II mu mududugudu w’Ubusabane haravugwa inkuru y’urupfu rw’umukobwa wishwe agakurwamo amaso. Aya makuru akaba yaramenyekanye mu gitondo cyo ku wa 19 Kanama 2024 ngo nibwo umuntu wa mbere yahanyuraga ku isaha ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo agatungurwa no kubona umukobwa wari uryamye ku muhanda yamaze […]
RDC: Abanyamategeko bo muri Haut-Lomami barasaba ko Gen. Kifwa ashyikirizwa ubutabera
Abavoka bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, batanze ikirego, ku wa Mbere, itariki ya 19 Kanama ku Bugenzuzi Bukuru bwa FARDC, barega Gen. Jean-Claude Kifwa, umuyobozi w’ikigo cya gisirikare cya Kamina mu Ntara ya Haut-Lomami, gukorera iyicarubozo umwe muri bagenzi babo. Usibye iki kirego, itsinda ry’abo banyamategeko ryagiye gusaba kuri uyu wa Mbere, inkunga […]
Mu Rwanda hagiye kwigirwa uko guhangana n’ihindagurika ry’ikirere byafasha Afurika kwihaza mu biribwa
Binyuze muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi MINAGRI, u Rwanda rugiye gusangiza amahanga ubunararibonye ku guhangana no gukumira ihumanywa ry’Ikirere. Iyi Minisiteri izasangiza ubu bunararibonye mu nama yateguwe ku bufatanye bwa AGRA, Guverinoma y’u Rwanda, Africa Food System n’ibindi bigo igamije gukangurira no gushishikariza abatuye muri Afurika no ku isi gutegura ibiribwa bigezweho hashingiwe ku ikoranabuhanga. Ni […]
RDC: M23 yongeye gukozanyaho n’abafatanyabikorwa ba FARDC muri Lubero
Kuri uyu wa Kabiri, itariki 20 Kanama, imirwano yongeye kubura hagati ya FARDC/Wazalendo n’inyeshyamba za M23 muri Teritwari ya Lubero, muri Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo . Iyi mirwano ikomeye yabereye ahitwa Katwa, muri Lubero no mu nkengero zaho ku muhanda Kirumba-Kikuvo-Kamandi bivugwa ko yabaye hagati y’inyeshyamba za M23 n’Abawazalendo […]
U Rwanda rwohereje i Cabo Delgado izindi ngabo n’abapolisi

Itsinda ry’abasirikare bo mu ngabo z’u Rwanda ndetse n’abapolisi ba Polisi y’Igihugu, kuri uyu wa Kabiri bahagurutse i Kigali berekeza mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique aho bagiye mu bikorwa byo kugarura amahoro. Izi ngabo n’abapolisi mbere yo guhaguruka ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali babanje guhabwa impanuro n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj […]
Kenya: Ukekwaho kwica abagore 42 barimo umugore we yatorotse abapolisi

Kuri uyu wa Kabiri, umugabo wafashwe akekwaho kwica abagore benshi no kujugunya imirambo yabo muri kariyeri ishaje yatorotse kasho ya polisi mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi. Collins Jumaisi yatawe muri yombi mu kwezi gushize nyuma yo kuvumbura byibuze imirambo itandatu ipfunyitse mu mifuka ya pulasitike muri kariyeri ya Kware, kuri ubu ikoreshwa nk’ikimoteri cy’imyanda. […]
Ibyo wamenya ku byiza byo kunywa umutobe wa Karoti nibura ikirahure cya 20cl ku munsi
Kunywa ikirahuri cya ‘santilitiro’ makumyabiri (20cl) cy’umutobe wa karoti ku munsi, bifasha kubona 6% bya ‘calcium’ ikenewe ku munsi, iyo calcium igira akamaro mu gukomeza amagufa n’amenyo. Gusa , si ihame ko wakomeza kunywa iyo ngano ya 20cl wagabanya cyangwa ukongera, gusa gukabya sibyiza. Ubushakashatsi bwakozwe na ‘Medical News Today’ bwagaragaje ko kunywa umutobe wa […]
RIB iri guhiga abamaze iminsi bakwirakwiza ubutumwa bugamije kwiba abantu mu izina ryayo

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko ruri gushakisha abantu bamaze iminsi bakwirakwiza ubutumwa bugamije kwiba abakoresha serivisi za Mobile Money mu izina ryarwo kugira ngo bahanwe. Ku mbuga nkoranyambaga ziganjemo urwa Facebook hamaze iminsi hakwirakwizwa ubutumwa butangwa mu izina rya RIB ababwandika bita ko bugamije kuburira Abanyarwanda bakoresha simukadi zitabanditseho. Muri ubwo butumwa ababucura hari […]
Burundi: Ishyaka FRODEBU rihangayikishijwe n’ubuzima bukomeje guhenda
Mu gihe u Burundi bwitegura amatora mu 2025, ishyaka rya Sahwanya FRODEBU riramagana ubuzima buhenze mu bice byose by’igihugu. Ibi byatangajwe ku wa Gatandatu, itariki ya 17 Kanama i Gitega, umurwa mukuru wa politiki, na perezida w’uyu mutwe wa politiki utavuga rumwe n’ubutegetsi. Yavuze kandi ko ashidikanya ku cyizere cy’amatora ataha, cyane ko ishyaka rye […]
Uganda: Impanuka y’ikamyo na bisi yahitanye batandatu, abarimo Abayapani barakomereka
Impanuka idasanzwe y’ikamyo yari itwaye ifu hamwe na bisi yerekezaga i Kampala yahitanye abagera kuri batandatu ubwo imodoka zagonganiraga mu muhanda. Iyi mpanuka yabereye ahitwa Kyazanga ni mu karere ka Lwengo. Biravugwa ko bisi yerekezaga mu mujyi wa Kampala ivuye Kisoro, ni mu gihe ikamyo yo yari itwaye ifu y’ibigori ku muhanda uva i Masaka […]
Kenya: Urukiko rw’Ikirenga rwahagaritse by’agateganyo icyemezo cy’Urukiko rw’Ubujurire ku itegeko ry’imari 2023
Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya rwahagaritse by’agateganyo icyemezo cy’Urukiko rw’Ubujurire cyatangaje ko itegeko ry’imari 2023 ritubahirije itegeko nshinga. Iki cyemezo kije nyuma y’uko umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’imari n’igenamigambi, hamwe n’abandi bajuriye, batanze ibyifuzo bivuguruza icyemezo cy’urukiko rw’ubujurire. Itegeko ry’imari 2023, ryatangije urukurikirane rw’imisoro mishya n’ivugururwa ry’amategeko agenga imisoro, ryabaye intandaro yo guhangana mu mategeko […]
Impinduka ku gihe ngenderwaho gisabwa ngo ba Ofisiye ba RDF bazamurwe mu mapeti
Ku wa 12 Mata 2024, hasohotse iteka rya Perezida nº 049/01 ryo ku wa 12/04/2024 rihindura iteka rya Perezida nº 044/01 ryo ku wa 14/02/2020 rishyiraho Sitati yihariye y’Ingabo z’u Rwanda (RDF). Iteka rishya rihindura zimwe mu ngingo zitandukanye zijyanye na sitati ya RDF zabaga mu ryo mu myaka ine ishize. Ingingo yerekeye gihe ngenderwaho […]
Gabon: Perezida Nguema yabujije abakozi ba Guverinoma kujya kuruhukira mu mahanga
Mu gihugu cya Gabon, nta mukozi wa Leta kugeza ubu wemerewe kujya gukorera ibiruhuko mu mahanga. Ni ibyatangajwe na Perezida w’inzibacyuho wa Gabon Brice Oligui Nguema ubwo yari kuri televiziyo y’Igihugu kuri uyu wa Mbere taliki 19 Kanama 2024. Nguema yabujije abakozi ba guverinoma kujya mu biruhuko mu mahanga, ahubwo abategeka kujya bakorera ibiruhuko mu […]
Uwahoze ari First Lady wa Namibia yagizwe umuyobozi wa Kepler College i Kigali

