Loni iremeza ko ibibera muri Centrafrica bimaze kurenga ubushobozi bwa MINUSCA

Sangiza iyi nkuru

Intumwa y’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrica yatangarije Akanama k’Amahoro n’Umutekano ko ibiri kubera muri iki gihugu bimaze kurenga MINUSCA ndetse ko akaga ku ngabo zayo zikomeje kwiyongera. U Rwanda narwo rukaba ruri mu bihugu bifite ingabo n’abapolisi muri iki gihugu.

Bwana Parfait Onanga-Anyanga yatangaje ko abakozi ba MINUSCA; abasirikare, abapolisi n’abasivili bakomeje kuba ibipimo by’imitwe yitwaje ibirwanisho n’indi y’abagizi ba nabi haba mu murwa mukuru no hanze yawo.

Parfait Onanga akaba avuga ko muri iki gihugu cya Centrafrica imitwe yitwaje ibirwanisho n’indi y’abagizi ba nabi ikomeje gukora ibikorwa by’ubugizi bwa nabi mu gice kinini k’igihugu nko mu burasirazuba, hagati no mu majyaruguru y’uburengerazuba.

minusca peacekeepers patrol in bangui
U Rwanda ni kimwe mu bihugu bifite abasirikare n’abapolisi muri MINUSCA

Iyi nkuru dukesha Jeune Afrique ivuga ko kubera ikibazo cy’umutekano urushaho kuba mukeya, mu mpera za 2017 Akanama k’Amahoro n’Umutekano ka Loni kari kemeje kongera abantu 900 mu ngabo za Minusca, ariko umubare w’ababungabunga amahoro 12,000 wemejwe nturuzura bitewe n’uko Loni ikomeje kubura ingabo yoherezayo.

Muri raporo iheruka y’Umuryango w’Abibumbye, Umunyamabanga Mukuru, Antonio Guterres, yashimangiye ko MINUSCA yonyine ubwayo idashobora kwikorera umutwaro w’umutekano wa Centrafrica, aho uruhare rwa mbere yaruhaye guverinoma y’iki gihugu ayibwira ko ikwiye kwihutisha kubaka igisirikare cy’igihugu.

img 3515weeee
Parfait Onanga-Anyanga, intumwa ya Loni muri Centrafrica

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko harimo kugerageza guhuza abatavuga rumwe muri Centrafrica kuyobowe na Afurika Yunze Ubumwe, aho abahuza babonanye muri aya mezi ashize n’imitwe igera kuri 15 yitwaje ibirwanisho ikomeje ubugizi bwa nabi mu ntara z’igihugu.

Iyo mitwe igomba kurambika intwaro hasi ikinjira nta gutinda nta n’amananiza mu nzira y’amahoro ”, ibi akaba ari ibyatangajwe n’uhagarariye u Bufaransa muri Loni, Franà§ois Delattre wibukije ko akanama k’umutekano kazafatira ibihano abatazitabira inzira iganisha ku mahoro.

French U.N. Ambassador Francois Delattre
Francois Delattre uhagarariye u Bufaransa muri Loni

Ambasaderi wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Loni, Jonathan Cohen nawe akaba yemera ko MINUSCA iriho igitutu ku buryo idashobora gushyira mu bikorwa byuzuye inshingano zayo.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *