Kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi bitwongerera imbaraga zo kwiyubaka- Min.w’Intebe Dr. Ngirente

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edouard atangaza  ko kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byongerera Abanyarwanda imbaraga zo gukomeza kwiyubaka umunsi ku wundi.

Ibi Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Kamena 2018, mu ijoro ryo kwibuka ryateguwe na serivisi zitangwa na Minisitiri w’Intebe (Primature) n’Indi bigo  biyishamikiyeho ku Kimihurura.

Yagize ati ” Kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi bidufasha kurushaho kumenya amateka yacu mabi yatumye jenoside ishoboka,bikatwongerera imbaraga zo kwiyubaka no guhangana n’ingaruka jenoside yadusigiye no kwirinda icyo ari cyo cyose cyatuma yongera kubaho mu gihugu cyacu ”.

Minisitiri w’Intebe yibukije ko urubyiruko rukwiye gutozwa ndetse no kugendera ku ndangagaciro nziza kugira ngo ejo hazaza h’igihugu hazabe heza.

Ati” Ukuri kw’amateka yacu niwo musingi uturinda kwirara, tukimika icyiza, tukabitoza cyane cyane urubyiruko rwacu. Urubyiruko rwacu rwatweretse ko rushoboye gukurikiza izo ndangagaciro ( values), ni rwo mizero y’ejo hazaza, rukwiye kuba ruzira amakimbirane, ruzira jenoside”.

Minisititri kandi  yasabye Abanyarwanda muri rusange ko bakwiye kwibuka jenoside kuko ari bo bireba mbere na mbere  kandi ko ari ukuri kw’amateka kubasaba kuba umwe.

Uyu mugoroba wo kwibuka watangijwe no gusura urwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi  mu rwego rwo kunamira inzirakarengane zihashyinguye. Ni umuhango witabiriwe n’abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Imirimo imwe n’imwe ifitiye iguhugu akamaro(RURA) na GMO.

pm3
Min. w’Intebe, Dr Ngirente ashyira indabo ku rwibutso rwa Kigali mu rwego rwo kunamira inzirakarengane zihashyinguye
f
Abakozi ba Primature n’abandi, bunamira inzirakarengane zishyinguye ku rwibutso rwa Kigali ku Gisozi

pm2

icyizere
Min. w’Intebe n’abandi bayobozi bacana urumuri rw’icyizere

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *