Umwe mu bayobozi b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi utarahunze u Burundi kuri uyu wa Gatatu yatawe muri yombi n’igipolisi afatiwe muri kamwe mu duce twagaragayemo imyigaragambyo ikomeye yo kwamagana manda ya gatatu ya perezida Nkurunziza i Bujumbura nk’uko byemezwa n’umuryango we ndetse n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Uyu witwa Hugo Haramategeko, perezida w’ishyaka, NADEBU (Nouvelle alliance pour le développement du Burundi), ngo yatawe muri yombi asanzwe iwe mu gace ka Mutakura, mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Bujumbura nk’uko umwe mu bo mu muryango we yabitangarije AFP.

Perezida w’igice kimwe cy’ishyaka Uprona, Charles Nditije, nawe yatangarije AFP ko Hugo yatawe muri yombi ku isaha ya saa kumi n’ebyiri za mugitondo agiye kujya kwoga ku buryo ngo batanamuhaye umwanya wo kwambara neza.
Nditije yakomeje agira ati: “Twamenye ko amaherezo yaje kujyanwa ahantu hatazwi nyuma yo kunyuzwa muri za kasho za zone ya Cibitoke” . Yakomeje yamagana iri tabwa muri yombi rya perezida w’ishyaka ngo uzira gusa ko yigaragambije yamagana manda ya gatatu ya perezida Nkurunziza.
Hugo Haramategeko w’imyaka 47, asanzwe ari umukozi mukuru muri minisiteri y’ubuzima, akaba ari umwe muri bacye mu bakuru b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi wanze guhunga igihugu kuva ibibazo bya politiki byatangira muri Mata 2015.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