Monica Geingos, wahoze ari umugore wa mbere muri Namibia, akaba umufasha w’uwahoze ari Perezida wa Namibia, Nyakwigendera Hage Gottfried Geingob, azakomeza imirimo ye mishya nk’Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Kepler (Keler College) rifite icyicaro i Kigal, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’iryo shuri ku wa Mbere, itariki 19 Kanama. Geingos watangiye manda ye ku itariki ya 29 Nyakanga, […]
Ifoto ya Perezida Ndayishimiye n’umuherwe w’Umunyarwanda ikomeje kwibazwaho
Ifoto ya Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi ari kumwe n’umunyemari, Majyambere Silas, ikomeje kwibazwaho cyane n’abakoresha imbuga nkoranyambaga. Ku wa Mbere tariki ya 19 Kanama ni bwo iyi foto yatangiye gucicikana ku mbuga nkoranyambaga. Majyambere Silas yari umunyemari mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, mbere yo guhunga u Rwanda mu 1990 ubwo yari atangiye gushinjwa gutera […]
Blinken yatangaje ibiganiro bya nyuma ku guhagarika Intambara ya Israel na Hamas
Ku wa mbere, umunyamabanga wa Leta, Antony Blinken, yabonanye na Minisitiri w’intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu na Perezida Isaac Herzog i Yeruzalemu. Ni ubutumwa bwe bwa cyenda muri kariya karere kuva amakimbirane hagati ya Isiraheli n’umutwe w’abarwanyi ba Palesitine, Hamas, watangira mu Kwakira ku mwaka ushize. Blinken yasobanuye ko hari ibiganiro bigomba kubera i Cairo […]
FBI yemeje ko Iran yinjiriye gahunda zo kwiyamamaza za Trump na Kamala
Abayobozi b’ubutasi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bemeje ko Iran ari yo yari inyuma y’igikorwa giherutse kubaho cyo kwinjira muri mudasobwa z’ibikorwa byo kwiyamamaza bya Donald Trump . Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha muri Amerika (FBI) ndetse n’izindi nzego za leta mu itangazo bahuriyeho bavuze ko Iran yahisemo kwivanga mu matora ya Amerika mu rwego rwo […]
Abana 22% mu Rwanda ntibagerwaho na serivisi mbonezamikurire – MIGEPROF

Umuyobozi wungirije w’Ikigo gishinzwe Imikurire no kurengera Umwana (NCDA), Gilbert Munyemana, yavuze ko hakomeje gushyirwamo imbagara kugira ngo abana bose bagezwe mu bigo mbonezamikurire nyuma yo kugaragara ko abana 22% mu Rwanda batagerwaho n’izi serivisi. Ni nyuma y’aho Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) itangaje ko 22% by’abana mu Rwanda, batagerwaho na serivisi zitangirwa mu bigo […]
Bujumbura yugarijwe bikomeye n’ubushita bw’inkende
Minisiteri y’Ubuzima mu Burundi, ivuga ko umujyi wa Bujumbura wugarijwe bikomeye n’ubushita bukomoka ku nkende buzwi nka Mpox bumaze kwibasira umubare munini. Iyi Minisiteri, ivuga ko kugeza taliki 18 Kanama 2024, nibura abagera ku 153 bamaze kwandura icyo cyorezo.Ni mu gihe muri bo, 26 bari baravuwe barakira ariko harimwo 11 bashya. Minisitiri w’Ubuzima Lydwine Baradahana, […]
Kenya: Guverinoma iri gutekereza uko yashyiraho undi mushinga w’itegeko w’imisoro
Mu gihe hatarashira iminsi urubyiruko muri Kenya rwigaragambije rwamagana umushinga w’itegeko w’imisoro ku bicuruzwa bimwe na bimwe ariko Guverinoma ikaza kuwuhagarika, kuri ubu ngo iri guteganya kugarura uyu mushinga. John Mbadi, minisitiri w’imali mushya, yabitangaje ubwo yari mu kiganiro yahaye televiziyo yigenga, Citizen TV ikorera muri icyo gihugu. Uyu mushinga ngo urateganya gukusanya byibura amashilingi […]
Klay Thompson yavuze imyato Murekatete wafashije u Rwanda gutsinda Lebanon
Rurangiranwa Klay Thompson wahoze akinira ikipe ya Golden State Warriors mbere yo kwerekeza muri Dallas Mavericks zombi zikina muri NBA, yavuze imyato Umunyarwandakazi Bella Murekatete nyuma yo gufasha ikipe y’Igihugu gutsinda iya Lebanon. Mu ijoro ryacyeye ni bwo ikipe y’u Rwanda y’abari n’abategarugori yatsinze iya Lebanon amanota 80-62, mu mukino wayo wa mbere mu y’ijonjora […]
Perezida Kagame yongeye kugaruka ku nama abayobozi birirwamo
Kuri uyu wa 19 Kanama 2024, ubwo Perezida Kagame yakiraga indahiro z’abagize Guverinoma,yasabye abayobozi bo mu nzego zose z’igihugu kugabanya igihe bamara mu nama. Izitari ngombwa zigahagarikwa, izikozwe nazo ntizirenze isaha imwe. Perezida Kagame wavuze ko uyu muco wo kwirirwa mu nama ukwiriye gucika, yagaragaje ko hari abitwaza izi nama bakica inshingano. Kuri Perezida Kagame […]